Blog

  • Abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, basabwe kugira uruhare mu guhashya TFGBV

    Abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, basabwe kugira uruhare mu guhashya TFGBV

    Umuryango nyarwanda uharanira iterambere ry’uburinganire,kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina Umugabo abigizemo uruhare (RWAMREC), ufatanyije n’Urugaga nyarwanda rw’abafite Virusi itera SIDA (RRP+), basabye Abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga cyane bazwi nka Social Media Influencers, kugira uruhare mu guhashya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga [Technology-Facilitated Gender-Based Violence- (TFGBV)], kuko rigira ingaruka zikomeye kuwarikorewe ridasize n’umuryango we ndetse n’igihugu muri rusange.

    Ibi ni bimwe mu byibanzweho ubwo kuva kuwa 24 Nzeri 2025, bahuriye n’abahagarariye imiryango y’urubyiruko itari iya leta, mu mahugurwa y’iminsi itatu yabereye mu karere ka Musanze. Ni amahugurwa yari agamije kubongerera ubumenyi mu gukora Itangazamakuru rihindura imyumvire ku bijyanye n’uburinganire bw’abagore n’abagabo,ubuzima bw’imyororokere, kurwanya no gukumira Virusi itera SIDA,ariko byose bigakorwa ab’igitsina gabo babigizemo uruhare.

    Bwana Munyanziza Jonathan, Umukozi muri RWAMREC,avuga ko kuri ubu atari itangazamakuru gusa rikoresha imbuga nkoranyambaga ahubwo buri wese afite uburyo bwo kuzigeraho bikanaha icyuho ikorwa ry’iri hohoterwa rya TFGBV,akaba ariyo mpamvu asaba abahuguwe kugira uruhare mu kurirwanya.

    Ati “Ku mbuga nkoranyambaga niho hakunze kubera iri hohotera rya TFGBV,kuko uwo ari we wese azifiteho uburenganzira ,nk’aba Social Media Influencers, baba bafite abantu benshi babakurikira kandi banabakunda,bafite uruhare runini mu kugabanya iryo hohoterwa bitewe n’ubutumwa bagenda batanga.Niba batanze ubutumwa bwubaka bizatuma n’ababakurikira aribyo bakora”.

    Yongeyeho ko “Icyo tubashakaho rero ni ugutanga ubutwa bwubaka aho gusenya kandi budatesha agaciro umugore cyangwa umugabo”.

    Munyanziza Jonathan,Umukozi muri RWAMREC,yasabye abitabiriye amahugurwa kurwanya TFGBV.

    HARERIMANA Tito,ukoresha urukuta rwa X,cyane (Social Media Influencer), avuga ko abenshi bisangaga bakoze iri hohotera rya TFGBV, nyamara bazi ko bari gutebya,ariko nyuma yo guhugurwa bakaba biyemeje kuba abatangiza impinduka mu bandi.

    Yagize ati “Abenshi babikoraga ariko ugasanga babikora bazi ko ari urwenya,gusererezanya cyangwa se gutebya ntabundi bugome n’ubwo hatabura ababikora nkana.Ubu rero twafashe umwanzuro wo kuba abatangiza impinduka mu bandi,nta kurebera …tukanigisha bagenzi bacu uburyo bwo gukoresha izo mbuga nkoranyambaga neza tudahohoteye abandi”.

    Nshimiyimana Hadjara, Umunyamakuru wa The Comments News,avuga ko nyuma yo gusobanurirwa ubwoko bw’ihohoterwa,uburyo bwo kuryirinda no kurirwanya, agiye gushishikariza abantu kumenya imvugo bakoresha no kumenya ibyo batangaza.

    Ati” Nk’abanyamakuru amajwi yacu agera kure. Icyo tugiye gukora ni ukurirwanya dushishikariza abantu kumenya imvugo bakoresha,kumenya ibyo batangaza byaba na ngombwa bakabanza bakagisha inama kuko akenshi amakosa dukora ntabwo tuba tuyazi.”

    Yakomeje ati “Icyo tuzakora nanone ni ugushishikariza abantu kurwanya iryo hohoterwa nk’abantu twahawe ubumeni,dukora inkuru zigisha kandi zihindura imyumvire y’abadukurikira”.

    Mu gihe isi igenda irushaho kwifashisha ikoranabuhanga, ni ngombwa ko n’imyitwarire yacu igenda ihinduka. RWAMREC na RRP+, bahamagariye buri wese by’umwihariko abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga cyane,guharanira ikoranabuhanga ritagira ihohoterwa, rihesha agaciro buri wese, kandi ryubahiriza uburenganzira bwa muntu.

  • Rubavu: Abaturage basabwe kujya bisuzumisha hakiri kare indwara z’umutima

    Rubavu: Abaturage basabwe kujya bisuzumisha hakiri kare indwara z’umutima

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), cyasabye abaturage mu byiciro byose kujya bisuzumisha hakiri kare indwara z’umutima kuko bizabafasha kumenya uko bahagaze abazisanzwemo bagatangira imiti hakiri kare.

    Ni ibyagarutsweho kuri uyu wa 28 Nzeri 2025, ubwo mu karere ka Rubavu,hizihirizwaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya indwara z’umutima, (World Heart Day 2025), wizihijwe hanasozwa icyumweru cyahariwe ibikorwa by’ubukangurambaga bushishikariza abaturage kwirinda no kwisuzumisha hakiri kare indwara z’umutima.Iki cyumweru kikaba gisize mu bantu 1,169 bapimye mu karere ka Rubavu, 88 bangana na 7.5%. bafite izo ndwara,kandi bikaba binahangayikishije ku rwego rw’igihugu kuko ziri mu byiciro byose by’Abaturarwanda baba abato n’abakuze.

    Dr. Ntaganda Evariste,uyobora agashami gashinzwe indwara z’umutima,muri RBC, yagize ati “Igituma n’igihugu kigira impungenge nuko izi ndwara zirimo kugenda zijya mu bantu batoya. Ubundi twavugaga wenda imyaka 70 kujyana hejuru nibo wasangaga bafite umuvuduko w’amaraso, ariko ubu ntabwo byagutangaza kubona nk’umuntu ufite imyaka 40 afite Diyabete cyangwa umuvuduko w’amaraso cyangwa afite indwara z’umutima.”

    Yakomeje ati “Ubwo rero n’ikibazo gikomeye gituma abantu bagomba kwirinda kugirango bo kurwara izi ndwara,bisuzumishe n’abazirwaye bafate imiti hakiri kare”.

    Dr. Ntaganda Evariste,uyobora agashami gashinzwe indwara z’umutima,muri RBC, yasabye abaturage kujya bisuzumisha kare indwara z’umutima.

    Ibyiza byo kwisuzumisha kare usanzwemo indwara z’umutima agatangira imiti ku gihe,bishimangirwa na Nyirahabimana Liberata ufite imyaka 40 y’amavuko, utuye mu murenge wa Rubavu, Akarere ka Rubavu,wamenye ko arwaye umuvuduko w’amaraso ariko ntiyiyiteho uko bikwiye ibyatumye anarwara indwara z’umutima ariko kuva igihe atangira gukurkiza inama za muganga anafata imiti ubu ubuzima bwe bukaba buhagaze neza nkuko yabyemejwe n’abaganga nyuma yo gusuzumwa.

    Ati: “Natangiye gukora imyitozo ibiro biragabanyuka, ntangira kugabanya amavuta, isukari nyinshi, umunyu, ubwo umuvuduko utangira gushira ubu mpagaze neza nta kibazo mfite n’ubu mvuye kwisuzumisha ariko basanze nta kibazo rwose.”

    Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umutima 2025, abaturage bo mu karere ka Rubavu,basuzumwe indwara zitandura cyane cyane iz’umutima.

    RBC,muri raporo yayo ya 2022, igaragaza ko mu Rwanda, indwara z’umutima zikomeje kwiyongera, haba mu ice by’umujyi no mu cyaro,aho ziza ku isonga mu bitera impfu nyinshi kuko igaragaza ko zihariye 47.7% by’impfu zibera kwa muganga na 59.3% by’impfu zibera mu miryango.

    Igaragaza kandi ko abangana na 16.8% by’abari hagati y’imyaka 18-69 y’amavuko barwaye umuvuduko ukabije w’amaraso.

    Abaturage b’i Rubavu, n’ubuyobozi,bakoze siporo n’umwe mu ntwaro zikomeye zo guhangana n’indwara zitandura zirimo n’iz’umutima.
  • Abafite ubumuga bw’uruhu,umwanzi wambere bafite ni izuba bagerageze bakore ariko birinda ko ryabatera kanseri y’uruhu-OIPPA

    Abafite ubumuga bw’uruhu,umwanzi wambere bafite ni izuba bagerageze bakore ariko birinda ko ryabatera kanseri y’uruhu-OIPPA

    Ihuriro ry’abantu bafite ubumuga bw’uruhu mu Rwanda, Organization for Integration and Promotion of People with Albinism [OIPPA], barasaba buri wese ufite ubumuga bw’uruhu kwirinda izuba no kubahiriza amabwiriza y’abaganga kuko ari byo bizabafasha kutarwara kanseri y’uruhu ikunze kubibasira bitewe no kujya kuzuba cyane batikingiye.

     

    Tuganira n’Umuyobozi wungirije wa OIPPA,Bwana KOMEZUSENGE Charles,yibukije abafite ubu bumuga ko umwanzi wambere bafite ari izuba kandi ubuzima buri mu buganza byabo.

    Ati “Turabwira abantu bafite ubumuga bw’uruhu aho bari hose ko umwanzi wambere bafite ari izuba kandi ubuzima buri mu biganza byabo,bagerageze bakore ariko birinda n’izuba,bubahiriza amabwiriza atangwa n’abaganga b’indwara z’uruhu cyane ko batubwira ko ari ukwisiga amavuta yabugenewe,kwambara ingofero ndetse no kuba twakwambara twikwije”.

    Bwana KOMEZUSENGE, avuga ko kwirinda iyi kenseri bitagerwaho uko bikwiye mu gihe byaharirwa abafite ubu bumuga bw’uruhu gusa,akaba asaba uruhare wese.

    Yagize ati “Turasaba abantu bose cyane cyane mu bihe by’izuba kuko biba bigoye kudufasha kubabonera ingofero cyane ko zihenda ndetse n’imyambaro cyane ku miryango ikennye, byibura uwo mutima bawugire bityo tube mu Rwanda ruzira kaneri ku bafite ubumuga bw’uruhu”.

    KOMEZUSENGE Charles,Umuyobozi wungirije wa OIPPA,yasabye uruhare rwa buri wese mu kurinda kanseri abafite ubumuga bw’uruhu.

    Kwisuzumisha byibura inshuro eshatu ku mwaka,ni kimwe mu by’ingenzi bizafasha mu kwirinda no kwivuza hakiri kare kanseri y’uruhu,nk’uko bigarukwaho na Dr.Alice AMANI UWAJENI,Inzobere mu kuvura indwara z’uruhu.

    Ati “Mu rwego rwo kwirinda ko iyo kanseri ibonwa bitinze kandi uko bitinda ari nako kuyivura bizagorana,mu bwirinzi hamamo no kwisuzumisha hakiri kare. Umuntu ufite ubumuga bw’uruhu rwera akwiye kwisuzumisha byibura inshuro eshatu cyangwa enye ku mwaka ariko izo ni inshuro z’umuntu udafite ikibazo.Ugifite we inshuro zose agomba kureba muganga”.

     

     

    Dr.Alice AMANI UWAJENI,Inzobere mu kuvura indwara z’uruhu,atanga inama ku bafite ubumuga bw’uruhu kwisuzumisha byibura inshuro eshatu ku mwaka.

    Umuntu wavukanye ubumuga bw’uruhu,ntabwo ari amahitamo ye,kandi nta n’ubwo ari igihano,bityo buri wese afite inshingano zo kumwongerera amahirwe yo kutarwara kanseri y’uruhu kandi agakundwa nk’abandi bose.

    OIPPA,kandi irasaba abafite ubumuga bw’uruhu kugana ibigo nderabuzima bibegereye bagahabwa amavuta arinda ko uruhu rwangizwa n’izuba cyane cyane mu bihe by’izuba. Aya mavuta atangwa ku buntu cyane ko n’iyo yashize mu bubiko bw’ikigo nderabuzima ahita atumizwa kuri zip line akazanwa n’akadege katagira umupilote (Drone).

    OIPPA, n’abafatanyabikorwa bayo bari gutanga amavuta arinda ko uruhu rwangizwa n’izuba.
  • Netanyahu ntiyemeranywa n’abamushinja gukora Jenoside muri Gaza

    Netanyahu ntiyemeranywa n’abamushinja gukora Jenoside muri Gaza

    Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yahakanye yivuye inyuma iby’uko Israeli ikora Jenoside muri Gaza. Yavuze ko ahubwo igihugu cye kirinda abasivile b’inzirakarengane.

    Ibi yabitangaje ubwo yagezaga ijambo ku nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa 26 Nzeri (09) 2025 i New York.

    Ubwo Netanyahu yajyaga imbere y’Inteko yakomewe amashyi n’abamushyigikiye ariko abahagarariye ibihugu bimunenga ku mugambi we muri Gaza bahita basohoka mu cyumba cy’inama ari benshi.

    Mu ijambo rye, yavuze ko ibirego bya Jenoside bishinjwa igihugu cye ari ibinyoma. Yongeraho ko Israel itatera abaturage b’abasivile, ahubwo ibafasha kubona ibyo bakeneye.

    Yashinje umutwe wa Hamas gukoresha abaturage ba Gaza nk’inkuta z’ubwirinzi n’ibikoresho bya propaganda. Yananenze cyane ibihugu byemeye Leta ya Palestina, avuga ko ibyo ari ugucika intege imbere y’iterabwoba. Ku bwe, ishyirwaho rya Palestina nk’igihugu kigenga byaba ari ukwiyahura kw’igihugu cya Israeli!

    Netanyahu yavuze ko Israel imaze gusenya igice kinini cy’izingiro by’ibikorwa shingiro by’iterabwoba bya Hamas. Yavuze ko yangije ibikorerwa bya Hezbollah, igaba ibitero ku  ba Houthis ndetse yivugana bamwe mu bayobozi bakuru b’iyi mitwe.

    Yavuze ko igihugu cye kigiye kurangiza burundu umutwe wa Hamas, kandi ko ari vuba. Yashimiye igihugu cya Liban ku kuba cyarateye intambwe ikomeye mu gucogoza umutwe wa Hezbollah, ariko avuga ko hakenewe ibikorwa bifatika kuruta amagambo.

    Kwemera Palestina ni igisebo kizahora ku banyaburayi!

    Minisitiri w’Intebe, Benyamin Netanyahu yaburiye ibihugu by’Iburayi byemeye Palestina nk’igihugu, avuga ko ari igisebo kizahora kibanditseho kandi kizatiza umurinsi ibikorwa by’iterabwoba ku Isi hose.

    Ubwo yagezaga ijambo ku bari mu nteko, Netanyahu yavuze muri Gaza hashyizweho uburyo butuma abashimuswe babasha kumva ijambo rye. Asa n’ubabwira, yababwiye ko igihugu cyabo Israeli itigeze ibibagirwa kanddi ko izakomeza gukoora ibishobora byose ngo basubizwe mu gihugu cyabo.

    Ibi bibaye mu gihe havugwa ibiganiro bishobora gutuma Sir Tony Blair, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, ayobora ubutegetsi bw’inzibacyuho muri Gaza bushyigikiwe na ONU na Amerika, mbere yo gusubizwa Abanye-Palestina.

    Sir Tony Blair yigeze no guhagararira Amerika, Ubumwe bw’Uburayi n’Uburusiya mu burasirazuba bwo hagati harimo no kureberera iterambere rya Gaza.

    Yasabye ko Iran ifatirwa ibihano

    Netanyahu yanahamije ko hakenewe kongera gufatira Iran ibihano, avuga ko umushinga wayo wa nucléaire ari ingorane ikomeye ku Isi yose.

    Yashimangiye ko ibihano bya ONU bigomba gusubizwaho ku wa Gatandatu, kugira ngo “Iran idakomeza gukora intwaro z’ubumara( za Nikeleyeri).

  • Kicukiro: Ababyeyi barishimira intambwe abana babo bateye mu gukuza impano bifitemo

    Kicukiro: Ababyeyi barishimira intambwe abana babo bateye mu gukuza impano bifitemo

    Ababyeyi bo mu karere ka Kicukiro by’umwihariko mu murenge wa Kanombe, barishimira intambwe abana babo bateye mu gukuza impano yo gukina umupira w’amaguru nyuma yo kubazana mu irerero ry’umupira w’amaguru ryitwa Rising Stars Sport Centre rikorera muri uyu murenge.

    Aba babyeyi babigarutseho kuri uyu wa gatandatu tariki ya 06 Nzeri 2025, nyuma y’uko bihereye ijisho imikinire y’aba babana mu gikorwa cyiswe “Bye Bye Vacance Match’’, cyakorewemo gahunda yo kwerekana impano z’abana,kumurika imyambaro y’abakinnyi ndetse n’ubusabane mbere yo gusubira ku masomo mu mwaka w’amashuri 2025/2026.

    Ngalambe James,umubyeyi ufite umwana muri iri rerero yagize ati “Muri ibi bihe by’ibiruhuko bazaga mu myitozo,bakagorora umubiri, akaruhura ubwonko akagera mu rugo akarya akaryama akaruhuka bigatuma atekereza neza ejo n’ejo bundi akazasubira ku ishuri ameze neza cyane. Ikindi bizamura impano zabo kuko baba babitangiye hakiri kare natwe tukabafasha…aha bahigira umuco n’ikinyabupfura babifashijwemo n’abatoza babo b’umwuga ku buryo bazanagirira igihugu akamaro”.

    Ngalambe James,yasabye abana kujya bakina bafite intego ariko kandi ntibibagirwe kwiga no gufasha ababyeyi imirimo bashoboye.

    Undi mubyeyi witwa Umutoni Jeannette, we ati “Umwana wanjye yakundaga kujya gukina umupira cyane ahantu nabaga ntanizeye ariko ubungubu asigaye aza hano bikamfasha nanjye.Noneho mu rugo usigaye ubona ari nk’umuntu w’umugabo yamenye ubwenjye aratekereza pe!”

    Umutoni Jeannette,avuga ko ababyeyi bombi bagomba gufatanya kwita ku burere bukwiye bw’abana,harimo no kubafasha gukuza impano bifitemo.

    Iri rerero ryashinzwe hagamijwe kubona ahantu hizwe kandi hatekanye abana bafite impano yo gukina umupira w’amaguru bajya baza kuyizamurira bakiri bato bityo bikazabafasha kugera ku ntego zabo kandi bafite ubuzima buzira umuze nk’uko bigarukwaho na Bwana Nshimiyimana Elie,Perezida wa Rising Stars Sport Centre.

    Ati “Ubusanzwe siporo ni ubuzima,ikindi iyo umwana afashijwe kuzamura impano ye akiri muto bimufasha kuzagera ku ntego ye kuko aba yarakuze akora ibyo akunda. Niyo mpamvu rero twahisemo gutanga umusanzu mu kuzamura impano z’abana b’Abanyarwanda binyuze mu gukina umupira w’amaguru ndetse no kurushaho kwita ku iterambere ry’umwana muri rusange n’imibereho myiza,tukamutoza indangagaciro na kirazira by’abanyarwanda”.

    Bwana Nshimiyimana,kandi yashimiye byimazeyo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bw’aho iri rerero rikorera kuba barababaye hafi kuva uyu mushinga ukiri mu bitekerezo kugeraza n’ubu uri gushyirwa mu bikorwa.

    Ati “Mbikuye ku mutima ndetse na bagenzi banjye,turashimira ubuyobozi bw’ibanze bwa hano Kabeza, kuko batubaye hafi muri uru rugendo bahora batugaragariza ko biteguye gukorana natwe kandi nta kibazo twigeze tugira kuko baba baturi hafi. Natwe rero turabizeza ko tutazabatenguha ahubwo tuzakomeza gutegura Umunyarwanda ufite icyerekezo”.

    Rising Stars Sport Centre,yatangiye mu kwezi kwa 03 uyu mwaka wa 2025,kuri ubu ikaba irimo abana 52 barimo abakobwa bane bose batozwa n’abatoza batatu kandi bose bafite impamyabumenyi mu butoza.

    Nshimiyimana Jean Damascène,ushinzwe umutekano mu murenge wa Kanombe,ubwo yaganirizaga abana mbere yo gutangira umukino,yababwiye ko kuba bafite aho bakinira hujuje ibisabwa ari kimwe mu bigaragaza ubuyobozi bwiza bw’igihugu,anabizeza gukomeza kubaba hafi.
    Irerero rya Rising Stras Sport Centre,ryamuritse ku mugaragaro umwamboro waryo.

  • GASABO: Polisi yafashe abantu bane bacuruza urumogi

    GASABO: Polisi yafashe abantu bane bacuruza urumogi

    Tariki ya 02/09/25, Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge, ANU, ryafashe abantu bane mu bihe bitandukanye, bafite udupfunyika 876 tw’urumogi.

    Abafashwe ni MANIZABAYO Anitha w’imyaka 30 y’amavuko,NYANDWI Celestin ufite 34 na MUYIZERE Moise w’imyaka 26.Bafatiwe mu Mirenge ya Kinyinya na Gisozi,mu gihe bari baruzaniye abakiriya babo.

    Bakimara gufatwa batangaje ko uru rumogi bari barukuye mu Karere ka Rulindo baruzaniye abakiriya babo batuye muri iyi Mirenge, aba bose bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Abafashwe bose n’urumogi bafatanywe Bafungiye kuri station ya Polisi ya Gisozi na Kinyinya ngo bakorerwe amadosiye abajyana mubugenzacyaha kugirango bakurikiranweho icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge.

    Polisi y’u Rwanda, irashimira abaturage batanze amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwiriakwizwa mu baturage, inibutsa abandi gukomeza gutanga amakuru igihe hari uwo bamenye ko acuruza ibiyobyabwenge.

    Polisi kandi iraburira abaturage bishora mu bikorwa byo gucuruza, kunywa, kwinjiza mu gihugu ibiyobyabwenge kubireka bagashaka ibindi bakora, kuko bahagurukiwe kandi amayeri yose bakoresha arazwi bityo ntaho bizihishira.

    ‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

  • Israel yishe Minisitiri w’Intebe wa Yemen: Ese isi ikwiye kubifata nk’ibisanzwe?

    Israel yishe Minisitiri w’Intebe wa Yemen: Ese isi ikwiye kubifata nk’ibisanzwe?

    Mu cyumweru gishize, amakuru yatangajwe na Al Jazeera yahamije ko Minisitiri w’Intebe wa Yemen, Ahmed Ghaleb Nasser al-Rahawi, hamwe n’abandi ba Minisitiri batandukanye, bishwe mu gitero cy’indege cyagabwe n’ingabo za Israel (IDF) ku murwa mukuru wa Yemen, Sanaa.

    Ibi byabaye mu gihe cy’igitutu gikomeye mu karere k’Abarabu, aho intambara hagati ya Israel na Hamas imaze amezi menshi, ariko ikaba imaze kwinjiza n’indi mitwe ndetse n’ibihugu byinshi bitari byaragaragaraga nk’ibiri mu ntambara ku mugaragaro.

    Ku wa Kane, ingabo za Israel zatangaje ko zagabye igitero ku “bikorwa bya gisirikare” mu murwa mukuru wa Yemen. Ariko mu by’ukuri, icyo gitero cyaguyemo abayobozi bakuru ba Leta ya Yemen, barimo Minisitiri w’Intebe ndetse n’abandi ba Minisitiri. Amashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yerekanye umujyi wa Sanaa urembejwe n’ibisasu, ndetse abaturage bemeza ko ibitero byibasiye inyubako za Leta.

    Ni igikorwa cyahise kivugisha benshi, kuko guhitana umuyobozi uri ku rwego rwa Minisitiri w’Intebe w’igihugu cyigenga bifatwa nk’igikorwa cy’ubwicanyi cya politiki gihanwa n’amategeko mpuzamahanga.

    Nk’uko abahanga mu by’amategeko mpuzamahanga babivuga, igitero kigamije guhitana abayobozi bakuru b’igihugu cyigenga kiri mu bikorwa bitemewe n’amategeko. Amasezerano ya Geneve ndetse n’ingingo z’umuryango w’abibumbye zigaragaza ko guhitana abayobozi b’igihugu mu buryo bw’ibitero bya gisirikare ari ukwica amategeko mpuzamahanga.

    Ariko muri iki gihe, Israel ishyigikiwe bikomeye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikomeje gukora ibikorwa byinshi bitavugwaho rumwe. Amerika yakomeje kuba nk’umuzamu wa Israel mu nama z’Umuryango w’Abibumbye (ONU), aho yakoresheje inshuro nyinshi uburenganzira bwayo bwo veto kugira ngo ibihugu byinshi bitabasha gutambamira ibikorwa bya Israel.

    Urupfu rwa Ahmed al-Rahawi si inkuru isanzwe. Ni intangiriro y’ibibazo bishobora kwagura intambara mu karere. Yemen yari isanzwe mu bibazo by’intambara hagati y’ingabo zishyigikiwe na Saudi Arabia na Houthis bashyigikiwe na Iran.

    Israel Sought to Contain Hamas for Years. Now It Faces a Potentially Costly Fight to Eliminate It. - WSJ

    Kuba noneho Israel yiyemeje kugaba ibitero muri Sanaa, bigaragaza ko intambara iri hagati ya Israel na Hamas imaze kurenga imipaka ikinjira mu bibazo bya Yemen.

    Kuri Yemen, igihombo cyo gutakaza Minisitiri w’Intebe n’abandi bayobozi bakuru gishobora guteza ihungabana mu buyobozi bwa politiki, kikabangamira ibiganiro by’amahoro byari bigamije kurangiza intambara yamaze imyaka irenga icumi.

    Ikibazo cy’ingenzi cyibazwa n’abasesenguzi ni iki: ese isi igomba kwemera ko igihugu kimwe cyica Minisitiri w’Intebe w’ikindi gihugu nta ngaruka?

    Mu gihe byabaye ahandi, amahanga aba yamaganye byimazeyo. Ariko ku bijyanye na Israel, biragaragara ko amahanga akomeza kuba buterere amaso, cyangwa se akabishyigikira mu buryo butaziguye.

    Iki gikorwa gishobora gutuma ibindi bihugu, cyane cyane iby’akarere k’Abarabu, bibona ko nta mutekano w’umuyobozi n’umwe wo muri guverinoma igihe Israel igifite imbaraga zo gukora icyo ishatse nta gihano.

    Ese urupfu rwa Minisitiri w’Intebe wa Yemen rushobora kuba intangiriro y’intambara ndende hagati ya Israel na Yemen? Ese Iran izongera gukaza inkunga yayo ku mitwe nka Houthi kugira ngo ihorere? Ese Umuryango w’Abibumbye uzatinyuka guhagarara imbere ya Amerika na Israel kugira ngo hatagira igihombo gikomeza kwiyongera?

    Ibi byose ni ibibazo bisigaye bidafite igisubizo. Ariko ikigaragara ni uko iyi ntambara ishobora kwinjiza akarere kose mu muriro mwinshi, ndetse n’isi yose ikagira ingaruka zishingiye ku bukungu, cyane cyane mu bijyanye n’ubwikorezi bw’amavuta anyura mu nyanja ya Red Sea.

  • Umuganura w’abana 2025: Ababyeyi basabwe gutoza abana indangagaciro z’ingenzi bagomba gukurana

    Umuganura w’abana 2025: Ababyeyi basabwe gutoza abana indangagaciro z’ingenzi bagomba gukurana

    Intebe y’Inteko mu Inteko y’Umuco, Amb.Robert MASOZERA,yasabye ababyeyi gutoza abana indangagaciro z’ingenzi bagomba gukurana,no kujya babazana muri gahunda y’ibiruhuko mu Ngoro z’Umurage [ Holidays in Museums],ibafasha kumenya ibyo batigiye mu muryango.

    Yabigarutseho kuri uyu wa 29 Kanama 2025, mu birori byo kwizihiza Umuganura w’abana 2025, aho yashingiye k’ubushakashatsi buherutse gukorwa n’Inteko y’Umuco, bwagaragaje ko Abanyarwanda bangana na 88. 6% bafite ubumenyi bwiza ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda, ariko abangana na 66.8% bakaba aribo batozwa indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda bonyine.

    Ubwo bushakashatsi bukomeza bugaragaza ko impamvu nyamukuru indangagaciro mu muryango zidatozwa abana ari uko ababyeyi babura umwanya wo kwita ku bana, bagahugira mu gushakisha imibereho hirya no hino,ibituma umuryango nyarwanda utakaza ubushobozi n’inshingano zawo nk’urwego rwambere rutangirwamo uburere n’umuco.

    Amb.Masozera,ashingiye ku byavuye muri ubu bushakashatsi, yagaragarije ababyeyi ko uruhare rwabo rukenewe kugirango hatazabaho ikizabaho cyo gutakaza indangagaciro z’ingenzi umwana agomba gukurana

    Ati “Iyo umwana abuze ababyeyi bamurera uko bikwiye kubera ko babiburiye umwanya, ingaruka zabyo ntabwo uwo mwana azicara aho gusa nyine birumvikana azirera wenyine cyangwa arerwe n’abandi. Uburere azabuvana ku mbuga nkoranyambaga,azabuvana mu bigare bya bagenzi be kandi aho niho hakwirakwiza imico idakwiye idafite aho ihuriye n’indangagaciro z’u Rwanda”.

    Yongeyeho ko “Ikindi kizabaho n’uko hazabaho gutakaza indangagaciro z’ingenzi umwana agomba gukurana”.

     

    Intebe y’Inteko Amb.Robert MASOZERA,yavuze ko gahunda z’Ingoro ndangamurage zidasimbura ababyeyi mu burere batanga mu muryango,ahubwo zuzuzanya.

    Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko indangagaciro yo kwiyubaha no kwihesha agaciro ariyo abanyarwanda bagenda bateshukaho ku kigero cyiri hejuru,hagakurikiraho gutezuka ku ndagagaciro y’ubunyangamugayo no gufashanya.

    Intebe y’Inteko,akaba yagaragaje ko gahunda z’Ibiruhuko mu ngoro z’umurage ndetseno gushyiraho Umuganura w’abana bizaba umuti kuri ibi bibazo.

    Ati “Ntabwo Ingoro ndangamurage ziza zije gusimbura ababyeyi mu burere batanga mu muryango ntan’ubwo zisimbura abarimu mu mashuri ahubwo zirunganira.Mu ngoro ndangamurage rero ni ahantu abana bavumbura ubumenyi batari bazi by’umwihariko ubujyanye n’umuco n’umurage kandi ntabwo ari ahantu hatangirwa ubumenyi gusa, ni ahantu n’ubundi bashyira mu bikorwa ibyo batozwa. Ni muri urwo rwego tugira izi gahunda z’ibiruhuko mu ngoro z’umurage, akaba ari nayo mpamvu dufite n’uyu muganura w’abana”.

    Mu byo abana bigishijwe baganuje ababyeyi,harimo no kubyina imbyino za kinyarwanda.

    Abana bari bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umuganura w’abana 2025, bamaze iminsi muri gahunda y’ibiruhuko mu Ngoro z’Umurage [ Holidays in Museums], itegurwa n’Inteko y’Umuco,bagaragaje ko ibasiggiye ubumenyi nkenerwa batari bafite.

    UMUTONI Shadia,yagize ati “Nungukiyemo ibijyanye n’umuco nyarwanda,kubyina, nungukiramo gusakuza,guca imigani no kuvuga amazina y’inka,namenye kandi no gucunda amata”.

    Mugenzi we IBYISHAKA Pitien, we yagize ati “Ubu ngubu tuzi kubyina nk’intore,kubuguza,tukamenya guca imigani,gusakuza…nyine umuco nyarwanda wose twawigiye muri iyi gahunda yo mu biruhuko”.

    Mu byo abana baganuje ababyeyi bigiye muri gahunda y’ibiruhuko mu ngoro z’umurage, harimo no kuvuza ingoma.

    Umuganura w’abana 2025, wizihirijwe mu Ngoro y’Umurage w’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda,iherereye i Huye,ahahuriye abana basaga 500,bari bamaze igihe bigishwa Umuco,Indangagaciro na Kirazira by’Abanyarwanda, binyuze mu mbyino gakondo,amazina y’inka,gutaka amasaro,kuvuza ingoma,kubumba,n’ibindi byaberaga kuri iyi ngoror no ku ngoro ndangamurage yo Kwigira iherereye mu karere ka Nyanza,Ingoro ndangamurage y’Abami mu Rukari nayo iiherereye i Nyanza no ku ngoro y’Ubugeni n’Ubuhanzi iherereye mu karere ka Kicukiro.

    Amwe mu mafoto yaranze ibirori byo kwizihiza Umuganura w’abana 2025.

  • Gasabo: Umugore yafatanywe udupfunyika 274 tw’urumogi

    Gasabo: Umugore yafatanywe udupfunyika 274 tw’urumogi

    Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ANU, ryafashe umugore witwa KAKUZE Marie Louise w’imyaka 54 y’amavuko, afite udupfunyika 274 tw’urumogi murugo iwe. Yafatiwe mu karere ka Gasabo, Umurenge Gisozi, Akagali ka Ruhango, Umudugudu Kanyinya,tariki ya 29 Kanama 2025.

    ‎Abaturage batanze amakuru kuri Polisi ko uyu mugore, acuruza ibiyobyabwenge,abapolisi bajya aho atuye bamusatse basanga igikapu mu nzu kirimo Urumogi udupfunyika 274. Nawe akimara gufatwa yiyemereye ko asanzwe arucuruza nk’umuntu wabigize umwuga.

    ‎KAKUZE, n’urumogi yafatanywe yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rukorera kuri station ya Gisozi ngo akurikiranwe ku cyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge.

    ‎Polisi y’igihugu yashimiye abaturage batanze amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwirakwizwa mu baturage, iributsa abandi kujya batangira amakuru ku gihe abantu nkaba bagafatwa.

     

    KAKUZE, n’urumogi yafatanywe yashyikirijwe afungiye kuri station ya RIB ya Gisozi.

    ‎Polisi iributsa abaturage kwirinda gukora ibyaha cyane cyane abishora mu bikorwa by’ibiyobyabwenge haba ku binywa, ku bicuruza, kubyinjiza mu gihugu ko byose bihanwa n’amategeko.‎

    ‎Mu Rwanda, urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora, guhinga, guhindura, gutunda, kubika, guha undi, cyangwa kurugurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30.

  • Hamenyekanye igihe amanota y’ibizamini bya leta bisoza amashuri yimbuye (A’Level), umwaka w’amashuri wa 2024-2025 azatangarizwa

    Hamenyekanye igihe amanota y’ibizamini bya leta bisoza amashuri yimbuye (A’Level), umwaka w’amashuri wa 2024-2025 azatangarizwa

    Minisiteri y’Uburezi y’u Rwanda, MINEDUC, yatangaje ko amanota y’ibizamini bya leta bisoza amashuri yimbuye (A’Level), umwaka w’amashuri wa 2024-2025 azatangazwa kuwambere tariki ya 01 Nzeri 2025, saa cyenda z’amanwa.

    Ni ibyatangajwe n’iyi ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X,kuri uyu wa 29 Kanama 2025.Muri iryo tangazo yasabye abakoze ibizamini,ababyeyi n’abafatanyabikorwa bose ko bazakurikirana iki gikorwa.

    Itangazo rya MINEDUC

    Ubwo ibi bizamini byakorwaga MINEDUC, yari yatangaje ko Abanyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta mu mwaka wa 2024/25, bose hamwe bari 255.498 harimo abo mu cyiciro rusange n’icya kabiri bisoza amashuri yisumbuye.

    Abanyeshuri bose bakoreraga hirya no hino mu gihugu ku bigo by’amashuri 1.595, kuva ku itariki 9 kugeza ku ya 18 Nyakanga 2025.