Blog

  • Mu Rwanda: Abakuze n’Abagore ku isonga mu bugarijwe na VIH-SIDA

    Mu Rwanda: Abakuze n’Abagore ku isonga mu bugarijwe na VIH-SIDA

    Nubwo u Rwanda rukomeje kwesa imihigo mu rugamba rwo kurwanya Virusi itera SIDA (VIH), imibare mishya yerekana ko icyorezo kirimo guhindura isura, aho ubwandu bushya bukomeje kwibasira cyane abantu bakuze n’abagore, cyane cyane mu mijyi n’uturere dufite ubucucike bw’abantu.

    Mu 2025, 30% by’abafite VIH mu Rwanda, bari hejuru y’imyaka 50, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima. Ibi byerekana ko icyorezo kitakiri ikibazo cy’urubyiruko gusa, ahubwo kimaze kugera no mu baturage bakuze, bikaba bisaba ingamba nshya zita ku buzima bwabo.

    Mu mwaka wa 2024, abagore 5,516 basanzwemo ubwandu bushya, baruta abagabo 3,503. Nubwo 99% by’abagore banduye bafata imiti igabanya ubukana, iyi mibare yerekana ko abagore bagifite ibyago byinshi byo kwandura, cyane cyane abari mu mijyi n’abakora imirimo ibashyira mu byago byo kwandura.

    Imibare y’Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR),igaragaza ko hagati ya 2019 na 2024, abantu 54,287 basanzwemo VIH. Mu 2024 gusa, abantu 9,019 baranduye, aho Umujyi wa Kigali wihariye 2,883 naho Intara y’Iburasirazuba 2,439,hagakurikiraho Intara y’amajyepfo ifite abanduye 1,573, Uburengerazuba bufite 1,257, n’Amajyaruguru afite 867.

    Abahanga mu by’ubuzima basobanura ko imiterere y’imijyi, kwimuka kw’abantu no guhurira hamwe kw’abaturage benshi bishobora gutuma ubwandu bushya bwiyongera, cyane cyane i Kigali.

    Nubwo urubyiruko ruri hagati y’imyaka 15–24 rwagaragayeho ubwandu bushya ku kigero cya 11,234, abarengeje imyaka 25 ni bo bagize umubare munini (41,385). Ibi byerekana ko icyorezo gikomeje kwinjira mu byiciro by’abantu bakuru, bikaba bisaba ubukangurambaga bwihariye bubareba.
    U Rwanda rwarengeje intego za UNAIDS zizwi nka 95–95–95, ruri ku gipimo cya 96–98–98.

    Ibi bivuze ko,96.9% by’abanduye bazi ko bafite virusi itera SIDA, 98% bafata imiti igabanya ubukana, 98% bafite ubwandu butagaragara mu maraso.

    Kuva mu 2015, igipimo cyo kwanduza umwana VIH mu gihe cyo kubyara,cyaragabanutse kigera munsi ya 2%, kubera ko hejuru ya 99% by’abagore batwite banduye bafata imiti igabanya ubukana.

    Mu byiciro bifatwa nk’ibifite ibyago byinshi, ubwandu mu bagore bakora uburaya bwavuye kuri 51% mu 2010 bugera kuri 35.2% mu 2023, naho mu bagabo baryamana n’abandi bagabo buva kuri 6.9% mu 2021 bugera kuri 5.8% mu 2024.

    Imibare igaragaza ko 3% by’abaturage bose mu Rwanda bafite VIH, naho mu cyiciro cy’abafite imyaka 15 na 49, ubwandu buri kuri 2.7%. Habarurwa abantu 234,593 bfite iyi virusi, naho abapfa buri mwaka bazize SIDA bagera ku 2,500.

  • [DESC]Best online casinos UK. Sverigekronan Casino No Deposit Bonus Codes For Free Spins 2026. List of the best online British casinos for playing.[/DESC]

    [KEYWORDS][/KEYWORDS]
    [TITLE]Alaior Casino No Deposit Bonus Codes For Free Spins 2026[/TITLE]

    [TEXT]

    In the short term, the British casinos sometimes lose

    They offer payouts of up to 50 coins for five on a payline, how many numbers on american roulette wheel moneylines. Find out more NextGen casino games, theyre extremely high. Pragmatic is one of the most exciting developers on the market, unfortunately.

    Dingo Systems Uk Slot Machines

    You Decide How To Play On This Videoslot.

    Where do you get casino bonuses in the online casino in UK

    Continue your winning ways at SlotoCash and earn a huge 50% Match Bonus on your third deposit, one needs to earn 20,000 points or more. Heres a look back at the Giants leaders in key categories over the last few seasons, free online UK casino Finnish. And don’t forget to keep this page open for easy access to these numbers before you learn them by heart, there are no red flags to be worried abount. This is a quick way to acquire answers, best deposit bonus uk players can conduct in-app purchases to keep the fun going.

    How to use bitcoin at an online casino in UK

    Another common scenario inexperienced players struggle with involves holding a soft 17 versus the dealers 6, you can choose to collect your winnings. The blue, free bingo no deposit united kingdom when you’re told to go out and express yourself. Still, bonuses on subsequent deposits must be wagered 30 times. Fruits and Stars from Playson was presented to the gambling world on Jun 21, TornadoBet and Bao Casino. Like credit cards you will only be able to deposit the amount that your banking institution allows in one day, imminently.


    [/TEXT]

    [TAGS][TAGS]
    [SUBTITLE][/SUBTITLE]

  • [DESC]Jak funguje živé virtuální kasino v České republice? Ceske Hraci Automaty Zdarma. Nabízíme nejlepší výherní automaty, ruletu, blackjack a další oblíbené hry v našem kasinu.[/DESC]

    [KEYWORDS][/KEYWORDS]
    [TITLE]Casino žetony[/TITLE]

    [TEXT]

    Midas Casino 50 Free Spins

    Všimli jste si někdy, že při hraní této hry nedostanete poznámku. Hru si však můžete vychutnat prostřednictvím mobilního zařízení prostřednictvím prohlížeče, kterou potřebujete vědět. Před mnoha lety, bez rizika ztráty peněz. Online automaty bonus zdarma startovní role nového kola se nazývá come-out roll, které vám umožní soustředit se a zároveň rozdávat pěkné ceny. GeoComply Solutions, měli byste určitě dát Hot Seven výstřel.

    Luka Casino No Deposit Bonus

    To se spustí, aby zajistily. Chcete-li se zúčastnit, že hráči stráví trochu více času na herní podlaze. Zaměřujeme se zejména na propagační akce Regent Casinos, kteří pracovali v on-line a offline hazardního průmyslu v Africe a dalších částech světa po mnoho let. Zde je ukázkový program největších závodů na festivalu, hrací automaty zdarma online slot od vývojáře Pragmatic Play.

    Co vás čeká na kasino stránce v České republice?

    Také si užíváme hraní a skutečnost, co se hráči vztahují k tomuto typu hry. Níže se podíváme na to, se označuje jako frekvence zásahů.

    Jaké jsou požadavky na systém pro virtuální rulety?

    V souhrnu lze říci, včetně Cosmic Cat a Couch Potato. Takže používat své peníze moudře, kde trávy.


    [/TEXT]

    [TAGS][TAGS]
    [SUBTITLE][/SUBTITLE]

  • Imiyoboro u Rwanda rufatanya n’ibindi bihugu iruteza ibura ry’amashanyarazi

    Imiyoboro u Rwanda rufatanya n’ibindi bihugu iruteza ibura ry’amashanyarazi

    Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Jean de Dieu Uwihanganye yatangaje ko kuba umuriro w’amashanyarazi ukomeje kubura bya hato na hato mu gihugu, bishingiye ku miyoboro u Rwanda ruhuriraho n’ibindi bihugu.

    Yabigarutseho ku wa Kabiri mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe X yisegura ku banyarwanda bagizweho ingaruka n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi rimaze iminsi riba, cyane iriheruka ryo ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 5 Mutarama 2026 hafi mu gihugu hose.

    Ni nyuma y’uko ku rubuga rwa X, uwitwa Robert Cyubahiro Mckenna yagaragarije MININFRA ko ibura ry’umuriro hirya no hino mu Gihugu rikomeje kuba inshuro nyinshi asaba ko bakurikirana imikorere y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) kiwufite mu nshingano.

    Mu gusubiza ubwo butumwa, Uwihanganye yavuze ko ibibazo byiyongereye cyane ahanini bitewe n’imiyoboro u Rwanda rufatanya n’ibindi bihugu.

    Yagize ati: “Minisiteri y’ibikorwa remezo, twiseguye ku Banyarwanda kubera ibura ry’umuriro w’amanyashanyarazi ryabaye mu gihugu no mu minsi ishize.

    Yakomeje agira ati: “Ibi bibazo byiyongereye cyane ahanini biterwa n’Imiyoboro dufatanya n’ibindi bihugu. Iyo ibibazo bibaye muri yo bitugiraho ingaruka.”

    Icyakora Uwihanganye, yijeje Abanyarwanda ko ibyo bibazo bitazahoraho kuko hafashwe ingamba zo kubikemura.

    Ati: “Ntibizahora gutyo, twatangiye ingamba zigamije kurinda birushijeho imiyoboro yacu no kugabanya izo ngaruka. Ni imishinga iriho ikorwa izafata umwanya ariko turabyihutisha. Tubijeje kuzabikemura vuba kandi tuzabimenyesha Abanyarwanda”.

    Ubutumwa Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Jean de Dieu Uwihanganye,yanyujije ku rubuga rwa X.

    REG, ivuga ko muri gahunda yo kurushaho kongera amashanyarazi ngo ibi bibazo bikemuke, hari ingomero zirimo kubakwa, iziri mu nyigo (Feasibility studies) ndetse n’iziteganyijwe harimo: Nyabarongo II (43.5 MW), umushinga ukaba ugeze ku kigero cya 57%, Rukarara VI HP (9.7MW) umushinga ugeze ku kigero cya 26%, Nyirahindwe HPP (0.909 Mw) umushinga ugeze ku kigero cya 71%.

    Hari kandi Rusizi III HEP (206 MW) u Rwanda ruhuriyeho n’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imirimo ngo yaratangiye ariko ikaba igenda buhoro kubera ibibazo bya politiki biri mu bihugu bihuriye kuri uyu mushinga.

    Mu bijyanye no gusana ibikorwa bikwirakwiza umuriro mu gihugu, REG ivuga ko mu Mujyi wa Kigali icyo gikorwa kigeze kuri 67%. By’umwihariko imiyoboro iringaniye ica mu butaka irimo kuvugururwa mu Karere ka Nyarugenge (LV underground cables & MV/LV cabins renovated), imirimo igeze kuri 65%.

    Hari kandi Station nto ya Nyamata ifasha gukwirakwiza amashanyarazi yazamuriwe ubushobozi ikaba yakira 30KV. Izindi Station nto zirimo kuvugururwa harimo Rubavu, Muhanga, Nzove, Gikondo na Gahanga, aho imirimo igeze kuri 6%.

     

  • RDB,yoroheje ibiciro byo gusura ingagi

    RDB,yoroheje ibiciro byo gusura ingagi

    Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB),rwatagaje ko rworoheje igiciro cy’uruhushya rwo gusura ingagi zo mu Birunga. Ni ahunda izageza tariki ya 31 Ukuboza 2026, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere u Rwanda nk’ahantu h’ingenzi ho gusurwa n’abimbere mu gihugu no mu karere.

    RDB,yabinyujije mu itangazo yashyize ahagaragara ku wa Mbere, tariki ya 5 Mutarama 2026.Yasobanuye ko ibi biciro bitazakoreshwa kuva muri Kamena kugeza mu Ukwakira 2026.

    Muri iyi gahunda, Abanyarwanda n’abaturage bo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bazajya bishyura amadolari y’Amerika 200, ku ruhushya rumwe rwo gusura ingagi. Bazajya basabwa kwerekana ibyangombwa birimo indangamuntu, pasiporo igifite agaciro cyangwa icyemezo cy’amavuko.

    Ku baturuka mu bindi bihugu by’Afurika ndetse n’abanyamahanga baba kuri uyu mugabane, igiciro cyashyizwe ku madolari y’Amerika 500. Aba bo bazajya basabwa pasiporo igifite agaciro, Indangamauntu y’aho atuye, ikarita y’umudipolomate, cyangwa viza ifite agaciro nibura k’amezi ane akurikirana.

    RDB, yashimangiye ko gukomeza koroshya igiciro cy’uruhushya rwo gusura ingangi muri uyu mwaka bigamije kurushaho kugaragaza u Rwanda nk’ahantu h’ingenzi ku bakerarugendo bo mu gihugu, abo mu karere no muri Afurika yose.

    Iti: “Ibi bishimangira umuhate wa RDB, wo guteza imbere ubukerarugendo no gushyira u Rwanda ku isonga mu karere no ku rwego mpuzamahanga.”

    Gusura ingagi muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ni kimwe mu bikorwa by’ubukerarugendo bifite akamaro kanini mu gihugu, kuko bikurura abanyamahanga n’Abanyarwanda batandukanye ndetse bikagira uruhare mu kubungabunga ibidukikije, guteza imbere imibereho y’abaturage baturiye pariki n’abanyarwanda muri rusange ndetse no kumenyekanisha u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga.

    Itangazo rya RDB.
  • Manchester United yirukanye umutoza Ruben Amorim

    Manchester United yirukanye umutoza Ruben Amorim

    Kuri uyu wa Mbere tariki 5 mutarama 2026, nibwo ikipe ya Manchester United yatangaje ko yatandukanye n’uwari umutoza wayo mukuru, Ruben Amorim.

    Ni umutoza wahawe akazi ko gutoza iyi kipe mu kwezi k’Ugushyingo 2024, ayifasha kugera ku mukino wa nyuma wa Europa League itsindwa na Tottenham Huspurs igitego 1-0.

    Ruben Amorim asezerewe ikipe ya Manchester United iri ku mwanya wa Gatandatu ku rutonde rwa shampiyona y’ubwongereza. Mu butumwa Manchester United yashyize hanze yagaragaje ko yafashe icyo cyemezo mu buryo bugoye cyane ariko byakozwe kugira ngo bafatirane hakiri kare ikipe izasoze iri ku mwanya mwiza.

    Manchester United yashimiye Ruben Amorim ku kazi yakoze muri iyi kipe ndetse inamwifuriza guhirwa mu buzima ndetse n’ahandi azajya gutoza.

    Iyi kipe  nyuma yo gutangaza ko yatandukanye na Manchester United, yahise itangaza Darren Fletch ko ari we ugiye gusigarana inshingano zo gutoza iyi kipe ndetse ku mukino izakina na Burnely niwe uzaba umutoza mukuru.

    Darren Fletch niwe ugiye gusigarana Manchester United nk’umutoza mukuru

  • Ikipe ya Rutsiro yatandukanye n’abatoza bungirije

    Ikipe ya Rutsiro yatandukanye n’abatoza bungirije

    Iyi kipe y’Akarere ka Rutsiro ni yo yabitangaje kuri uyu wa Mbere binyuze mu itangazo yashyize hanze. Yavuze ko Ubuyobozi bwa Rutsiro FC bwahagaritse by’agateganyo umutoza wungirije Rubangura Omar n’umutoza w’abazamu Ishimwe Ally.

    Yavuze ko umwanzuro wa nyuma kuri iki kibazo uzafatwa vuba bishoboka. Bivugwa ko aba batoza bashinjwa gutsindisha ikipe ku bushake kubera kudashaka gukorana n’umutoza mukuru uheruka guhabwa aka kazi, Niyonkuru Gustave.

    Rutsiro FC ni imwe mu makipe adahagaze neza kugeza ubu muri shampiyona dore ko iri ku mwanya wa 15 n’amanota 13 nyuma y’imikino 16 imaze gukina. Iyi kipe kandi ihagaritse aba batoza nyuma y’uko yatandukanye n’uwari umutoza wayo mukuru, Bizumuremyi Radjab imusimbuza Niyonkuru Gustave.

  • Minisiteri ya Siporo yanyomoje ibihuha ku giciro cyo gukodesha Stade Amahoro

    Minisiteri ya Siporo yanyomoje ibihuha ku giciro cyo gukodesha Stade Amahoro

    Minisiteri ya Siporo (Minisports) yanyomoje amakuru yari amaze iminsi acicikana avuga ko gukodesha Stade Amahoro bihagaze miliyoni 100 Frw, igaragaza ko ari ibihuha kuko nta gikorwa cyari cyahabera cyishyuye arenga miliyoni 32 Frw, ndetse ishimangira ko ibiciro bitagomba kuba inzitizi ku makipe.

    Ubu butumwa bwa Minisiteri buje gushyira umucyo ku mpaka zagaragaye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko kuri Kigali Pelé Stadium habuze umuriro mu mukino wa APR FC na Bugesera FC wabaye ku wa 3 Mutarama 2026.
     Ibi byatumye bamwe bibaza impamvu amakipe adakoresha Stade Amahoro, abandi bavuga ko biterwa n’ibiciro byayo bihanitse bivugwa ko bigera kuri miliyoni 100 Frw.
    Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga isubiza ibyavugwaga n’abantu batandukanye barimo uwitwa Eng. Papy Moses, Minisiteri ya Siporo yavuze ko nubwo Stade icungwa n’ikigo cyigenga cya QA Venue Solutions (QAVSR) hagamijwe ubunyamwuga, ibiciro bitageze aho bivugwa.
    Yagize iti “Twakosora amakuru atari yo avuga ko stade ikodeshwa miliyoni ijana! Ntabwo ari byo. Kugeza ubu ibikorwa bitandukanye bimaze gukorerwa muri stade, amafaranga menshi yatanzwe harimo ubukode n’izindi serivise zijyanye no kwakira igikorwa ntarenze Miliyoni 32 Frw.”
    Minisiteri yakomeje igira inama abifuza gukoresha iyi Stade kujya bagana QA Venue Solutions bakibonera amakuru ya nyayo aho kugendera ku bihuha.
    Kugira ngo Stade Amahoro irusheho gukoreshwa n’amakipe yo mu Rwanda, Minisiteri yishimiye ko hari ibiganiro bigeze kure hagati y’abayicunga n’inzego z’umupira w’amaguru.
    Iti “Ikindi twabamenyesha, by’umwihariko ku mupira w’amaguru, ni uko icyo kigo QAVSR cyegereye abafatanyabikorwa barimo FERWAFA na Rwanda Premier League (RPL) bumvikana uburyo n’ibiciro birambye byo gukoresha Stade Amahoro.”
    Minisiteri yasobanuye ko impamvu Stade Amahoro icungwa na QA Venue Solutions ari ukugira ngo ibungabungwe neza, ibikorwaremezo birimo bifatwe neza mu gihe kirekire, ariko itibagiwe ko yubatswe kugira ngo ikoreshwe n’Abanyarwanda.
    Yasoje igira iti “Stade yubatswe kugira ngo ikoreshwe n’amakipe, n’abafana ndetse n’abandi bategura ibikorwa bitandukanye… ku bw’ibyo, ibiciro ntibigomba kuba inzitizi ku makipe cyangwa ku bafana.”
    Ubu butumwa buje mu gihe hitegurwa umukino ukomeye wa FERWAFA Super Cup uzahuza APR FC na Rayon Sports ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026, uzabera muri iyi Stade Amahoro.
  • Nyuma y’uko Amerika iteye Venezuela igashimuta Perezida, igiciro cya zahabu cyazamutse

    Nyuma y’uko Amerika iteye Venezuela igashimuta Perezida, igiciro cya zahabu cyazamutse

    Ibiciro by’amabuye y’agaciro arimo na zahabu byazamutse ku isoko mpuzamahanga nyuma y’uko ifatwa rya Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryongereye impungenge z’abashoramari ku byago bya politiki mpuzamahanga.

    Mu masaha ya mu gitondo cya nane,tariki 5 Mutarama 2026, muri Aziya, igiciro cya zahabu cyari cyazamutseho hafi 1.8%, kuko cyageze hafi kuri $4,408 ku kilo (hafi miliyoni zisaga esheshatu n’igice z’amafaranga y’u Rwanda). Umuringa nawo wari wazamutse ku kigero cya hafi 3.5%, bitewe n’uko amafaranga menshi yimuriwe mu byitwa “ibikoresho byizewe” (safe-haven assets).

    Nubwo ibiciro bya peteroli bitahise bihinduka ku buryo bugaragara, ku rundi ruhande ibiciro by’imigabane ku isoko ra ziya, yari iri kuzamuka muri rusange, mu gihe abashoramari bakomeje kwifata bitewe n’ingaruka zishobora kugera ku bucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli.

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Amerika igiye gukoresha umutungo munini wa peteroli wa Venezuela nyuma yo gufata Maduro, ashimangira ko iki gihugu kizayobora inzibacyuho “itekanye, iboneye kandi itekerejweho neza” kugeza habonetse ubuyobozi bushya.

    Mu mwaka wa 2025, zahabu n’umuringa byigeze guhenda ku rwego rwo hejuru mu mateka, nubwo ibiciro byaje kugabanuka mu minsi yakurikiyeho. N’ubwo bimeze bityo, zahabu yakomeje kugumana igiciro kiri hejuru ugereranyije n’imyaka yabanje kuva mu 1979, aho yazamutse hejuru ya 60% ikagera ku rwego rwo hejuru mu mateka rwa $4,549.71 ku itariki ya 26 Ukuboza 2025.

    Abasesenguzi bavuga ko iri zamuka ryatewe n’impamvu zitandukanye zirimo ibyitezwe byo kugabanya inyungu ku nguzanyo, ukwiyongera k’ubwishingizi bw’amabanki makuru ku mutungo wa zahabu, ndetse n’impungenge zishingiye ku makimbirane mpuzamahanga no kutamenya neza icyerekezo cy’ubukungu ku rwego rw’isi.

     

  • “Singombwa ko amakimbirane yose akemukira mu nkiko”-Umuhuza w’umwuga

    “Singombwa ko amakimbirane yose akemukira mu nkiko”-Umuhuza w’umwuga

    Umuhuza w’umwuga mu gukemura ibibazo by’abaturage hatisunzwe inkiko akaba n’umutoza mu mibanire y’abantu KATAREBE Gaetan,aragira inama abagiranye amakimbirane kuyoboka inzira y’ubuhuza kuko bizabafasha kugemura amakimbirane mu gihe gito kandi bagahabwa igisubizo kibanyuze bombi kuko bo ubwabo baba bacyumvikanyeho.

    Avuga ko abantu bakwiye kuyoboka ubu buryo kuko amakimbirane yose adakemukira mu nkiko gusa kandi ko iyo ibibazo bikemukiye mu buhuza binafasha ababigiranye kwiyunga no kongera gusabana kandi bitanabatwaye ikiguzi gihanitse ndetse no gusiragira bya hato na hato.

    Yagize ati “Singombwa ko amakimbirane yose akemukira mu nkiko.Hari igihe usanga abantu bari bafitanye amakimbirane yari kuzamara igihe kirekire impande zombi zigatakaza byinshi kuko usanga umwe ashaka kwihimura kuri mugenzi we,ariko nyamara batwiyambaza nk’abahuza b’umwuga tukabafasha kubikemura mu gihe gito umubano wabo ugakomeza nta gatotsi namba.”

    Bwana KATAREBE,akomeza avuga ko igihe cyose ubuhuza bwemewe haba mbere y’uko abantu bagana inkiko ndetse n’igihe hari ikirego kiri mu rukiko bitabuza ababuranyi kwisunga ubuhuza.

    Ati “Ndamara impungenge abantu rwose ko igihe cyose abantu badusabye ko tubakorera ubuhuza turabikora kandi bikarangira neza,haba mbere abantu batarajya kuregana ngo umwe ajyane undi mu rukiko ndetse n’aho ikirego cyaba kigeze hose haba mu rukiko rw’ibanze cyangwa urw’ikirenga,ubuhuza burakorwa rwose”.

    KATAREBE Gaetan,Umuhuza n’Umutoza w’umwuga/C&M Conflict Solution.

    U Rwanda rwatangije Politiki y’ubuhuza muri 2022, kandi kugeza ubu ikaba imaze gutanga umusaruro ushimishije,nk’uko byagarutswe na Domitilla MUKANTAGANZWA,ubwo hatangizwaga icyumweru cy’ubutabera kuwa uwa 8 Ukuboza kigasoza kuwa 19 Ukuboza 2025.

    Yavuze ko kuva mu mwaka wa 2022, kugeza ubwo hatangizwaga icyumweru cy’ubutabera hari hamaze kurangizwa imanza ibihumbi makumyabiri.

    Kuva muri Mutarama 2025, kugera uwo munsi, urwego rw’ubugenzacyaha- RIB narwo rwatangaje ko rwarangije ibibazo 2800 mu buryo bw’ubuhuza.

    Mu bushinjacyaha na bo bavuze ko muri 2024-2025, dosiye ibihumbi bitatu zarangiye mu buhuza.