Category: Amakuru

  • Leta ya Trump yashyize ahagaragara inyandiko za FBI zageragezaga guharabika Martin Luther King Jr.

    Leta ya Trump yashyize ahagaragara inyandiko za FBI zageragezaga guharabika Martin Luther King Jr.

    Martin Luther King Jr. ni umwe mu bantu bashyizwe mu mateka nk’intwari zaharaniye amahoro, ubutabera n’ubwuzuzanye mu muryango mugari wa muntu. Yabaye umuyobozi w’ikirangirire mu rugamba rwo kurwanya ivangura ryari ryarashinze imizi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, cyane cyane hagati y’abirabura n’abazungu. Ijwi rye, ijambo “I Have a Dream” yatanze mu 1963, n’ibikorwa bye by’ubutwari, byagize uruhare rukomeye mu guhindura amateka ya Amerika.

    Ariko kandi, nubwo yaharaniraga amahoro, Martin Luther King Jr. ntabwo yigeze yemerwa n’inzego zose. FBI yamufataga nk’umuntu ushobora guteza umutekano muke. Ni muri urwo rwego mu myaka ya za 1960, yatangiye kumugenzura, ikamukurikirana mu ibanga, ikanashyira ingufu nyinshi mu gushaka kumuca intege.

    Martin Luther King Jr: Trump administration releases files on slain civil  rights leader

    Mu gihe cy’ubutegetsi bwa Donald Trump, hatanzwe uburenganzira bwo gushyira ahagaragara bimwe mu byegeranyo FBI yari ifite ku bugenzuzi yakoze kuri Martin Luther King Jr. Izi nyandiko zirimo ibivugwa ko King yaba yaragiranye ubusabane n’abagore benshi, imvugo zimuharabika, ndetse n’ibitekerezo by’uko yari afitanye imikoranire n’abakomunisti. Nubwo byinshi muri ibi bitari byarigeze byemezwa n’urukiko cyangwa ngo bigaragare nk’ukuri, ibivugwa muri izi nyandiko bigaragaramo uburyo FBI yageragezaga kumusiga icyasha no kumwambura icyubahiro yari afite imbere y’abantu.

    Abagize umuryango wa Martin Luther King Jr. ndetse n’ihuriro ryitiriwe izina rye ryamaganye bikomeye isohoka ry’izi nyandiko, bavuga ko ari igikorwa cyo gusubiza inyuma intambwe yagezweho mu kumuhesha agaciro no kwimakaza amateka y’ukuri. Banagaragaje ko izi nyandiko zakozwe n’inzego zari zirimo ivangura ry’amoko, kandi ko zubakiye ku macenga y’igihe icyo gihe.

    Records Related to the Assassination of the Reverend Dr. Martin Luther King,  Jr. | National Archives

    Iki gikorwa cyateje impaka nyinshi muri sosiyete nyamerika. Hari abavuga ko gushyira ahagaragara izo nyandiko ari ingenzi mu kumenya amateka nyayo, harimo n’ukuntu ubutegetsi bw’igihe cya King bwakandamizaga abaharaniraga impinduka. Abandi ariko bagaragaza ko izi nyandiko zitagomba gufatwa nk’ukuri kudashidikanywaho, kuko zakorewe mu buryo bwo guhungabanya izina rye, kandi nta bimenyetso bifatika zibifitiye.

    Uretse ibyo, hari impungenge z’uko isohoka ry’izo nyandiko rishobora gukoreshwa n’abantu bamwe bashaka guca intege abayobora urugamba rwo kurwanya akarengane muri iki gihe, bagereranya ibivugwa kuri King n’abaharanira uburenganzira muri iki gihe.

    Izi nyandiko kandi zibutsa uburyo inzego z’ubutasi zashobora kurenga ku burenganzira bw’abaturage, zigakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko mu rwego rwo kwigwizaho amakuru. Ibi ni ubutumwa bukomeye ku bayobozi n’inzego zishinzwe umutekano, ko ububasha bafite bukwiye gukoreshwa mu murongo w’itegeko n’ubutabera.

    Trump administration released FBI records on MLK Jr. despite his family's  opposition

    Nubwo Martin Luther King Jr. ashobora kuba yaragize intege nke nk’umuntu, ibikorwa bye bikomeye mu guharanira uburenganzira bwa muntu ntibikwiye gusibangana cyangwa gupfukiranwa n’inyandiko zateguwe hagamijwe kumuca intege. Gushyira ahagaragara inyandiko nk’izi bisaba ubusesenguzi bwimbitse, n’ubushishozi bwo kureba amateka atari mu ndorerwamo y’ibinyoma, ahubwo mu by’ukuri n’ubutabera. King azahora ari intwari y’ubwiyunge, amahoro, n’ukwishyira ukizana — ibyo byose bitari ibintu FBI cyangwa indi nzego z’ubutasi zashoboraga kwangiza.

  • KIGALI: Utubari turenga 200 twasanzwe tutubahiriza amabwiriza agenga imikorere y’ubucuruzi bwo kwakira abantu n’imyidagaduro

    KIGALI: Utubari turenga 200 twasanzwe tutubahiriza amabwiriza agenga imikorere y’ubucuruzi bwo kwakira abantu n’imyidagaduro

    Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali basanze utubari 206 tutubahiriza amabwiriza agenga imikorere y’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu n’imyidagaduro.

    Ni mu bugenzuzi bwakorewe mu tubari 601 mu turere twose tw’Umujyi wa Kigali mu mpera z’icyumweru gishize, ku wa Gatandatu tariki ya 19 no ku Cyumweru tariki ya 20 Nyakanga, mu rwego rwo gusuzuma iyubahirizwa ry’amabwiriza agenga ubu bucuruzi.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga yavuze ko izi ari ingamba zashyizweho zo kubahiriza amabwiriza agenga ubu bucuruzi mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ubukangurambaga bwatangijwe bwo kurwanya ubusinzi bukabije.

    Yagize ati: “Mu rwego rwo gukumira no guca ubusinzi bukabije bwakomeje kugaragara cyane cyane mu rubyiruko, hashyizweho ingamba zigomba gushyirwa mu bikorwa hakorwa ubugenzuzi buhoraho bwa Polisi ku bufatanye n’izindi nzego zibishinzwe hagamijwe kureba ko amabwiriza agenga imikorere y’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu n’imyidagaduro yubahirizwa.”

    Yakomeje agira ati: “Ni nyuma y’uko hakomeje kugaragara kunyuranya n’aya mabwiriza nkana ku tubari twinshi n’amahoteri nyuma yo kwihanangirizwa inshuro nyinshi ari nayo mpamvu muri ubu bugenzuzi bwakozwe mu gihe cya Wikendi, hagiye hatangwa ibihano byo mu rwego rw’ubuyobozi kandi akaba ari ibikorwa bizakomeza.”

    ACP Rutikanga yongeye kwibutsa abakora ubu bucuruzi kwirinda guha abari munsi y’imyaka 18 inzoga, guha inzoga abamaze kugaragaza ko basinze, kwirinda urusaku rubangamira abahaturiye n’ibindi byose binyuranyije n’amabwiriza nk’uko bikubiye mu itangazo rya RDB.

    Itangazo ry’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) ryasohotse ku itariki 28 Kamena 2025, nyuma y’inama yahuje uru rwego, Polisi y’u Rwanda, Umujyi wa Kigali n’abafatanyabikorwa, hasuzumwa ibibazo birebana n’umutekano, uko amategeko n’amabwiriza byubahirizwa ndetse n’imibereho myiza y’abaturage, rivuga ko abafite Utubari, Restora, utubyiniro n’ahacururizwa inzoga bagomba guhagarika itangwa ry’inzoga saa saba z’ijoro guhera ku wa mbere kugeza kuwa gatanu, na Saa munani z’ijoro ku wa gatandatu no ku cyumweru.

    Bategetswe kandi kugenzura ko abakiriya basohotse no gukinga amarembo yose kuri ayo masaha yavuzwe, gukora igenzura ry’amajwi asohoka kugira ngo atarenga ibipimo byemewe bigenwa n’amabwiriza ariho mu gihugu, kugenzura imyaka y’ababagana hirindwa guha inzoga abatagejeje ku myaka 18 no kudaha inzoga umuntu bigaragara ko yasinze.

    Mu hakorewe ubugenzuzi bikagaragara ko hatubahiriza amabwiriza harimo utubyiniro 53, amaduka acuruza likeri 64, amaguriro agezweho (supermarkets) atanu (5), amaduka asanzwe acururizwamo inzoga agera kuri 17, utubari 64, inyubako zagenewe amacumbi (lodges) ebyiri (2) na resitora imwe, hagiye hahabwa ibihano birimo guhagarikwa by’agateganyo no gucibwa amande.

    Hafashwe kandi uwari wongeye gufungura akabari n’inzu y’amacumbi (Lodge) byari byarafunzwe bitewe no gukora binyuranyije n’amabwiriza mu murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, hagaragara n’abagera kuri 24 bagaragaweho ubusinzi bukabije mu ruhame mu Karere ka Nyarugenge, bagiriwe inama nyuma bararekurwa.

    ACP Rutikanga yongeye kwibutsa abafite utubari, restora, utubyiniro n’ahandi hacururizwa inzoga kurushaho kwigenzura ubwabo, bakirinda kunyuranya n’amabwiriza abagenga kuko ari bwo buryo bwonyine buzabarinda kugwa mu bihano n’ibihombo bijyanye nabyo bikururiye, kuko ubu bugenzuzi buzakomeza gushyirwamo imbaraga no mu gihugu hose.

  • Kwibohora 31: Kicukiro hatashywe ikiraro cyubatswe ku bufatanye bwa Polisi n’Ingabo z’u Rwanda

    Kwibohora 31: Kicukiro hatashywe ikiraro cyubatswe ku bufatanye bwa Polisi n’Ingabo z’u Rwanda

     

    Mu rwego rwo Kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 31, mu karere ka Kicukiro, hatashywe ikiraro cya “Kajeki”gihuza Imirenge ya Niboye na Kanombe, cyari cyarangiritse ariko kikaba cyarubatswe ku bufatanye bwa Polisi n’Ingabo z’u Rwanda,mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage (Citizen Outreach Programme-COP25), byatangiye mu gihugu hose tariki ya 17 Werurwe uyu mwaka.

    Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Brig Gen. Celestin KANYAMAHANGA,wari umushyitsi mukuru mu muhango wo gutaha iki kiraro tariki ya gatatu Nyakanga 2025,yavuze ko ibikorwa bihuza inzego z’umutekano n’abaturage bishimangira imiyoborere myiza n’icyerekezo kiza cya Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda.

    Ati “Ibikorwa twatashye uyu munsi birenze kuba gahunda yo gufatanya n’abaturage gusa. Ni igihamya gifatika cy’icyerekezo cya Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda.”

    Yongera ho ko “Icyo cyerekezo kidusaba guhora dutekereza ku nshingano z’inzego zacu zishinzwe kurinda igihugu n’umutekano. Si abarinzi b’umutekano,amahoro n’ubusugire bw’igihugu gusa, ahubwo  ni nabo musingi w’iterambere, umusemburo w’impinduka nziza igihugu cyacu kigenda kigera ho ndetse n’abafatanyabikorwa ba hafi  b’abaturage bakorera kandi barinda umunsi ku munsi”.

    Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Brig Gen Celestin KANYAMAHANGA,yavuze ko ibikorwa bihuza inzego z’umutekano n’abaturage bishimangira imiyoborere myiza n’icyerekezo kiza cya Perezida Paul Kagame.

    Abatuye by’umwihariko mu mirenge ya Niboye na Kanombe,ihurira kuri iki kiraro cya Kajeki,bavuga ko cyari inzitizi kuko hajyaga hanagwa mo abana bajya kwiga,ndetse n’abakuze bagatinya kucyambuka,ariko kuba cyubatswe bakavuga ko ari ko kwibohora nyakuri bityo nabo bakaba bagomba kukibungabunga.

    MUKANDAHUNGA Tacienne,yagize ati ”Iki kiraro cyari kibangamye kigwa mo abana bakanapfa bakagenda ku buryo ababyeyi bahoranaga impungenge,nanjye ubwanjye ntabwo natinyukaga kukinyura ho. Turanezerewe cyane rero, uku niko kwibohora nyakuri”.

    UWIMANA Ildephonse, nawe ati “Iki kiraro cyari cyarangiritse cyane ariko ubu n’imodoka ziratambuka nta kibazo. Turashima aba basirikare n’abapolisi rwose ntacyo twabashinja,ahubwo turabizeza ko natwe tuzashyira ho akacu ibi bikorwa tukajya tubirinda”.

    Ikiraro cya “Kajeki”gihuza Imirenge ya Niboye na Kanombe cyatashywe.

    Polisi y’u Rwanda (RNP) n’Ingabo z’igihugu (RDF), buri mwaka izi nzego zihuza imbaraga mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage aho hubahwa ibikorwa remezo,ubuvuzi n’ibindi bikorwa bitandukanye hirya no hino mu gihugu,uyu mwaka bikaba byaratangiye tariki ya 17 Werurwe bigasobwa uyu munsi tariki ya gatatu Nyakanga 2025.

    Mu mu mezi atatu gusa ibi bikorwabimaze bimaze,bisize mu gihugu hose abaturage bavuwe indwara zitandukanye bangana na 41.868,hubakwa ibiraro 13,amazu y’abatishoboye 70,hubakwa amarererero y’inshuke ECD 10,ndetse n’ibindi bitandukanye.

  • Elon Musk yamaganye amagambo ya Trump amusaba “Gusubira muri Afurika y’Epfo”

    Elon Musk yamaganye amagambo ya Trump amusaba “Gusubira muri Afurika y’Epfo”

    Umushoramari w’icyamamare Elon Musk, akaba CEO wa Tesla na SpaceX, yatangaje ko yababajwe cyane n’amagambo aherutse kuvugwa na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, amushinja kwishimira inkunga z’ubutegetsi no kumusaba gusubira aho akomoka muri Afurika y’Epfo.

    Ibi byabaye nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika (Senate) yemeje umushinga w’itegeko rishya wa Perezida Trump, ryiswe “One Big Beautiful Bill Act”, rigamije kongera ingengo y’imari ya Leta mu bikorwa bitandukanye, harimo n’ishoramari mu ngufu n’ibikorwa remezo.

    Elon Musk, nk’umuntu wagaragaje kutemeranya n’uyu mushinga, yavuze ko iri tegeko rizongera umwenda w’igihugu ku rwego ruteye inkeke, ndetse avuga ko azatekereza gushinga ishyaka rishya yise “America Party”, kugira ngo arwanye ibyo yita “imirongo mibi ya politiki.”

    Mu butumwa bwatangarijwe kuri Truth Social, Perezida Trump yasetse Musk, amushinja ko ibigo bye byose byabayeho kubera inkunga za Leta, cyane cyane izerekeye imodoka zikoresha amashanyarazi (EV subsidies).

    Yagize ati:

    “Iyo nta nkunga twari kuba twaramuhaye, Elon yari kuba yarafunze imiryango y’ibigo bye agasubira muri Afurika y’Epfo aho akomoka.”

    Ibi byakurikiwe no kubazwa na abanyamakuru niba Trump atekereza kwirukana Musk muri Amerika, maze Trump asubiza ati:

    “Simfite igisubizo cyihuse. Tuzabisuzuma.”

    Mu kiganiro yahaye abanyamakuru, Musk yavuze ko amagambo ya Trump ari “ibintu bibabaje cyane”, cyane cyane kuko yabonaga ko hari umubano mwiza hagati yabo mu bihe byashize.

    Yagize ati:

    “Narumiwe. Ntabwo nari ntegereje amagambo nk’ayo ku muntu nka we. Byarambabaje cyane.”

    Musk yanakomeje ashimangira ko ibigo bye byatanze umusaruro munini ku bukungu bwa Amerika, binyuze mu guhanga imirimo no kuzamura iterambere mu ikoranabuhanga.

  • Afurika igiye kugira uruganda rwayo rwa mbere rukora ibikoresho bya Artificial Intelligence (AI)

    Afurika igiye kugira uruganda rwayo rwa mbere rukora ibikoresho bya Artificial Intelligence (AI)

    Afurika igiye kwandika amateka mashya mu ikoranabuhanga, aho uruganda rwa mbere rwa Artificial Intelligence (AI Factory) rugiye kubakwa, ruyobowe na Cassava Technologies, ikigo cy’umushoramari w’Umuzimbabwe, Strive Masiyiwa, ku bufatanye na Nvidia, kimwe mu bigo bikomeye ku isi mu gukora ibikoresho bya AI.

    Nk’uko byatangajwe, Afrika y’Epfo (South Africa) ni yo izakira ibikoresho bya mbere by’ingenzi (GPU – Graphic Processing Units) muri uku kwezi kwa Kamena 2025. Izi GPU zizakoreshwa nk’umutima w’uruganda, kuko ari zo zishobora gutunganya amakuru menshi cyane, byihuse, kandi neza, bikenewe mu bikorwa byose bijyanye na Artificial Intelligence.

    Uyu mushinga uzafasha Afurika:

    • Guteza imbere ubushakashatsi n’iterambere ry’ikoranabuhanga rishingiye kuri AI
    • Gutanga amahirwe y’akazi ku rubyiruko rwinshi rwiga amasomo ajyanye na tekinoloji
    • Kongera ubushobozi bwa za kaminuza, inganda, n’ibigo by’ubucuruzi bikoresha AI
    • Gufasha ibihugu bya Afurika kugabanya icyuho kiri hagati yazo n’ibihugu byateye imbere mu bijyanye n’ikoranabuhanga

    Strive Masiyiwa, umwe mu bacuruzi bafite izina rikomeye muri Afurika, yavuze ko intego yabo ari “gufasha Afurika kwinjira neza mu isi nshya y’ikoranabuhanga rishingiye kuri Artificial Intelligence, bigakorwa n’Abanyafurika ubwabo, ku nyungu z’Afurika.”

    Ku ruhande rwa Nvidia, bavuze ko bafite icyizere cy’uko Afurika izabasha kugira uruhare runini mu kubyaza umusaruro AI, kandi ko bazakomeza gufatanya na Cassava Technologies kugira ngo uyu mushinga ugende neza kandi ugere ku rwego mpuzamahanga.

  • Suge Knight yatangaje ibyihishe ku rupfu rwa Tupac: Avuga ko nyina wa Tupac na Diddy bashobora kuba barabigizemo uruhare

    Suge Knight yatangaje ibyihishe ku rupfu rwa Tupac: Avuga ko nyina wa Tupac na Diddy bashobora kuba barabigizemo uruhare

    Mu kiganiro cyihariye yagiranye na PEOPLE Magazine yakoreye muri gereza, Suge Knight, wahoze ari umuyobozi mukuru wa Death Row Records, yatangaje ibintu byatunguranye ku rupfu rwa Tupac Shakur, rwabaye mu mwaka wa 1996.

    Suge Knight, ufunze ubu azira ibyaha bitandukanye bijyanye n’urugomo, yavuze ko Nyina wa Tupac, Afeni Shakur, yaba yaragize uruhare mu rupfu rw’umuhungu we, kimwe n’icyamamare mu muziki wa Hip Hop, Sean “Diddy” Combs.

    Muri iki kiganiro, Suge Knight yavuze ko Nyina wa Tupac, Afeni Shakur, yaba yaragize uruhare mu rupfu rw’umuhungu we.

    Yavuze ko nyuma y’uko Tupac arashwe, nuko anajyanwa mu bitaro, Afeni yasabye abaganga kutamuvura ngo bamukize, ahubwo ngo yasabye ko bamureka agapfa.

    Suge yagize ati:

    “Twari twizeye ko Tupac ashobora gukira kuko yararimo arwana no kubaho, ariko sinzibagirwa uko nyina yaje agasaba ko adakomeza kuvurwa. Byari nk’ukuvuga ngo: mureke apfe.”

    Ibi byatangaje benshi kuko Afeni Shakur yari azwi nk’umubyeyi wakundaga umwana we cyane, akaba yaranaharaniye uburenganzira bw’abirabura muri Amerika imyaka myinshi.

    Suge Knight kandi yavuze ku ruhare rwavuzweho cyane rwa Sean “Diddy” Combs, icyamamare mu ruganda rwa Hip Hop.

    Yavuze ko hari amakuru avuga ko Diddy yatanze amafaranga miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika (1 million USD) kugira ngo Tupac yicwe ndetse na Suge Knight ubwe yicwe.

    Ibi birego si ubwa mbere bivuzwe. Mu 2018, Duane “Keefe D” Davis, umwe mu bantu bashinjwa ko bafite uruhare mu rupfu rwa Tupac, na we yavuze ko Diddy ari we wategetse icyo gitero, ariko Diddy we akomeje guhakana uruhare urwo ari rwo rwose, ndetse kugeza ubu nta na rimwe yigeze ashyirwa mu majwi n’ubutabera nk’ushinjwa cyangwa ngo afatwe mu iperereza ku mugaragaro.

    Nk’uko benshi mu bakurikiranira hafi amateka ya Hip Hop babivuga, Suge Knight akomeje kugira uruhare mu gutera urujijo ku byerekeye urupfu rwa Tupac, aho buri gihe atangaza amagambo mashya, ariko nta gihamya yemeza ibyo avuga.

    Abasesenguzi bamwe bavuga ko Suge ashobora kuba ari gushaka gukomeza kuvugwa cyangwa guhisha ukuri nyakuri, cyane ko ari umwe mu bantu bari kumwe na Tupac mu modoka ubwo yaraswaga i Las Vegas.

    Urwego rushinzwe iperereza mu mujyi wa Las Vegas (LVMPD), rwatangaje ko dosiye ku rupfu rwa Tupac igifunguye kandi ko iperereza rikomeje, cyane cyane nyuma y’uko Keefe D atabwa muri yombi muri 2023.

    Gusa kugeza ubu, nta gihamya cyemeza ko Afeni Shakur cyangwa Diddy bafite uruhare rutaziguye mu rupfu rwa Tupac, ahubwo ibyo Suge Knight avuga bifatwa n’abenshi nk’ibihuha cyangwa amagambo yo kwikiza amanza.

  • Abanyeshuri Basabye Guhabwa Amafaranga yabo y’Ishuri Bagaragaza ko Ishuri ryabo Rikoresha AI.

    Abanyeshuri Basabye Guhabwa Amafaranga yabo y’Ishuri Bagaragaza ko Ishuri ryabo Rikoresha AI.

    Umwe mu banyeshuri barangije kwiga muri Northeastern University, ishuri rikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasabye ko yagarurirwa amafaranga ye y’ishuri, avuga ko ibyo yigishijwe bitarimo ubunyamwuga n’ubunyangamugayo, cyane cyane ku bijyanye no gukoresha ibikoresho bya Artificial Intelligence (AI).

    Uyu munyeshuri yavuze ko bababazwa no kubwirwa ko bitemewe gukoresha AI nk’igikoresho cy’imyigire, nyamara abarimu babo ubwabo bakayifashisha mu kazi kabo ka buri munsi.

    Umwe mu banyeshuri yagize ati:

    “Batubwira ko tudakwiye gukoresha AI, ariko bo ubwabo barayikoresha mu kudutegurira amasomo no mu kudusuzuma. Ibi ni uburyarya buteye isoni.”

    Abandi banyeshuri bashimangiye ko ibihano bahabwa iyo bakoresheje AI (nka ChatGPT cyangwa izindi porogaramu), bidahuye n’imyitwarire y’abarimu babo, bituma bibaza niba koko ibyo biga bifite ubuziranenge.

    Ku ruhande rw’abarimu, bavuga ko ibikoresho bya AI bibafasha kunoza amasomo, gutegura gahunda, ndetse no gukora isuzuma ryihuse ry’ibizamini.

    Umwe mu barimu yagize ati:

    “Nta kibi mu gukoresha AI mu buryo bufasha guteza imbere ireme ry’uburezi. Gusa hari aho abanyeshuri bashobora kuyikoresha mu buryo budakwiye, nk’aho bagenda bagasubiramo amanota badakoresheje ubwenge bwabo.”

    Iki kibazo kigaragaje uruhuri rw’ibibazo biriho mu mashuri makuru na za kaminuza, aho hari ikinyuranyo hagati y’uburyo abarimu na abanyeshuri bemererwa gukoresha ikoranabuhanga rigezweho.

    Abasesenguzi bo mu burezi bavuga ko aya makimbirane hagati y’abarimu n’abanyeshuri ari kimwe mu bintu bizakomeza kwibazwaho, cyane ko AI igenda ifata umwanya munini mu burezi ku isi hose.

  • Elon Musk avuga ko Chip ya Neuralink ishobora kuzagarura ubushobozi bwo kubona ku batabona, harimo n’abavutse batabona.

    Elon Musk avuga ko Chip ya Neuralink ishobora kuzagarura ubushobozi bwo kubona ku batabona, harimo n’abavutse batabona.

    Umushoramari n’uvumbuzi w’ibikorwa by’ikoranabuhanga, Elon Musk, yatangaje ko ikigo cye cya Neuralink kiri gutera intambwe idasanzwe mu gukora chip ishyirwa mu bwonko ishobora gufasha abatabona kongera kubona, ndetse no ku bantu bavutse batabona.

    Uyu mushinga wa Neuralink umaze imyaka myinshi utegurwa, ariko ubu wamaze guhabwa uburenganzira na FDA (Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe kugenzura imiti n’ibikoresho by’ubuvuzi) kugira ngo habeho igerageza ku bantu.

    Nk’uko Musk yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru, iyi chip ishyirwa mu gice cy’ubwonko gishinzwe kwakira amakuru y’ibiboneka (visual cortex). Ikoresha amashanyarazi mato (electrical stimulation) kugira ngo ihangire cyangwa isubize imiyoboro y’ubwonko ishinzwe kubona, n’ubwo umuntu yaba yaratakaje amaso cyangwa yaranavutse atabasha kubona.

    Yagize ati:

    “Turizera ko bitarenze umwaka utaha, tuzaba tumaze kubona abantu batangiye kubona amasura, imiterere y’ibintu, ndetse n’amabara binyuze muri iyi tekinoloji nshya.”

    Nubwo iyi nkuru itanga icyizere, inzobere mu buvuzi n’abo muri Neuralink ubwabo bemera ko bakiri mu ntangiriro z’igerageza, kandi ko hari byinshi bikenewe gusuzumwa mbere y’uko iyi chip itangira gukoreshwa ku buryo rusange.

    Haracyari ibibazo byinshi bijyanye n’umutekano, ingaruka zishobora guterwa n’iyo chip mu bwonko, ndetse n’uko ubwonko bwa muntu buzabyakira mu gihe kirekire.

    Can You Invest in Neuralink? | INN

    Iyi chip ntabwo igamije gusa gufasha abatabona. Musk avuga ko intego ya Neuralink ari uguhindura burundu imibanire y’ubwonko n’ibikoresho bya tekinoloji, aho biri no mu mishinga yo kugabanya ingaruka z’ubumuga butandukanye, harimo ubumuga bwo kutavuga, kutagenda, ndetse n’ubundi burwayi bw’imyakura (neurological disorders).

  • Umubyinnyi Wagaragaje ko Ashyigikiye Gaza mu Gitaramo cya Super Bowl cya Kendrick Lamar yatawe muri yombi

    Umubyinnyi Wagaragaje ko Ashyigikiye Gaza mu Gitaramo cya Super Bowl cya Kendrick Lamar yatawe muri yombi

    Umubyinnyi umwe wagaragaje ikimenyetso cy’imyigaragambyo ashyigikiye abaturage ba Gaza mu gihe cy’igitaramo cya Super Bowl halftime show cyaririmbyemo umuhanzi w’icyamamare Kendrick Lamar, yatawe muri yombi hashize amezi kuva icyo gitaramo kibaye.

    Iyi myigaragambyo itateguwe yabaye muri Gashyantare 2025, ubwo Kendrick Lamar yari ari ku rubyiniro, aho uwo mubyinnyi utaramenyekanishijwe amazina ku mugaragaro yagaragaye afite ibendera ririho ubutumwa busaba guhagarika intambara muri Gaza, bikaba byaratangaje benshi mu bakurikiye icyo gitaramo cyarebwe na miliyoni z’abantu ku isi hose.

    Mu gihe igitaramo cyari kigikomeza, uyu mubyinnyi yagaragaye azamuka ku rubyiniro afite ibendera ryanditseho amagambo arengera abaturage ba Gaza, bituma abayobozi b’umutekano b’ahabereye igitaramo bamukuraho vuba, ariko ibyo yari agamije bimaze kumvikana neza mu binyamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

    A Super Bowl Halftime Performer Surprised Organizers With a Sudan-Gaza Flag  - The New York Times

    Nyuma y’amezi make habaye icyo gikorwa, kuri uyu wa Kane, Polisi ya Los Angeles yemeje ko yamufashe ku byaha birimo kwinjira ahabujijwe no guteza umutekano muke mu gikorwa cyari gifite ingengabihe ikomeye kandi kigakurikirwa ku rwego mpuzamahanga.

    Ubushinjacyaha bwatangaje ko dosiye ye igiye kujya mu rukiko, ariko kugeza ubu, ntibiramenyekana niba azarekurwa by’agateganyo cyangwa niba azafungwa by’agateganyo mu gihe iperereza rikomeje.

    Abashyigikiye uwo mubyinnyi bavuga ko ibikorwa bye byari bigamije kugaragaza agahinda n’impungenge ku bibera muri Gaza, aho intambara n’ibikorwa bya gisirikare byakomeje kugiraho ingaruka ku baturage b’inzirakarengane.

    Ku mbuga nkoranyambaga, benshi mu bari barakurikiye iyo myigaragambyo batangiye kongera gukwirakwiza amashusho n’amafoto y’ibyabaye, bagaragaza ko umuryango mpuzamahanga ukwiye gutanga umwanya ku butumwa nk’ubwo bw’amahoro.

    Ku ruhande rw’abateguye Super Bowl, harimo NFL (National Football League), bagaragaje ko bamaganye igikorwa icyo ari cyo cyose kihabera kidateguwe kandi gishobora gushyira mu kaga umutekano w’abitabiriye, ndetse bakizeza ko bazakomeza gukaza ingamba zo kwirinda ibindi nk’ibyo bizongera kubaho.

  • Umuyobozi Mukuru w’Ikirenga wa Iran yavuze ko Ibitero bya Amerika kuri Sites za Nikleyeri “Nta ngaruka zikomeye byagize”

    Umuyobozi Mukuru w’Ikirenga wa Iran yavuze ko Ibitero bya Amerika kuri Sites za Nikleyeri “Nta ngaruka zikomeye byagize”

    Umuyobozi Mukuru w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, yatangaje ko ibitero biherutse kugabwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri sites za nikleyeri ya Iran nta ngaruka zikomeye byagize, anavuga ko Iran ikiri ku murongo wayo wo gukomeza gahunda yayo ya nikleyeri.

    Mu ijambo ryatambutse kuri televiziyo ya Leta ya Iran, Khamenei yagaragaje ko ibyo bitero ari ugushotorana, ariko akemeza ko Iran idateze kugamburuzwa cyangwa ngo icike intege.

    Mu magambo ye, Ayatollah Khamenei yagize ati:

    “Ibitero bya Amerika ntabwo byigeze bigira icyo bihungabanya ku bikorwa byacu bya nikleyeri. Iran iracyafite ubushobozi bwuzuye bwo gukomeza gahunda yayo nk’uko twabiteganyije.”

    Yakomeje avuga ko ibyo bitero ari igice cy’ubushotoranyi bwo guhangabanya ubusugire bwa Iran, ariko ko Abanya-Iran bakomeje kwihagararaho nk’uko babigize kenshi mu mateka.

    Khamenei yavuze ko Iran izakomeza gahunda yayo yo guteza imbere ikoranabuhanga rya nikleyeri, anasaba abaturage kuba maso no gukomeza kugaragaza ubufatanye mu kurengera igihugu.

    Ibi bitangajwe bikurikiye ibitero byagabwe na Amerika na Israel ku byicaro bikomeye bya nikleyeri muri Iran, birimo n’uruganda rwa Fordow ruzwiho kurindwa bikomeye.

    U Burusiya na China bamaze kwamagana ibyo bitero, bavuga ko bishobora kongera umwuka mubi mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, ariko nta gikorwa gifatika kirakorwa ku rwego mpuzamahanga uretse amagambo.

    Nubwo Amerika n’inshuti zayo zivuga ko ibitero byabo byagize ingaruka zikomeye ku bikorwa bya nikleyeri ya Iran, ubuyobozi bwa Iran buhamya ko ibikorwa byabo bitahungabanyijwe kandi ko intumbero yabo igihari.

    Ibi bikomeje gutuma umutekano mu karere kose uba ikibazo gikomeye, aho benshi bibaza uko Iran izakomeza kwitwara mu minsi iri imbere, ndetse n’icyo ibi byose bizakururira umubano hagati ya Iran n’ibihugu by’ibihangange ku isi.