Uko Le Picmar yubakiwe ku cyerekezo cyo kwiyubaka no kwigirira icyizere

Mu gihe isi yihuta mu ikoranabuhanga, ubucuruzi bwambukiranya imipaka, n’isoko ry’ibicuruzwa bishingiye ku bwiza rirushaho gukura, hari Abanyarwanda bake bagaragaza ubudasa. Le Picmar ni kimwe mu bigo bigaragaza izo mpinduka. Iyi sosiyete ikorera mu Bubiligi yihariye mu gukora amavuta yo kwisiga yita ku bwiza bw’umwirabura, ikaba yarashinzwe n’umunyarwanda ufite icyerekezo gifatika cyo gufasha abantu kwisanga, kwiyakira, no kwiyitaho bifite ireme.

Mu kiganiro cyihariye twagiranye n’uwashinze Le Picmar, RWABUKUMBA Didier Mugisha yadusangije urugendo rwe, imbarutso yamuteye gutangiza ubu bucuruzi, n’icyerekezo yifuza kugeraho.

“Navukiye mu Rwanda, ariko ubuzima bwanjye bwaragutse mu mahanga. Aho hose, nakundaga kubona uburyo abantu b’abirabura bagorwa no kubona amavuta abakwiriye, adahindura uruhu rwabo ahubwo arurinda, arugirira neza, kandi nifuzaga kugira igikorwa nkorera mu Rwanda nk’umusanzu mpa igihugu cyanjye”

Aya ni amagambo yatangaje ikiganiro BIZ & BEAT, agaragaza icyarushijeho kumutera imbaraga zo gutangiza Le Picmar.

Yavuze ko ajya gutangiza Le Picmar byaturutse ko we n’isnhuti ye batangiye ibintu ari nk’itekerezo aho izina ndetse n’ikirango byaturutse ku ishusho y’inyoni bari babonye, bituma bagura igitekerezo kugera aho igitekerezo kibyaye umusaruro.

Ikindi avuga ko mubya mufashije harimo kugira icyerekezo ari nabyo akomeza gushiskariza urubyiruko ndetse n’abandi ko ibyo bagakoze byagakwiye kurengwa no kugira intego ndetse n’icyerekezo.

Le Picmar ntiyaje gusa kuziba icyuho cy’ibura ry’amavuta meza; yaje no kongera icyizere ku bantu benshi bagiye bacibwa intege n’amasoko yibanda ku cyane ku bintu bituruka I Burayi cyangwa ibizwi nk’ibikorwa n’abazungu gusa.

Ibicuruzwa bya Le Picmar birimo amavuta yo kwisiga ku mubiri no mu maso, amasabune yo koga, ndetse n’ibindi biri gutegurwa ngo bishyirwe ku isoko.

Ubu ifite abakiriya mu Bubiligi, u Bufaransa, ndetse batangiye kugera ku isoko ryo muri Afurika nko muri DR Congo, Senegal, Cameroon ndetse n’u Rwnada – aho abaguzi bemeza ko ari amavuta yizewe, ahumura neza kandi afite akamaro nyako.

N’ubwo byumvikana neza nk’inkuru y’ubutsinzi, si byo byose byamugendekeye neza kuva yatangira. Yakubitiwe n’imbogamizi z’amasoko agoye, ibiciro byo hejuru mu gukora ibintu by’ubwiza mu Burayi, ndetse n’amategeko agenga ibicuruzwa byo kwisiga. Ariko ibi byose yabifashe nk’amahugurwa. “Iyo ugize icyerekezo kidashingiye ku nyungu gusa, uba ufite imbaraga zo kwihangana no gukomeza.”

Le Picmar ifite gahunda yo gushyira imizi ku isoko nyafurika, cyane cyane mu Rwanda. Hari gahunda yo gukorana n’abacuruzi b’abanyarwanda, amafaraga yihariye ku masoko yo mu karere, ndetse no gutanga amahugurwa ku bijyanye n’ibicuruzwa bifite ireme.

Ndetse hari na gahunda yo gutangiza uruganda mu Rwanda mu gihe kiri imbere.

“Dukeneye ko Afurika itareka ibindi bihugu biyikoreramo gusa – ahubwo twakagombye natwe kugira ibidukorerwa biduhesha ishema.”

Yasoje ikiganiro agira inama abifuza gutangiza business:

“Tangirira aho uri. Wige buri munsi. Shyira ireme imbere y’amafaranga. Nubaha uwo uri we, isi izakwemera uko uri.”

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *