Blog

  • Abanyamahanga basuye u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 820 Frw mu 2024

    Abanyamahanga basuye u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 820 Frw mu 2024

    Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, yagaragaje ko abanyamahanga basuye u Rwanda mu 2024, bakoreshereje imbere mu gihugu arenga miliyoni 579,5$ [ni ukuvuga arenga miliyari 820,5 Frw] binyuze mu bintu bitandukanye baguze kuva bageze mu gihugu kugeza igihe batashye.

     

    Ubu bushakashatsi bwakorewe ku mipaka irimo uwa Rusumo, Kagitumba, Gatuna, Cyanika, Rusizi I, Rusizi II, Bugarama, La Corniche, Poids Lourds no ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali.

    Abashakashatsi bareba ku nyemezabuguzi z’abanyamahanga mu gihe batashye, bakababaza impamvu yari yatumye basura u Rwanda, iminsi bahamaze, n’ibindi bijyanye n’ibyo bahashye hakabona kumenyekana ikigereranyo cy’amafaranga bakoreshaga ku munsi.

    Ibi kandi bikorwa no kuri bamwe mu Banyarwanda binjira mu gihugu bavuye mu bihugu by’amahanga.

    Ubushakashatsi bwakozwe kuva mu Ugushyingo 2024 kugeza muri Mutarama 2025 bugaragaza ko abakoreye ingendo mu Rwanda baguze ibintu na serivisi bibarirwa muri miliyoni 126,1$ mu gihembwe cya kane cya 2024.

    Umubare munini w’abageze mu Rwanda muri icyo gihe bagenzwaga n’ibiruhuko. Bakoresheje miliyoni 56,2$, mu gihe Abanyarwanda bagiye mu mahanga mu gihembwe cya kane cya 2024 bakoresheje miliyoni 91$, muri yo arenga miliyoni 36,3$ akoreshwa mu byerekeye ubucuruzi.

    Imibare igaragaza ko nk’abakoresheje inzira yo mu kirere bavuye muri Aziya bakagera mu Rwanda kubera ibiruhuko bakoreshaga 197$ ku munsi, abo muri Amerika ya Ruguru n’ibindi bihugu bya Aafurika bakoresheje impuzandengo ya 151$, abo mu Burayi n’ahandi hose ku Isi bakoresha 129$ ku munsi umwe na ho abo muri Afurika y’Iburasirazuba bo bakoresheje 82$ ku munsi.

    Mu banyuze mu nzira yo ku butaka, abo muri Amerika ya Ruguru bagiriye ibiruhuko mu Rwanda bakoreshaga 146$, abo mu bindi bihugu by’Isi bagakoresha 138$, abaturuka muri Aziya bakoresheje 109$, Abanyaburayi bahahishaga 100$ ku munsi mu gihe abo muri Afurika y’Iburasirazuba bahahishaga 44$ na ho abo mu bindi bihugu bya Afurika bagakoresha 64$ ku munsi umwe.

    Mu gihembwe cya kane, abageze mu Rwanda bakoresheje inzira yo mu kirere bihariye 81,1% by’amafaranga yakoreshejwe, mu gihe Abanyarwanda bagiye hanze y’igihugu bakoresheje indege bagize uruhare rwa 65,1% by’ayo bakoresheje.

    Raporo yashyizwe hanze muri Werurwe 2025 igaragaza ko abasuye u Rwanda mu 2024 bose binjirije u Rwanda arenga miliyoni 579,5$ [ni ukuvuga arenga miliyari 820,5 Frw], mu gihe Abanyarwanda bagiye basuye ibihugu by’amahanga bakoresheje miliyoni 363,8$.

    Abanyamahanga basuye u Rwanda mu gihembwe cya mbere cya 2024 bakoresheje miliyoni 125,5$, mu gihembwe cya kabiri agera kuri miliyoni 136,8$, mu gihembwe cya gatatu ariyongera cyane agera kuri miliyini 191,1$ na ho mu gihembwe cya kane yageze kuri miliyoni 126,1$.

    Ugendeye ku mpamvu zatumye basura u Rwanda mu 2024, abarenga 44,6% bagenzwaga n’ibiruhuko, abarenga 28,1% bari basuye inshuti n’abavandimwe, mu gihe abagenzwa n’ubucuruzi bari 14,1%.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta, Kabera Godfrey, aherutse gutangaza ko bitewe n’ishoramari rikomeye igihugu cyakoze mu rwego rw’ubukerarugendo no kwakira inama, hakiyongeraho umutekano usesuye igihugu gifite, byatumye igihugu gisurwa n’abantu benshi bityo bakwiye kubyara inyungu irenze isanzwe.

    Ati “Dutangiye kubona abantu benshi basura u Rwanda ariko dusa nk’aho nta kintu cyihariye tubakuraho cyinjira mu isanduku ya Leta kidufasha kugira ngo twongere dukore ishoramari risabwa ngo dukomeze duteze imbere uru rwego.”
    Kuri ubu Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda iri gusuzuma umushinga w’itegeko rishyiraho umusoro w’ubukerarugendo ku icumbi ungana na 3% by’igiciro cy’icumbi, uzajya wishyurwa na buri muntu waraye mu cyumba cya hoteli, moteli n’indi nzu yose ikoreshwa nk’icumbi ryishyurwa.

    Kabera ati “Ntabwo ari ibintu dukora hano mu Rwanda gusa, muri Kenya barabikora ndetse bo barenga no ku giciro cy’icyumba hakaba ubwo bafata n’ibijyanye na restaurant.”

    U Rwanda rufite intego yo gukuba kabiri amafaranga yinjizwa n’urwego rw’ubukerarugendo, akava kuri miliyoni 620$ rwinjije mu 2024 akagera kuri miliyari 1,1$ mu 2029.

    src:igihe

  • Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye uko u Rwanda rwanze ambasaderi wari woherejwe n’u Bubiligi

    Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye uko u Rwanda rwanze ambasaderi wari woherejwe n’u Bubiligi

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe yatangaje nyuma y’uko u Bubiligi bwanze ambasaderi Vincent Karega na bwo bwohereje uwo bwifuzaga ko abuhagararira mu Rwanda ruramwanga kuko ibyo bwari bwakoze byagaragazaga ko bwanze igihugu cy’u Rwanda aho kwanga umuntu.

     

    Ku wa 31 Ukwakira 2022, Amb. Vincent Karega wari Ambasaderi w’u Rwanda i Kinshasa yategetswe kutarenza amasaha 48 akiri ku butaka bwabo ndetse ahava mbere y’uko ayo masaha agera, anyura muri Congo Brazaville.

    Nyuma u Rwanda rwatanze amazina ye mu Bubiligi ngo arubere ambasaderi, ariko icyatunguranye ni uko ibyo kuba bwamwanze byamenyekaniye mu gitangazamakuru cy’umuryango w’abana bakomoka ku banyapolitike bashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, mbere y’uko igisubizo gihabwa u Rwanda rwatanze ubusabe.

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, ubwo yari mu kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru ku wa 2 Werurwe 2025, yatangaje ko amakuru bamenye ari uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagize uruhare rukomeye mu gutuma Amb. Karega yangwa mu Bubiligi.

    Magingo aya kandi u Bubiligi nta ambasaderi bugira i Kigali, nyuma ya Bert Versmessen wasoje ikivi cye ku wa 30 Nyakanga 2024.

    Amakuru avuga ko hari izina u Bubiligi bwohereje tariki 11 Ukuboza 2023 ry’uwo rwifuzaga ko arubera ambasaderi ariko u Rwanda rwanga kumwemeza, bigeze ku wa 18 Kamena 2024 u Bubiligi bubona ko u Rwanda rwatereye agati mu ryinyo bufata umwanzuro wo gukuraho ubwo busabe.

    Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Hari izina bohereje ariko ntabwo byabaye ngombwa ko turyemera.”

    Yagaragaje ko mu gihe igihugu cyanze ambasaderi ugihaye biba bivuze ko cyanze igihugu cyawe kitanze umuntu ku giti cye, kandi ngo muri dipolomasi akebo kajya iwa mugarura.

    Ati “Uri igihugu, banze ambasaderi wawe wowe uratega irindi tama? Tubahe undi utari Vincent Karega? Kubera iki twari kumutanga? Ariko muzajye mwumva kwihesha agaciro nk’igihugu. Iyo igihugu cyanze ambasaderi wanyu nk’igihugu cy’u Rwanda mwavuze ko ari ambasaderi ukwiriye u Bubiligi, nta kintu na kimwe yigeze avuga kibangamiye inyungu z’u Bubiligi (kuko na byo byashoboka) ariko Guverinoma mwamwoherejemo ikamwanga kubera ko babihawemo amabwiriza n’ikindi gihugu, cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntabwo aba ari Ambasaderi Karega uba wanzwe ni igihugu cy’u Rwanda kiba cyanzwe.”

    “Ntabwo rero tugomba gutega irindi tama ngo twohereze undi ambasaderi ngo na we bamwange. Abanyarwanda twese tugomba kubyumva.”

    Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko mu Nteko Ishinga Amategeko no mu buyobozi bw’u Bubiligi higanjemo abanye-Congo benshi bagira uruhare mu gukwirakwiza ibinyoma ku Rwanda no gufata imyanzuro ibogamye.

    Yahamije ko u Bubiligi nk’igihugu cyigenga kitagakwiye kugendera ku byemezo byafashwe n’ikindi gihugu.

    Ati “U Bubiligi si igihugu cyigenga? Kuki ambasaderi wanzwe na Congo agomba kwangwa n’u Bubiligi?”

    Umubano w’ibihugu byombi wakomeje kugenda ujya habi by’umwihariko mu bihe umutekano wo mu Burasirazuba bwa RDC wazambaga u Bubiligi bwakangishije u Rwanda ibihano, bituma ruhitamo guhagarika amasezerano y’ubufatanye ibihugu byombi byari bifitanye yagombaga kugeza mu 2029.

    U Bubiligi nka kimwe mu bihugu byakolonije u Rwanda na RDC gifite uruhare rukomeye mu bibazo by’umutekano muke mu Karere k’Ibiyaga bigari kuko abaturage bajujubywa mu Burasirazuba bwa RDC bwagize uruhare mu kubakatiraho imipaka no kwimura bamwe bubajyana mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    Ati “Rero Ababiligi kuba ari bo baza bagashyigikira Congo ku mugaragaro bakazenguruka Isi yose ngo basabire u Rwanda ibihano ni ibintu bigaragaza ko ibihugu bimwe na bimwe bitiha agaciro.”

    src:igihe

  • Zimwe mu mbwirwaruhame za Gen (Rtd) Kabarebe

    Zimwe mu mbwirwaruhame za Gen (Rtd) Kabarebe

    Ijambo rifite byinshi ryahindura mu mateka, rishobora gukurura impinduramatwara idasanzwe, gukundisha abantu baryumva ibyo urivuga yanyuzemo no kwigisha abato inzira runaka.

     

    Ni byo koko aryoha asubiwemo kandi ngo utaganiriye na Se ntamenya icyo Sekuru yasize avuze. Munyemerere muri iyi nkuru tugaruke kuri zimwe mu mbwirirwaruhame zavuzwe na Gen (Rtd) James Kabarebe.

    Uyu yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, aba Umujyanama wa Perezida mu birebana n’Umutekano ndetse ubu ni Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Ubutwererane.

    Gen Kabarebe yamenyekanye cyane ubwo yari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, umwanya yabayeho imyaka umunani (kuva mu 2002 – 2010) ibintu byanatumye agira umwihariko wo kuba ari we wa mbere watinze muri uyu mwanya.

    Kabarebe yabonye izuba mu 1959, avukira muri Uganda kimwe n’abandi Banyarwanda benshi bari impunzi.

    Amashuri abanza yayize muri ‘Kyamate Primary School’ ayisumbuye ayakomereza muri ‘Kabalega Secondary School’ mu gace ka Masindi.

    Icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye yize muri ‘St. Henry’s College Kitovu’. Amasomo ye yayakomereje muri Kaminuza ya Makerere aho yakuye impamyabumenyi mu bijyanye n’ubukungu na Politiki. Yarangije muri iyi kaminuza mu 1989.

    Nubwo Gen Kabarebe yamenyekanye cyane ubwo yari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, amateka ye mu mwuga w’Igisikare ajya kure cyane kurenza iyi myaka umunani cyane ko ari umwe mu bagize uruhare rwo kubohora Uganda.

    Nyuma kimwe n’abandi Banyarwanda bari benshi bari barahungiye muri Uganda, yagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mbere yo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, izina Kabarebe ryumvikanye mu bakurikiranaga amakuru y’Intambara ya Congo ya Mbere n’iya Kabiri, cyane ko uyu mugabo ari we wari uyoboye Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri iki gihugu, gucyura impunzi z’Abanyarwanda bari muri Zaire no kurwanya Interahamwe n’Ingabo zahoze ari iza FAR zacuraga imigambi mibisha yo kongera gutera u Rwanda.

    Aha ni na ho Kabarebe yaje kwandikira amateka yo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo mu bihugu bibiri. Yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC yari icyitwa Zaire nyuma yo guhirima k’ubutegetsi bwa Mobutu, agasimburwa na Laurent-Désiré Kabila.

    Nyuma y’Intambara ya Mbere n’iya Kabiri za Congo, mu 2002 Kabarebe yagizwe Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda, kugeza mu 2010 ubwo yagirwaga Minisitiri w’Ingabo, umwanya yabayemo kugeza mu 2018, ubwo yagirwaga Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano.

    Ubwo yashyirwaga mu kiruhuko cy’izabukuru mu Ngabo z’u Rwanda, Gen (Rtd) James Kabarebe yijeje ko nubwo ari mu basirikare bakuru bagishyizwemo ariko igihugu kizakomeza kugira umutekano.

    Ati “Ntabwo bivuze ko umuntu aretse igisirikare. Igisirikare wakivamo ariko ntabwo cyakuvamo. N’abasezeye uyu munsi, igisirikare ntikizigera kibavamo. Aho bagiye, ubumenyi bajyanye, ubunararibonye bafite, ubushake, ubwitange, urukundo rw’igihugu, icyaba icyo ari cyo cyose […] nubwo batagiye kure, bari hafi y’ingabo. Nta cyashobora guhungabanya umutekano w’igihugu aba bagabo bose bahari.”

    Yakomeje ati “Twe turi umuryango umwe, ni ugukuramo impuzankano gusa ariko ukaba uzi ngo aho wayikenera urayisingira ako kanya.”

    RDF ifite ubushobozi bwo kurinda u Rwanda imyaka 100 iri imbere

    Ubwo yashyirwaga mu kiruhuko cy’izabukuru mu ngabo z’u Rwanda, Gen (Rtd) James Kabarebe yijeje Abaturarwanda ko igisirikare cy’igihugu gifite ubushobozi bwo gukomeza kurinda igihugu no kugera ku myaka 100 iri imbere.

    Ati “Perezida wa Repubulika yubatse RDF idahinduka mu migirire, idatezuka ku nshingano zayo ku buryo uyu munsi imbaraga ifite ziha icyizere uwo ari we wese wageze igihe cyo gusezera mu ngabo kuba yasezera ntacyo yikanga.”

    Yakomeje ati “Iki gisirikare cyacu aracyubaka(Perezida) mu buryo burambye, abakibona, abatakizi, ukuntu acyubaka kiratanga icyizere ko igihugu cyacu kizarindwa mu myaka itari hasi ya 100 imbere.”

    Inkuru y’uko yarwanye n’Intare akayinesha yashituye benshi

    Imwe mu nyamaswa iteye ubwoba mu z’ishyamba ni Intare irimo bishingiye ku mutontomo wayo ndetse n’imiterere yayo byanatumye yitirirwa umwami w’ishyamba.

    Muri Gashyantare 2023, ubwo Gen (Rtd)Kabarebe yasobanuriraga urubyiruko imvano y’inkuru yo kurwana n’intare yavuze ko n’ubundi bitagoye kuyirwanya kuko nubwo ifatwa nk’Umwami w’Ishyamba.

    Ati “Buriya mu nyamanswa zose zibaho, intare niyo yoroshye kurwana nayo […] kurwana n’intare bigusaba gushiruka ubwoba nta kindi. Iyo ugize ubwoba n’ubwo waba umeze gute, irakwica ariko ushiritse ubwoba, intare ntacyo yagutwara.”

    “Ufite inkoni ntacyo yagutwara, kurwana n’intare ni nko kurwana n’imbwa iryana. Uretse gusa ubunini bwayo n’umutontomo, nta bindi. Aho twageze ngo twicare, tukimara kwicara, twari dufite inka, intare iratera. Irabanza irivuga, tuti iraje. Twari twacanye umuriro mwinshi cyane, intare iratera, mu kanya gato twumva ifashe inka iyikubise hasi.”

    Yakomeje agira ati “Ubwo twari abasore bato, ninjye wari mukuru abandi bari bafite nk’imyaka 15, gutyo […] ubwo dufata inkoni, turwana n’intare. Ijoro ryose, igahindukira ishaka kugufata ku ijosi, ukayikangisha inkoni […] turwana nayo, kugera mu gitondo, turayinesha.”

    FDLR ntiyamara umunota mu Rwanda, ikibi ni ingengabitekerezo yayo

    Umutwe witwaje intwaro ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi ukorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wa FDLR ukunze kugaragaza ko intego yawo ari ugukuraho ubutegetsi buriho.

    Ibyo ukunze kubigerageza mu bihe bitandukanye nubwo ugenda ucibwa intege n’uburyo bamwe mu bawugize bakunze guhitamo gutaha mu rwababyaye uretse abamaramaje.

    Ubwo Gen (Rtd) James Kabarebe yavugaga kuri uwo mutwe mu bihe byashize yashimangiye ko kuri ubu aho bigeze utamara n’iminota itanu mu Rwanda mu gihe wo uvuga ko wifuza kurwigarurira.

    Ati “Ikibazo dufitanye na FDLR si icy’imibare. Igiteye inkeke ni ingengabitekerezo ya Jenoside. Na bya bindi by’iminota itanu ndabisubiramo. Ntayo bamara hano.”
    Yashimangiye ko ikintu gikomeye kandi kibi uwo mutwe ufite ari ingengabitekerezo ya Jenoside ukomeje kubiba mu bato no gukwiza mu Karere muri rusange.

    Indangagaciro za Maj Gen Paul Kagame ku rugamba

    Abahoze ari abasirikare ba RPA iyo babara inkuru zo ku rugamba rwo kubohora igihugu, uzumva bakubwiye ko nyuma y’urupfu rwa Gen Fred Gisa Rwigema zahise zicika intege ndetse zitangira gutekereza kwisubirira muri Uganda kuko zabonaga nta cyerekezo.

    Muri icyo gihe zari zacitse intege ariko nibwo Maj Gen. Paul Kagame wari muri Amerika ubwo urugamba rwatangiraga yahageze, ndetse mu buryo budasanzwe ahindura imiterere y’urugamba binyuze mu ndagangaciro ze yahise atoza ingabo za FPR Inkotanyi.

    Gen Kabarebe yavuze ko ubwo Maj Gen Paul Kagame yasangaga ingabo za RPA ku rugamba rwo kubohora igihugu yasanze zananiwe zasubiye inyuma ariko yemeza ko zidashobora gutsindwa kandi zifite icyo zirwanira.

    Ati “Yaraje asanga urugamba rumeze nabi, asanga kurwana gusa n’uwo twitaga umwanzi twari duhanganye, ari we leta nyine yakoraga ibyo bibi, ntabwo byari bihagije. Yasanze agomba kuzana imiyoborere yindi.”

    “Yari iyo gukunda igihugu ukacyitangira, ukagitangira amaraso yawe ku buryo n’umuntu n’ubwo yaraswa agapfa usigaye akaba azi ngo uriya icyo yapfiriye cyari ikintu gifite akamaro. Yapfiriye gukunda igihugu niba ukunda igihugu uragipfira, iyo utagipfiriye uragitanga. Rero indangagaciro yo gukunda igihugu yayitoje Inkotanyi ziramwumva neza.”

    Abasirikare ba RPA babanje kurwana nk’ibyihebe

    Gen (Rtd)Kabarebe yavuze ko bitewe n’uko bari bafite ibikoresho bike iyo abasirikare b’inkotanyi ku rugamba rwo kubohora igihugu iyo baneshaga umwanzi imbunda zasimburaga ibyo kurya.

    Ati “Iyo umusirikare w’Inkotanyi yabaga ashonje ikintu cya mbere yafataga ni imbunda n’amasasu kuko ni cyo kintu yabaga akeneye cyane bikiyongera ku byo bari bafite.”

    Yagaragaje ko abasirikare ba RPA barwanaga nk’ibyihebe ku rugamba rwo kubohora igihugu mbere y’uko Perezida Kagame ahagera agahindura uburyo bw’imirwanire.

    Ati “Twebwe tukagenda n’utubunda twacu, twareze agatuza, abapfa bagapfa…barakurasira mu bilometero bitatu, bine mpaka ubagezeho, Murumva ukuntu abantu bari bateye, niyo mpamvu abazayirwa bavugaga ko RPA ari ibyihebe kandi koko ubibonye usanga bari ibyihebe.”

    Yagaragaje ko ubwo bari mu mishyikirano n’Ingabo zari iza Leta ya Habyarimana Col. Theoneste Bagosora yababwiye ko nta mututsi ushobora kwinjira mu ngabo z’u Rwanda, ntibatinye kumwisabira intambara.

    Ati “Icyo gihe twaramubwiye duti Bagosora urashaka iki, twarakunesheje nushaka n’aha nonaha, dutangirire intambara hano, turakurasa kandi tugufatane igihugu.”

    Nta Jenoside izongera kuba mu Rwanda

    Imyaka 30 irashize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe n’Ingabo zari iza RPA zakoresheje ubwitange bukomeye ngo zibashe kurokora igihugu n’abatutsi bicwaga bazira uko baremwe.

    Ni amateka atazasibangana ku Rwanda kuko mu gihe cy’iminsi 100 gusa abarenga miliyoni bishwe.

    Gen (Rtd) Kabarebe kuri ubu usigaye ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga yigeze kugaragaza ko nta Jenoside ishobora kuzongera kuba mu Rwanda uko byagenda kose.

    Ati “Biragoye kuvunga ngo nta jenoside izongera kuba ahandi aho ari ho hose, ariko biroroshye kuvuga ngo nta Jenoside izongera kuba mu Rwanda, ibyo kuko turi abanyarwanda, turima u Rwanda rwacu aho twahagarara tukavuga ko itazongera kuba.”

    Ubuhemu bwa Kayumba Nyamwasa

    Gen (Rtd)Kabarebe yigeze kuvuka ko umuntu wa mbere w’umugome ubaho ari Kayumba Nyamwasa wabaye mu ngabo zabohoye igihugu ariko kuri ubu akaba yarashinze umutwe wa RNC urwanya Leta y’u Rwanda.

    Icyo gihe yagize ati “Nimba hari umuntu w’umuhemu ubaho, watangaho urugero ni Kayumba Nyamwasa. Hari ukuntu umuntu agira amahirwe mu bihe bitandukanye agahabwa cyangwa akagirwa icyo ari icyo ariko iyo ari umunyabwenge buke, umuhemu mu buzima bwe nta burere agira, ari umunyamusozi ibyo byose abipfusha ubusa.”

    Ntashobora kuririmba

    Gen (Rtd) Kabarebe yigeze gutangaza ko mu gihe abandi baririmba we adashobora kubikora kubera ko akiri umwana yigeze abikubitirwa n’umwarimu bituma afata icyemezo cyo kutazongera kubikora ukundi.

    Yagize ati “Ubu njyewe sinshobora n’umunsi n’umwe kwasamura umunwa wanjye ngo ndirimbe. Nkoma amashyi gusa kandi nkizihirwa nkaryoherwa n’indirimbo kubera ko ndi umwana muto nahuye n’umwarimu wanyangishije kuririmba ku buryo kuva uwo munsi sinongeye.”

    Icyo gihe yahorwaga ko ari kuririmba mu Kiliziya ubwo bari muri Uganda mu ishuri rya Kyamate Primary School, aho umwarimu w’igitsina gore wangaga Abanyarwanda yamukubise amubuza kuririmba bituma afata icyemezo cyo kutazongera kuririmba.

    src:igihe

  • Monica Geingos yagaragaje ko kugira ubudaheranwa no kwigira ari ikintu gikomeye

    Monica Geingos yagaragaje ko kugira ubudaheranwa no kwigira ari ikintu gikomeye

    Monica Geingos, wahoze ari umugore wa Hage Geingob wabaye Perezida wa Namibia, yahishuye ko umugabo we yapfuye bari kwitegura kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, ashimangira ko ibintu bihinduka mu kanya nk’ako guhumbya asaba urubyiruko guhora rwiteguye kwakira impinduka.

     

    Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri bo muri Kepler College, ubwo yakirwaga nk’Umuyobozi w’Icyubahiro w’iyo kaminuza ikorera mu Rwanda.

    Yagaragaje ko abantu bakwiye guhora biteguye ko ibintu bihinduka umunsi ku wundi kandi mu buryo butunguranye.

    Hage Geingob wabaye Perezida wa Namibia yitabye Imana mu 2024 akiri ku buyobozi bw’icyo gihugu muri manda ye ya kabiri ari nayo yari iya nyuma. Yitaba Imana yari afite imyaka 82.

    Monica yahishuye ko umugabo we Hage Geingob, yitabye Imana mu gihe bari bari kwitegura kujya mu kiruhuko cy’izabukuru cyane ko yari manda ye ya nyuma ariko aza gupfa azize cancer.

    Ati “Reka nkubwire, njye n’umugabo wanjye twari twiteguye cyane kuva mu mwanya wa Perezida tukajya mu kiruhuko cy’izabukuru. Ubwo twari turi kubitegura, twari dufite na gahunda. Yasuzumwe muri Mutarama (2024) basanga arwaye Cancer y’urwagashya. Mu gihe cy’ibyumweru bitatu gusa yari apfuye. Byari ku nshuro ya mbere dupfushije Perezida ukiri mu nshingano. Nta n’umwe muri twe wari witeze ko bishobora kubaho.”

    Yongeyeho ati “Ntabwo twari tuzi ko dufite gusa ibyumweru bitatu. Umunsi umwe gusa apfuye ntabwo nari nkiri umugore wa Perezida, nahise ntangira kuba umupfakazi. Rero ibintu bihinduka vuba vuba birenze uko wabitekereza.”

    Monica Geingos yemeza ko abantu bakwiye guharanira kuba inyangamugayo mu kubaka ahazaza heza habo kuko ibintu bikunze guhindagurika ariko ubunyangamugayo butajya buhagarara.

    Ati “Kugira ubunyangamugayo igihe cyose kuko ibintu birahinduka. Uyu munsi uba uri Minisitiri w’Uburezi, ejo ukaba utakiri we. Umunsi umwe uba uri umugore wa Perezida, ukurikiyeho ukaba utakiri we.”

    “Uyu munsi uba uri Minisitiri ufite ubunararibonye n’ibigwi bikomeye undi munsi ukaba waragiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Rero ibintu birahinduka, kandi Isi nayo irahinduka. Ntekereza ko ubumenyi ukeneye kugira muri iyi si ihindagurika, icy’ingenzi ari ukwigira.”

    Yavuze ko kugira imitekerereze yo kwigira no kuba inyangamugayo bidashobora gukangwa n’impinduka ahubwo ko bituma umuntu yemera impinduka no kureba uburyo bwo kugendana n’izo mpinduka.

    Yasabye kandi buri wese kugira uruhare mu kugena uko atwara ubuzima bwe muri iyi si y’ikoranabuhanga, hagamijwe kubaka ibizagaragaza ishusho y’ubuzima bwe.

    Ati “Rero mukwiye kwitondera ibibavugwaho, bijya ku mbuga nkoranyambaga uyu munsi kuko bizagira ingaruka ku buzima bw’ejo. Zimwe mu ntwaro z’ingenzi muri iki kinyejana cya 21 zidufasha gutsinda ni nazo zishobora kudushyira hasi rero kuri njyewe biradusaba kwigira no kudaheranwa.”

    Yashimangiye ko abantu bakwiye guharanira kugira uruhare mu guteza imbere sosiyete aho gushyira imbere inyungu zabo gusa.

    Yifashishije urugero rw’umuhungu we wigeze kumubwira ko azamwubakira inzu ariko agamije gusa kugira ngo na we ajye atanga amategeko nk’uko ababyeyi be babikora, agaragaza ko bikwiye kugira intego nzima no kuyiharanira.

    Yagaragaje ko abanyeshuri benshi bakunze kugira intumbero yo kuba abakire kuruta uko bafasha mu guteza imbere sosiyete, aho bahitamo kujya gukora mu rwego rw’Abikorera aho gukorera Leta.

    Yagaragaje kandi ko Leta iba ikwiye kugira abantu b’intiti bagira uruhare mu kugena no gutegura neza ahazaza h’igihugu aho kuba bose bakwirundira mu Rwego rw’Abikorera.

    Monica Geingos yagaragaje ko kugira ubudaheranwa no kwigira ari ikintu gikomeye

    Uburinganire si imibare

    Monica Geingos yagaragaje urubyiruko rw’abasore n’abagabo ko bakwiye kugira uruhare mu kwimakaza ihame ry’uburinganire no kubakira abagore ubushobozi.

    Yavuze ko ihame ry’uburinganire ridakwiye gukorwa mu mibare gusa nko kumva ko mu nzego runaka harimo 50% by’abagore n’abagabo, ahubwo ko ari uburyo bwo guhindura imyumvire yo kumva ko abantu bose bahawe amahirwe angana bafite ubushobozi bwo gukora ikintu runaka kandi bagatanga umusaruro ukwiye.

    Ati “Iyo mvuga uburinganire hagati y’umugabo n’umugore, iyo mvuga 50 kuri 50 , ntabwo mba mvuga ibijyanye n’imibare. Ngo narashatse ndateka uyu munsi, umugabo wanjye agomba guteka ejo, ntabwo ari bwo buringanire. Ibyo si byo 50 kuri 50. Uburinganire ni ukumva ko umuntu uri imbere yanjye ari ikiremwamuntu nk’uko nanjye ndi cyo. Akwiye amahirwe n’ubumuntu no kubahwa nk’uko nanjye mbikwiye.”

    Yakomeje ati “Ntabwo bivuze ngo uratangira uyu munsi wige imirimo isanzwe ikorwa n’abagore, ahubwo icyo bivuze ni kurebana buri wese akabona ko mugenzi we ari ikiremwamuntu, afite ubushobozi bumwe n’ubwawe. Birakwiye kureba mugenzi wawe yaba umugore cyangwa umugabo nk’abangana kuko mwese muri abantu kandi sinzi ko hari abantu basumbana.”

    Yagaragaje kandi ko abagabo bakwiye kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa cyane ko imibare igenda yiyongera.

    Yatanze inama enye ku rubyiruko zirimo gukorera ku ntego, kwirinda kubatwa n’ibiyobyabwenge, gukora imyitozo ngororamubiri no gukora ibyo ukwiye gukora kandi ku gihe cyabyo.

    src:igihe

  • Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko hari abagoreka amateka y’akarere bagamije guhishira abungukira by’ukuri mu mutungo kamere wa RDC

    Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko hari abagoreka amateka y’akarere bagamije guhishira abungukira by’ukuri mu mutungo kamere wa RDC

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko bitunguranye kubona umuntu wabaye ambasaderi w’u Bufaransa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo agaragaza ubujiji bwo ku rwego rwo hejuru ku karere k’ibiyaga bigari, akavuga ko abahatuye barimo ba kavukire ariko Abatutsi biganjemo abagiye bahajyanwa bavuye mu bice bitandukanye, nyamara atari ukuri.

     

    Pierre Jacquemot wabaye ambasaderi w’u Bufaransa muri RDC yabwiye RFI ko abantu batuye mu Burasirazuba bwa Congo biganjemo Abatutsi bavanywe mu bice bitandukanye mu 1930, mu gihe u Budage n’u Bubiligi byakolonizaga u Rwanda.

    Minisitiri Nduhungirehe abinyujije kuri X yagaragaje ko mu 1930 u Budage butari bugikoroniza u Rwanda n’u Burundi, kuko nyuma yo gutsindwa intambara ya mbere y’Isi, mu 1920 ibihugu by’u Rwanda n’u Burundi byashyizwe mu biganza by’u Bubiligi.

    Yasobanuye ko Abatutsi bo muri RDC atari abantu bavuye mu bice bitandukanye mu 1930 nk’uko abagoreka amateka babivuga.

    Ati “Abatutsi [bo muri RDC] ntabwo ari abantu bakuwe mu bice bitandukanye ubwo abantu bajyanwaga muri Congo mu 1930. Uko kugoreka amateka ni byo bikomeza gukongeza urwango mu baturage n’imvugo zihembera urwango mu Burasirazuba bwa RDC.”

    Nduhungirehe yagaragaje ko Abatutsi bo mu Burasirazuba bwa RDC ari ba kavukire ku butaka bw’abakurambere babo bwambuwe u Rwanda mu 1910, mu nama yahuje ibihugu by’u Bubiligi, u Budage n’u Bwongereza bigakata imipaka byakoronizaga.

    Iyi nama yasize u Rwanda rwambuwe bimwe mu bice byo mu Burengerazuba no mu Majyaruguru byomekwa kuri Congo na Uganda.

    Ati “N’ikimenyimenyi abo baturage bafite ururimi n’umuco nyarwanda, amazina y’uduce twinshi, imisozi n’imigezi byinshi biri mu Kinyarwanda ku buryo abanye-Congo b’i Kinshasa babivuga nabi.”

    Yashimangiye ko kuba abakoloni b’Ababiligi barajyanye ku gahato bamwe mu Banyarwanda bagiye kubakoresha mu mirimo y’ubucukuzi hagati ya 1920 na 1950, bidakuraho ko hari abakomoka kuri ubu butaka bw’abakurambere babo.

    Yakwije ikinyoma ku mabuye y’agaciro

    Ikinyoma cya kabiri Pierre Jacquemot yatangaje gikubiye mu bice avuga ko byigaruriwe na M23 ngo igamije gufata ibirombe by’amabuye ya Coltan, akavuga ko Rubaya ari ho hava 20% by’aya mabuye agurishwa ku Isi.

    Uyu mugabo yavuze ko ayo mabuye birangira anyujijwe mu Rwanda agatunganywa ku rwego rwa mbere ubundi akoherezwa muri Aziya no mu Burayi na Amerika y’Amajyaruguru yahawe ibirango bitandukanye.

    Gusa Minisitiri Nduhungirehe na byo yabinyomoje yerekana ko umushakashatsi Bojana Coulibaly yigereye i Rubaya agasanga ibirombe byaho bitaratangira gukoresha ikoranabuhanga mu bucukuzi, nta muhanda n’umwe ubihuza n’Umujwi wa Goma.

    Ati “Ntibyumvikana uburyo ibyo birombe bikora mu buryo bwa gakondo byavamo 20% bya coltan icuruzwa ku Isi.”

    Yahamije ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Rubaya bukorwa n’abaturage b’ako gace bavuga Ikinyarwanda, ariko mu gihe kirekire byahoze biri mu maboko y’umutwe wa Wazalendo n’indi mitwe ifitanye isano na Leta ariko muri iyi minsi nta mutwe witwaje intwaro uhari.

    U Rwanda rufite amabuye y’agaciro yarwo

    Ubushakashatsi bwakozwe mu bihe by’ubukoloni kugeza n’ubu bwagaragaje ko hari uduce 52 turimo amabuye y’agaciro y’ubwoko butandukanye, ndetse hamwe hatangiye gukorerwa ubucukuzi ahandi ntiburahagera.

    Ikarita igaragaza agari amabuye y’agiro mu Rwanda yerekana ko uturere tw’u Rwanda twose dukungahaye ku mabuye y’agaciro atandukanye uretse kamwe ka Gisagara gusa.

    Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko amabuye y’agaciro y’u Rwanda yavumbuwe n’abakoloni b’Abadage ariko ubucukuzi bugatangira mu myaka ya 1930 n’Ababiligi binyuze muri sosiyete z’ubucukuzi nka COREM, GEO Rwanda, MINETAIN na SOMUKI.

    Ati “U Rwanda ruri mu gace kamwe na RDC gakize ku mabuye ya Coltan, Gasegereti na Wolfram (3Ts) […] U Rwanda kandi rwabaye u rwa kabiri mu kugurisha coltan ku Isi, ingana na 22,4% by’icurujwe yose mu 2024, inyuma ya RDC yohereje 40.2% na ho Brésil igakurikiraho na 14,7%.”

    Kugeza ubu u Rwanda rumaze gutanga impushya 136 ku bigo 99 by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, impushya 18 z’ibigo bikora ubushakashatsi ku mabuye y’agaciro zahawe ibigo 17, impushya 76 ku bigo bicuruza ayo mabuye n’izindi eshatu ku biyongerera agaciro.

    Aha harimo abacukura Gasegereti, Coltan, Wolfram, Zahabu, Amabengeza, n’ayandi.

    Minisitiri Nduhungirehe yahamije ko ubucukuzi mu Rwanda bukurikiza amategeko y’imbere mu gihugu na mpuzamahanga arimo n’amabwiriza ajyanye no gusuzuma inkomoko yayo ku buryo aba yizehe ku isoko mpuzamahanga.

    Yahamije ko abantu nka Pierre Jacquemot bakoresha ibitangazamakuru mpuzamahanga mu gukwirakwiza ibinyoma “ku karere kacu, baca hejuru ukuri bagamije guhishira abungukira by’ukuri mu mabuye y’agaciro ya RDC.”

    src:igihe

  • Perezida Kagame yakiriye mu biro bye intumwa yihariye ya Loni mu Karere k’ibiyaga bigari

    Perezida Kagame yakiriye mu biro bye intumwa yihariye ya Loni mu Karere k’ibiyaga bigari

    Perezida Paul Kagame yakiriye Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni mu Karere k’ibiyaga bigari, Huang Xia, bagirana ibiganiro byibanze ku mutekano wo mu Karere no gushyigikira inzira ziri kwifashishwa n’Akarere mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke.

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko abo bayobozi bombi baganiriye kuri uyu wa 6 Mata 2025.

    Itangazo rikomeza rigira riti “Perezida Kagame yakiriye Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni mu karere k’ibiyaga bigari, Huang Xia, bagirana ibiganiro bishingiye ku gushyigikira gahunda y’ibiganiro bikomeje mu gushakira igisubizo ibibazo byo mu Karere hashingiwe ku mpamvu muzi, mu gushaka kugera ku mahoro arambye.”

    Ikibazo cy’intambara ihanganishije M23 n’Ingabo za Leta ya RDC (FARDC) gikomeje gufata indi ntera.

    Kugeza ubu uyu mutwe wigaruriye Umujyi wa Goma na Bukavu.

    Mu gushaka umuti ku mutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC, Abakuru b’ibihugu bya EAC na SADC bafashe umwanzuro wo guhuriza hamwe ibiganiro bya Luanda na Nairobi, ubwo bahuriraga mu nama idasanzwe yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania tariki ya 8 Gashyantare, bikitwa “Luanda-Nairobi”.

    Mu yindi nama bahuriyemo tariki ya 24 Werurwe, bashyizeho aba bahuza, basaba Dr. Ruto na Emmerson Mnangagwa uyobora SADC kubaganiriza vuba mbere y’uko batangira imirimo y’ubuhuza mu biganiro bya Luanda-Nairobi.

    Abo ni Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria, Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya, Sahle-Work Zewde wabaye Perezida wa Ethipia, na Catherine Samba Panza wayoboye Centrafrique kuva mu 2014 kugeza mu 2016 na Kgalema Motlanthe wayoboye Afurika y’Epfo kuva mu 2008 kugeza mu 2009.

    Abo bakuru b’ibihugu basabye Dr. Ruto na Emmerson Mnangagwa uyobora SADC kubaganiriza vuba mbere y’uko batangira imirimo y’ubuhuza mu biganiro bya Luanda-Nairobi.

    Abahagarariye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abo mu ihuriro AFC/M23 rigizwe n’umutwe wa politiki n’igisirikare, bashobora gutangira ibiganiro by’amahoro tariki ya 9 Mata 2025.

    Umunyamuryango wa AFC/M23 yatangaje ko mu gihe ibi biganiro bizaba byatangiye, ihuriro ryabo rizageza ku bahagarariye Leta ya RDC ibyifuzo byaryo.

    Abahagarariye AFC/M23 barimo umuyobozi wungirije wayo, Bertrand Bisimwa, na Colonel Nzenze Imani John ushinzwe ubutasi n’ibikorwa bya gisirikare, baherutse kujya muri Qatar.

    Icyo gihe, Leta ya Qatar yaganirije abahagarariye AFC/M23, bayisobanurira impamvu yatumye bafata intwaro n’icyo bifuza kuri Leta ya RDC.

    Icyo gihe kandi, intumwa z’u Rwanda n’iza RDC na zo zahuriye muri Qatar, ziganira ku makimbirane ari hagati y’impande zombi kuva mu 2022, ashingiye ahanini ku rugamba rwa AFC/M23.

    Loni yakunze kugaragaza ko ishyigikiye gahunda y’ibiganiro bigamije mu gushakira igisubizo ibibazo byo mu Karere.

    src:igihe

  • Kubera iki Gnassingbé akwiye kuba umuhuza w’u Rwanda na RDC

    Kubera iki Gnassingbé akwiye kuba umuhuza w’u Rwanda na RDC

    Inama nkuru y’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iherutse gushyigikira ko Perezida Faure Essozimna Gnassingbé wa Togo aba umuhuza w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi, inshingano ashobora gusimburaho João Lourenço wa Angola.

    Perezida Lourenço unayobora AU ni we wasabye ko Gnassingbé yagirwa umuhuza, nyuma yo kubiganiraho biciye mu ntumwa ye yihariye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Tete Antonio, yohereje muri Togo tariki ya 27 Werurwe 2025.

    Gnassingbé azaba umuhuza w’u Rwanda na RDC bidasubirwaho ubwo Inteko Rusange ya AU igizwe n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma, izaba imaze kumwemeza.

    Lourenço yatangiye guhuza u Rwanda na RDC mu 2022 nyuma y’aho umwuka mubi ututumbye hagati y’ibihugu byombi bitewe n’impamvu z’umutekano. Ibiganiro yayoboye byahagaze mu Ukuboza 2024 bidatanze umusaruro wari witezwe.

    Muri Werurwe 2025, Lourenço yatangaje ko yahagaritse inshingano yo guhuza u Rwanda na RDC kugira ngo yibande ku birebana n’ubuyobozi bwa AU, cyane cyane guharanira iterambere rusange rya Afurika.

    U Rwanda na RDC byemeye ko Lourenço abihuza kubera ko ibi bihugu byombi byari bibanye neza na Angola. Kimwe mu bibazo by’ingenzi byibajijweho ni niba hazaboneka undi utagira uruhande abogamiyeho.

    Gnassingbé ni amahitamo meza

    Umubano wa Togo n’u Rwanda ndetse na RDC umaze imyaka myinshi uhagaze neza, ndetse birumvikana Gnassingbé ni inshuti ya Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi.

    Uhereye mu gihe cya vuba, ubona ko ubutegetsi bwa Gnassingbé bwakomeje kuba inshuti ya bugufi y’u Rwanda. Uyu Mukuru w’Igihugu ni umwe mu barenga 20 bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Kagame muri Kanama 2024.

    Muri Mutarama 2025, Gnassingbé yasuye u Rwamda, agirana na Perezida Kagame ikiganiro ku kongerera imbaraga ubufatanye bumaze igihe hagati y’ibihugu byombi.

    Icyo gihe, Perezida Kagame yabwiye Gnassingbé ati “Twishimiye kuba turi kumwe na we, ndizera ko byinshi ari ukugaragariza ko twishimiye kuba turi kumwe aha, ariko kandi no kongera gusaba ko imikoranire imaze igihe kirekire hagati y’ibihugu byacu byombi, yaguka kurushaho.”

    Tariki ya 3 Mata, Gnassingbé yongeye gusura u Rwanda, aho yari yitabiriye inama mpuzamahanga y’ikoreshwa ry’ubwenge buhangano muri Afurika. Nyuma y’aho, yaganiriye na Perezida Kagame, bashima ubufatanye bw’ibihugu byombi.

    Uru ruzinduko rwabaye mu gihe Lourenço yari yaramaze kumenyesha Gnassingbé ko yifuza ko yaba umuhuza w’u Rwanda na RDC, ndetse na we yari yaramwemereye ko mu gihe Inteko Rusange ya AU yamwemera, azakora iyi nshingano.

    Gnassingbé yakiriye Perezida Tshisekedi muri Togo muri Nyakanga 2024, baganira ku mubano w’ibihugu byabo. Mu mwaka wabanje, na we yagiye i Kinshasa mu muhango wo gutangiza imikino y’umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF.

    Mbere y’uko Tshisekedi ajya ku butegetsi, umubyeyi we Etienne Tshisekedi yapfiriye mu Bubiligi mu 2017. Gnassingbé yatanze ubufasha mu kujyana umurambo we i Kinshasa muri Gicurasi 2019, ushyingurwa mu cyubahiro.

    Umwe mu bakorera hafi y’ibiro bya Perezida wa Togo yatangarije ikinyamakuru Jeune Afrique ko Gnassingbé yakoroherwa cyane no kuvugana n’abakuru b’ibihugu byombi, bagashakira hamwe igisubizo cy’aya makimbirane.

    Yagize ati “Perezida Gnassingbé afite amahirwe yo gushobora kuvugisha abantu bose barebwa n’iki kibazo.”

    src:igihe