NYARUGENGE: Umukobwa wacuruzaga urumogi yafashwe

Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere hafungiye umukobwa witwa Iradukunda Louise 25 y’amavuko wacuruzaga ibiyobyabwenjye by’urumogi.

Yafashwe kuri uyu wambere tariki ya 11/08/25 ahagana saa munani z’amanywa biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko acuruza urumogi, abapolisi bageze iwe murugo bamusatse bamusangana ikiro kimwe n’udupfunyika 180 by’urumogi aho yaruhishaga mu mucanga warurunze munzu iherereye mu Kagali ka Mataba, Umudugudu wa Rushubi.

Akimara gufatwa yatangaje ko ibikorwa byo gucuruza urumogi abimazemo iminsi kuko umugabo we babanaga nawe yafashwe acurucuruza ubu akaba nawe ufungiye icyo cyaha.

Polisi y’ u Rwanda ifatanije n’izindi nzego ndetse n’abaturage ntizadohoka mu kurwanya ibikorwa byo kurwanya abanywa, abacuruza ibiyobyange kuko bigira ingaruka ku baturage ndetse no ku muryango nyarwanda, ababinywa baragirwa inama yo kubireka, ababicuruza bakabireka kuko amayeri bakoresha arazwi.

Polisi irashimira abaturage kandi uruhare bakomeje kugira mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutuma ababicuruza bafatwa, kikaba kandi ari ikimenyetso kimikoranire myiza ikomeje kuranga Polisi n’abaturage, buri wese arashishikarizwa gutangira amakuru ku gihe, kugirango tugire igihugu kitarangwamo ibiyobyabwenge.

Ingingo ya 263 mu gitabo cy’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihabijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30 ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *