NYARUGENGE: Polisi yafashe abantu 10 bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura

Polisi ikorera mu karere ka Nyarugerenge mu mirenge ya Mageragere na Muhima ifatanije n’izndi nzego ndetse n’abaturage yataye muri yombi abantu 10 bakekwaho gukora ibikorwa by’ubujura bwo gutobora amazu bakiba ibikoresho byo munzu, no gutega abantu bakabambura ibyabo.

Aba batawe muri yomb tariki ya 08/08/25, aho mu murenge wa Mageragere, mu kagali ka Nyarufunzo, mu mudugudu wa Rubete hafatiwe abagabo 04, bakekwaho ubujura bwo gutobora inzu z’abaturage no gutega abaturage bakabambura ibyo bafite. Aba si ubwa mbere bafatirwa mu bikorwa by’ubujura kuko bafungiwe iki cyaha barangiza igifungo bararekurwa ariko banga guhinduka basubira muri ibi bikorwa by’ubujura.

Mu murenge wa Muhima,mu Kagali ka Nyabugogo, umudugudu w’ubucuruzi, hafatiwe abantu 06 bakekwaho ibikorwa by’ubujura byo kwiba abantu muri Nyabugogo. Uyu mu kwabu wo kubafata wabaye nyuma yaho abaturage bagaragarije ko muri kariya gace hari abajura biba abaturage ibyabo.

Ubujura ni icyaha gihanwa n’amategeko mu Rwanda umuntu wese wijandika mu bikorwa by’ubujura agomba gufatwa agahanwa, Polisi y’igihugu ifatanije n’izindi nzego yahagurukiye abantu bose babuza umudendezo abaturage cyane cyane ababiba ibyabo.

Abaturage baributswa gukomeza kugira uruhare mu kugaragaza aba bajura batanga amakuru ku gihe kubo baziho gukora ibikorwa by’ubujura.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *