Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo mu Mirenge ya Ndera, Rusororo na Gikomero, yafashe abantu bateka bakanakwirakwiza ikiyobyabwenge cya kanyanga mu baturage,hafatwa Litiro zirenga 30, na bamwe mubazitekaga bagera kuri 05 bakaba bafungiye kuri sitasiyo za Polisi zikorera muri iyo mirenge.
Aba bafashwe mu bikorwa bya Polisi byo kurwanya ibiyobyabwenge mu baturage ku bufatanye n’abaturage batanga amakuru ababikora bagafatwa.
Mu Murenge wa Rusororo mu Kagali ka Gasagara hafatiwe Litiro 20 n’ibikoresho bifashisha mu kuyiteka, uwayitekaga yahise yiruka inzego z’umutekano ziri kumushakisha.
Mu Murenge wa Ndera mu Kagali ka Bwiza hafatiwe Litiro 05, ndetse n’abagabo babiri bari bayitwaye kuri moto bayishyiriye abakiriya.
Mu Murenge wa Gikomero mu Kagali ka Murambi na Munini, hafatiwe Litiro 10 za kanyanga ndetse hanafatwa abantu 03 bayicuruzaga barafungwa.
Kanyanga mu Rwanda ifatwa nk’ikiyobyabwenge bityo abayiteka, abayinywa na bayikwirakwiza mu baturage baba bakoze icyaha kandi gihanishwa igifungo kinini, abaturage barasbwa kwirinda ibikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge kuko inzego z’umutekano zifatanije n’abaturage zarabahugurukiye ngo bafatwe.
Abaturage barashimirwa uruhare bagira mu gutanga amakuru ngo abacuruza ibiyobyabwenge bafatwe kandi bahanwe, by’umwihariko abatuye mu Mirenge yo mu nkengero z’umujyi wa Kigali hari kugaragara abacuruza ibiyobyabwenge, tunakangurira abanda bose kugira uruhare mu kurwanya ibiyobwenge dutangira amakuru ku gihe.