GASABO: Polisi yafashe abantu bane bacuruza urumogi

Tariki ya 02/09/25, Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge, ANU, ryafashe abantu bane mu bihe bitandukanye, bafite udupfunyika 876 tw’urumogi.

Abafashwe ni MANIZABAYO Anitha w’imyaka 30 y’amavuko,NYANDWI Celestin ufite 34 na MUYIZERE Moise w’imyaka 26.Bafatiwe mu Mirenge ya Kinyinya na Gisozi,mu gihe bari baruzaniye abakiriya babo.

Bakimara gufatwa batangaje ko uru rumogi bari barukuye mu Karere ka Rulindo baruzaniye abakiriya babo batuye muri iyi Mirenge, aba bose bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Abafashwe bose n’urumogi bafatanywe Bafungiye kuri station ya Polisi ya Gisozi na Kinyinya ngo bakorerwe amadosiye abajyana mubugenzacyaha kugirango bakurikiranweho icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge.

Polisi y’u Rwanda, irashimira abaturage batanze amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwiriakwizwa mu baturage, inibutsa abandi gukomeza gutanga amakuru igihe hari uwo bamenye ko acuruza ibiyobyabwenge.

Polisi kandi iraburira abaturage bishora mu bikorwa byo gucuruza, kunywa, kwinjiza mu gihugu ibiyobyabwenge kubireka bagashaka ibindi bakora, kuko bahagurukiwe kandi amayeri yose bakoresha arazwi bityo ntaho bizihishira.

‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *