Tariki ya 24/07/25, Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo mu Mirenge ya Ndera na Rutunga yafashe abasore barindwi bakurikiranweho ubujura bwo kwiba abaturage mu ngo bakabiba bimwe mu bikoresho byo munzu, bafashwe nyuma yahoo abaturage batuye muri iyi mirenge bagaragarije ikibazo cy’abajura babiba babanje gutobora inzu.
Mu murenge wa Ndera mu Kagali ka Rudashya, Umudugudu wa Nyakagezi,hafatiwe abagabo 3, bafashwe na Polisi ifatanaje n’izindi nzego z’umutekano nyuma yaho bari bamaze iminsi bashakishwa kubera kugira uruhare mu kwiba amapiyese y’amagare amakarito 08 yibwe muri Duabi Port mu minsi ishize agafatirwa aho batuye ariko bagahita batoroka, bakaba bari bamaze iminsi bashakishwa.
Mu murenge wa Rutunga mu Kagali ka Kabariza, Umudugudu wa Kabariza Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano yafashe abasore 04, nyuma yuko abaturage batanze amakuru y’uko aba basore barara biba mungo z’abaturage ibikoresho byo munzu bakaba bashakishwaga baraye bafashwe, aba basore kandi ubu bujura babukoraga bitwaje ibyuma.
Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera na Rutunga.
Polisi y’ u Rwanda iraburira umuntu wese wumvako azatungwa n’I byabandi guhindura imyumvire agashaka ibyo akora, ubujura ntabwo bwaguhira, ntabwo bwagutunga, uziba ufatwe ufungwe bityo udindire mu iterambere, inzego z’umutekano zarabahagurukiye muhindure imyumvire mukore kuko ubujura ntibukiza ahubwo burakenya.
Turashimira abaturage batanga amakuru abajura nk’aba bagafatwa, tunashishikariza abaturage kujya batanga amakuru ku gihe bakagaragaza abantu nk’aba biba abaturage bagafatwa bagahanwa.