Category: Umutekano

  • NYARUGENGE: Babiri bafashwe batwaye ibiro 30 by’urumogi kuri moto

    NYARUGENGE: Babiri bafashwe batwaye ibiro 30 by’urumogi kuri moto

     

    Tariki ya 24/08/25, Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ANU, ryafatiye abagabo babiri mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kanyinya, Akagali ka Nyamweru Umudugudu wa Mubuga, batwaye kuri moto ifite purake RJ506X urumogi ibiro 30.

    Abafashwe ni Imfurayase Themisphore w’imyaka 40, na Byukusenge Alan w’imyaka 28.Bakimara gufatwa batangaje ko uru rumogi bari barukuye mu Karere ka Rubavu baruhawe n’umuturage naww uri gushakishwa n’inzego z’umutekano,ngo baruzane mu Karere ka Nyarugenge (Nyamirambo) baruzaniye nyirarwo (ugishakiswa) ngo arucuruze mu bakiraya be.

    Aba bagabo banatangaje ko atari ubwa mbere bafatirwa mu bikorwa byo gucuruza urumogi,Imfurayase, yavugaga ko yahawe akazi ko gutwara uru rumogi agahembwa amafaranga ibihumbi 80 arugejeje aho yagombaga kurugeza, naho uyu Byukusenge akaba yagombaga kugenda kuri moto afashe umufuka urimo urumogi agahembwa ibihumbi 20.

    Ikindi batangaje ni uko uru rumogi barwinjiza mu Rwanda barukuye mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho babikoraga nk’ababigize umwuga.

    Abafashwe n’urumogi bari bafite bashyikirijwe urwego rw’ubugenzacyaha RIB, ngo bakurikiranwe mu mategeko, ibikorwa byo gufata abo bakoranaga bikaba byatangiye.

    Gufata aba bacuruzi b’urumogi byagezweho ku bufatanye n’abaturage batanze amakuru rugafatwa rutarakwirakwira mu baturage, kikaba ari ikimenyetso cy’imikoranire myiza hagati ya Polisi n’abaturage, bikanashimangira ko abaturage bamaze kumenya ububi bw’ibiyobyabwenge dore ko bigira ingaruka ku mibereho y’abaturage.

    Abaturage baragirwa inama yo kureka kwijandika mu bikorwa by’ibiyobyabwenge kuko birangira bafashwe kandi bagahabwa ibiihano birimo n’igifungo. Polisi y’igihugu ikaba yatangaje ko itazihanganira umuntu wese ugira uruhare mu kugaburira abaturage ibiyobyabwenge, bityo ababikoraga bakaba basabwa kubireka bagashaka ibindi bakora byabateza imbere kuko amayeri bakoresha yose yamenyekanye.

    Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

  • GASABO: Polisi yafashe abakekwaho ubujura bibaga mu isoko rya Kimironko

    GASABO: Polisi yafashe abakekwaho ubujura bibaga mu isoko rya Kimironko

    Nyuma yaho abacururiza, abaturage baza guhahira mu isoko rya Kimironko, bagaragarije ikibazo cy’uko hari abajura babiba, Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage yakoze ibikorwa byo gufata abo bajura aho mu minsi ibiri hafatiwe abakekwaho ubujura 29, bakaba bafashwe tariki ya 19-20/08/25.

    Abafashwe bibaga abacururiza mu isoko, abandi bakiba abakiriya baje guhaha, aho babakaga imizigo ngo babatwaze bagahita bayitwara, abandi bakaba bibaga abakorera mu nkengero z’isoko rya Kimironko.

    Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko kugirango bakurikiranwe, ibikorwa byo gufata abasigaye birakomeje.

    Polisi y’igihugu irashimira abaturage bagaragaje iki kibazo ndetse n’abagize uruhare mu ifatwa ry’aba bajura, ikaba inibutsa abaturage gukomeza gutanga amakuru igihe cyose hari aho babonye abantu nk’aba bakora ibikorwa by’ubujura ndetse n’abahungabanya mutekano n’ituza ry’abaturage.

    Polisi kandi irihanangiriza abantu bose bafite ingeso y’ubujura cyane cyane abajya ahantu hahurira abantu besnhi haba mu isoko cyangwa muri za gare bagamije kwiba abahakorera cyangwa abahagenda kubireka kuko ntabwo bizabahira inzego zumutekano ziri maso kandi ziteguye kubafata bagahanwa.

    Abaturage baragirwa inama kwirinda guha imizigo abo batazi ngo babatwaze kuko usanga bamwe muribo ari ibisambo biba byigize abakarani, Polisi kandi irahumurza abagana cyangwa abakorera mu masoko, gare zitandukanye mu mujyi wa Kigali ndetse n’ahandi hose mu gihugu ko umutekano wabo n’ibintu byabo urinzwe, icyo basabwa ni ukwirinda guha icyuho abajura, nibatangire amakuru ku gihe abajura bafatwe.

  • GASABO:Abantu babiri bafatanywe udupfunyika 1144 tw’urumogi

    GASABO:Abantu babiri bafatanywe udupfunyika 1144 tw’urumogi

    Polisi ikorera mu karere ka Gasabo mu Murenge wa Jabana, ifatanije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage yafashe abantu babiri bacuruzaga urumogi.

    Tariki ya 16/08/25, nibwo Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 y’amavuko na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30,bafatiwe mu Murenge wa Jabana Akagali ka Bweramvura, Umudugudu wa Taba, biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.Bafatanwa udupfunyika 1144 tw’urumogi mu nzu batuyemo aho bari bagiye kurucururiza mu Murenge wa Gisozi.

    Uru rumogi rukaba rwari rubitse mu nzu ya Ngirabatware n’aho uyu Mugore Nyiranizeyimana akaba yaraje kurutwara ngo ajye kurucuruza mu bakiriya be mu Murenge wa Gisozi, bakaba bafatiwe mucyuho bamaze kurupakira mu mufuka.


    ‎Abafashwe n’urumogi bafatanywe bafungiye kuri Station ya Polisi ya Jabana ngo bakorerwe dosiye bajyanwe mu bugenzacyaha RIB, iperereza rikaba rikomeje ngo hamenyekane aho bakura uru rumogi.
    ‎Kuba abaturage batangira amakuru ku gihe abantu nkaba bagafatwa ni ikimenyetso kerekana ko bamaze kumva ububi bw’ibiyobyabwenge, kikaba Kandi ikimenyetso cy’ubufatanye hagati ya Polisi n’abaturage.

    ‎Polisi irasaba abijandika mu bikorwa nk’ibi byo gucuruza ibiyobyabwenge ndetse no gukora ibyaha muri rusange kubireka kuko inzego z’umutekano ndetse n’abaturage zabahagurukiye.

    ‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho ukora ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

  • NYARUGENGE: Umukobwa wacuruzaga urumogi yafashwe

    NYARUGENGE: Umukobwa wacuruzaga urumogi yafashwe

    Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere hafungiye umukobwa witwa Iradukunda Louise 25 y’amavuko wacuruzaga ibiyobyabwenjye by’urumogi.

    Yafashwe kuri uyu wambere tariki ya 11/08/25 ahagana saa munani z’amanywa biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko acuruza urumogi, abapolisi bageze iwe murugo bamusatse bamusangana ikiro kimwe n’udupfunyika 180 by’urumogi aho yaruhishaga mu mucanga warurunze munzu iherereye mu Kagali ka Mataba, Umudugudu wa Rushubi.

    Akimara gufatwa yatangaje ko ibikorwa byo gucuruza urumogi abimazemo iminsi kuko umugabo we babanaga nawe yafashwe acurucuruza ubu akaba nawe ufungiye icyo cyaha.

    Polisi y’ u Rwanda ifatanije n’izindi nzego ndetse n’abaturage ntizadohoka mu kurwanya ibikorwa byo kurwanya abanywa, abacuruza ibiyobyange kuko bigira ingaruka ku baturage ndetse no ku muryango nyarwanda, ababinywa baragirwa inama yo kubireka, ababicuruza bakabireka kuko amayeri bakoresha arazwi.

    Polisi irashimira abaturage kandi uruhare bakomeje kugira mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutuma ababicuruza bafatwa, kikaba kandi ari ikimenyetso kimikoranire myiza ikomeje kuranga Polisi n’abaturage, buri wese arashishikarizwa gutangira amakuru ku gihe, kugirango tugire igihugu kitarangwamo ibiyobyabwenge.

    Ingingo ya 263 mu gitabo cy’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihabijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30 ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

  • KIGALI: Polisi yafashe abagabo babiri bafite ibiro 31 by’urumogi

    KIGALI: Polisi yafashe abagabo babiri bafite ibiro 31 by’urumogi

    Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwe (ANU) rikorera mu mu mujyi wa Kigali ryafashe abagabo babiri, Ngirinshuti Azalias w’imyaka 22 y’amavuko na Ndindirimana Emmanuel ufite imyaka 38 batwaye kuri moto ifite purake RC660Z urumogi ibiro 31.

    Bafatiwe mu Murenge wa Rusororo, Akagali ka Kabuga ya 2, Umudugudu wa Bwiza,kuri uyu wa gatandatu tariki ya 09/08/2025,bakaba bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko aba bagabo bakwirakwiza urumogi mu baturage bakoresheje moto.

    ‎Bakimara gufatwa batangaje ko urumogi barukuye mu Karere ka Kirehe aho rwinjiriye ruvuye mu gihugu cya Tanzaniya, bakaba bari barujyanye mu Karere ka Muhanga aho bari barushyiriye uwabahaye akazi ko kurutwara akabaha ibihembo.

    ‎Ndindiriyimana niwe ny’iri moto akaba ayikoresha akazi ko gutwara ibiyobyabwenge by’urumogi kuko atari ubwa mbere afatirwa mu bikorwa by’ibiyobyabwe akaba avuga ko iyo uru rumogi arugezayo yari guhembwa ibihumbi 150,ni mugihe Ngirinshuti we yari buhembwe ibihumbi 50.

    ‎Abafashwe n’urumogi bafatanywe bakorewe amadosiye ngo bashyikirizwe urwego rw’ubugenzacyaha RIB, ibikorwa byo gufata abo bakoranaga bikaba byatangiye.

    ‎Polisi y’igihugu ntabwo izihanganira umuntu wese uroga abaturage abaha ibiyobyabwenge, ababikora n’ababitekereza barye bari menge kuko bazafatwa Kandi bahanwe.Abishora mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge baragirwa inama yo kubireka kuko amayeri yose bakoresha yaramenyekanye.

    Polisi kandi ‎iributsa abaturage gukomeza kugira uruhare mu gutahura no kurwanya abacuruza ibiyobyabwenge, batangira amakuru ku gihe dukumira icyaha kitaraba.

    ‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

  • NYARUGENGE: Polisi yafashe abantu 10 bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura

    NYARUGENGE: Polisi yafashe abantu 10 bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura

    Polisi ikorera mu karere ka Nyarugerenge mu mirenge ya Mageragere na Muhima ifatanije n’izndi nzego ndetse n’abaturage yataye muri yombi abantu 10 bakekwaho gukora ibikorwa by’ubujura bwo gutobora amazu bakiba ibikoresho byo munzu, no gutega abantu bakabambura ibyabo.

    Aba batawe muri yomb tariki ya 08/08/25, aho mu murenge wa Mageragere, mu kagali ka Nyarufunzo, mu mudugudu wa Rubete hafatiwe abagabo 04, bakekwaho ubujura bwo gutobora inzu z’abaturage no gutega abaturage bakabambura ibyo bafite. Aba si ubwa mbere bafatirwa mu bikorwa by’ubujura kuko bafungiwe iki cyaha barangiza igifungo bararekurwa ariko banga guhinduka basubira muri ibi bikorwa by’ubujura.

    Mu murenge wa Muhima,mu Kagali ka Nyabugogo, umudugudu w’ubucuruzi, hafatiwe abantu 06 bakekwaho ibikorwa by’ubujura byo kwiba abantu muri Nyabugogo. Uyu mu kwabu wo kubafata wabaye nyuma yaho abaturage bagaragarije ko muri kariya gace hari abajura biba abaturage ibyabo.

    Ubujura ni icyaha gihanwa n’amategeko mu Rwanda umuntu wese wijandika mu bikorwa by’ubujura agomba gufatwa agahanwa, Polisi y’igihugu ifatanije n’izindi nzego yahagurukiye abantu bose babuza umudendezo abaturage cyane cyane ababiba ibyabo.

    Abaturage baributswa gukomeza kugira uruhare mu kugaragaza aba bajura batanga amakuru ku gihe kubo baziho gukora ibikorwa by’ubujura.