Category: Ubuzima

  • Imiti ya malaria yatangiye gukwirakwizwa hakoreshejwe ‘drones’

    Imiti ya malaria yatangiye gukwirakwizwa hakoreshejwe ‘drones’

    Minisiteri y’Ubuzima yatangije igikorwa cyo gukwirakwiza imiti yo kuvura malaria hakoreshejwe indege zitagira abapilote zizwi nka ‘drones’, mu rwego rwo gufasha kuyigeza ku barwayi byihuse batarazahara.

     

    Ni igikorwa cyatangijwe ku wa 3 Mata 2025, mu Karere ka Gisagara ku Bitaro bya Gakoma binyuze mu masezerano Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) gifitanye n’ikigo Zipline gitanga serivise zo kugeza imiti mu mavuriro hakoreshejwe ‘drones’.

    Dr. Niyonzima Jean Damascène ushinzwe kurwanya malaria muri RBC yavuze ko ubwo buryo bushya bugamije kwihutisha ikwirakwizwa ry’imiti ya malaria kuko uburyo busanzwe bukoreshwa rimwe na rimwe butinda umurwayi akaba yazahara akiyitegereje.

    Yagize ati “Inzira imiti inyuramo akenshi ikunze kuba ndende ndetse n’uburyo bwo kuyitwara mu nzira y’imihanda ugasanga hajemo imbogamizi ntibyihute nk’uko biba bikenewe. Ni yo mpamvu hashyizweho iriya mikoranire kugira ngo igihe bibaye ko umurwayi ufite malaria y’igikatu yakenera umuti wo kumutera kandi washize kuko biba byihutirwa cyane uwo muti umugereho.”

    Yakomeje ati “Kwitabaza ikoranabuhanga ni ikintu twabonye kizadufasha cyane mu gutabara abarwayi mu buryo bwihuse.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme yavuze ko ako karere gakikijwe n’ibishanga imibu yororokeramo ku buryo hari gufatwa ingamba nshya mu kuyihashya.

    Ati “Twafashe ingamba zidasanzwe aho ubu abajyanama b’ubuzima barimo baravura kurusha abandi baganga bose kugira ngo urwaye avurwe ako kanya tuzibe icyuho icyo ari cyo cyose kuri malaria. Twavuganye na RBC kandi ko habaho uburyo inzitiramibu zihenduka zikagura 5000Frw kuko ubu zigura ibihumbi 10 Frw kugira ngo byorohereze abaturage.”

    Mu Karere ka Gisagara muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/25 habaruwe abarwayi ba malaria bagera ku bihumbi 106, bavuye ku bihumbi birenga 59 bahagaragaye umwaka ushize wa 2023/2024.

    Muri ako karere imirenge ituriye ibishanga ni yo yibasirwa cyane ndetse muri Gisagara, Nyamasheke na Nyagatare hagaragara malaria y’igikatu aho bamwe mu batinze kuyivuza ibahitana.

    Imibare ya RBC igaragaza ko muri uyu mwaka malaria imaze guhitana abagera kuri 61 mu gihugu hose.

    Gahunda yo gukwirakwiza imiti ya malaria hakoreshejwe ‘drones’ muri uyu mwaka izakorerwa mu turere twa Gisagara, Nyamasheke na Nyagatare ku bitaro n’ibigo nderebuzima nyuma izakomereze n’ahandi mu gihugu.

    src:igihe

  • Ab’i Kirehe beretswe ibyabafasha kwirinda uburwayi bw’impyiko bakareka kuzitiranya n’amarozi

    Ab’i Kirehe beretswe ibyabafasha kwirinda uburwayi bw’impyiko bakareka kuzitiranya n’amarozi

    Abaturage bo mu Karere ka Kirehe basabwe kunywa amazi menshi, gukora siporo no kujya kwisuzumisha kwa muganga mu gihe bahuye n’ibibazo, nka bumwe mu buryo bwabafasha kwirinda no kurwanya indwara zifata impyiko, aho kugana abaganga ba gakondo bazitiranya n’amarozi.

     

    Ni inama bahawe ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo kwirinda no kurwanya indwara z’impyiko, wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Impyiko zawe zikora neza, isuzumishe kare wite ku buzima bw’impyiko.’’

    Ahishakiye Esperance utuye mu Kagari ka Gatarama Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, yavuze ko yarwaye impyiko ariko aza kuzikira. Yavuze ko byatangiye abyimba amaso n’amaguru akanaruka cyane.

    Ati “Nabanje kugira ngo barandoze, mbanza kujya gushaka ubuvuzi bwa gakondo ariko sinakira. Nakomeje kuremba.”

    Ahishakiye yasuwe n’umujyanama w’ubuzima amukangurira kujya kwa muganga ku kigo Nderabuzima cya Nyamugari, nyuma bamwohereza ku Bitaro bya Kirehe na byo bimwoherereza i Rwamagana aba ari ho amenyera ko arwaye impyiko.’

    Ahishakiye yavuze ko bamuvuye agakira neza, akebura abandi baturage bafatwa n’indwara runaka bakajya kwivuriza mu bavuzi ba gakondo bazi ko ari amarozi kandi aba ari indwara yavurirwa kwa muganga. Yavuze ko kuri ubu uburwayi bw’impyiko bwakize neza ko nta kindi kibazo na kimwe agifite.

    Umuyobozi w’Ibitaro bya Kirehe, Dr. Niyonkuru Erneste, yavuze ko hirya no hino ku bitaro bafite imashini zihagije zipima impyiko neza, ko kuzivura no kuzisimbuza bikorwa hifashishijwe Mituweli, asaba buri wese kugana abaganga.

    Ati “Umuntu ashobora kurwara impyiko bitewe n’ibibazo afite by’umutima, ibibazo by’isukari, malaria cyangwa se n’izindi ndwara zitandukanye. Kugira ngo tuzirinde, icya mbere tugomba gukora ni ukwisuzumisha tukamenya uko duhagaze, ikindi ni ukwitabira siporo, iyo wayikoze ukanywa amazi ahagije bifasha impyiko cyane.’’

    Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yasabye buri wese kubaha inama aba yahawe n’umuganga, kuko biri mu bifasha mu kurwanya izi ndwara benshi bakunze kwitiranya n’amarozi.

    Impyiko ni indwara akenshi iterwa n’izindi ndwara ziba zafashe umuntu ntazivuze neza cyane cyane diabetes, umuvuduko w’amaraso n’izindi bikarangira anarwaye impyiko, iyo ubimenye hakiri kare ukajya kwa muganga barazivura zigakira.

    Mu Karere ka Kirehe habarurwa abarwayi b’impyiko bagera kuri 18 bari gukurikiranwa n’ibitaro bya Kirehe ku bufatanye na Partners In Health. Muri aba barwayi harimo abashyirwa imiti hifashishijwe utudege tutagira abapilote.

    src:igihe

  • Ababyeyi barenga ibihumbi 260 bapfuye babyara mu 2023 – Raporo

    Ababyeyi barenga ibihumbi 260 bapfuye babyara mu 2023 – Raporo

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryatangaje ko mu 2023 nibura ababyeyi barenga ibihumbi 260 bapfuye batwite abandi babyara, bivuze ko buri minota ibiri umubyeyi utwite cyangwa uri kubyara yapfaga.

     

    OMS yabitangarije mu raporo yashyize hanze ku wa 07 Mata 2025, aho yavuze ko guhera mu 2000 kugera mu 2023 kubera uburyo serivisi z’ubuzima zari zisigaye zitaweho izo mpfu zari zaragabanutse ku kigero cya 40%.

    Gusa igaragaza ko guhera mu 2016 serivisi z’ubuzima zongeye gusubira inyuma ibyatumye izi mpfu zongera kwiyongera.

    OMS igaragaza ko inkunga zijyanye no guteza imbere ubuzima ziri gukurwaho n’ibihugu bitandukanye, ari kimwe mu biri guteza impfu z’ababyeyi bari kubyara.

    Impamvu ni uko ibitaro bimwe biri gufunga, abaganga bari kubura imirimo, imiti imwe n’imwe y’ingenzi iri kubura, bityo kwita ku babyeyi bikarushasho gukomera.

    OMS igaragaza ko hatagize igikorwa vuba umubare w’ababyeyi bapfa babyara uziyongera bikabije.

    Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko nubwo hari impinduka zabayeho hagikenewe gushyirwa imbaraga mu kugabanya impfu z’ababyeyi bapfa babyara.

    Ati “Nubwo iyi raporo iduha icyizere, ariko inagaragaza ko gutwita bikiri ikibazo ku bagore ku Isi, nubwo dufite uburyo bwo kuvura ababyeyi no gukumira ibibazo bituma ababyeyi bapfa.”

    Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF), Catherine Russell, yasabye ko hashorwa imari mu babyaza, abaforomo, n’abajyanama b’ubuzima, kugira ngo ababyeyi barusheho kwitabwaho, kuko iyo umubyeyi apfuye bishyira mu kaga n’umwana yabyaye n’umuryango muri rusange.

    OMS yiyemeje ko mu 2030 impfu z’ababyeyi bapfa babyara zigomba kuba ziri munsi y’ababyeyi 70 mu babyeyi ibihumbi 100 babyaye.

    Iyi raporo kandi igaragaza ko ababyeyi bafite ibyago byinshi byo gupfa babyara cyangwa batwite ari abari mu bihugu birimo intambara n’ubukene, nka Tchad, Nigeria, Somalia Afghanistan, na Repubulika ya Centrafrique byihariye 70% y’impfu zabonetse mu 2023.

    Mu Rwanda imibare igaragaza ko gahunda yo kubyarira kwa muganga biri ku kigero cya 95%, impfu z’ababyeyi bapfa babyara ziri kuri 203 ku bagore ibihumbi ijana ndetse n’abana bapfa bavuka bageze kuri 19 ku bana 1000, abapfa bataruzuza imyaka itanu ni 45 ku 1000 na ho abapfa batamaze umwaka ni 33 ku 1000 bavuka ari bazima.