Category: Ubuzima

  • Umusore Yakomeretse Ururimi Aho Yarimo Ashaka Gusoma Ku Ngufu Umukobwa w’Imyaka 14

    Umusore Yakomeretse Ururimi Aho Yarimo Ashaka Gusoma Ku Ngufu Umukobwa w’Imyaka 14

    Mu ijoro ryo kuwa 22 Nyakanga 2025, i Burundi mu kabari ko mu mudugudu wa Kananira, mu murenge wa Tangara, Intara ya Butanyerera, haraye habereye inkuru itangaje aho umusore w’imyaka 25 yakomeretse bikomeye ku rurimi nyuma yo kugerageza gusoma ku ngufu umukobwa w’imyaka 14.

    Uyu mukobwa bivugwa ko amaze iminsi arimo akorera muri ako kabari, ngo yahoraga yirinda uwo musore wamuhatiraga ko bagirana umubano wihariye. Abatangabuhamya bavuga ko uwo musore yari amaze iminsi ahiga uwo mukobwa, amugendaho amwifuzaho imibonano mpuzabitsina, ariko we akamwihorera burundu.

    Kuri uwo mugoroba, bombi baganiriye gato, ariko uwo mukobwa ntiyigeze yemera ibyo uwo musore yamusabaga. Biravugwa ko uwo musore amaze kubona ko ibyo yamwifuzagaho bitagishobotse, yahise amufata ku ngufu ashaka kumusoma. Uwo mukobwa nawe ntiyigeze yihanganira ibyo yahise amuhekenya isonga y’ururimi hafi yo gucika.

    Nk’uko byemezwa n’inzego z’ibanze, uwo musore yahise ajyanwa igitaraganya ku bitaro bya Buhiga kugira ngo yitabweho, naho uwo mukobwa yahise atabwa muri yombi, ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kananira mu murenge wa Tangara.

  • Elon Musk avuga ko Chip ya Neuralink ishobora kuzagarura ubushobozi bwo kubona ku batabona, harimo n’abavutse batabona.

    Elon Musk avuga ko Chip ya Neuralink ishobora kuzagarura ubushobozi bwo kubona ku batabona, harimo n’abavutse batabona.

    Umushoramari n’uvumbuzi w’ibikorwa by’ikoranabuhanga, Elon Musk, yatangaje ko ikigo cye cya Neuralink kiri gutera intambwe idasanzwe mu gukora chip ishyirwa mu bwonko ishobora gufasha abatabona kongera kubona, ndetse no ku bantu bavutse batabona.

    Uyu mushinga wa Neuralink umaze imyaka myinshi utegurwa, ariko ubu wamaze guhabwa uburenganzira na FDA (Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe kugenzura imiti n’ibikoresho by’ubuvuzi) kugira ngo habeho igerageza ku bantu.

    Nk’uko Musk yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru, iyi chip ishyirwa mu gice cy’ubwonko gishinzwe kwakira amakuru y’ibiboneka (visual cortex). Ikoresha amashanyarazi mato (electrical stimulation) kugira ngo ihangire cyangwa isubize imiyoboro y’ubwonko ishinzwe kubona, n’ubwo umuntu yaba yaratakaje amaso cyangwa yaranavutse atabasha kubona.

    Yagize ati:

    “Turizera ko bitarenze umwaka utaha, tuzaba tumaze kubona abantu batangiye kubona amasura, imiterere y’ibintu, ndetse n’amabara binyuze muri iyi tekinoloji nshya.”

    Nubwo iyi nkuru itanga icyizere, inzobere mu buvuzi n’abo muri Neuralink ubwabo bemera ko bakiri mu ntangiriro z’igerageza, kandi ko hari byinshi bikenewe gusuzumwa mbere y’uko iyi chip itangira gukoreshwa ku buryo rusange.

    Haracyari ibibazo byinshi bijyanye n’umutekano, ingaruka zishobora guterwa n’iyo chip mu bwonko, ndetse n’uko ubwonko bwa muntu buzabyakira mu gihe kirekire.

    Can You Invest in Neuralink? | INN

    Iyi chip ntabwo igamije gusa gufasha abatabona. Musk avuga ko intego ya Neuralink ari uguhindura burundu imibanire y’ubwonko n’ibikoresho bya tekinoloji, aho biri no mu mishinga yo kugabanya ingaruka z’ubumuga butandukanye, harimo ubumuga bwo kutavuga, kutagenda, ndetse n’ubundi burwayi bw’imyakura (neurological disorders).

  • RBC,yasabye ababyeyi kugira uruhare mu kurinda abana gukoresha ibiyobyabwenjye

    RBC,yasabye ababyeyi kugira uruhare mu kurinda abana gukoresha ibiyobyabwenjye

     

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima [RBC], cyasabye ababyeyi kugira uruhare mu kwita ku bana babo no kubaka umuryango utekanye,kuko iyo bidakozwe bishobora kongerera abana gufata umwanzuro mubi wo gukoresha ibiyobyabwenjye.

    Ni ibyagarutswe ho na Dr. Darius GISHOMA, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe muri RBC,kuri uyu wa 26 Kamena 2025,ubwo u Rwanda rwizihizaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Kurwanya Ikoreshwa n’Ikwirakwizwa ry’Ibiyobyabwenge, ku nsanganyamatsiko ivuga ko “Kwirinda no Kuvuza Ababaswe n’Ibiyobyabwenge ni Inshingano za buri wese”.

    Yagize ati “Iyo umuntu ari mu muryango udatekanye, bimwongerera ibyago byinshi byo gufata ibyemezo bitari byo hari mo n’icyo gishobora kuba kijyana gufata ibiyobyabwenjye.Umuryango rero turawushishikariza kwita ku bana cyane bakiri batoya,ntabwo ari ugutegereza afite imyaka 20, kuko hari igihe biba byararenze”.

    Yongeye ho ko “Umwana ufite umutekano bituma n’iyo ageze igihe ashobora gufata icyemezo kitari kiza, umuryango umuba hafi. Umuryango rero turawusaba kubaba hafi mu gukumira, ariko kandi byananga yaba yageze aho aba imbata tugasaba ko umuryango utamuha akato”.

    Dr. Darius GISHOMA, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe muri RBC,yasabye ababyeyi kugira uruhare mu kwita ku bana babo babarinda gukoresha ibiyobyabwenjye.

    SHIMIRWA Palemon,ufite imyaka 30 y’amavuko wakoresheje ikiyobyabwenjye cya kanyanga mu gihe cy’imyaka ine n’igice,ariko akaza kujyanwa mu Kigo Ngororamuco,kuri ubu akaba yarabiretse ndetse akaba atunzwe n’umwuga w’ububaji yize ubwo yarari kugororwa,ashimangira ko uruharwe rw’umuryango rukenewe mu gufasha uwakoresheje ibiyobabwenjye, kuko iyo uwabikoresheje yeretswe urukundo ari bwo afata icyemezo cyo guhinduka.

    Ati “Imiryango yabo ikabanza ikabegera ikabereka ko atari ibicibwa umuntu akaganirizwa, akerekwa urukundo akongera agasubizwa mo intekerezo, hanyuma uwo muntu nawe iyo amaze kubona ko amaze kugira icyerekezo nibwo afata icyemezo cy’urugendo rwo guhinduka kuko n’ababikoresha baba babizi ko ari bibi”.

    Imibare itangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco [NRS], igaragaza ko kuri ubu mu bigo ngororamuco, hari mo abari kugororwa bakoresheje ikiyobyabwenjye cy’urumogi 1537, abakoresheje Heroyine bagera kuri 138, abakoresheje kokayine 17, abakoresheje tineri, esanse cyangwa kore 397, ndetse hakaba n’abandi bavanga ibiyobyabwenjye bitandukanye bangana na 1405.

    Abakoresha ibiyobyabwenjye kandi bagirwa inama yo kubireka kuko nyuma yo kuba bibangiriza ubuzima, ariko iyo babifatiwe mo babihanirwa nk’uko Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

    Urubyiruko rwasabwe bwirinda gukoresha ibiyobyabwenjye n’inzoga zikabije.

  • Abajyanama b’ubuzima batangiye gukoresha ikoranabuhanga rya AI,mu kuvura abaturage

    Abajyanama b’ubuzima batangiye gukoresha ikoranabuhanga rya AI,mu kuvura abaturage

    Abajyanama b’ubuzima batangiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga rya AI (Artificial Intelligence), mu kuvura abaturage no gukusanya andi makuru y’umurwayi uje ubagana.

    Ni mu mushinga wiswe “umujyanama w’ubuzima mu ikoranabuhanga” ugamije kongerera ubushobozi abajyanama b’ubuzima no kubafasha gutanga serivisi inoze kandi yihuse hifashishijwe ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano (AI). uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwatangijwe ku mugaragaro n’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC,kuri uyu wa 29 Gicurasi 2025, mu karere ka Rwamagana mu ntara y’iburasirazuba, kuri ubu mu gihugu hose abajyanama b’ubuzima  bagera kuri 600 bakaba barahawe amahugurwa y’amasomo ajyanye n’imikoreshereze y’iri koranabuhanga.

    Abajyanama b’ubuzima, bazajya basuzuma banavure abarwayi bifashishije AI.

    Dr. Albert Tuyishime,umuyobozi w’ ishami rishinzwe kurwanya indwara muri RBC, yavuze ko iri koranabuhanga rizafasha kongerera ubumenyi umujyanama w’ubuzima.

    Ati “Iri koranabuhanga rizafasha kongerera ubumenyi umujyanama w’ubuzima,rizafasha umujyanama w’ubuzima gutanga serivise yuzuye ntacyo yibagiwe kuko rigenda rimwerekera ngo harabanza iki hakurikire ho iki.”

    Yongeye ho ko “rizadufasha mu guhanahana amakuru hagati y’umujyanama w’ubuzima n’izindi nzego z’ubuzima zifite inshingano zo kumufasha,bityo serivise atabashije gutanga, izo nzego ziyimenye ku gihe zifashe uwari uyikeneye.”

    Dr. Albert Tuyishime,umuyobozi w’ ishami rishinzwe kurwanya indwara muri RBC, yavuze ko AI izongerera ubumenyi abajyanama w’ubuzima.

    Iri koranabuhanga kandi rizanafasha mu kwibutsa abarwayi igihe bagomba kujya gushaka serivise ndetse rinongerere icyizere umujyanama w’ubuzima kuko azaba azi neza ko ibyo ari gukora byuzuye nta gukeka ko hari icyo yibagiwe.

    Bamwe mu bajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Rwamagana bari mu bahawe telefone ngendanwa ziri mo iri koranabuhanga, bashimangira ko rije kubafasha kwihutisha serivise batanga, ndetse no kumenya igikwiye bagomba gukorera umurwayi uje abagana.

    Ingabire Lea,umujyanama w’ubuzima wo mu murenge wa Gishari yagize ati “Umurwayi arakubwira uko ameze,sisiteme igahita ikwereka icyo ugomba gukora utarinze gutekereza cyane. Niba ari ukumusuzuma malariya igahita ibikwereka,niba ari ukumwohereza ku kigo nderabuzima igahita ibikwereka ,njye nabonye ari byiza cyane.”

    Mugenzi we Bikorimana Josph, we yagize ati “Iri koranabuhanga rizadufasha ku kijyanye no gutanga raporo neza,kandi natwe akazi kacu kadapfuye.Kuko niba twajyaga dutanga raporo twandika rimwe narimwe urandika ukaba hari ibyo wasimbuka cyangwa ugasanga umurwayi araje umuhaye serivise bitewe n’akazi ufite ugasanga bimwe urabisimbutse.”

    Akomeza avuga ko “Rero bizihutisha kuvura umurwayi kandi natwe bitume iterambere ryacu ryihuta mu mwuga dukora wo kuvura abaturage.”

    Abajyanama b’ubuzima, biteguye gukoresha AI,mu kuvura no gusuzuma abarwayi ari nako bayifashisha mu gutanga raporo.

    RBC,yatangije ubu buryo bushya bwifashisha AI mu bajyanama b’ubuzima ku bufatanye na SFH Rwanda, ikaba ivuga ko nyuma yo kuba ku ikubitiro ryahawe abajyanama b’ubuzima 600, gahunda ihari ari uko rigomba gukoreshwa n’abanjyanama b’ubuzima bose mu gihugu bagera ku bihumbi 58.

     

    Umwanditsi: ISHIMWE Josué Marpas

     

  • Abaturage barasabwa kugenzura niba amakuru ari muri Sisiteme Imibereho ariyo mbere yo kwishyura Mituweli-RSSB

    Abaturage barasabwa kugenzura niba amakuru ari muri Sisiteme Imibereho ariyo mbere yo kwishyura Mituweli-RSSB

    Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, (RSSB), rwasabye abaturage kugenzura niba amakuru ari muri Sisiteme Imibereho, ariyo mbere yo kwishyura ubwisungane mu kwivuza Mutuelle de Santé, basanga hari ibigomba gukosorwa cyangwa kongerwa mo bakajya ku Kagari batuye mo kugira ngo bafashwe.

    Ni ibyagarutswe mu kiganiro THE INTERVIEW, cya Radio Imanzi, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Gicurasi 2025, ubwo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu-MINALOC,RSSB,n’Umujyi wa Kigali, basobanuraga uburyo bushya bwo kwishyura Mituweli hashingiwe ku makuru ari muri Sisiteme Imibereho.

    Ntigurirwa Déogratias,Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga no kwandika abanyamuryango ba Mituweli muri RSSB, yavuze ko nyuma y’uko ibyiciro by’Ubudehe bikuwe ho bigasimbuzwa Sisiteme Imibereho, bishoboka ko hari uwasanga amakuru ari mo hari icyo ashaka kuyahindura ho cyangwa agasanga atananditse,ariko ko icyo gihe yihutira kujya ku kagari atuyemo bakamufasha.

    Ati” Turasabwa gukosoza cyane cyane ibijyanye n’amazina,abitabye Imana bashobora kuba bakiri mo kuko batavanywe mo,n’umwana mushyashya wavutse utari mo kubera ko wenda atarongerwa mo. Tugasaba ko mbere yo kwishyura, umuturage agomba kubanza kureba koko ko amakuru yanditse muri Sisiteme Imibereho ariyo, yasanga hari ikigomba gukosorwa akajya ku kagari atuyemo.”

    Ntigurirwa Déogratias,Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga no kwandika abanyamuryango ba Mituweli muri RSSB, ari mu kiganiro kuri Radio Imanzi.

    Emmy Ntwali Sibomana,Umukozi ushinzwe gukurikirana ikoreshwa rya Sisiteme Imibereho muri MINALOC,avuga ko inzego zibanze ziteguye gufasha buri wese waba yasanze amakuru ari muri Sisiteme Imibereho hari ibyo yifuza kunoza cyangwa ashaka kwiyandikisha kuko atari mo, ndetse asobanura ibyangombwa bikenewe.

    Ati” Uwo ajya ku biro by’akagari atuye mo, ahasanga abayobozi b’inzego z’ibanze n’ubundi basanzwe batanga izo serivise bakamufasha. Yitwaza numero y’indangamuntu y’umukuru w’urwo rugo ndetse n’izabo babana igihe ari umuryango wose utanditse mo, kuko ibyo byangombwa biba bikenewe mu gihe cyo kwivuza cyangwa kwishyura mituweli hakoreshwa indangamuntu.”

    Yakomeje asobanura kandi ko mu rwego rwo kubungabunga umutekano w’amakuru y’Abanyarwanda, amakuru ari muri Sisiteme Imibereho, abonwa gusa n’umuturage ubwe cyangwa undi muyobozi ubifitiye ububasha mu gihe ari kumuha serivise.

    Ati “Kugirango winjire muri Sisiteme Imibereho urebe amakuru yawe, uba ugomba gukoresha numero y’indangamuntu yawe ariko kandi na simukadi uri gukoreraho, ikwiye kuba ibaruye ihujwe n’iyo ndangamuntu.”

    Emmy Ntwali Sibomana,Umukozi ushinzwe gukurikirana ikoreshwa rya Sisiteme Imibereho muri MINALOC,avuga ko inzego z’ibanze ziteguye gufasha abaturage.

    Inzego bwite za leta zizeza abaturage gukomeza kubaba hafi kugira ngo Sisiteme Imibereho izatange umusaruro wifuzwa,ariko kandi n’abaturage barasabwa gutanga amakuru yukuri kugira ngo binafashe Leta gupanga igenamigambi ribabereye, ariyo mpamvu hazakomeza gukoreshwa uburyo butandukanye burimo, kwifashisha imbuga nkoranyambaga,ibiganiro ku ma radio no kwegera abaturage nk’uko byagarutswe ho n’Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho mu Mujyi wa Kigali,Emma Claudine Ntirenganya.

    Yagize ati “Mu mujyi turi mu bantu bashyize imbere ikoranabuhanga,unabona ko abaturage hafi ya bose baba bafite za telefone,  ndetse n’abafite iza simati (smart phones) batangiye kujya baba benshi,ariko hakongerwa ho n’itangazamakuru, n’abantu dusigaye twita Social Media Influencers, buriya abaturage babatega amatwi,ariko ntan’ubwo twibagirwa gukora gahunda yo gusura urugo ku rundi.”

    Emma Claudine Ntirenganya, Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho mu Mujyi wa Kigali,yari umutimirwa mu kiganiro THE INTERVIEW,kuri Radio Imanzi.

    Ntirenganya yongeyeho ko “nk’ubungubu muri iyi minsi muri gahunda yo gukomeza gushishikariza abaturage gutanga mituweli y’umwaka ugiye kuza, ubu twatangiye gahunda yo gusura urugo ku rugo,n’ubwo bwose tubizi ko hari igihe usanga mu rugo abantu bagiye ku kazi. Dufata n’ayo masaha ya nimugoroba twe ntabwo tuvuga ngo akazi karangira sa kumi nimwe.”

     

    Uburyo bushya bwo kwishyura mituweli hashingiwe ku makuru ari muri Sisiteme Imibereho,kuri ubu bwatangiye gukoreshwa aho uwishyura abanza kureba amakuru ye akanze *195#,yasanga nta kosa ririmo akishyura akoresheje uburyo yahisemo aribwo:MTN MoMo,MobiCash,SACCO cyangwa Banki ya Kigali.

     

  • Umucamanza wa ONU, Lydia Mugambe, yafunzwe mu Bwongereza azira gukoresha umukozi wo mu rugo nk’umucakara adahabwa umushahara

    Umucamanza wa ONU, Lydia Mugambe, yafunzwe mu Bwongereza azira gukoresha umukozi wo mu rugo nk’umucakara adahabwa umushahara

    LONDON, UBWONGEREZA — Lydia Mugambe, umucamanza w’Umunya-Uganda, akaba ari umukozi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rwego rwa ONU, yafunzwe mu Bwongereza nyuma y’amakuru y’uko yakoresheje umukozi wo mu rugo mu buryo butemewe, amukoresha nk’umucakara adahabwa umushahara.

    Uyu mucamanza, wari ushinzwe imanza mpuzamahanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse no mu muryango wa ONU, yafashwe nyuma yo kugaragarizwa amakuru ko yakoresheje umukozi mu rugo mu buryo bw’ubucakara, aho yari amufite nk’umukozi atishyurwa ndetse nta burenganzira yahawe mu buzima bwe bwite.

    Ibyaha byerekeye gukoresha umukozi mu buryo bwa gikirisitu kandi butubahirije amategeko, nk’uko byemejwe n’ubushinjacyaha, byagaragaye mu 2023, ubwo umukozi wo mu rugo wagaragaje ko yakorewe ibikorwa bitubahirije uburenganzira bwe, aho yamaze igihe kinini atabona umushahara, kandi ahohoterwa mu buryo bwa gisirikare. Umukozi yashinjije Lydia Mugambe kuba yaramukoresheje igihe kirekire atabishyurirwa, akora imirimo isaba imbaraga nyinshi kandi agahabwa ibyo atishimiye.

    Ibikorwa bya Lydia Mugambe byaravuzwe mu kinyamakuru cya Times of London, kikaba cyatangaje ko yigeze gufata umukozi ku ngufu, akamukoresha ibikorwa bya gikirisitu bitandukanye kandi agahabwa amafaranga make cyane. Uyu mukozi yakoreshwaga imirimo irimo guteka, gukora isuku, kugemura ibicuruzwa no gukora ibyo utashoboye kubona mu kazi gake.

    Lydia Mugambe, umucamanza ukomeye muri ONU, yafunzwe mu Bwongereza nyuma yo gutabwa muri yombi muri Kamena 2025, aho yafashwe ku byaha byakorewe umukozi wo mu rugo. Iyi ngingo yo gufunga umucamanza ukomeye mu nzego za ONU yashimangiye ko ibyo gukora ibikorwa nk’ibi bigomba kugirirwa ingaruka zihanitse, cyane cyane ku bayobozi bafite inshingano nk’izo zo gucira imanza.

    Inkuru ya Lydia Mugambe ikomeje kuvugisha benshi ku burenganzira bw’abakozi bo mu rugo, aho bibazwa uko amategeko arengera abantu bakora ibikorwa byo mu rugo, nk’uko ibihugu byinshi byashyizeho amategeko abigenga. Mu Bwongereza, hari amategeko akaze arwanya ubucakara bw’abakozi bo mu rugo, aho guverinoma yiteguye gukora ibishoboka byose ngo haterwe inkunga abakozi bafite uburenganzira.

    Ibyo umucamanza Lydia Mugambe yakoze byateje ikibazo ku rwego mpuzamahanga, ndetse hitezwe ko ibyo yakoze bigiye kugira ingaruka ku kazi ke mu rwego rw’amategeko. Ubushinjacyaha bw’ibihugu byombi, Uganda n’Ubwongereza, bwerekanye ko ibi byaha byo guhohotera umukozi wo mu rugo bizagira ingaruka zikomeye ku izina rya Lydia Mugambe mu kazi ke no ku burenganzira bwa muntu.

  • Rwanda na IOM bagaruye Abanyarwanda 10 bacurujwe bajyanwa muri Myanmar nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye no guhohoterwa

    Rwanda na IOM bagaruye Abanyarwanda 10 bacurujwe bajyanwa muri Myanmar nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye no guhohoterwa

    KIGALI — U Rwanda rwatangaje ko rwagaruye Abanyarwanda 10 bacurujwe bakajyanwa mu gihugu cya Myanmar, aho bari barakoreshwaga imirimo ivunanye kandi bagahohoterwa. IOM (International Organization for Migration) yabigizemo uruhare rukomeye, ikaba yarabafashije kugaruka mu gihugu nyuma y’igihe bari bamaze mu bihe bikomeye.

    Aba banyarwanda 10, bose bari baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu, bavanywe muri Myanmar nyuma yo gushaka uburyo bwo kubaho mu buryo burambye, ariko babonye ko bari bakorere muri icyo gihugu mu buryo butemewe, aho bagiye bakorwaho ibikorwa by’ubucuruzi n’imirimo y’inshingano zitari zemewe.

    Aba Banyarwanda bagaragaje ko bakoreshejwe imirimo ivunanye, harimo kuyobora imirimo idahwitse nk’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro no gukora imirimo y’ubushomeri, bakaba bari mu buzima bugoye cyane. Hari n’ibimenyetso by’uko bamwe mu bo muri bo bahohotewe mu buryo bw’umubiri no mu buryo bw’amarangamutima.

    Imyitwarire mibi y’abakozi bo muri Myanmar yari izwi cyane, kandi hari amakuru avuga ko bamwe muri aba Banyarwanda bari barabujijwe kujya ku mihanda cyangwa kugira uburenganzira bwo kuvuga. Ibi byatumye ubuzima bwabo buhorana impungenge, ndetse baragowe no kubona uburyo bwo gut escape cyangwa kwikura muri icyo gihugu.

    IOM, umuryango mpuzamahanga ushinzwe kwimura abantu no kurengera impunzi, wafashije Abanyarwanda 10 kugaruka mu Rwanda, aho bashyikirijwe ubuyobozi bw’igihugu ndetse bakiriwe ku kibuga cy’indege cya Kigali International Airport.

    Aba banyarwanda, bagaragaje ko bari bafite agahinda n’ubwoba, ariko bakishimira cyane kubona ubuzima bushya mu gihugu cyabo. Bakiriwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ndetse na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubuzima, bashyikirizwa ubufasha bwihariye ndetse n’amategeko y’igihugu kugira ngo bamenye ibyerekeye uburenganzira bwabo nyuma y’ibyo banyuzemo.

    Nyuma yo kugaruka kwa aba 10, haracyashakishwa abandi 5 basigaye muri Myanmar, aho amakuru avuga ko bari mu maboko y’abanyabyaha cyangwa bari bataragerwaho n’abashinzwe ibikorwa byo kwita ku buzima bw’impunzi. Ibi bikorwa byo kubashakisha bikomeje gukorwa mu bufatanye n’ubuyobozi bwa Myanmar ndetse n’abandi bafatanyabikorwa b’ibihugu byombi.

    U Rwanda rwagaragaje ko ruzakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa bacyo nka IOM, ndetse na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yizeza abaturage bacyo ko igihugu kizakomeza gukora ibishoboka byose mu kurwanya ubucuruzi bw’abantu no gukumira ibibazo by’imirimo ivunanye no guhohotera abanyarwanda no mu bindi bihugu.

    U Rwanda rwifashishije IOM mu kubafasha kugaruka mu gihugu, ariko haracyari urugendo rwo kubarinda ibibazo by’ubucuruzi bw’abantu. Ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo nk’ibi burakomeje, ndetse hakaba hateganijwe uburyo bwo gukumira abakoreshwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

  • Imiti itangirwa kuri Mutuelle yageze ku 1500

    Imiti itangirwa kuri Mutuelle yageze ku 1500

    Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangarije abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ko hongerewe imiti itangirwa ku bwisungane mu kwivuza ‘Mutuelle de sante’ ikaba yarageze ku 1500 ivuye kuri 800.

     

    Abadepite bari bagaragaje ko abaturage batishimira uburyo bahabwa imiti mu mavuriro atandukanye hirya no hino mu gihugu, babaza ikiri gukorwa ngo icyo kibazo gikemurwe.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yasobanuye ko kuri ubu hongerewe ubushobozi n’imiti itangirwa kuri ‘Mutuelle de Sante’ iriyongera ikaba igeze ku 1500 ivuye kuri 800 yari iriho mu bihe byashize.

    Yagize ati “Bitewe n’indwara abaturage bakunze kwivuza, byabaye ngombwa ko ikigega cya mituweri gishyiramo serivisi nshya, zirimo indwara zitandura nk’imiti ya kanseri, imiti y’indwara z’umutima, insimburangingo…”

    Yakomeje agaragaza ko hari gahunda yo gukemura ibibazo bishingiye ku miti abaturage bakunze kugaragaza ko badahabwa iyo bivurije kwa muganga ahubwo bagasabwa kujya kuyigurira hanze y’ibitaro.

    Ati “Hari ukongera imiti dutanga kwa muganga ari na cyo gikemura ibibazo abaturage bagaragaza by’uko bajya kwivuza umuganga akamwandikira imiti ariko yajya kuri Farumasi y’ibitaro akabwirwa ko udahari. Kuba udahari harimo ibintu bibiri, icya mbere ni uko utaba uri kuri lisiti y’ibyo ubwishingizi bwishyura cyangwa se koko ukaba udahari. Ibyo twabikemuye byombi. Imiti yemerewe kuvurira kuri mituweri twayikubye kabiri cyane cyane ugendanye n’izi ndwara nshya twavuze.”

    Yavuze kandi ko mu itangwa rya serivisi hakirimo imbogamizi zo kuba abaturage bagana ibitaro n’ibigo nderabuzima usanga bamara umwanya munini batarahabwa serivisi ariko ko hari gushakwa ibisubizo ku cyakwihutisha itangwa rya serivisi.

    Yagaragaje ko muri iyo miti yongewemo ijyanye n’ubuvuzi bwa kanseri, kuvura no kubaga indwara z’umutima, kubaga hakoreshejwe ikoranabuhanga, kuyungurura no gusimbuza impyiko (dialyse), kuvura no kubaga uburwayi bw’igice cy’umugongo nk’urutirigongo, gutanga inyunganirangingo n’insimburangingo (prothese), kubaga Ivi no gusimbuza ivi, kubaga no gusimbuza umutwe w’igufwa ry’ukuguru, serivisi z’amaraso n’izindi zigendana na yo, gutanga inyunganiramirire ndetse hari n’indi miti yiyongereye ku rutonde rw’igiye nayo kujya yishyurwa hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza.

    Kugeza ubu zimwe muri izo serivisi zatangiye gutangwa izindi zizatangira gutangwa muri Nyakanga 2025 hamaze gutegurwa ibisabwa byose mu mavuriro ya Leta.

    Yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yamaze gukusanya agera kuri miliyari 20 Frw yo gushyigikira ikigega cya ‘Mituelle de sante’ kugira ngo gikomeze gutanga umusanzu wacyo uko bikwiriye.

    Ni amafaranga yakusanyijwe avuye mu nzego zinyuranye nk’acibwa abakoze amokosa yo mu muhanda, inzego za Leta, ibigo by’itumanaho bikorererwa mu Rwanda, ibigo by’imari n’ibigo by’ubwushingizi n’ibindi bitandukanye.

    Dr. Yvan Butera yashimangiye ko Guverinoma izakomeza gukusanya amafaranga ashobora gushyirwa mu kigega cya ‘mituelle de Sante’ hagamijwe guhaza ibyifuzo by’abaturage.

    Nubwo bimeze bityo ariko inzego z’ubuzima zigaragaza ko umusanzu buri muntu atanga wa 3000 Frw cyangwa 7000 Frw ku mwaka utageze kuri 40% by’ikiguzi kigenda iyo ahawe serivisi z’ubuvuzi hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza, kuko hajyamo nkunganire ya Leta.

    Bivugwa ko uwo musanzu ushobora kwiyongera bijyanye n’uko n’ibiciro ku masoko byagiye bihinduka nubwo wo utigeze uhinduka kuva mu myaka irenga 14 ishize ushyizweho.

    MINISANTE kandi yijeje ko hari n’ibiciro ku miti yo kwa muganga bishobora kwiyongera kuko hari aho wasangaga abakora muri urwo rwego bakorera mu gihombo.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yasobanuye ko kuri ubu hongerewe ubushobozi n’imiti itangirwa kuri ‘Mutuelle de Sante’ iriyongera ikaba igeze ku 1500

  • Tujyanye muri CHUK yaremye inzobere z’abaganga 5000

    Tujyanye muri CHUK yaremye inzobere z’abaganga 5000

    Imyaka itatu ni yo ibura ngo Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali byuzuze imyaka 110 bimaze bitanga serivisi z’ubuvuzi ku Baturarwanda n’abava imihanda y’Isi bagiye kuzishakayo dore ko na bo ari umubare munini.

     

    Uko imyaka yagiye isimburana ni na ko byagiye byongera ubushobozi kuko mu 1918 cyatangiye ari ikigo nderabuzima.

    Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, CHUK na yo yagizweho ingaruka zikomeye, ariko yongera kwiyubaka. Nyuma y’imyaka itandatu, ibi bitaro byahise bigirwa ibyigisha hagamijwe gutanga umusanzu ukomeye muri serivisi z’ubuvuzi, kwigisha no gukora ubushakashatsi ku bibangamiye ubuzima bwa muntu.

    IGIHE yaganiriye n’Umuyobozi Mukuru muri CHUK ushinzwe serivisi z’ubuvuzi, Dr. Martin Nyundo, umaze imyaka 25 muri ibi bitaro bimaze kuba ubukombe mu Karere, agaragaza uburyo byanyuze mu nzira igoye ngo byiyubake.

    Mu 1995, ubwo Kaminuza y’u Rwanda yongeraga gufungura nyuma ya Jenoside, Dr. Nyundo yari mu ba mbere bize mu ishuri ry’ubuvuzi mbere muri iyo kaminuza, basoje ari abaganga 70 mu 2002, binjira mu kazi bitezweho kuzahura uru rwego rwarazahaye.

    Icyo gihe ibintu byari biteye ubwoba aho abana batatu bararaga ku gitanda kimwe, hari indwara nyinshi zagombaga kwitabwaho, umuganga amara iminsi itatu ku izamu ntawe umusimbura.

    Ibintu bitangira gufata isura ubwo Kaminuza y’u Rwanda yari itangiye kwigisha inzobere mu buvuzi (spécialiste).

    Dr. Nyundo ati “Nanjye nabaye mu ba-spécialiste ba mbere bahuguwe mu bijyanye no kubaga. Ndibuka twari abantu batatu umwe agomba gushyirwa i Butare, undi CHUK undi mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal.”

    Uyu muganga yibuka ko yabagaga abantu nka 12 ku munsi ari umwe “ngasoza nka saa Kumi z’igitondo nkaryamaho gato Saa Tatu nkagaruka ndeba uko bameze. Byari bigoye.”

    Umuyobozi Mukuru muri CHUK ushinzwe serivisi z’ubuvuzi, Dr. Martin Nyundo, amaze imyaka 25 muri ibi bitaro

    Byita ku barenga 1200 ku munsi

    Ubusanzwe mu bitaro, umwihariko wiganza izo ukubaga, kwita ku ndwara z’abagore, kwita ku bana, indwara z’abantu bakuru, gutera ikinya, ibijyanye no guca mu byuma n’ibijyanye na labotarwari. Nubwo nko mu 2005 ayo mashami yari hasi ariko muri CHUK yari ahari.

    Uyu munsi muri CHUK ibintu byarahindutse ayo mashami yabyaye andi. Nko mu bijyanye no kubaga hari ishami rimwe, uyu munsi iryo shami ryabyaye andi arenga 11, no mu zindi nzego biba uko ziraguka.

    Dr. Nyundo ati “Uyu munsi dufite inzobere mu buvuzi (spécialistes) 145. Mu ishami ryo kubaga dufite izo nzobere 45. Twarazamutse kuko nko mu 2000 ntibarengaga batanu. Kugira ngo ube inzobere ntibijya munsi y’imyaka ine, uvuye ku yindi itandatu y’ubuvuzi rusange. Urumva ko hakozwe ibikomeye.”

    Bijyanye n’uko CHUK ari ibitaro bikuru biba bihangana n’indwara zikomeye, bigira inzobere cyane, abaganga bize ubuvuzi rusange (généraliste) bakaba bake, aho bafite nka 15 na bo bakorera ku masezerano y’imishinga itandukanye.

    CHUK ifite abaforomo bagera kuri 590 n’abandi bafasha baba mu nzego zitandukanye nk’ubugororangingo, laboratwari n’ibindi bagera ku 130.

    Ibi bitaro bibarura abarenga 1030, barimo abantu 130 bakora mu nzego z’ubuyobozi gusa abandi ni abaganga.

    Uko kugira abakozi b’inzobere binajyana no kuzamura urwego rw’ubuvuzi bikagirwamo uruhare n’ibikoresho by’ubuvuzi bigezweho utapfa gusanga ahandi.

    Ku munsi CHUK yita ku barwayi bari hagati ya 700 na 800 bataha n’abarenga 400 baba mu bitaro. Ifite ibitanda bigera kuri 500.

    Muri ibi bitaro habagirwa abarwayi barenga 100 ku munsi hifashishijwe ibyumba birenga 12 bibagirwamo abantu ku buryo bugezweho. CHUK yakira indembe zirenga 100 ku munsi.

    Uretse ubuvuzi bugezweho, serivisi ntagereranywa, Dr. Nyundo agaragaza ko mu Rwanda ibiciro by’ubuvuzi biri hasi ugereranyije no mu mahanga.

    Muri CHUK habagirwa nibura abarwayi barenga 100 ku munsi

    Atanga urugero ku munyamahanga ushobora kuza mu Rwanda gushaka serivisi zo kubagwa, bakamuha icyumba cya wenyine aba yakwishyura nka 300$, mu gihe nko mu Karere ayo mafaranga ashobora gushirira mu kumusuzuma gusa.

    Uretse igikorwa cyo kongerera amaraso umwana uri mu nda CHUK iherutse gukora bikaba ubwa mbere bikozwe mu Rwanda, Dr. Nyundo arakomeza ati “ Hano havurirwa ibintu byinshi cyane, tugeze aho umuganga ashobora kubaga ikibyimba kiri mu bwonko anyuze mu mazuru akagikuramo cyose uko cyakabaye, ni byinshi.”

    Kugeza uyu munsi muri CHUK ibibazo bibangamiye ubuzima cyane kurusha ibindi ni impanuka, aho mu bantu 100 barembye bakirwa ku munsi, hagati ya 20% na 40%, n’indwara zitandura.

    CHUK na yo igira imbogamizi nyinshi cyane nko kutishyura kw’abahawe serivisi, aho nko mu myaka ibiri ishize ayo mafaranga yarengaga miliyoni 200 Frw, ibikoresho bidahagije ugereranyije n’ibyifuzwa n’ibindi.

    Abarenga 5000 barimo abo mu bihugu 84 bamaze guhahira ubumenyi muri CHUK

    Umuyobozi Ushinzwe Abanyeshuri bigira muri CHUK, Munyaneza Emmanuel, yagaragaje ko abajya kwigira muri ibyo bitaro bari mu byiciro bitatu, birimo icya mbere, icya kabiri n’icya gatatu cya cya kaminuza harimo n’abiga bakaba inzobere mu buvuzi.

    Yavuze ko mu myaka itanu ishize, bimaze kwakira abanyeshuri barenga 5000 , abagera ku 3000 barimo abari mu byiciro bibiri bya mbere mu gihe abandi basigaye bari abari gushaka ubumenyi bubagira inzobere (spécialiste) mu buvuzi.

    Ati “30% by’abo twakira ni abanyamahanga na ho 70% ni aba hano mu Rwanda. Abo 30% bava mu bihugu 84 byo ku migabane yose igize Isi bamaze kohereza abanyeshuri hano.”

    CHUK imaze kunyuramo abarenga 5000 bahabwa ubumenyi bubagira inzobere mu kwita ku barwayi

    Abo banyamahanga barimo abakomoka mu bihugu 31 bya Afurika, 26 byo mu Burayi, 15 byo muri Aziya, icyenda byo muri Amerika mu gihe ibihugu bitatu byo muri Océanie ari byo byohereje abanyeshuri kwigira muri CHUK.

    Uko ibihe biha ibindi, ni na ko indwara zigenda zihindura umuvuno, bigatanga umukoro ku bashakashatsi kuko baba bagomba na bo guhindura imikorere bakajyana n’igihe.

    Muri CHUK na ho ubushakashatsi bukorwa hafi buri mwaka ku buryo abantu barenga 300 baba basabye kuhakorera ubushakashatsi, hakemererwa byibuze uburi hagati ya 250 na 280.

    Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’ubushakashatsi muri CHUK, Dr. Belson Rugwizangoga, yavuze ko 15% by’ubushakashatsi bukorwa n’abanyamahanga mu gihe imibare isigaye ari iy’ubukorwa n’Abanyarwanda.

    Dr Rugwizangoga agaragaza ko uburyo bushya bw’imivurire bwemezwa mu Rwanda no mu bindi bihugu buba bwanyuze mu bushakashatsi kandi CHUK ibugiramo uruhare runini.

    Ati “Niba kera umuntu wabyaraga abazwe yararyaga nyuma y’iminsi itatu, uyu munsi akaba ari nyuma y’amasaha make, ni uko tuba twakoze ubushakashatsi bukagaragaza ko kubifata nyuma y’amasaha make nta cyo bitwaye.”

    Bumwe mu bushakakashatsi bwakozwe CHUK ikabugiramo uruhare rukomeye burimo nk’ubwakozwe hagamijwe kuvura no kubaga indwara z’umutima, ari byo byatumye ubu mu Rwanda izo serivisi zitangizwa.

    Hari kandi ubujyanye n’indwara zo mu mutwe, aho mbere umurwayi yagombaga gufata umuti buri munsi. Nyuma habonetse umuti, urageragezwa, hemezwa ko umuntu azajya awuterwa mu rushinge akamara amezi atatu atarafata undi, n’ubundi bwinshi.

    Igishushanyo mbonera kigaragaza aho CHUK izimurira ibikorwa mu mezi ari imbere

  • Hatangijwe ikigo kizafasha mu gukusanya amakuru yo mu mavuriro yose yo mu Rwanda

    Hatangijwe ikigo kizafasha mu gukusanya amakuru yo mu mavuriro yose yo mu Rwanda

    Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, yatangije ikigo “Health Intelligence Center” kizayifasha gukusanya amakuru y’amavuriro yose mu gihugu hifashishijwe ikoranabuhanga, kikazanafasha mu gutanga inyunganizi mu buryo bworoshye.

     

    Ni ikigo cyatangijwe ku wa 3 Mata 2025, mu muhango witabiriwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Dr. Yvan Butera.

    Ikigo “Health Intelligence Center” kijyanye n’ikoranabuhanga mu gukoresha amakuru kugira ngo habashe gufatwa imyanzuro ishingiye ku mibare ariko na na none bifashe Minisiteri y’Ubuzima gutanga inyunganizi mu bigo by’ubuvuzi mu gihugu hose bitayisabye kujya aho biri.

    Umuyobozi w’Ishami ry’Igenamigambi, Isuzuma n’Imari muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Muhammed Semakula, yavuze iki kigo kije kwihutisha imitangire ya serivisi mu buvuzi no kumenya ibibera mu bigo nderabuzima bidasabye kubijyamo.

    Ati “Dufite ibigo nderabuzima birenga 500, kugira ngo tumenye ibibera mu kigo nderabuzima byadusabaga ko ujyayo cyangwa ugategereza ukwezi kugira ngo umenye uko byagenze ariko muri iki kigo biratworohera kubona amakuru ako kanya kuko tuba tubona uko biri gukorwa.”

    Yakomeje agira ati “Iyo hari ikibazo gikenewe ko abantu bahabwa ubufasha, bafashwa mu buryo bwihuse, yaba ari mu buvuzi cyangwa imyanzuro bagenderaho ishingiye ku mibare, bidufasha no mu gihe cy’ibyorezo cyane cyane ko imibare tubona idufasha kuba twafata ingamba hakiri kare.”

    Ikigo cya “Health Intelligence Center” kigaragaza amakuru y’uburyo umuntu yivuza, amakuru yose amugenewe mu igenzura ahita ahagera ako kanya bitarindiriye ubundi buryo bwo kuyakusanya.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yavuze ko iyi ari intambwe nziza igiye gufasha mu buvuzi by’umwihariko kwihutisha serivisi bitewe n’uko nta nama nyinshi zizongera kuba hafatwa imyanzuro cyangwa hatangwa za raporo.

    Ati “Ubu tugiye kujya dufata imyanzuro byihuse nta nama nyinshi cyangwa gukusanya ibitekerezo rimwe na rimwe biba birimo amarangamutima kuko imibare ubwayo izajya yivugira hafatwe umwanzuro ukwiye.”

    MINISANTE ivuga ko iki kigo kizajya gikurikirana inzira umurwayi azajya anyuramo zose, agiye kwivuza kuva ageze ku bitaro kugeza atashye, n’abahabwa za ‘rendez-vous’ bakurikiranwe bamenye niba igihe bahawe, abaganga baracyubahirije cyangwa bitarakorwa.

    Kugeza ubu mu Rwanda hari amavuriro y’ibanze agera ku 1281, ibigo nderabuzima birenga 500, ibitaro byo kwego rw’uturere 34, iby’intara bitatu, ibyigisha ku rwego rwa kaminuza 10, ibyihariye bine ndetse na bitandatu byo ku rwego rw’igihugu.

    src:igihe