Category: Amakuru

  • Abiga imyuga  si abananiranye : Umuyobozi Mukuru wa RTB, Eng. Paul Umukunzi

    Abiga imyuga si abananiranye : Umuyobozi Mukuru wa RTB, Eng. Paul Umukunzi

    Umuyobozi Mukuru wa RTB, Eng. Paul Umukunzi, mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu taliki ya 28 Gicurasi 2025 ,yatangaje   ko amashuri y’imyuga atari ay’abaswa cyangwa ababa barananiye  ababyeyi cyangwa sosiyete nyarwanda muri rusange aho yasabye guhindura imyumvire .

    Minisiteri y’Uburezi yo igaragaza ko  nibura 80% by’abanyeshuri bose baba bize amasomo y’imyuga mu mashuri y’igihe gito babona akazi nyuma yo kuyarangiza.

    Naho 67% by’abanyeshuri basoreza mu mashuri ya tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro, TVET, babona akazi nyuma y’amezi atandatu gusa barangije kwiga.

    Mu gihe  70% by’abarangiza mu mashuri makuru y’imyuga, Polytechnique, babona akazi nyuma y’amezi atatu basoje kwiga.

    RTB, yatangaje ibyo mu gihe abanyeshuri 4,562  ku wa 29 Gicurasi 2025, bazahabwa impamyabushobozi igaragaza ko  barangije amasomo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cya kaminuza mu mashami atandukanye mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, (Rwanda Polytechnic).

      Abiga imyuga si ababuze ibyo bakora.

    Eng.Umukunzi, yanenze uburyo abanyamahanga badindije ubwenge bw’Abanyarwanda na Afurika bakabereka ko bo nta kintu bavumbura ahubwo bakwiye kwiga amateka yabo n’intambara barwanye, bityo ubwenge bwabo ntibukure.

    Yagize ati: “Birasaba ko duhindura imyumvire tukumva ko amashuri y’imyuga atari ay’abaswa, atari ayo abantu bananiranye atari ayo abantu babuze ahandi bajya ahubwo tukumva akamaro kayo.”

    Yongeye ho ko “ Bo bahisemo kudushyiramo  ko tugomba kwiga ibyabo tukiga intambara barwanye ibyacu ntitubirebeho, batubwira ko ibyo tugenewe ari kugumana amagambo yabo mu mutwe ariko kugira ibikorwa dukora bitatureba  ariho haherewe kuba imwe mu mitungo y’ibihugu byo muri Africa  yarajyanywe hanze”

    Eng. Paul Umukunzi, yanenze abakita amashuri y’imyuga ay’abaswa cyangwa ababuze ibyo bakora.

    Gahunda ya Leta ya NST2, ishimangira kuzamura ireme ry’uburezi mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, (TVET) ndetse n’amashuri makuru rikajyana n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo.

    Naho ibigo byigisha imyuga n’ubumenyingiro (VTCs) mu buryo bwo kwigira ku murimo bizongerwa bishyirwe muri buri Kagari mu gihugu hose.

    Yavuze kandi ko  amashuri ya tekiniki, imyuga n’Ubumenyingiro, (TVET) n’amashuri makuru (HLIs) bizakomeza gutezwa imbere hifashishijwe ibikorwa remezo bigezweho ndetse ahabwe ibikoresho bihagije byo guteza imbere imyigishirize y’imibare, Siyansi, ubumenyingiro n’ikoranabuhanga (STEM) no guteza imbere ubushakashatsi no guhanga udushya bijyanye n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo.

    Uyu muyobozi kandi yatangarije Itangazamakuru ko aho Isi igeze bisaba ko umuntu agira ubumenyi n’umwuga ufatika umuzanira   inyungu kuko kutabimenya ntaho bitandukaniye no kutamenya gusoma no kwandika.

  • Uko Le Picmar yubakiwe ku cyerekezo cyo kwiyubaka no kwigirira icyizere

    Uko Le Picmar yubakiwe ku cyerekezo cyo kwiyubaka no kwigirira icyizere

    Mu gihe isi yihuta mu ikoranabuhanga, ubucuruzi bwambukiranya imipaka, n’isoko ry’ibicuruzwa bishingiye ku bwiza rirushaho gukura, hari Abanyarwanda bake bagaragaza ubudasa. Le Picmar ni kimwe mu bigo bigaragaza izo mpinduka. Iyi sosiyete ikorera mu Bubiligi yihariye mu gukora amavuta yo kwisiga yita ku bwiza bw’umwirabura, ikaba yarashinzwe n’umunyarwanda ufite icyerekezo gifatika cyo gufasha abantu kwisanga, kwiyakira, no kwiyitaho bifite ireme.

    Mu kiganiro cyihariye twagiranye n’uwashinze Le Picmar, RWABUKUMBA Didier Mugisha yadusangije urugendo rwe, imbarutso yamuteye gutangiza ubu bucuruzi, n’icyerekezo yifuza kugeraho.

    “Navukiye mu Rwanda, ariko ubuzima bwanjye bwaragutse mu mahanga. Aho hose, nakundaga kubona uburyo abantu b’abirabura bagorwa no kubona amavuta abakwiriye, adahindura uruhu rwabo ahubwo arurinda, arugirira neza, kandi nifuzaga kugira igikorwa nkorera mu Rwanda nk’umusanzu mpa igihugu cyanjye”

    Aya ni amagambo yatangaje ikiganiro BIZ & BEAT, agaragaza icyarushijeho kumutera imbaraga zo gutangiza Le Picmar.

    Yavuze ko ajya gutangiza Le Picmar byaturutse ko we n’isnhuti ye batangiye ibintu ari nk’itekerezo aho izina ndetse n’ikirango byaturutse ku ishusho y’inyoni bari babonye, bituma bagura igitekerezo kugera aho igitekerezo kibyaye umusaruro.

    Ikindi avuga ko mubya mufashije harimo kugira icyerekezo ari nabyo akomeza gushiskariza urubyiruko ndetse n’abandi ko ibyo bagakoze byagakwiye kurengwa no kugira intego ndetse n’icyerekezo.

    Le Picmar ntiyaje gusa kuziba icyuho cy’ibura ry’amavuta meza; yaje no kongera icyizere ku bantu benshi bagiye bacibwa intege n’amasoko yibanda ku cyane ku bintu bituruka I Burayi cyangwa ibizwi nk’ibikorwa n’abazungu gusa.

    Ibicuruzwa bya Le Picmar birimo amavuta yo kwisiga ku mubiri no mu maso, amasabune yo koga, ndetse n’ibindi biri gutegurwa ngo bishyirwe ku isoko.

    Ubu ifite abakiriya mu Bubiligi, u Bufaransa, ndetse batangiye kugera ku isoko ryo muri Afurika nko muri DR Congo, Senegal, Cameroon ndetse n’u Rwnada – aho abaguzi bemeza ko ari amavuta yizewe, ahumura neza kandi afite akamaro nyako.

    N’ubwo byumvikana neza nk’inkuru y’ubutsinzi, si byo byose byamugendekeye neza kuva yatangira. Yakubitiwe n’imbogamizi z’amasoko agoye, ibiciro byo hejuru mu gukora ibintu by’ubwiza mu Burayi, ndetse n’amategeko agenga ibicuruzwa byo kwisiga. Ariko ibi byose yabifashe nk’amahugurwa. “Iyo ugize icyerekezo kidashingiye ku nyungu gusa, uba ufite imbaraga zo kwihangana no gukomeza.”

    Le Picmar ifite gahunda yo gushyira imizi ku isoko nyafurika, cyane cyane mu Rwanda. Hari gahunda yo gukorana n’abacuruzi b’abanyarwanda, amafaraga yihariye ku masoko yo mu karere, ndetse no gutanga amahugurwa ku bijyanye n’ibicuruzwa bifite ireme.

    Ndetse hari na gahunda yo gutangiza uruganda mu Rwanda mu gihe kiri imbere.

    “Dukeneye ko Afurika itareka ibindi bihugu biyikoreramo gusa – ahubwo twakagombye natwe kugira ibidukorerwa biduhesha ishema.”

    Yasoje ikiganiro agira inama abifuza gutangiza business:

    “Tangirira aho uri. Wige buri munsi. Shyira ireme imbere y’amafaranga. Nubaha uwo uri we, isi izakwemera uko uri.”

     

  • RIB,irasaba buri wese ukorerwa ihohoterwa kudaceceka

    RIB,irasaba buri wese ukorerwa ihohoterwa kudaceceka

     

    Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB,rurasaba buri wese ukorerwa ihohoterwa kudaceceka ngo aterwe isoni n’ibyo akorerwa,ahubwo akarugana kugira ngo rumufashe kubona ubutabera,kuko byagaragaye ko hari abatinya kubigaragaza kubera amazina y’ubwamamare cyangwa akomeye bafite.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry,avuga ko hari bamwe byagarageye ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ariko bagatinya kubivuga ngo bitajya hanze nyamara ahubwo byagakwiye kuba igisebo kuwakoze ihohotera,aho kuba ku uwahohotewe.

    Ati “Mu by’ukuri guhohoterwa ntabwo ari igisebo,waba umugore waba umugabo, byagombye ahubwo gutera isoni ukora rya hohotera. Wowe uhohoterwa ntabwo wari ukwiye guterwa isoni n’ibyo ukorerwa ngo uceceke ngo bitazamenyekana kuko amazina yanyu azwi,ngo muri abasitari,muri abaririmbyi,muri abantu bazwi…”

    Yongeye ho ko “Turasaba abantu rero ko batera intambwe pe! Batange ibirego igihe ubona ihohoterwa rigenda rikorerwa iwawe.Ni bwa bwoko bune bw’ihohoterwa: Irishingiye ku mutungo,irishingiye ku mubiri,irishingiye ku gitsina n’irishingiye ku marangamutima.”

    Raporo igaragaza ishusho y’uko uburinganire buhagaze mu turere dutandukanye tw’igihugu, Gender Statistic Profile Report 2023, yasohotse ku wa 23 Kanama 2024, igaragaza ko ibikorwa by’ihohoterwa rishingiye ku mubiri, mu marangamutima n’irishingiye ku gitsina rikigaragara.

    Imibare yakusanyijwe mu 2020, igaragaza ko abagore 37% bafite imyaka iri hagati ya 15 na 49 bahuye n’ihohoterwa ribabaza umubiri kuva bafite imyaka 15, na ho abagera kuri 23% bo bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuva bafite imyaka 15.

    Ku ruhande rw’abagabo bahuye n’ihohoterwa ribabaza umubiri kuva bafite imyaka 15 bagera kuri 30% na ho abo byagaragaye ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bo ni 6%.

    Abagore 46% bigeze gushyingiranwa n’umugabo bakorewe ihohoterwa ribabaza umubiri, irishengura umutima cyangwa irishingiye ku gitsina mu gihe abagabo bo muri icyo cyiciro 18% na bo bahuye n’ihohoterwa ryo mu buryo butandukanye.

    Raporo ya 2021-2022 ya Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, igaragaza ko abagore 233 [98%], bagejeje ibirego byabo muri Isange One Stop Center ziri hirya no hino mu gihugu, bahawe ubufasha kandi ibibazo byabo bigakurikiranwa mu gihe muri uwo mwaka habonetse ibirego bine [2%] by’abagabo gusa.

    Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibarea [NISR], yo mu 2020, yerekanye ko hagati ya 2016 na 2019, abagabo 7210 bakorewe ihohoterwa mu gihugu cyose na ho abagore bari 48.809.

     

  • Kigali: Nyuma yo gusubizwa telefone bari baribwe barashimira RIB

    Kigali: Nyuma yo gusubizwa telefone bari baribwe barashimira RIB

     

    Abaturage bo hirya no hino mu gihugu,barashimira Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB,nyuma y’uko ibasubije telefone ngendanwa bari baribwe mu bihe bitandukanye.

    Babigarutse ho kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Gicurasi 2025, ubwo RIB yasubizaga benezo telephone 332, zari zaribwe mu bihe bitandukanye,ariko zikaza gufatwa nyuma y’uko abazibwe babimenyesheje uru rwego narwo rukazishakisha zimwe zigafatwa.

    RIB yagaruje telefone 332, zari zaribwe zifite agaciro ka miliyoni zirenga 77 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Karambizi Jean Eugene, nyuma yo gusubizwa telefone yari igiye kumara hafi amezi icumi ayibwe yagize ati: “Mu by’ukuri njye telefone yanjye nari narayibuze kuva mu kwezi kwa munani 2024, kugeza ubu nta kizere narimfite ko iyo telefone nshobora kuba nayibona,ariko kubw’amahirwe ndayibonye. Ndashimira RIB na leta y’u Rwanda.”

    Uwamurera Sabrine,wasubijwe telefone yari yaribwe mu kwezi kwa Gatandatu 2022, we yavuze ko “Urabona kwakundi umuntu aguca intege ngo telefone ntabwo ari ikintu waregera ngo nushaka ngo ubireke, njyewe naje abantu bancha intege bati wikwirirwa ujya guta igihe ariko ndavuga ngo ntabwo nchika intege ntagiye yo, none dore ndayibonye. RIB ndabashimira cyane bakora akazi kabo neza”.

    RIB,yasubije bene zo telefone zari zaribwe.

    Umuvugizi wa RIB Dr. Murangira B.Thierry, avuga ko buri wese agomba gufata iyambere mu kwicungira umutekano,kandi akagira amakenga, ariko hakaba hakenewe n’ubufatanye bw’abaturage n’inzego mu guhahya ubujura.

    Ati “Ni ukugira amakenga iteka, tugatangira amakuru ku gihe tugakomeza gufatanya ngo tubihashye.

    RIB, yashimiye abatanze ibirego kugira ngo izi telefone zigaruzwe ndetse anabizeza ko RIB itazihanganira na rimwe abijandika mu byaha cy’ubujura n’ibindi byaha.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B.Thierry, avuga ko hakenewe n’ubufatanye bw’abaturage n’inzego mu guhahya ubujura.

    Mu gikorwa cyo gusubiza benezo telephone 332 zifite agaciro ka miliyoni zirenga 77 z’amafaranga y’u Rwanda zari zaribwe, RIB kandi yerekanye abantu 19, bari mo 14, bakurikiranywe ho icyaha cyo kwiba telefone, bane bakurikiranywe ho ubujura bw’amafaranga na telephone, ndetse n’umugabo umwe ukurikiranywe ho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

    RIB, yerekanye abantu 14, bakurikiranywe ho kwiba telefone.
  • Rayon Sports  itsinze Police FC  yisubiza umwanya wa mbere

    Rayon Sports itsinze Police FC yisubiza umwanya wa mbere

    Kuri iki Cyumweru, Ikipe ya Rayon Sports bigoranye yatsindiye Police FC igitego 1-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona yongera gufata umwanya wa mbere uyiganisha ku gikombe.

    Ikipe ya Police FC yatangiye umukino isatira cyane ugereranyije na Rayon Sports aho yanyuzaga imipira myinshi ku ruhande rw’ibumoso rwakinahaho Ishimwe Christian n’Umunya-Nigeria, Chukwuma Odili, icyakora ubwugarizi bwa Rayon Sports bukomeza kugarira neza.

    Ibi ariko byabaye iby’akanya gato, kuko Rayon Sports yari ifite Ndikuriyo Patient mu biti by’izamu; Serumogo Ali, Bugingo Hakim, Nshimiyimana Emmanuel na Youssou Diagne ku murongo w’abugarira; Niyonzima Olivier Seif, Ndayishimiye Richard na [Kapiteni] Muhire Kevin; Aziz Bassane, Rukundo Abdul-Rahman na Biramahire Abeddy ku murongo w’abasatira; yahise iyobora mu byerekeye guhererekanya umupira kuva ku munota wa munani w’umukino nubwo nta gitego byatanze.

    Umukino wakomeje gukinirwa ku muvuduko wo hejuru, Umusifuzi, Nsabimana Céléstin asifura amakosa menshi, bituma Ishimwe Christian wa Police FC n’Umunya-Cameroun, Aziz Bassane Koulagna wa Rayon Sports berekwa amakarita y’umuhondo, mu gihe Police FC kugera ku munota wa 22 yari imaze kubona koruneri eshatu ariko itabyaje umusaruro.

    Umutoza Mashami Vincent wari wabanje Niyongira Patience mu izamu; Achraf Mandela, Ishimwe Christian, David Chimezie na Ndizeye Samuel mu bwugarizi; ubutatu bwa Henry Msanga, Ngabonziza Pacifique na Nsengiyumva Siméon mu kibuga hagati; Chukwuma Odili, Mugisha Didier na Ani Elijah; yakomeje kuzibira Rayon Sports maze igice cya mbere kirangira bikiri 0-0.

    Umutoza Rwaka Claude yatangiranye impinduka mu gice cya kabiri, Biramahire Abeddy utatanze umusaruro mu gihe cye mu kibuga asimburwa na Ishimwe Fiston, mbere gato y’uko Umurundi, Richard Kirongozi wa Police FC yinjira mu kibuga asimbuye Chukwuma Odili mu mpinduka zakomeje gutuma Rayon Sports isatira byisumbiyeho, gusa Ishimwe Fiston na Rukundo Abdul-Rahman bananirwa kubyaza umusaruro amahirwe babonaga.

    Ku munota wa 66, Ishimwe Fiston wari wakomeje gukomanga yafunguriye Rayon Sports amazamu n’umutwe ku mupira wari uzamuwe neza na Rukundo Abdul-Rahman “Paplay”, kiba igitego cy’ingenzi kuko cyari gisubije “Murera” ku mwanya wa mbere n’amanota 59.

    Ku munota wa 78, Umurundi, Rukundo Abdul-Rahman yeretswe ikarita ya kabiri y’umuhondo ibyara itukura asohorwa mu kibuga nyuma y’ikosa yari akoreye Ndizeye Samuel. Ibi byatumye Rwaka Claude wari usigaranye abakinnyi 10 mu kibuga ahatirizwa gukora impinduka zo kugarira, aho Aziz Bassane na Ndayishimiye Richard basimbuwe na Omar Gning na Souleymane Daffé, umukino urangira Rayon Sports yegukanye amanota atatu y’ingenzi.

    Iyi ntsinzi ya Rayon Sports yayisubije ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agatenyo rwa Shampiyona ya 2024/2025 n’amanota 59, mu gihe isigaje imikino itatu na Bugesera FC, Vision FC na Gorilla FC, yayitwaramo neza ikegukana Igikombe cya Shampiyona nyuma nyuma y’imyaka itanu igikoza mu biganza.

    Mu wundi mukino wabereye kuri Stade y’Akarere ka Rubavu, Umuganda, igitego cya Mohamed Kyeyune n’icyitsinzwe na Shyaka Philbert byaburijemo icya Nizeyimana Jean Claude wa Rutsiro FC, maze bifasha Muhazi United gusohoka mu murongo utukura, ifata umwanya wa 13 n’amanota 30, isiga Amagaju FC [29] na Vision FC [20] mu murongo w’izimanuka mu Cyiciro cya Kabiri.

    Ikipe ya Rayon Sports yisubije umwanya wa mbere
  • Rayon Sports yisubije umwanya wa mbere

    Rayon Sports yisubije umwanya wa mbere

    Nyuma yo gutsinda Rutsiro FC ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa shampiyona, Rayon Sports yongeye kwisubiza umwanya wa mbere wari umaranywe amasaha make na APR FC.

    Ku wa Kane tariki ya 8 Gicurasi 2025, ni bwo habaye umukino umwe wasoje iy’umunsi wa 26 wa shampiyona.

    Rayon Sports yari yakiriye Rutsiro FC kuri Kigali Pelé Stadium Saa Kumi n’Ebyiri z’Umugoroba, yasubiranye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda ibitego 2-0.

    Ni ibitego byatsinzwe na Aziz Bassane ku munota wa mbere na Rukundo Abdul-Rahman “PaPlay.”

    Aganira n’itangazamakuru nyuma y’uyu mukino, Rwaka Claude utoza Gikundiro, yahishuye icyafashije ikipe ye kubona aya manota atatu.

    Ati “Twabanje kubabuza gukina hagati mu kibuga hanyuma twe dukoresha abakinnyi bacu baca ku ruhande.”

    “Bassane na Fiston ni abakinnyi bihuta, twari twavuze ko umupira turi bwake duhita tuwubagezaho byihuse kandi byadukundiye.”

    Ibindi RADIO IMANZI  yamenye byafashije iyi kipe yo mu Nzove kubona iyi ntsinzi, ni uko abakinnyi basigaye bahita batahana agahimbazamusyi ka bo.

    Gusa nk’ibisanzwe, abakunzi ba Rayon Sports ntibajya bayiva inyuma mu bihe byose yaba irimo.

    Iyi kipe yasubiranye umwanya wa mbere n’amanota 56 ikaba irusha inota rimwe APR FC ifite amanota 55.

    Mu mpera z’iki Cyumweru uhereye uyu munsi, haraba hakinwa imikino y’umunsi wa 27 wa shampiyona.

    Abakinnyi ba Gikundiro bishimira intsinzi
  • Jose Chameleone agiye kongera gutaramira i Kigali nyuma y’igihe kinini

    Jose Chameleone agiye kongera gutaramira i Kigali nyuma y’igihe kinini

    Umuhanzi w’icyamamare muri Afurika y’Iburasirazuba, Jose Chameleone, yatangaje ko yasubukuye gahunda yo gutaramira mu Rwanda, aho yemeje ko mu minsi iri imbere azataramira abakunzi be b’i Kigali.

    Uyu muhanzi ukomoka muri Uganda, uzwi cyane mu ndirimbo zakunzwe nka Valu Valu, Mama Mia na Tatizo, yabwiye itangazamakuru ko yiteguye gutanga igitaramo kidasanzwe ku bakunzi b’umuziki nyafurika bo mu Rwanda, by’umwihariko i Kigali, aho agiye kongera kugaruka ku rubyiniro nyuma y’igihe kirenga imyaka ibiri atataramira mu gihugu.

    Mu butumwa bwe, Jose Chameleone yagize ati:

    “U Rwanda ni igihugu cyanjye cya kabiri. Mfite byinshi byo gusangiza abakunzi banjye bo mu Rwanda kandi nizeye ko tuzabonana vuba cyane.”

    Yongeyeho ko igitaramo cye kizaba kirimo udushya, aho azafatanya n’abandi bahanzi bakomeye mu Karere, by’umwihariko bamwe mu bahanzi nyarwanda bafitanye imikoranire kuva kera.

    May be a graphic of 1 person and text that says 'GG LONDON DRY -GIN PRESENTS ELENTE SE CHAMELEDNE CHAM ELEDNE SUNDAY LIVE EIKIGALI In KIGALI 25THMAY HMAY 2025 LIVET BY BROUGHT Gg PROUDLY VENUE: KIGALI UNIVERSE TIME:6PM Regular 20k Early bird 15k VIP high table) 40k early bird 25k Table for 6: 300k. including bottle of G69 Gin buy your ticket here https://gatiarnetsss'

    Jose Chameleone ari mu bahanzi ba mbere bo mu karere bakoze amateka akomeye mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba kuva mu myaka ya za 2000, akaba azwiho no kugira igitaramo gikomeye mu muziki w’imitarama.

    Nubwo atatangaje amatariki nyir’izina n’aho igitaramo kizabera, abategura ibitaramo mu Rwanda batangaje ko ibiganiro bigeze kure, kandi bimaze kwemezwa ko kizaba mu mpeshyi y’uyu mwaka.

    Abakunzi ba Chameleone mu Rwanda bamwakiriye neza ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’itangazo rye, benshi bavuga ko bamukumbuye cyane kandi biteguye kumushyigikira nk’uko byagenze mu bitaramo bye byabanje.

  • Chris Brown Yasabye Urukiko Guhisha Amakuru Ajyanye n’Urubanza Aregwamo, Yitwaje Umutekano w’Umuryango we

    Chris Brown Yasabye Urukiko Guhisha Amakuru Ajyanye n’Urubanza Aregwamo, Yitwaje Umutekano w’Umuryango we

    Umuhanzi w’icyamamare Chris Brown yasabye urukiko ko rwamufasha guhisha inyandiko z’ibyo yavuze mu rubanza aregwamo, aho ashinjwa gukomeretsa umuntu binyuze ku mbwa ye, mu kirego cy’amafaranga agera kuri miliyoni 90 z’amadolari.

    Chris Brown yagaragaje impungenge z’uko iyo nyandiko yashyirwa ahagaragara bishobora gushyira ubuzima bw’abana be n’abandi bagize umuryango we mu kaga, yibutsa ko mu bihe bishize urugo rwe rwigeze kwinjirwamo n’abajura inshuro nyinshi.

    Nk’uko byatangajwe n’abanyamategeko be, iyi nyandiko y’iremezo (deposition) irimo amakuru yihariye ajyanye n’imiterere y’ubuzima bwe bwite, aho abana be baba, n’andi makuru y’ubwirinzi ashobora gukoreshwa nabi n’abantu bafite imigambi mibi.

    Ibi bibaye mu gihe Chris Brown aregwa n’umukozi wahoze amufasha mu rugo, uvuga ko yatewe n’imbwa ye bikamuviramo ibikomere bikomeye, bigatuma aregera indishyi zishingiye ku bikomere byo ku mubiri ndetse n’ihungabana ryo mu mutwe.

    Chris Brown yahakanye kuba yarirengagije inshingano zo kurinda umutekano w’abandi bari mu rugo rwe, ariko avuga ko atifuza ko uru rubanza rutuma umuryango we ushyirwa mu byago birenze ibyo ashinjwa.

    Kugeza ubu, urukiko ntiruratangaza icyemezo ku busabe bwe bwo guhisha inyandiko z’uru rubanza, ariko abasesenguzi mu by’amategeko bavuga ko uruhare rw’itangazamakuru n’uburenganzira bwo kumenya ukuri bishobora guhangana n’uburenganzira bwe ku buzima bwite n’umutekano w’umuryango.

  • Sudan Yahagaritse Umubano wa Dipolomasi n’Igihugu Ishinja Ko Gitera Inkunga Inyeshyamba

    Sudan Yahagaritse Umubano wa Dipolomasi n’Igihugu Ishinja Ko Gitera Inkunga Inyeshyamba

    Mu gihe intambara ikomeje guhitana ubuzima bwa benshi muri Sudan, Leta y’iki gihugu yatangaje ko ihagaritse umubano wa dipolomasi n’igihugu kitatangajwe izina, igishinja gufasha umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) uhanganye n’ingabo za Leta.

    Itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga rya Sudan, rivuga ko iki cyemezo gishingiye ku “bimenyetso bifatika bigaragaza ko icyo gihugu cyagize uruhare mu gutera inkunga inyeshyamba, binyuze mu buryo bwa politiki, ubufasha bw’intwaro n’itumanaho.” Leta ivuga ko ibyo ari ibikorwa bigamije kwivanga mu miyoborere y’igihugu no guhungabanya umutekano wacyo.

    Who Are Sudan's Rapid Support Forces? - The New York Times

    Umutwe wa RSF uyobowe na Mohamed Hamdan Dagalo (Hemedti), wigeze kuba igice cy’igisirikare cya Leta, ariko ukaza kwigomeka mu ntambara yatangiye muri Mata 2023. Kuva icyo gihe, RSF yigaruriye ibice binini bya Sudan birimo n’uduce twa Khartoum ndetse na Darfur, bikaba byaragize ingaruka zikomeye ku baturage no ku miterere ya Leta.

    Nubwo igihugu cyavuzwe kitatangajwe ku mugaragaro, bamwe mu basesenguzi bemeza ko bishobora kuba ari kimwe mu bihugu byo mu karere cyangwa ku rwego mpuzamahanga byavuzwe mu nyandiko zitandukanye nk’abatiza umurindi uyu mutwe, birimo Emirates Arabes Unies (UAE) cyangwa Tchad. Icyakora Leta ya Sudan yavuze ko “ikomeje gukusanya ibimenyetso byose bizatuma izina ry’icyo gihugu ritangazwa mu buryo bwemewe n’amategeko mpuzamahanga.”

    Viewfinder: Members of Sudan's Rapid Support Forces Stand Guard

    Iki cyemezo kije mu gihe Sudan ikomeje gusaba inkunga mpuzamahanga yo gukemura ikibazo cy’umutekano muke no kugarura ubwumvikane hagati y’impande zishyamiranye. Sudan yanahamagariye Umuryango w’Abibumbye (UN) n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) kugira uruhare rugaragara mu kwamagana ibihugu bikomeje gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro, aho kubashishikariza inzira y’amahoro.

    Kugeza ubu, iyi ntambara imaze guhitana abantu barenga 13,000, abandi barenga 7 miliyoni baravuye mu byabo, nk’uko imibare y’Umuryango w’Abibumbye ibigaragaza. Imiryango mpuzamahanga irimo Médecins Sans Frontières na ICRC ivuga ko ibitaro n’ibigo nderabuzima byinshi bimaze gusenyuka, abandi bantu bakabura ubuvuzi bw’ibanze.

    Sudan: Rapid Support Forces Facebook pages removed from platform | Middle  East Eye

    Icyemezo cya Sudan cyo guca umubano na kimwe mu bihugu by’inshuti zayo, ni intambwe ikomeye kandi ishobora gutuma umwuka mubi hagati y’ibi bihugu urushaho gukara. Ndetse binatanga ishusho y’uko ikibazo cy’intambara muri Sudan gishobora gukomeza gufata isura mpuzamahanga, kikaba intandaro y’ubushyamirane bwambukiranya imipaka.

  • Vatikani: Hatangiye Misa ibanziriza amatora ya Papa mushya usimbura Papa Fransisiko

    Vatikani: Hatangiye Misa ibanziriza amatora ya Papa mushya usimbura Papa Fransisiko

    Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, i Vatikani, muri Bazilika ya Mutagatifu Petero, hatangiye Igitambo cya Misa cyitabiriwe n’Abakaridinali baturutse imihanda yose ku Isi, nk’uko bisanzwe bikorwa mbere y’amatora ya Papa mushya. Iyi Misa ibaye mu gihe Kiliziya Gatolika iri mu bihe by’akababaro nyuma y’urupfu rwa Papa Fransisiko, witabye Imana mu cyumweru gishize.

    Ni umuhango ukomeye mu mateka ya Kiliziya Gatolika, aho Abakaridinali bitabira Misa bazajya mu cyumba cyitiriwe Shapeli ya Sistine (Sistine Chapel), aho amatora ya Papa mushya azabera. Nk’uko byatangajwe na Vatikani, Umutambagiro wo kwinjira muri Shapeli ya Sistine uteganyijwe gutangira saa 10:30 z’umugoroba (4:30 PM ku isaha ya Roma).

    Muri ayo masaha, abakaridinali bazafata imyanya yabo mu cyumba cyatoranyirijwe amatora, aho buri wese azarahira imbere y’abandi avuga ko azatora mu bwisanzure, atagamije inyungu ze bwite, kandi azahora akurikiza amahame ya Kiliziya.

    No photo description available.

    Igihe cy’amatora kimaze kugera, Abakaridinali 122 bafite uburenganzira bwo gutora bazinjira muri Shapeli ya Sistine batemerewe kugira undi muntu bakorana—haba abanyamakuru, abarinzi cyangwa abakozi b’imbere. Buri Karidinali atora mu ibanga, yuzuza urupapuro rwanditseho amazina y’uwifuzwa, agashyirwa mu kofi itagira izina, ikazanwa imbere y’urusengero, aho bishyirwa hamwe kugira ngo ibyavuye mu itora bigaragare.

    Nk’uko bisanzwe mu mategeko ya Vatikani, Papa mushya agomba gutorwa n’ibura bibiri bya gatatu (2/3) by’amajwi y’abatora bose. Kuri uyu munsi, biteganyijwe ko hazabaho itorwa rimwe gusa, rishobora gutangira nyuma yo gutambagira kwinjira muri Shapeli ya Sistine.

    Ibyavuye mu itora rya mbere biritezwe gutangazwa ahagana saa 7:00 PM ku isaha ya Roma, niba nta gihindutse. Icyo gihe ni ho abantu bari mu rugo rwa Mutagatifu Petero n’abakurikiranira hafi ibirimo kubera i Vatikani bazareba umwotsi uva mu Kaminuza ya Sistine: umukara bivuze ko nta watowe, umweru bivuze ko Papa mushya yamaze gutorwa.

    No photo description available.

    Ubu buryo bw’amatora ni kimwe mu bikorwa bya kera mu mateka ya Kiliziya Gatolika, kandi bukaba bugaragaza icyubahiro gikomeye butangwa kuri uwo uzajya mu mwanya wa Petero nk’Umuyobozi wa Kiliziya ku isi hose. Abayoboke ba Kiliziya Gatolika barenga miliyari imwe ku isi hose bari mu masengesho, bategereje kureba uzasimbura Papa Fransisiko, wamamaye mu bikorwa by’ubutabera, uburinganire n’isanamitima ku isi.