Category: Amakuru

  • Menya amateka ya Huro: ahaturukaga imbuto zo kwizihiza Umuganura

    Menya amateka ya Huro: ahaturukaga imbuto zo kwizihiza Umuganura

    Umusozi wa Huro uherereye mu Mudugudu wa Rubona, Akagari ka Huro, Umurenge wa Muhondo, Akarere ka Gakenke, Intara y’Amajyaruguru. Kera kahoze ari u Bumbogo. Hakaba ari hamwe mu hantu ndangamateka habungabunzwe.

    Huro hari umurwa w’abanyamihango b’Umuganura bitwaga Abiru bo kwa Myaka,bakaba ari nabo bategekaga uyu musozi.

    Hahurizwaga imyaka ikoherezwa ibwami gukoreshwa mu muhango w’Umuganura. Iyo ni yo mvano y’imvugo yogeye mu Rwanda igira iti: “Ihuriro ni i Huro”.

    Kimwe mu bimenyetso by’amateka i Huro ni Ivubiro ryahashyizwe n’umuvubyi witwaga Minyaruko ya Nyamikenke
    wari umwami w’u Busigi mu kinyejana cya 16,abisabwe n’Umwami  Ruganzu II Ndori.

    Ivubiro ryifashishwaga n’Abiru bapima imvura.

    Iri vubiro ryifashishwaga n’Abiru b’abahinzi bo kwa Myaka bakarikoresha bapima imvura, bashaka kumenya niba izagwira igihe cyangwa izatinda.

    Iyo bamenyaga ko izatinda bihutiraga kuyivubisha kugira ngo badatinda kubiba imbuto zizera imyaka yo gukoresha mu muhango w’Umuganura.

    Kuri uyu wa 31 Nyakanga 2025,ubwo abakozi b’Inteko y’Umuco,Itangazamakuru n’abandi bayobozi batandukanye basuraga i Huro nk’ahantu ndangamurage by’umwihariko ahaturukaga imbuto zo kwizihiza Umuganura,Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Madamu MUKANDAYISENGA Vestine ,yavuze ko mu rwego rwo gusigasira amateka aka karere mu minsi ya vuba kagiye guha ingurane y’ubutaka umuturage ufite isambu irimo aya mateka kugirango babashe kuyabungabunga ari mu maboko yako.

    Ati “Turi muri gahunda y’uko tuzabarira umuturage uhafite ubutaka kuburyo hanyuka nk’akarere tukamuha ingurane ikwiye hanyuma tukazahashyira uruzitiro kandi turi kuvugana n’abafatanyabikorwa ku buryo dushobora kuhubaka nk’inzu ntoya ishobora kujyamo ariya mateka  abasaza basobanura amateka ni bakuru ari ejo cyangwa ejobundi bazaba batagihari ariko dushobora gushyiramo n’amashusho (video) yabo babisobanura”.

    MUKANDAYISENGA Vestine,uyobora akarere ka Gakenke,avuga ko ubuyobozi buzakomeza kubungabunga ahantu ndangamurage hari muri aka karere.

    Ubushakashatsi bwakozwe n’Inteko y’Umuco,bwagaragaje ko mu Rwanda hari ahantu ndangamurage 530 hakaba hagomba gushyirwaho ibyapa biharanga no gukomeza kuhabungabunga.

    Bwana Uwiringiyimana Jean Claude,Intebe y’Inteko yungirije mu Nteko y’Umuco,avuga ko Inteko y’Umuco yiyemeje ku bufatanye n’uturere ahantu hose ndangamurage hazashyiraho ibyapa biharanga.

  • GASABO: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga

    GASABO: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga

    Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo mu Mirenge ya Ndera, Rusororo na Gikomero, yafashe abantu bateka bakanakwirakwiza ikiyobyabwenge cya kanyanga mu baturage,hafatwa Litiro zirenga 30, na bamwe mubazitekaga bagera kuri 05 bakaba bafungiye kuri sitasiyo za Polisi zikorera muri iyo mirenge.

    Aba bafashwe mu bikorwa bya Polisi byo kurwanya ibiyobyabwenge mu baturage ku bufatanye n’abaturage batanga amakuru ababikora bagafatwa.

    Mu Murenge wa Rusororo mu Kagali ka Gasagara hafatiwe Litiro 20 n’ibikoresho bifashisha mu kuyiteka, uwayitekaga yahise yiruka inzego z’umutekano ziri kumushakisha.

    Mu Murenge wa Ndera mu Kagali ka Bwiza hafatiwe Litiro 05, ndetse n’abagabo babiri bari bayitwaye kuri moto bayishyiriye abakiriya.

    Mu Murenge wa Gikomero mu Kagali ka Murambi na Munini, hafatiwe Litiro 10 za kanyanga ndetse hanafatwa abantu 03 bayicuruzaga barafungwa.

    Kanyanga mu Rwanda ifatwa nk’ikiyobyabwenge bityo abayiteka, abayinywa na bayikwirakwiza mu baturage baba bakoze icyaha kandi gihanishwa igifungo kinini, abaturage barasbwa kwirinda ibikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge kuko inzego z’umutekano zifatanije n’abaturage zarabahugurukiye ngo bafatwe.

    Abaturage barashimirwa uruhare bagira mu gutanga amakuru ngo abacuruza ibiyobyabwenge bafatwe kandi bahanwe, by’umwihariko abatuye mu Mirenge yo mu nkengero z’umujyi wa Kigali hari kugaragara abacuruza ibiyobyabwenge, tunakangurira abanda bose kugira uruhare mu kurwanya ibiyobwenge dutangira amakuru ku gihe.

  • Nyuma y’aho Nyina Akatiwe, Sean Kingston Ashobora Gufungwa Imyaka 6

    Nyuma y’aho Nyina Akatiwe, Sean Kingston Ashobora Gufungwa Imyaka 6

    Abashinjacyaha bari gusaba ko umuhanzi w’Umunyamerika Sean Kingston ahanishwa igifungo kiri hagati y’amezi 63 na 78 (imyaka 5 kugera kuri 6 n’amezi 6), nyuma yo gushinjwa uruhare mu buriganya bwatwaye miliyoni z’amadolari.

    Mu nyandiko bashyikirije urukiko, abashinjacyaha bavuga ko raporo y’ibanze yatanzwe n’urukiko “yirengagije ibyangiritse byose n’ingaruka z’ubu buriganya ku bahohotewe.” Ibyo ni byo byatumye basaba ko igihano gikazwa ndetse Kingston agasabwa kwishyura miliyoni 1.17 z’amadolari nk’indishyi ku byangijwe.

    Uyu muhanzi, wamamaye mu ndirimbo nka Beautiful Girls, kuri ubu ari mu maboko y’ubutabera ariko ari gukurikiranwa ari mu rugo rwe kuko yafunguwe by’agateganyo, asigaye ategereje umwanzuro w’urukiko uzatangazwa ku wa 28 Kanama 2025.

    Mu gihe Kingston akiri mu rugo, nyina Janice Turner we yahamijwe icyaha muri uru rubanza rumwe, agakatirwa gufungwa imyaka itanu. Yategetswe no kwishyura indishyi, nubwo hakiri gutegerezwa kumenya neza umubare w’amafaranga agomba gusubizwa abahuye n’ingaruka z’ubu buriganya.

    Sean Kingston n’abo bafatanyije n’ubu bujura bashinjwa ko bakoze amayeri agamije kwambura amafaranga abantu n’ibigo binyuranye, harimo kugura ibikoresho by’ikoranabuhanga bihenda cyane hakoreshejwe amakarita n’ibinyoma bitandukanye.

  • Kuki Iyo Umuntu Yanyweye Inzoga Aribwo Avugisha Ukuri?

    Kuki Iyo Umuntu Yanyweye Inzoga Aribwo Avugisha Ukuri?

    Ni kenshi abantu bavuga ko “ukuri kwose gusohoka iyo umuntu yasinze.” Ibi si amagambo gusa ahubwo ni ibintu bimenyerewe mu buzima bwa buri munsi: umuntu aba asanzwe acecetse cyangwa ahisha ibitekerezo bye nyakuri, ariko akimara kunywa inzoga, atangira kuvuga ibintu asanzwe abitsemo cyangwa akavuga ukuri atari bwigere atinyuka kuvuga mu busanzwe. Ariko se, kuki ibi bibaho? Ni iki kiba kiri kubera mu mubiri no mu mitekerereze y’umuntu? Ese ni byo koko inzoga zituma umuntu avugisha ukuri, cyangwa ni uburyo bwo kwirekura gusa?

    1. Uko inzoga zigira ingaruka ku bwonko
    Inzoga zigira ingaruka kuri système nerveuse centrale (ubwonko n’imyakura). Iyo umuntu anyoye inzoga nyinshi, zimugiraho ingaruka ziganisha ku guta ubwenge buhagije bwo kugenzura ibitekerezo n’imyitwarire. Ibi ni byo bita disinhibition, aho umuntu atakaza ubushobozi bwo kwifata, gukomeza ibanga, cyangwa gutekereza ku ngaruka z’ibyo avuga cyangwa akora.

    Ibi bituma umuntu avuga ibintu atari gutinyuka kuvuga igihe ari muzima, cyangwa akagaragaza amarangamutima yari yarahishe igihe kirekire.

    2. Ukuri cyangwa amarangamutima akabije?
    Abahanga mu mitekerereze bemeza ko inzoga zidahindura ibitekerezo umuntu afite, ahubwo zikuraho igitutu cyamubuza kubivuga. Iyo umuntu anyoye, ashobora gutinyuka kuvuga ukuri yari asanzwe ahisha kubera ubwoba bwo kubabaza abandi, gusebya, cyangwa kwitwaza ko ibintu “bidakwiye kuvugwa.”

    Aha ni ho havuka ibitekerezo bikomeye bivugwa n’abasinze: ugasanga umuntu yavuze ukuri ku byo atekereza ku muryango, inshuti, cyangwa ibibazo bye by’imbere mu mutima. Hari abavuga amagambo akomeretsa, abandi bakavuga ibihishe bikababera igisubizo cyangwa gutabaruka.

    3. Uko inzoga zirekurira amarangamutima
    Inzoga zishobora gutuma amarangamutima akubita hejuru: ibyishimo bikabije, agahinda kenshi, cyangwa uburakari budasanzwe. Ibi byose bituma umuntu avuga ibintu atari asanzwe yatura. Aho gusiba ukuri, akabivuga byose atitaye ku ngaruka.

    Iyo umuntu agize intimba cyangwa ikibazo gikomeye, ariko akabura uko agihingura, akenshi asanga inzoga ari yo nzira yonyine yo “kwirekura”. Aho ni ho usanga avuga byose mu buryo bw’umuhangayiko cyangwa amarira, ati: “nari ntakibasha kubyakira.”

    4. Ibihe bimwe si ukuri, ni urwitwazo
    Nubwo akenshi byitwa “ukuri”, si ibintu byose bivugwa n’uwasinze byakwizerwa 100%. Hari n’abakoresha inzoga nk’urwitwazo rwo kuvuga ibibi bari basanzwe batekereza ariko badashobora kubibazwa igihe barimo gusinda. Abo, baba bazi ibyo bavuga, ariko bakabikora bazi ko bazabyitwaza: “narasinze ntabwo nari nzi ibyo mvuga.”

    Ibi bitandukanye n’ukuri gufite ishingiro, kuko hari ubwo inzoga zongerera umuntu ubwiyahuzi bwo kuvuga ibitababereye, aho kuba ukuri kwari kumuri mu mutima.

    5. Icyo bisobanuye ku mibanire n’imibanire rusange
    Ibi bintu bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mibanire y’abantu: hari aho kuvugisha ukuri k’umusinzi kwangiza urukundo, ubucuti, cyangwa akazi. Ariko hari n’aho bigaragariza abantu ikibazo cyari cyaribitswe cyakagombye gukemurwa. Iyo bivuzwe mu buryo bwiza, bishobora gufasha abantu kuganira ku byari bimaze igihe bihishe.

    Icyitonderwa: Ukuri ntigukwiye gutegerezwa mu nzoga
    Nubwo byumvikana ko umuntu ashobora kuvugisha ukuri iyo yanyweye inzoga, ntabwo ari byo byifuzwa. Ukuri kugomba kuvugwa igihe cyose n’ubushake bwo gusobanura no gukemura, aho gutegereza ko ubwonko businzira kugira ngo butavumbura ibanga. Kumenya kuvugisha ukuri mu gihe nyacyo ni ikimenyetso cy’ubushobozi bwo kwiyubaka no kubana neza n’abandi.

    Nubwo abantu benshi bavuga ko ari bwo bavugisha ukuri iyo basinze, igisubizo nyacyo ni uko inzoga zishobora gusenya ubushobozi bwo kwifata, bigatuma ibiri mu mutima bisohoka. Ariko si ibintu byose bivugwa muri icyo gihe bikwiye gufatwa nk’ukuri ku buryo butaziguye. Kurera umuco wo kuvugisha ukuri mu buzima busanzwe, ni yo nzira nziza yo kubaka imibanire irambye.

  • NYARUGENGE: Umusore yafatanwe ibiro bine by’urumogi

    NYARUGENGE: Umusore yafatanwe ibiro bine by’urumogi

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu,tariki ya 26/07/2025,Polisi ikorera muri gare ya Nyabugogo, yafashe umusore witwa HABAMAHIRWE Francois w’imyaka 18 y’amavuko ukomoka mu Karere ka BURERA mu Murenge wa NEMBA afite ibiro bine (4kgs) by’urumogi avuga ko yarukuye mu Karere ka BURERA.

    ‎HABAMAHIRWE, yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, akaba yiyemerera ko yararuzanye mu mujyi wa Kigali (REMERA) aho yari guhurira n’abandi barucuruza.

    Uwafashwe n’urumogi yarafite afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kimisagara ngo akorerwe dosiye ishyikirizwe Ubugenzacyaha, iperereza kikaba rikomeje ngo hafatwe n’abandi bakorana.

    Polisi y’Igihugu irashimira uruhare rw’abaturage bagira kugirango abantu bafite umugambi wo kwica ubuzima bw’abaturage babaha ibiyobyabwenge bafatwe, ibi kandi bikaba biragaragaza ikimenyetso cy’ubufatanye hagati ya Polisi n’abaturage mu kurwanya ibiyobyabwenge.

    ‎Iteka rya Minisitiri w’Ubuzima No 001/moh/2019 ryo ku wa 04 Werurwe 2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

    ‎Ni mu gihe itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo yaryo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    ‎Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu irenze miliyoni 20 Frw ariko itarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

  • GASABO: Polisi yafashe abantu babiri bacuruza urumogi n’ibindi bikoresho byibwe

    GASABO: Polisi yafashe abantu babiri bacuruza urumogi n’ibindi bikoresho byibwe

    Polisi ikorera mu karere ka Gasabo,‎kuwa 25/07/2025 saa 10h00, mu mudugudu wa Gisharara, akagali Nyagahinga, umurenge Rusororo , yafashe abantu babiri bacuruza urumogi n’ibindi bikoresho byibwe.

    ‎Ni nyuma y’amakuru yahawe n’umuturage ko hari ahantu uwitwa NZAKUZWANAYO w’imyaka 38 y’amavuko acuriza urumogi, abapolisi bahise bajyayo basanga ari kurufunga mu mabule ndetse bamusangana ibiro bitatu byarwo.

    ‎Nyuma yo kumuta muri yombi,yabwiye Polisi ko arangura urwo rumogi kwa NSENGIMANA bakunze kwita Kazungu ufite imyaka 31,Polisi yihutira kuhagera isanga mu cyumba araramo urumogi ibiro bibiri na litiro imwe ya kanyanga yari ku musego .


    Kwa NSENGIMANA kandi ‎hasanzwe ibikoresho bitandukanye bigaragara ko aribyo yiba kuko atagaragaza inkomoko yabyo birimo amagare atatu yari mu gisenge cy’icyumba aryamamo n’andi abiri ari hanze,amacupa ane n’ishyiga rimwe bya gaz,Valise imwe n’bindi bitandukanye adafitiye ibisobanuro.

    ‎Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo bakaba bigiye gukorerwa amadosiye agashyikirizwa Ubugenzacyaha mu gihe cyagenwe.

    ‎Polisi y’u Rwanda irashimira abantu batanga amakuru kugirango abanyabyaha nkaba bafatwe, ikaba ishishikariza abandi gutanga amakuru cyane cyane ku bakora ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge n’ubujura. ‎Abishora mu byaba nabo baragirwa inama yo kubireka bagashaka ibyo bakora bizima.‎

  • Nyina wa Sean Kingston yakatiwe imyaka 5 y’igifungo, umuhungu we nawe ari mu mazi abira

    Nyina wa Sean Kingston yakatiwe imyaka 5 y’igifungo, umuhungu we nawe ari mu mazi abira

    Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, inkuru ivuga ku muhanzi Sean Kingston n’umubyeyi we, Janice Turner, imaze iminsi ishyushye mu itangazamakuru. Kuri uyu wa mbere, tariki ya 22 Nyakanga 2025, urukiko rwo muri Florida rwakatiye Janice Turner igifungo cy’imyaka 5 nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo uburiganya mu bucuruzi, gukoresha amayeri mu kubona ibicuruzwa bihenze no kunyereza umutungo.

    Uyu mubyeyi w’imyaka 61 y’amavuko, yahamijwe uruhare mu bikorwa bigera ku 80 by’uburiganya byakozwe mu izina rye no mu izina ry’umuhungu we, Sean Kingston. Ibi byaha byibanze ku gukoresha amazina y’abandi bantu no guha ibinyoma ba rwiyemezamirimo batandukanye kugira ngo babone ibintu by’agaciro nk’ibikoresho bya muzika, televiziyo zihenze, imodoka, n’ibindi byinshi, byose bigezwa ku rugo rwa Sean Kingston.

    Rapper Sean Kingston and his mother indicted on federal charges in alleged  $1M fraud scheme

    Sean Kingston, wamenyekanye cyane mu ndirimbo nka Beautiful Girls na Fire Burning, aracyari mu maboko ya polisi nyuma yo gutabwa muri yombi mu kwezi kwa Gatanu 2025, aho polisi yakoze operation yihariye mu rugo rwe i Fort Lauderdale muri Florida.

    Ibimenyetso byinshi byerekana ko Sean ubwe yaba yarafashije cyangwa yaragize uruhare mu bikorwa by’uburiganya byakorwaga na nyina. Harimo amakuru avuga ko yakoresheje amazina y’ibyamamare ndetse n’ibikoresho by’itangazamakuru byabaga byahimbwe kugira ngo yemererwe kugura ibikoresho bihenze ku nguzanyo cyangwa ku bwumvikane, ariko bikarangira batishyura.

    Ibyaha bikomeye byamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha, birimo:

    • Kunyereza umutungo urengeje $1,000,000 USD,
    • Gukoresha impapuro mpimbano,
    • Kubeshya mu masezerano y’ubucuruzi,
    • Gukoresha amazina y’abandi bantu kugira ngo babone serivisi cyangwa ibicuruzwa.

    Sean Kingston, ufite imyaka 35 y’amavuko, aramutse ahamwe n’ibyaha byose aregwa, ashobora gukatirwa igifungo cy’imyaka 20.

    Abafana benshi bagaragaje agahinda n’akababaro ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bavuga ko batari biteze ko Sean Kingston, wigeze kuba icyamamare ku rwego rw’isi, ashobora kugwa muri ruswa n’uburiganya. Hari n’abandi bavuga ko ashobora kuba yaraguwe gitumo kubera ubushobozi buke bwo gukomeza kubaho nk’icyamamare kandi atagihagaze neza mu muziki.

    Sean Kingston's mom sentenced to 5 years in prison for fraud | Miami Herald

    Abahanzi nka Tory Lanez, Chris Brown, na Ty Dolla $ign bavuzwe mu bantu bake batanze ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga, aho bagaragaje impungenge ku bijyanye n’igihe kizaza cya Kingston, ariko bakamusabira gukorana n’ubutabera no gusubira ku murongo.

    Hari bamwe bacyemera ko Sean Kingston ashobora kongera kugaruka mu muziki, ariko bikaba bigoye cyane. Kuva mu 2010 kugera ubu, ibikorwa bye bya muzika byagiye bigabanuka, ndetse hari n’abavuga ko iyi dosiye yaba ari ishyano ryanyuma rimukuraho burundu icyizere cyo kugaruka nk’umuhanzi ukomeye.

    Kuri ubu, urubanza rwe rurakomeje, kandi mu byumweru biri imbere harateganyijwe iburanisha rikomeye rishobora gutanga igisubizo niba azakatirwa cyangwa hari ibyo azaburana yisobanura.

  • GASABO: Polisi yafashe abantu 7 bibaga abaturage mu ngo

    GASABO: Polisi yafashe abantu 7 bibaga abaturage mu ngo

    Tariki ya 24/07/25, Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo mu Mirenge ya Ndera na Rutunga yafashe abasore barindwi bakurikiranweho ubujura bwo kwiba abaturage mu ngo bakabiba bimwe mu bikoresho byo munzu, bafashwe nyuma yahoo abaturage batuye muri iyi mirenge bagaragarije ikibazo cy’abajura babiba babanje gutobora inzu.

    Mu murenge wa Ndera mu Kagali ka Rudashya, Umudugudu wa Nyakagezi,hafatiwe abagabo 3, bafashwe na Polisi ifatanaje n’izindi nzego z’umutekano nyuma yaho bari bamaze iminsi bashakishwa kubera kugira uruhare mu kwiba amapiyese y’amagare amakarito 08 yibwe muri Duabi Port mu minsi ishize agafatirwa aho batuye ariko bagahita batoroka, bakaba bari bamaze iminsi bashakishwa.

    Mu murenge wa Rutunga mu Kagali ka Kabariza, Umudugudu wa Kabariza Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano yafashe abasore 04, nyuma yuko abaturage batanze amakuru y’uko aba basore barara biba mungo z’abaturage ibikoresho byo munzu bakaba bashakishwaga baraye bafashwe, aba basore kandi ubu bujura babukoraga bitwaje ibyuma.

    Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera na Rutunga.

    Polisi y’ u Rwanda iraburira umuntu wese wumvako azatungwa n’I byabandi guhindura imyumvire agashaka ibyo akora, ubujura ntabwo bwaguhira, ntabwo bwagutunga, uziba ufatwe ufungwe bityo udindire mu iterambere, inzego z’umutekano zarabahagurukiye muhindure imyumvire mukore kuko ubujura ntibukiza ahubwo burakenya.

    Turashimira abaturage batanga amakuru abajura nk’aba bagafatwa, tunashishikariza abaturage kujya batanga amakuru ku gihe bakagaragaza abantu nk’aba biba abaturage bagafatwa bagahanwa.

     

  • Ese Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?

    Ese Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?

    Ku wa Gatatu, tariki ya 23 Nyakanga 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva, asimbura Dr. Edouard Ngirente wari umaze imyaka igera ku munani ari kuri uwo mwanya.

    Ni izina rishobora kuba ritari rizwi cyane mu ruhando rwa politiki rusange, ariko Dr. Nsengiyumva ni umwe mu banyabwenge bakomeye bafite ubunararibonye mu miyoborere, ubukungu, no mu micungire y’imishinga migari y’iterambere. Iyi nkuru irasesengura uwo ari we, aho yavuye n’impamvu ashobora kuba ari we wagiriwe icyizere cyo kuyobora Guverinoma y’u Rwanda.

    Dr. Justin Nsengiyumva yavukiye mu Ntara y’Amajyepfo mu 1974, bivuze ko afite imyaka 51 y’amavuko. Yize amashuri abanza n’ayisumbuye mu Rwanda mbere yo gukomereza mu mahanga.

    Dr. Justin Nsengiyumva yagizwe Minisitiri w'Intebe w'u Rwanda

    Yakuye impamyabumenyi ya mbere y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza muri Kaminuza y’u Rwanda mu Ishami ry’Ubukungu. Nyuma yaho, yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu (PhD) mu Bukungu muri Harvard University, imwe muri za kaminuza zikomeye ku isi.

    Mu gihe cye cy’amashuri, yagaragaje ubuhanga bukomeye mu bijyanye n’icukumbura ry’ubukungu, igenamigambi rishingiye ku mibare, ndetse no gushaka ibisubizo birambye ku bibazo byugarije iterambere ry’Afurika.

    Mbere yo kugirwa Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva yari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Igenamigambi n’Ubushakashatsi (International Policy & Economic Research Center – IPERC) gifite icyicaro i Genève, mu Busuwisi. Ni ikigo cyagize uruhare mu nyigo z’iterambere ry’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, harimo n’u Rwanda.

    Yabaye kandi Umujyanama mu by’ubukungu wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), aho yayoboye imishinga itandukanye igamije gufasha ibihugu bya Afurika kongera ubushobozi mu gucunga neza umutungo, gushyira mu bikorwa gahunda za leta zishingiye ku mibare no kunoza imisoro.

    Uretse ibyo, Dr. Nsengiyumva yakoranye n’ibigo by’ubushakashatsi mpuzamahanga birimo n’Umuryango w’Abibumbye (UNDP), Banki y’Isi (World Bank), ndetse n’Ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi ku iterambere (IDRC) cyo muri Canada.

    Kugirwa Minisitiri w’Intebe kwe byafashwe nk’icyemezo gifite intego yihariye: kongera imbaraga mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda z’igihugu zishingiye ku bukungu bushingiye ku bumenyi, ikoranabuhanga, no gukoresha neza umutungo kamere n’abantu. Perezida Kagame akunze gushimangira ko igihugu cyifuza guharanira impinduka zishingiye ku musaruro n’imikorere myiza.

    Rwanda Gets New Prime Minister as Kagame Picks Nsengiyumva - Rwanda  Dispatch News Agency

    Dr. Nsengiyumva azanye ubunararibonye budasanzwe mu miyoborere ishingiye ku bushakashatsi no gufata ibyemezo bifite ishingiro. Kuba afite amateka adasanzwe mu kazi mpuzamahanga, bikaba byitezwe ko azana uburyo bushya bwo gutekereza no gucunga Guverinoma mu bihe igihugu gihanganye n’ingaruka z’ihindagurika ry’ikirere, iterambere ritajegajega, n’isoko ryo mu karere ririmo guhangana.

    Nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, Minisitiri w’Intebe mushya afite inshingano zo guhuza ibikorwa bya Guverinoma, gushyira mu bikorwa gahunda za Perezida no gutanga umurongo uhamye ku ngamba z’igihugu. Abanyarwanda baritezeho ubunyamwuga, gutega amatwi ibibazo by’abaturage, gukorana n’abandi bayobozi batandukanye n’abafatanyabikorwa mu iterambere, no guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda bose.

    Mu ijambo rye rya mbere nyuma yo kugirwa Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva yavuze ko “yiyemeje gukorera u Rwanda n’Abanyarwanda bose, aharanira ubuyobozi bushingiye ku ndangagaciro z’ubwitange, umurava n’ubunyangamugayo.”

  • Umusore Yakomeretse Ururimi Aho Yarimo Ashaka Gusoma Ku Ngufu Umukobwa w’Imyaka 14

    Umusore Yakomeretse Ururimi Aho Yarimo Ashaka Gusoma Ku Ngufu Umukobwa w’Imyaka 14

    Mu ijoro ryo kuwa 22 Nyakanga 2025, i Burundi mu kabari ko mu mudugudu wa Kananira, mu murenge wa Tangara, Intara ya Butanyerera, haraye habereye inkuru itangaje aho umusore w’imyaka 25 yakomeretse bikomeye ku rurimi nyuma yo kugerageza gusoma ku ngufu umukobwa w’imyaka 14.

    Uyu mukobwa bivugwa ko amaze iminsi arimo akorera muri ako kabari, ngo yahoraga yirinda uwo musore wamuhatiraga ko bagirana umubano wihariye. Abatangabuhamya bavuga ko uwo musore yari amaze iminsi ahiga uwo mukobwa, amugendaho amwifuzaho imibonano mpuzabitsina, ariko we akamwihorera burundu.

    Kuri uwo mugoroba, bombi baganiriye gato, ariko uwo mukobwa ntiyigeze yemera ibyo uwo musore yamusabaga. Biravugwa ko uwo musore amaze kubona ko ibyo yamwifuzagaho bitagishobotse, yahise amufata ku ngufu ashaka kumusoma. Uwo mukobwa nawe ntiyigeze yihanganira ibyo yahise amuhekenya isonga y’ururimi hafi yo gucika.

    Nk’uko byemezwa n’inzego z’ibanze, uwo musore yahise ajyanwa igitaraganya ku bitaro bya Buhiga kugira ngo yitabweho, naho uwo mukobwa yahise atabwa muri yombi, ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kananira mu murenge wa Tangara.