Burkina Faso na Mali byihimuye kuri Amerika

Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu bya Burkina Faso na Mali,kuwa 30 Ukuboza 2025, batangaje ku mugaragaro ko ibihugu byabo bifashe ingamba zibuza abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwinjira ku butaka bwabyo.

Impamvu y’iki cyemezo ngo n’igisubizo ku cyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo gushyira ibi bihugu ku rutonde rw’ibifite abaturage batemerewe kwinjira muri Amerika, kubera impungenge z’umutekano muke uterwa n’imitwe y’iterabwoba. Amerika ishinja ibi bihugu kudashyiraho ingamba zihamye zo guhangana n’imitwe yitwaje intwaro, bikaba byateza ibyago ku mutekano wayo.

Iki cyemezo cyafashwe n’ibihugu bya Burkina Faso na Malikcyongereye ubukana bw’umwuka mubi mu mubano w’ibi bihugu n’ibihugu byo mu burengerazuba, cyane cyane nyuma y’uko ibi bihugu byombi byegereye Uburusiya mu rwego rwo gushaka ubufasha mu guhashya ibikorwa by’iterabwoba.

Colonel Assimi Goïta,uyobora igihugu cya Mali na mugenzi we Captain Ibrahim Traoré wa Burkina Faso,bavuze ko “Baharanira ubusugire bw’ibihugu byabo”, kandi ko batazihanganira kwivanga kw’amahanga mu miyoborere yabo. Bemeje ko bazakomeza gufata ingamba zose zishoboka zo kurinda ubusugire bw’igihugu,n’umutekano usesuye ku baturage.

Kurundi ruhande ariko ibi byemezo,bishobora gutuma ibihugu byombi birushaho kuba byonyine, bikaba byagira ingaruka ku mikoranire n’imiryango mpuzamahanga irimo LONI na AU. Amerika n’ibindi bihugu by’iburengerazuba bikaba byaba bihagaritse inkunga cyangwa ubundi bufatanye bishobora kugira ingaruka ku mishinga y’iterambere n’ubutabazi muri Burkina Faso.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *