Author: ISHIMWE Believer

  • Ab’i Kirehe beretswe ibyabafasha kwirinda uburwayi bw’impyiko bakareka kuzitiranya n’amarozi

    Ab’i Kirehe beretswe ibyabafasha kwirinda uburwayi bw’impyiko bakareka kuzitiranya n’amarozi

    Abaturage bo mu Karere ka Kirehe basabwe kunywa amazi menshi, gukora siporo no kujya kwisuzumisha kwa muganga mu gihe bahuye n’ibibazo, nka bumwe mu buryo bwabafasha kwirinda no kurwanya indwara zifata impyiko, aho kugana abaganga ba gakondo bazitiranya n’amarozi.

     

    Ni inama bahawe ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo kwirinda no kurwanya indwara z’impyiko, wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Impyiko zawe zikora neza, isuzumishe kare wite ku buzima bw’impyiko.’’

    Ahishakiye Esperance utuye mu Kagari ka Gatarama Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, yavuze ko yarwaye impyiko ariko aza kuzikira. Yavuze ko byatangiye abyimba amaso n’amaguru akanaruka cyane.

    Ati “Nabanje kugira ngo barandoze, mbanza kujya gushaka ubuvuzi bwa gakondo ariko sinakira. Nakomeje kuremba.”

    Ahishakiye yasuwe n’umujyanama w’ubuzima amukangurira kujya kwa muganga ku kigo Nderabuzima cya Nyamugari, nyuma bamwohereza ku Bitaro bya Kirehe na byo bimwoherereza i Rwamagana aba ari ho amenyera ko arwaye impyiko.’

    Ahishakiye yavuze ko bamuvuye agakira neza, akebura abandi baturage bafatwa n’indwara runaka bakajya kwivuriza mu bavuzi ba gakondo bazi ko ari amarozi kandi aba ari indwara yavurirwa kwa muganga. Yavuze ko kuri ubu uburwayi bw’impyiko bwakize neza ko nta kindi kibazo na kimwe agifite.

    Umuyobozi w’Ibitaro bya Kirehe, Dr. Niyonkuru Erneste, yavuze ko hirya no hino ku bitaro bafite imashini zihagije zipima impyiko neza, ko kuzivura no kuzisimbuza bikorwa hifashishijwe Mituweli, asaba buri wese kugana abaganga.

    Ati “Umuntu ashobora kurwara impyiko bitewe n’ibibazo afite by’umutima, ibibazo by’isukari, malaria cyangwa se n’izindi ndwara zitandukanye. Kugira ngo tuzirinde, icya mbere tugomba gukora ni ukwisuzumisha tukamenya uko duhagaze, ikindi ni ukwitabira siporo, iyo wayikoze ukanywa amazi ahagije bifasha impyiko cyane.’’

    Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yasabye buri wese kubaha inama aba yahawe n’umuganga, kuko biri mu bifasha mu kurwanya izi ndwara benshi bakunze kwitiranya n’amarozi.

    Impyiko ni indwara akenshi iterwa n’izindi ndwara ziba zafashe umuntu ntazivuze neza cyane cyane diabetes, umuvuduko w’amaraso n’izindi bikarangira anarwaye impyiko, iyo ubimenye hakiri kare ukajya kwa muganga barazivura zigakira.

    Mu Karere ka Kirehe habarurwa abarwayi b’impyiko bagera kuri 18 bari gukurikiranwa n’ibitaro bya Kirehe ku bufatanye na Partners In Health. Muri aba barwayi harimo abashyirwa imiti hifashishijwe utudege tutagira abapilote.

    src:igihe

  • Ababyeyi barenga ibihumbi 260 bapfuye babyara mu 2023 – Raporo

    Ababyeyi barenga ibihumbi 260 bapfuye babyara mu 2023 – Raporo

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryatangaje ko mu 2023 nibura ababyeyi barenga ibihumbi 260 bapfuye batwite abandi babyara, bivuze ko buri minota ibiri umubyeyi utwite cyangwa uri kubyara yapfaga.

     

    OMS yabitangarije mu raporo yashyize hanze ku wa 07 Mata 2025, aho yavuze ko guhera mu 2000 kugera mu 2023 kubera uburyo serivisi z’ubuzima zari zisigaye zitaweho izo mpfu zari zaragabanutse ku kigero cya 40%.

    Gusa igaragaza ko guhera mu 2016 serivisi z’ubuzima zongeye gusubira inyuma ibyatumye izi mpfu zongera kwiyongera.

    OMS igaragaza ko inkunga zijyanye no guteza imbere ubuzima ziri gukurwaho n’ibihugu bitandukanye, ari kimwe mu biri guteza impfu z’ababyeyi bari kubyara.

    Impamvu ni uko ibitaro bimwe biri gufunga, abaganga bari kubura imirimo, imiti imwe n’imwe y’ingenzi iri kubura, bityo kwita ku babyeyi bikarushasho gukomera.

    OMS igaragaza ko hatagize igikorwa vuba umubare w’ababyeyi bapfa babyara uziyongera bikabije.

    Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko nubwo hari impinduka zabayeho hagikenewe gushyirwa imbaraga mu kugabanya impfu z’ababyeyi bapfa babyara.

    Ati “Nubwo iyi raporo iduha icyizere, ariko inagaragaza ko gutwita bikiri ikibazo ku bagore ku Isi, nubwo dufite uburyo bwo kuvura ababyeyi no gukumira ibibazo bituma ababyeyi bapfa.”

    Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF), Catherine Russell, yasabye ko hashorwa imari mu babyaza, abaforomo, n’abajyanama b’ubuzima, kugira ngo ababyeyi barusheho kwitabwaho, kuko iyo umubyeyi apfuye bishyira mu kaga n’umwana yabyaye n’umuryango muri rusange.

    OMS yiyemeje ko mu 2030 impfu z’ababyeyi bapfa babyara zigomba kuba ziri munsi y’ababyeyi 70 mu babyeyi ibihumbi 100 babyaye.

    Iyi raporo kandi igaragaza ko ababyeyi bafite ibyago byinshi byo gupfa babyara cyangwa batwite ari abari mu bihugu birimo intambara n’ubukene, nka Tchad, Nigeria, Somalia Afghanistan, na Repubulika ya Centrafrique byihariye 70% y’impfu zabonetse mu 2023.

    Mu Rwanda imibare igaragaza ko gahunda yo kubyarira kwa muganga biri ku kigero cya 95%, impfu z’ababyeyi bapfa babyara ziri kuri 203 ku bagore ibihumbi ijana ndetse n’abana bapfa bavuka bageze kuri 19 ku bana 1000, abapfa bataruzuza imyaka itanu ni 45 ku 1000 na ho abapfa batamaze umwaka ni 33 ku 1000 bavuka ari bazima.

  • BNR yatanze umuburo ku bigo bine bikora ubucuruzi bw’amafaranga bikambura abaturage

    BNR yatanze umuburo ku bigo bine bikora ubucuruzi bw’amafaranga bikambura abaturage

    Banki Nkuru y’Igihugu yaburiye abaturage ko hari ibigo biri gukora ubucuruzi butemewe bw’amafaranga binyuze kuri internet, avuga ko ibyo bikorwa bitemewe mu Rwanda, uzabijyamo akwiriye kwirengera ibihombo azahuriramo nabyo.

     

    Ibigo nk’ibi bikora ubucuruzi bw’amafaranga bikambura amafaranga abaturage bikomeje kuba byinshi, ndetse mu mwaka ushize, icyitwa Super Free to Trade Ltd (STT) cyakenesheje benshi nyuma y’uko bari barakigannye bizezwa ubukire bwihuse.

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Imyitwarire y’Ibigo by’Imari muri Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, Nsabimana Gerard, yatangaje ko ibi bigo biza mu Rwanda bikambura abaturage byitwaje ubucuruzi bw’amafaranga mu buryo bw’ikoranabuhanga buzwi nka cryptocurrency.

    Yatanze ingero kuri bine BNR iherutse kubona amakuru y’uko bikora, asaba abaturage guhagarika kubishyiramo amafaranga kuko ari ubwambuzi.

    Ati “ Hari ibyo tumaze iminsi tubona bigera muri bine, hari icyitwa Die Equipment, cyiyitirira ikigo cyo muri Amerika kikavuga ko gitanga imashini z’ubuhinzi ariko mu by’ukuri ni icyo kwambura abaturage. Ntabwo gikorana n’icyo kigo cyo muri Amerika.”

    “Hari icyitwa Pi network gikora ubucuruzi bwo kuri internet (cryptocurrency), ntabwo cyemewe. Hari icyitwa Dynace, gisa nk’aho gitanga imiti, hari icyitwa FlexFunds, ibyo byose mu by’ukuri ni ibiza kwambura abaturage.”

    Yavuze ko ibyo bigo byose nta mategeko ahari abigenga mu Rwanda, bityo ubijyamo aba agomba kwirengera igihombo.

    Ati “Abenshi babihombeyemo. Hari icyitwa Billionnaire Traders ngira ngo mwarakibonye, abaturage bavuga ko bahombeyemo miliyari 10 Frw.”

    BNR igaragaza ko ubu bucuruzi bw’imitungo mvunjwafaranga idafatika (crypoassets) burimo ingorane nyinshi zirimo kutarengerwa n’amategeko, ubujura n’ingorane zo guhomba, guhindagurika gukabije kw’ibiciro no kudakorera mu mucyo.

    BNR igaragaza ko mu gihe hatari hashyirwaho amategeko agenga ubu bucuruzi, nta mategeko arengera umushoramari cyangwa umuguzi w’imitungo igurishwa muri ubu buryo.

    src:igihe

  • Abanyarwanda baba mu mahanga bohereje miliyoni 502$ mu Rwanda mu 2024

    Abanyarwanda baba mu mahanga bohereje miliyoni 502$ mu Rwanda mu 2024

    Amafaranga yoherejwe mu gihugu n’Abanyarwanda baba mu mahanga, yageze kuri miliyoni 502$ mu 2024 avuye kuri miliyoni 505$ mu mwaka wari wabanje wa 2023.

     

    Ni imibare yatangajwe na Banki Nkuru y’Igihugu, yerekana uruhare Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje kugira mu bikorwa bigamije iterambere ry’igihugu.

    Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, Soraya Hakuziyaremye, yagize ati “Akomeje kwiyongera ku gipimo gishimishije. Ni miliyoni 502$ mu mwaka ushize. N’amafaranga y’abashoramari baturutse mu bindi bihugu na byo byiyongereye ku kigero gishimishije, miliyoni 573$ mu 2024 ugereranyije na 458$ twari dufite mu 2023.”

    Mu 2020, ayo mafaranga yari yageze kuri miliyoni 274$, mu 2021 agera kuri miliyoni 379$ mu gihe mu 2022 yageze kuri miliyoni 461$. Mu 2023 yari yageze kuri miliyoni 505$.

  • Ubwiteganyirize bw’abakozi n’ubuhinzi byagenewe menshi: Ingengo y’Imari ya Leta yageze kuri miliyari 5.816,4 Frw

    Ubwiteganyirize bw’abakozi n’ubuhinzi byagenewe menshi: Ingengo y’Imari ya Leta yageze kuri miliyari 5.816,4 Frw

    Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje itegeko rivugurura ingengo y’imari ya Leta ya 2024/2025 ikava kuri miliyari 5.690,1 Frw, ikagera kuri 5.816,4 Frw, bivuze ko iziyongeraho miliyari 126,3 Frw.

     

    Guverinoma yasanze amafaranga yari yemejwe mbere agomba kwiyongera kugira ngo ibikorwa byateganyijwe byose bizashobore kugerwaho.

    Biteganyije ko ayo mafaranga yiyongereyeho azasaranganywa ibigo bitandukanye mu rwego rwo kuziba ibyuho bimwe na bimwe byagaragajwe mu ngengo y’imari isanzwe n’ingengo y’imari y’iterambere.

    Hashingiwe kuri izo mpinduka hazabaho inyongera ya miliyari 44.9 Frw yagenewe ibigo bitandukanye mu rwego rwo kuziba icyuho ku musanzu w’ubwiteganyirize bw’abakozi.

    Inyongera ya miliyari 10 Frw yagenewe kwishyura nkunganire ya Leta ku ifumbire mvaruganda n’imbuto z’indobanure na miliyari 5 Frw yagenewe ibikorwa bitandukanye bya siporo.

    Hari kandi miliyari 3 Frw zagenewe Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora, RCS, mu kuziba icyuho ku biribwa, miliyari 1,1 Frw yagenewe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS) yo gutunga abana bari mu bigo ngororamuco, miliyari 3,5 Frw yagenewe kwishyura umusoro ku muhanda wa Base-Butaro-Kidaho ureshya na kilometero 63 ndetse na miliyari 5,8 Frw yagenewe imisanzu.

    Kugeza ubu ingengo y’imari ya 2024/2025 yashyizwe mu bikorwa ku rugero rwa 65%.

    Inkunga z’amahanga n’imisoro bizagabanyuka

    Itegeko rihindura itegeko rigena ingengo y’Imari ya Leta ya 2024/2025, rigaragaza ko inkunga z’amahanga n’imisoro yari itagenyijwe kwinjira bizagabanyuka kubera impamvu zitandukanye nubwo inguzanyo zo ziziyongera.

    Amafaranga akomoka ku misoro yari ateganyijwe kwinjira mu ngengo y’imari azagera kuri miliyari 2,950.4 Frw avuye kuri Miliyari 2,970.4 Frw bivuze ko hazagabanyukaho miliyari 20 Frw.

    Iryo gabanyuka riterwa no kugabanyuka kw’imisoro itaziguye yimukanwe mu mwaka w’Ingengo y’Imari wa 2023/2024 bijyana n’igabanyuka ry’amafaranga akusanwa aturutse ku musoro w’umuntu ku giti cye (Pay as you earn), aho Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gusonera umusoro ku musaruro abahembwa amafaranga ari munsi y’ibihumbi 60 bivuye ku bihumbi 30.

    Biteganyijwe ariko ko andi mafaranga atari imisoro aziyongeraho miliyari 48,4 Frw kuko azava kuri miliyari 444 Frw akagera kuri miliyari 492,4 Frw.

    Ubwo bwiyongere bushingiye ku mafaranga yaturutse mu kwegurira imishinga yahoze ari iya Leta abikorera hamwe no kugabanyuka kw’amafaranga Leta itanga mu mahanga mu bikorwa byo kubungabunga amahoro aho azagabanukaho Miliyari 3.6 Frw.

    Ku kijyanye n’impano z’amahanga biteganyijwe ko zizagabanyuka zive kuri Miliyari 725.3 Frw zigere kuri Miliyari 621.2 Frw.

    Guverinoma y’u Rwanda kandi iteganya ko inguzanyo z’amahanga ziziyongeraho miliyari 184,3%.

    Ibyo bizashingira ku kwiyongera kw’inguzanyo zinyuzwa mu isanduku ya Leta n’izinyuzwa mu mishinga y’iterambere ziziyongeraho agera kuri Miliyari 121.1 Frw by’umwihariko izitangwa na Banki y’Isi.

    Ku rundi ruhande ariko inguzanyo z’imbere mu Gihugu na zo biteganyijwe ko zizagabanyukaho agera kuri Miliyari 38 Frw.

    src:igihe

  • Ishusho y’inganda nshya zitezweho kuzamura ubukungu

    Ishusho y’inganda nshya zitezweho kuzamura ubukungu

    Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yatangaje ko i Musanze hari kubakwa uruganda ruzakora ibyuma n’iby’ibanze bikenerwa mu gukora ibyuma ruzajya rukora toni ibihumbi 300 ku mwaka, kandi rugafasha n’izindi nganda kubona ibikoresho by’ibanze zikeneye, ashimangira ko Guverinoma y’u Rwanda ifite intego yo guteza imbere inganda zose zigakoresha ubushobozi bwazo.

     

    Yabigarutseho ku wa 28 Werurwe 2025, mu kiganiro yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ku bikorwa bya Guverinoma bijyanye no kongera umusaruro w’inganda n’ibyoherezwa mu mahanga, hagamijwe iterambere rirambye ry’ubukungu.

    Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yifuza ko inganda zose ziri mu gihugu zikoresha ubushobozi bwazo bwose kuko inyinshi ubu zikoresha ubushobozi buke cyane.

    Yavuze ko hari ikigega kigiye gushyirwaho kizashyirwamo miliyari 500 Frw azashyigikira abikorera hagamijwe guteza imbere ibikomoka mu nganda byoherezwa hanze ndetse no guteza imbere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    Ati “Inganda zikora sima zizafashwa kubona clinker, ni iby’ibanze bikoreshwa mu gukora sima ubundi twari dusanzwe tubikura hanze. U Rwanda rero rwamaze gukora ubushakashatsi tubona ko iyo clinker dushobora kuyikorera mu Rwanda mu majyaruguru aho twabonye ishobora kuva igafasha izo nganda zacu zikora sima bikaba bizakorerwa mu Karere ka Musanze.”

    Dr. Ngirente yavuze ko bizafasha kuzigama arenga miliyoni 4,5$ asohoka buri kwezi yo kugura ‘clinker’ mu bihugu by’ibituranyi.

    Yavuze ko mu bijyanye no gutunganya ibyuma hazafashwa inganda zisanzwe zikora ibyuma hamwe n’ururi kubakwa i Musanze, ruzafasha izisanzwe kubona ibikoresho by’ibanze zikeneye.

    Ati “Uru ruganda ruzaba rufite ubushobozi bwo gutunganya ibyuma bingana na toni ibihumbi 300 ku mwaka. Uru ruganda ruzagira akamaro gakomeye mu guhaza isoko ry’imbere mu gihugu, gutunganya ibikoresho by’ibanze byifashishwa n’izindi nganda kuko inganda z’ibyuma zatumizaga ibikoresho by’ibanze hanze, uru tugiye gutangiza rw’i Musanze ruzajya ruzajya rubikora ruhe n’izindi nganda zibikoreshe zitagombye gutumiza hanze.”

    Yavuze ko uyu mushinga uzatanga imirimo ibyara inyungu igera ku bantu 1000, wongere ibyuma u Rwanda rwohereza mu mahanga bizamure kurushaho urwego rw’inganda mu Rwanda.

    Inganda zikora imyenda zatangiye gutezwa imbere nyuma y’icyemezo cyo guhagarika imyambaro ya caguwa mu Rwanda.

    Dr. Ngirente yagaragaje ko hazakomeza gushyigikirwa ihangwa ry’inganda nshya no kongerera imbaraga izisanzweho kugira ngo zishobore kwambika Abanyarwanda bose.

    Ati “Ntabwo dufite imyenda ihagije ikorerwa mu Rwanda tukaba dusabwa gushyiramo imbaraga nyinshi kugira ngo inganda zikora imyenda zambike Abanyarwanda kandi ku giciro cyiza.”

    Dr. Ngirente yavuze ko Guverinoma izazifasha kubona amasoko mu ngeri z’abantu banyuranye ku buryo bizafasha kuzigama agera kuri miliyari 20 Frw yajyaga asohoka ku myambaro itandukanye.

    Ati “Bizagira uruhare mu guhanga imirimo myinshi cyane, muzi ko inganda z’imyenda zitanga akazi ku bantu benshi cyane kandi turabikeneye kuko muri NST2 dufitemo intego y’ihangwa ry’imirimo ibihumbi 250 ku mwaka.”

    Inganda zikora amavuta yo guteka na zo zizahabwa imbaraga kuko “gutunganya amavuta bishobora kuduha inyungu cyane kandi mu gihe cya vuba.”

    Ati “Umusaruro tuzavana mu guteza imbere izi nganda bizadufasha kuzigama agera kuri miliyoni 100$ yasohokaga buri mwaka.”

    Dr. Ngirente kandi yavuze ko hazashyirwa ingufu mu guteza imbere inganda zitunganya imbaho nziza zishobora kugurishwa mu Rwanda no hanze y’igihugu, no gushyiraho icyanya gitunganya impu kizubakwa i Bugesera, kikazafasha kongera umubare w’amfaranga igihugu cyinjiza, kuko kizajya cyinjiza miliyoni 430$ buri mwaka.

    Urwego rw’inganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ni rwo rubarizwamo inganda nyinshi, kuko harimo inganda nini 85 n’into 908, mu gihe inganda zikora ibikoresho bitandukanye nini ari 91, inganda nto zikaba 398, inganda zikora ibikoresho by’ubwubatsi nini ni 38, mu gihe into ari 82.

    src:igihe

  • Umutungo wa Koperative Umwalimu SACCO wageze kuri miliyari 239 Frw

    Umutungo wa Koperative Umwalimu SACCO wageze kuri miliyari 239 Frw

    Ubuyobozi bwa Koperative Umwalimu SACCO bwatangaje ko umutungo wayo wageze kuri miliyari 239 Frw mu 2024, uvuye kuri miliyari 196 Frw mu 2023, bingana n’izamuka rya 22%.

     

    Mu 2024, Umwalimu SACCO yungutse miliyari 20,5 Frw ubariyemo n’umusoro, avuye kuri miliyari 16,9 Frw yungutse mu 2023, bingana n’izamuka rya 22%.

    Inyungu y’iyi koperative ukuyemo umusoro yageze kuri miliyari 14,7 Frw mu 2024 ivuye kuri miliyari 11,8 Frw mu 2023 bingana n’izamuka rya 24%.

    Inguzanyo iyi koperative yatanze mu 2024 zari miliyari 203 Frw zivuye kuri miliyari 168 Frw zatanzwe mu 2023, ingana n’izamuka rya 21%.

    Ni imibare yatangajwe mu nteko rusange yahuje Abanyamuryango ba Umwalimu SACCO yabaye ku wa 28 Werurwe 2025.

    Umuyobozi wa Umwalimu SACCO, Laurence Uwambaje, yavuze ko uwo musaruro ushimishije bagezeho muri uyu mwaka wagizwemo uruhare runini n’inguzanyo batanze mu 2024 ndetse ko abanyamuryango bishyura neza.

    Ati “Izo miliyari zirenga 200 Frw twatanze mu 2024 mu byiciro bitandukanye ubona ko abazatse banazishyura neza, kuko n’amafaranga ari mu bukererwe ntabwo yigeze arenga 1%. Uko imishahara yabo inyuze iwacu duhita twiyishyura.”

    Uwambaje yavuze ko bakomeje kurangamira imishinga itandukanye yo gukomeza kubafasha kongera inyungu no guteza imbere abanyamuryango bayo binyuze mu kwimakaza ikoranabuhanga, muri serivisi zabo.

    Ni ibikorwa bizajyana no gushaka amafaranga ahagije ku buryo umunyamuryango abageraho ashaka inguzanyo akayibona cyane ko ubu batarenza iya miliyoni 100 Frw.

    Uyu muyobozi yakomeje asaba abo mu nzego zitandukanye z’uburezi, gukomeza kubitsa muri iyi koperative na cyane ko babitangiye kuko nko mu 2023 hakusanyijwe miliyari 9 Frw zaturutse mu bigo by’amashuri, mu 2024 hakusanywa miliyari zirenga 8 Frw.

    Mu nteko rusange ya Umwalimu SACCO kandi yatangije serivisi z’ikoranabuhanga zizafasha abanyamuryango kugerwaho na serivisi z’imari neza.

    Harimo gutangiza gukoresha ikarita izwi nka ‘Smart Cash’ izafasha abanyamuryango kwishyura serivisi n’ibicuruzwa bitandukanye.

    Harimo uburyo bwa ‘eKash’ ifasha ufite konti muri Umwalimu SACCO kwakira no kohereza amafaranga ku muntu uwo ari wese, yaba akoresha MTN Mobile Money, Airtel Money n’izindi banki zose ku giciro kiri hasi.

    Mu zindi serivisi zatangijwe harimo serivisi yiswe ‘Business Credit Line’ ifasha umucuruzi guhabwa amafaranga ashaka mu gihe akeneye gukemura ibibazo nko gutumiza ibicuruzwa mu gihe yatanze ibintu ku ideni n’ibindi, hashyirwaho n’uburyo bwa Western Union bufasha abanyamuryango kuba bakwakira cyangwa kohereza amafaranga mu mahanga.

    Ubu Umwalimu SACCO ifite abanyamuryango bagera ku bihumbi 160 barimo abagera ku 5000 Umwalimu SACCO yungutse mu 2024 bakora mu nzego zitandukanye z’uburezi.

    src:igihe

  • Abanyamahanga basuye u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 820 Frw mu 2024

    Abanyamahanga basuye u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 820 Frw mu 2024

    Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, yagaragaje ko abanyamahanga basuye u Rwanda mu 2024, bakoreshereje imbere mu gihugu arenga miliyoni 579,5$ [ni ukuvuga arenga miliyari 820,5 Frw] binyuze mu bintu bitandukanye baguze kuva bageze mu gihugu kugeza igihe batashye.

     

    Ubu bushakashatsi bwakorewe ku mipaka irimo uwa Rusumo, Kagitumba, Gatuna, Cyanika, Rusizi I, Rusizi II, Bugarama, La Corniche, Poids Lourds no ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali.

    Abashakashatsi bareba ku nyemezabuguzi z’abanyamahanga mu gihe batashye, bakababaza impamvu yari yatumye basura u Rwanda, iminsi bahamaze, n’ibindi bijyanye n’ibyo bahashye hakabona kumenyekana ikigereranyo cy’amafaranga bakoreshaga ku munsi.

    Ibi kandi bikorwa no kuri bamwe mu Banyarwanda binjira mu gihugu bavuye mu bihugu by’amahanga.

    Ubushakashatsi bwakozwe kuva mu Ugushyingo 2024 kugeza muri Mutarama 2025 bugaragaza ko abakoreye ingendo mu Rwanda baguze ibintu na serivisi bibarirwa muri miliyoni 126,1$ mu gihembwe cya kane cya 2024.

    Umubare munini w’abageze mu Rwanda muri icyo gihe bagenzwaga n’ibiruhuko. Bakoresheje miliyoni 56,2$, mu gihe Abanyarwanda bagiye mu mahanga mu gihembwe cya kane cya 2024 bakoresheje miliyoni 91$, muri yo arenga miliyoni 36,3$ akoreshwa mu byerekeye ubucuruzi.

    Imibare igaragaza ko nk’abakoresheje inzira yo mu kirere bavuye muri Aziya bakagera mu Rwanda kubera ibiruhuko bakoreshaga 197$ ku munsi, abo muri Amerika ya Ruguru n’ibindi bihugu bya Aafurika bakoresheje impuzandengo ya 151$, abo mu Burayi n’ahandi hose ku Isi bakoresha 129$ ku munsi umwe na ho abo muri Afurika y’Iburasirazuba bo bakoresheje 82$ ku munsi.

    Mu banyuze mu nzira yo ku butaka, abo muri Amerika ya Ruguru bagiriye ibiruhuko mu Rwanda bakoreshaga 146$, abo mu bindi bihugu by’Isi bagakoresha 138$, abaturuka muri Aziya bakoresheje 109$, Abanyaburayi bahahishaga 100$ ku munsi mu gihe abo muri Afurika y’Iburasirazuba bahahishaga 44$ na ho abo mu bindi bihugu bya Afurika bagakoresha 64$ ku munsi umwe.

    Mu gihembwe cya kane, abageze mu Rwanda bakoresheje inzira yo mu kirere bihariye 81,1% by’amafaranga yakoreshejwe, mu gihe Abanyarwanda bagiye hanze y’igihugu bakoresheje indege bagize uruhare rwa 65,1% by’ayo bakoresheje.

    Raporo yashyizwe hanze muri Werurwe 2025 igaragaza ko abasuye u Rwanda mu 2024 bose binjirije u Rwanda arenga miliyoni 579,5$ [ni ukuvuga arenga miliyari 820,5 Frw], mu gihe Abanyarwanda bagiye basuye ibihugu by’amahanga bakoresheje miliyoni 363,8$.

    Abanyamahanga basuye u Rwanda mu gihembwe cya mbere cya 2024 bakoresheje miliyoni 125,5$, mu gihembwe cya kabiri agera kuri miliyoni 136,8$, mu gihembwe cya gatatu ariyongera cyane agera kuri miliyini 191,1$ na ho mu gihembwe cya kane yageze kuri miliyoni 126,1$.

    Ugendeye ku mpamvu zatumye basura u Rwanda mu 2024, abarenga 44,6% bagenzwaga n’ibiruhuko, abarenga 28,1% bari basuye inshuti n’abavandimwe, mu gihe abagenzwa n’ubucuruzi bari 14,1%.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta, Kabera Godfrey, aherutse gutangaza ko bitewe n’ishoramari rikomeye igihugu cyakoze mu rwego rw’ubukerarugendo no kwakira inama, hakiyongeraho umutekano usesuye igihugu gifite, byatumye igihugu gisurwa n’abantu benshi bityo bakwiye kubyara inyungu irenze isanzwe.

    Ati “Dutangiye kubona abantu benshi basura u Rwanda ariko dusa nk’aho nta kintu cyihariye tubakuraho cyinjira mu isanduku ya Leta kidufasha kugira ngo twongere dukore ishoramari risabwa ngo dukomeze duteze imbere uru rwego.”
    Kuri ubu Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda iri gusuzuma umushinga w’itegeko rishyiraho umusoro w’ubukerarugendo ku icumbi ungana na 3% by’igiciro cy’icumbi, uzajya wishyurwa na buri muntu waraye mu cyumba cya hoteli, moteli n’indi nzu yose ikoreshwa nk’icumbi ryishyurwa.

    Kabera ati “Ntabwo ari ibintu dukora hano mu Rwanda gusa, muri Kenya barabikora ndetse bo barenga no ku giciro cy’icyumba hakaba ubwo bafata n’ibijyanye na restaurant.”

    U Rwanda rufite intego yo gukuba kabiri amafaranga yinjizwa n’urwego rw’ubukerarugendo, akava kuri miliyoni 620$ rwinjije mu 2024 akagera kuri miliyari 1,1$ mu 2029.

    src:igihe

  • Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye uko u Rwanda rwanze ambasaderi wari woherejwe n’u Bubiligi

    Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye uko u Rwanda rwanze ambasaderi wari woherejwe n’u Bubiligi

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe yatangaje nyuma y’uko u Bubiligi bwanze ambasaderi Vincent Karega na bwo bwohereje uwo bwifuzaga ko abuhagararira mu Rwanda ruramwanga kuko ibyo bwari bwakoze byagaragazaga ko bwanze igihugu cy’u Rwanda aho kwanga umuntu.

     

    Ku wa 31 Ukwakira 2022, Amb. Vincent Karega wari Ambasaderi w’u Rwanda i Kinshasa yategetswe kutarenza amasaha 48 akiri ku butaka bwabo ndetse ahava mbere y’uko ayo masaha agera, anyura muri Congo Brazaville.

    Nyuma u Rwanda rwatanze amazina ye mu Bubiligi ngo arubere ambasaderi, ariko icyatunguranye ni uko ibyo kuba bwamwanze byamenyekaniye mu gitangazamakuru cy’umuryango w’abana bakomoka ku banyapolitike bashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, mbere y’uko igisubizo gihabwa u Rwanda rwatanze ubusabe.

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, ubwo yari mu kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru ku wa 2 Werurwe 2025, yatangaje ko amakuru bamenye ari uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagize uruhare rukomeye mu gutuma Amb. Karega yangwa mu Bubiligi.

    Magingo aya kandi u Bubiligi nta ambasaderi bugira i Kigali, nyuma ya Bert Versmessen wasoje ikivi cye ku wa 30 Nyakanga 2024.

    Amakuru avuga ko hari izina u Bubiligi bwohereje tariki 11 Ukuboza 2023 ry’uwo rwifuzaga ko arubera ambasaderi ariko u Rwanda rwanga kumwemeza, bigeze ku wa 18 Kamena 2024 u Bubiligi bubona ko u Rwanda rwatereye agati mu ryinyo bufata umwanzuro wo gukuraho ubwo busabe.

    Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Hari izina bohereje ariko ntabwo byabaye ngombwa ko turyemera.”

    Yagaragaje ko mu gihe igihugu cyanze ambasaderi ugihaye biba bivuze ko cyanze igihugu cyawe kitanze umuntu ku giti cye, kandi ngo muri dipolomasi akebo kajya iwa mugarura.

    Ati “Uri igihugu, banze ambasaderi wawe wowe uratega irindi tama? Tubahe undi utari Vincent Karega? Kubera iki twari kumutanga? Ariko muzajye mwumva kwihesha agaciro nk’igihugu. Iyo igihugu cyanze ambasaderi wanyu nk’igihugu cy’u Rwanda mwavuze ko ari ambasaderi ukwiriye u Bubiligi, nta kintu na kimwe yigeze avuga kibangamiye inyungu z’u Bubiligi (kuko na byo byashoboka) ariko Guverinoma mwamwoherejemo ikamwanga kubera ko babihawemo amabwiriza n’ikindi gihugu, cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntabwo aba ari Ambasaderi Karega uba wanzwe ni igihugu cy’u Rwanda kiba cyanzwe.”

    “Ntabwo rero tugomba gutega irindi tama ngo twohereze undi ambasaderi ngo na we bamwange. Abanyarwanda twese tugomba kubyumva.”

    Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko mu Nteko Ishinga Amategeko no mu buyobozi bw’u Bubiligi higanjemo abanye-Congo benshi bagira uruhare mu gukwirakwiza ibinyoma ku Rwanda no gufata imyanzuro ibogamye.

    Yahamije ko u Bubiligi nk’igihugu cyigenga kitagakwiye kugendera ku byemezo byafashwe n’ikindi gihugu.

    Ati “U Bubiligi si igihugu cyigenga? Kuki ambasaderi wanzwe na Congo agomba kwangwa n’u Bubiligi?”

    Umubano w’ibihugu byombi wakomeje kugenda ujya habi by’umwihariko mu bihe umutekano wo mu Burasirazuba bwa RDC wazambaga u Bubiligi bwakangishije u Rwanda ibihano, bituma ruhitamo guhagarika amasezerano y’ubufatanye ibihugu byombi byari bifitanye yagombaga kugeza mu 2029.

    U Bubiligi nka kimwe mu bihugu byakolonije u Rwanda na RDC gifite uruhare rukomeye mu bibazo by’umutekano muke mu Karere k’Ibiyaga bigari kuko abaturage bajujubywa mu Burasirazuba bwa RDC bwagize uruhare mu kubakatiraho imipaka no kwimura bamwe bubajyana mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    Ati “Rero Ababiligi kuba ari bo baza bagashyigikira Congo ku mugaragaro bakazenguruka Isi yose ngo basabire u Rwanda ibihano ni ibintu bigaragaza ko ibihugu bimwe na bimwe bitiha agaciro.”

    src:igihe

  • Zimwe mu mbwirwaruhame za Gen (Rtd) Kabarebe

    Zimwe mu mbwirwaruhame za Gen (Rtd) Kabarebe

    Ijambo rifite byinshi ryahindura mu mateka, rishobora gukurura impinduramatwara idasanzwe, gukundisha abantu baryumva ibyo urivuga yanyuzemo no kwigisha abato inzira runaka.

     

    Ni byo koko aryoha asubiwemo kandi ngo utaganiriye na Se ntamenya icyo Sekuru yasize avuze. Munyemerere muri iyi nkuru tugaruke kuri zimwe mu mbwirirwaruhame zavuzwe na Gen (Rtd) James Kabarebe.

    Uyu yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, aba Umujyanama wa Perezida mu birebana n’Umutekano ndetse ubu ni Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Ubutwererane.

    Gen Kabarebe yamenyekanye cyane ubwo yari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, umwanya yabayeho imyaka umunani (kuva mu 2002 – 2010) ibintu byanatumye agira umwihariko wo kuba ari we wa mbere watinze muri uyu mwanya.

    Kabarebe yabonye izuba mu 1959, avukira muri Uganda kimwe n’abandi Banyarwanda benshi bari impunzi.

    Amashuri abanza yayize muri ‘Kyamate Primary School’ ayisumbuye ayakomereza muri ‘Kabalega Secondary School’ mu gace ka Masindi.

    Icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye yize muri ‘St. Henry’s College Kitovu’. Amasomo ye yayakomereje muri Kaminuza ya Makerere aho yakuye impamyabumenyi mu bijyanye n’ubukungu na Politiki. Yarangije muri iyi kaminuza mu 1989.

    Nubwo Gen Kabarebe yamenyekanye cyane ubwo yari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, amateka ye mu mwuga w’Igisikare ajya kure cyane kurenza iyi myaka umunani cyane ko ari umwe mu bagize uruhare rwo kubohora Uganda.

    Nyuma kimwe n’abandi Banyarwanda bari benshi bari barahungiye muri Uganda, yagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mbere yo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, izina Kabarebe ryumvikanye mu bakurikiranaga amakuru y’Intambara ya Congo ya Mbere n’iya Kabiri, cyane ko uyu mugabo ari we wari uyoboye Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri iki gihugu, gucyura impunzi z’Abanyarwanda bari muri Zaire no kurwanya Interahamwe n’Ingabo zahoze ari iza FAR zacuraga imigambi mibisha yo kongera gutera u Rwanda.

    Aha ni na ho Kabarebe yaje kwandikira amateka yo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo mu bihugu bibiri. Yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC yari icyitwa Zaire nyuma yo guhirima k’ubutegetsi bwa Mobutu, agasimburwa na Laurent-Désiré Kabila.

    Nyuma y’Intambara ya Mbere n’iya Kabiri za Congo, mu 2002 Kabarebe yagizwe Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda, kugeza mu 2010 ubwo yagirwaga Minisitiri w’Ingabo, umwanya yabayemo kugeza mu 2018, ubwo yagirwaga Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano.

    Ubwo yashyirwaga mu kiruhuko cy’izabukuru mu Ngabo z’u Rwanda, Gen (Rtd) James Kabarebe yijeje ko nubwo ari mu basirikare bakuru bagishyizwemo ariko igihugu kizakomeza kugira umutekano.

    Ati “Ntabwo bivuze ko umuntu aretse igisirikare. Igisirikare wakivamo ariko ntabwo cyakuvamo. N’abasezeye uyu munsi, igisirikare ntikizigera kibavamo. Aho bagiye, ubumenyi bajyanye, ubunararibonye bafite, ubushake, ubwitange, urukundo rw’igihugu, icyaba icyo ari cyo cyose […] nubwo batagiye kure, bari hafi y’ingabo. Nta cyashobora guhungabanya umutekano w’igihugu aba bagabo bose bahari.”

    Yakomeje ati “Twe turi umuryango umwe, ni ugukuramo impuzankano gusa ariko ukaba uzi ngo aho wayikenera urayisingira ako kanya.”

    RDF ifite ubushobozi bwo kurinda u Rwanda imyaka 100 iri imbere

    Ubwo yashyirwaga mu kiruhuko cy’izabukuru mu ngabo z’u Rwanda, Gen (Rtd) James Kabarebe yijeje Abaturarwanda ko igisirikare cy’igihugu gifite ubushobozi bwo gukomeza kurinda igihugu no kugera ku myaka 100 iri imbere.

    Ati “Perezida wa Repubulika yubatse RDF idahinduka mu migirire, idatezuka ku nshingano zayo ku buryo uyu munsi imbaraga ifite ziha icyizere uwo ari we wese wageze igihe cyo gusezera mu ngabo kuba yasezera ntacyo yikanga.”

    Yakomeje ati “Iki gisirikare cyacu aracyubaka(Perezida) mu buryo burambye, abakibona, abatakizi, ukuntu acyubaka kiratanga icyizere ko igihugu cyacu kizarindwa mu myaka itari hasi ya 100 imbere.”

    Inkuru y’uko yarwanye n’Intare akayinesha yashituye benshi

    Imwe mu nyamaswa iteye ubwoba mu z’ishyamba ni Intare irimo bishingiye ku mutontomo wayo ndetse n’imiterere yayo byanatumye yitirirwa umwami w’ishyamba.

    Muri Gashyantare 2023, ubwo Gen (Rtd)Kabarebe yasobanuriraga urubyiruko imvano y’inkuru yo kurwana n’intare yavuze ko n’ubundi bitagoye kuyirwanya kuko nubwo ifatwa nk’Umwami w’Ishyamba.

    Ati “Buriya mu nyamanswa zose zibaho, intare niyo yoroshye kurwana nayo […] kurwana n’intare bigusaba gushiruka ubwoba nta kindi. Iyo ugize ubwoba n’ubwo waba umeze gute, irakwica ariko ushiritse ubwoba, intare ntacyo yagutwara.”

    “Ufite inkoni ntacyo yagutwara, kurwana n’intare ni nko kurwana n’imbwa iryana. Uretse gusa ubunini bwayo n’umutontomo, nta bindi. Aho twageze ngo twicare, tukimara kwicara, twari dufite inka, intare iratera. Irabanza irivuga, tuti iraje. Twari twacanye umuriro mwinshi cyane, intare iratera, mu kanya gato twumva ifashe inka iyikubise hasi.”

    Yakomeje agira ati “Ubwo twari abasore bato, ninjye wari mukuru abandi bari bafite nk’imyaka 15, gutyo […] ubwo dufata inkoni, turwana n’intare. Ijoro ryose, igahindukira ishaka kugufata ku ijosi, ukayikangisha inkoni […] turwana nayo, kugera mu gitondo, turayinesha.”

    FDLR ntiyamara umunota mu Rwanda, ikibi ni ingengabitekerezo yayo

    Umutwe witwaje intwaro ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi ukorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wa FDLR ukunze kugaragaza ko intego yawo ari ugukuraho ubutegetsi buriho.

    Ibyo ukunze kubigerageza mu bihe bitandukanye nubwo ugenda ucibwa intege n’uburyo bamwe mu bawugize bakunze guhitamo gutaha mu rwababyaye uretse abamaramaje.

    Ubwo Gen (Rtd) James Kabarebe yavugaga kuri uwo mutwe mu bihe byashize yashimangiye ko kuri ubu aho bigeze utamara n’iminota itanu mu Rwanda mu gihe wo uvuga ko wifuza kurwigarurira.

    Ati “Ikibazo dufitanye na FDLR si icy’imibare. Igiteye inkeke ni ingengabitekerezo ya Jenoside. Na bya bindi by’iminota itanu ndabisubiramo. Ntayo bamara hano.”
    Yashimangiye ko ikintu gikomeye kandi kibi uwo mutwe ufite ari ingengabitekerezo ya Jenoside ukomeje kubiba mu bato no gukwiza mu Karere muri rusange.

    Indangagaciro za Maj Gen Paul Kagame ku rugamba

    Abahoze ari abasirikare ba RPA iyo babara inkuru zo ku rugamba rwo kubohora igihugu, uzumva bakubwiye ko nyuma y’urupfu rwa Gen Fred Gisa Rwigema zahise zicika intege ndetse zitangira gutekereza kwisubirira muri Uganda kuko zabonaga nta cyerekezo.

    Muri icyo gihe zari zacitse intege ariko nibwo Maj Gen. Paul Kagame wari muri Amerika ubwo urugamba rwatangiraga yahageze, ndetse mu buryo budasanzwe ahindura imiterere y’urugamba binyuze mu ndagangaciro ze yahise atoza ingabo za FPR Inkotanyi.

    Gen Kabarebe yavuze ko ubwo Maj Gen Paul Kagame yasangaga ingabo za RPA ku rugamba rwo kubohora igihugu yasanze zananiwe zasubiye inyuma ariko yemeza ko zidashobora gutsindwa kandi zifite icyo zirwanira.

    Ati “Yaraje asanga urugamba rumeze nabi, asanga kurwana gusa n’uwo twitaga umwanzi twari duhanganye, ari we leta nyine yakoraga ibyo bibi, ntabwo byari bihagije. Yasanze agomba kuzana imiyoborere yindi.”

    “Yari iyo gukunda igihugu ukacyitangira, ukagitangira amaraso yawe ku buryo n’umuntu n’ubwo yaraswa agapfa usigaye akaba azi ngo uriya icyo yapfiriye cyari ikintu gifite akamaro. Yapfiriye gukunda igihugu niba ukunda igihugu uragipfira, iyo utagipfiriye uragitanga. Rero indangagaciro yo gukunda igihugu yayitoje Inkotanyi ziramwumva neza.”

    Abasirikare ba RPA babanje kurwana nk’ibyihebe

    Gen (Rtd)Kabarebe yavuze ko bitewe n’uko bari bafite ibikoresho bike iyo abasirikare b’inkotanyi ku rugamba rwo kubohora igihugu iyo baneshaga umwanzi imbunda zasimburaga ibyo kurya.

    Ati “Iyo umusirikare w’Inkotanyi yabaga ashonje ikintu cya mbere yafataga ni imbunda n’amasasu kuko ni cyo kintu yabaga akeneye cyane bikiyongera ku byo bari bafite.”

    Yagaragaje ko abasirikare ba RPA barwanaga nk’ibyihebe ku rugamba rwo kubohora igihugu mbere y’uko Perezida Kagame ahagera agahindura uburyo bw’imirwanire.

    Ati “Twebwe tukagenda n’utubunda twacu, twareze agatuza, abapfa bagapfa…barakurasira mu bilometero bitatu, bine mpaka ubagezeho, Murumva ukuntu abantu bari bateye, niyo mpamvu abazayirwa bavugaga ko RPA ari ibyihebe kandi koko ubibonye usanga bari ibyihebe.”

    Yagaragaje ko ubwo bari mu mishyikirano n’Ingabo zari iza Leta ya Habyarimana Col. Theoneste Bagosora yababwiye ko nta mututsi ushobora kwinjira mu ngabo z’u Rwanda, ntibatinye kumwisabira intambara.

    Ati “Icyo gihe twaramubwiye duti Bagosora urashaka iki, twarakunesheje nushaka n’aha nonaha, dutangirire intambara hano, turakurasa kandi tugufatane igihugu.”

    Nta Jenoside izongera kuba mu Rwanda

    Imyaka 30 irashize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe n’Ingabo zari iza RPA zakoresheje ubwitange bukomeye ngo zibashe kurokora igihugu n’abatutsi bicwaga bazira uko baremwe.

    Ni amateka atazasibangana ku Rwanda kuko mu gihe cy’iminsi 100 gusa abarenga miliyoni bishwe.

    Gen (Rtd) Kabarebe kuri ubu usigaye ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga yigeze kugaragaza ko nta Jenoside ishobora kuzongera kuba mu Rwanda uko byagenda kose.

    Ati “Biragoye kuvunga ngo nta jenoside izongera kuba ahandi aho ari ho hose, ariko biroroshye kuvuga ngo nta Jenoside izongera kuba mu Rwanda, ibyo kuko turi abanyarwanda, turima u Rwanda rwacu aho twahagarara tukavuga ko itazongera kuba.”

    Ubuhemu bwa Kayumba Nyamwasa

    Gen (Rtd)Kabarebe yigeze kuvuka ko umuntu wa mbere w’umugome ubaho ari Kayumba Nyamwasa wabaye mu ngabo zabohoye igihugu ariko kuri ubu akaba yarashinze umutwe wa RNC urwanya Leta y’u Rwanda.

    Icyo gihe yagize ati “Nimba hari umuntu w’umuhemu ubaho, watangaho urugero ni Kayumba Nyamwasa. Hari ukuntu umuntu agira amahirwe mu bihe bitandukanye agahabwa cyangwa akagirwa icyo ari icyo ariko iyo ari umunyabwenge buke, umuhemu mu buzima bwe nta burere agira, ari umunyamusozi ibyo byose abipfusha ubusa.”

    Ntashobora kuririmba

    Gen (Rtd) Kabarebe yigeze gutangaza ko mu gihe abandi baririmba we adashobora kubikora kubera ko akiri umwana yigeze abikubitirwa n’umwarimu bituma afata icyemezo cyo kutazongera kubikora ukundi.

    Yagize ati “Ubu njyewe sinshobora n’umunsi n’umwe kwasamura umunwa wanjye ngo ndirimbe. Nkoma amashyi gusa kandi nkizihirwa nkaryoherwa n’indirimbo kubera ko ndi umwana muto nahuye n’umwarimu wanyangishije kuririmba ku buryo kuva uwo munsi sinongeye.”

    Icyo gihe yahorwaga ko ari kuririmba mu Kiliziya ubwo bari muri Uganda mu ishuri rya Kyamate Primary School, aho umwarimu w’igitsina gore wangaga Abanyarwanda yamukubise amubuza kuririmba bituma afata icyemezo cyo kutazongera kuririmba.

    src:igihe