Author: ISHIMWE Believer

  • APR na Police WVC zemerewe kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside mbere ya buri mukino

    APR na Police WVC zemerewe kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside mbere ya buri mukino

    Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Volleyball muri Afurika (CAVB), yemereye Ikipe ya APR n’iya Police WVC zihagarariye u Rwanda mu irushanwa rizahuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagore, gufata umunota wo kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, mbere ya buri mukino zizajya zikina.

     

    Iri rushanwa riri kubera i Abuja muri Nigeria kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 14 Mata 2025, ryitabiriwe n’amakipe 16 yo mu bihugu bitandukanye.

    Mu gihe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 7 Mata 2025, Abanyarwanda n’inshuti zabo batangiye icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, n’amakipe ya APR na Police WVC azifatanya na bo.

    Kuri uyu munsi, APR na Police nta mikino zifite kuko ari ikiruhuko nyuma yo gusoza imikino y’amatsinda, ariko zizajya zifata umunota wo kwibuka mbere yo gukina indi mikino zisigaje, aho iya 1/8 izatangira ku wa Kabiri, tariki ya 8 Mata 2025.

    APR WVC yabaye iya kabiri mu Itsinda A izahura na La Loi VC yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabaye iya gatatu mu Itsinda C.

    Ni mu gihe Police WVC yabaye iya gatatu mu Itsinda D izahura na Prisons yo muri Kenya, yo yabaye iya kabiri mu Itsinda B.

    APR na Police WVC zemerewe kujya zifata umunota wo kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, mbere ya buri mukino zizakina muri iki cyumweru

    Police na APR WVC zihagarariye u Rwanda mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagore, riri kubera i Abuja muri Nigeria

  • Basketball: Irushanwa ryo kwibuka Jenoside ryatumiwemo amakipe yo mu Karere

    Basketball: Irushanwa ryo kwibuka Jenoside ryatumiwemo amakipe yo mu Karere

    Amakipe yo muri Uganda, Tanzania na Kenya yatumiwe mu irushanwa ryo kwibuka abo mu muryango mugari wa Basketball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

     

    Iri rushanwa rigamije kwibuka abakinnyi, abatoza n’abakunzi ba Basketball ryateguwe mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bari kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Riteganyijwe tariki ya 23 kugeza ku ya 27 Mata 2024, aho kuri iyi nshuro Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda (FERWABA), ryatumiye amakipe yo muri Uganda, Tanzania na Kenya. Icyakora ntabwo aratangazwa kuko ataremeza ubutumire.

    Mu Rwanda rizitabirwa n’amakipe ane ya mbere muri Shampiyona mu bagabo n’abagore. Ayo ni APR BBC, REG BBC, Patriots BBC na Tigers BBC. Mu bagore ni Kepler WBBC, REG WBBC, APR WBBC na IPRC Huye.

    Mu mwaka ushize, iri rushanwa ryegukanywe na APR mu bagabo n’abagore.

    APR WBBC yegukanye irushanwa riheruka

    APR BBC yegukanye irushanwa ryo kwibuka riheruka

    Muri iri rushanwa , hafatwa umunota wo kwibuka abo mu muryango mugari wa Basketball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

  • Jenoside yakorewe Abatutsi ntabwo igibwaho impaka – Minisitiri Mukazayire

    Jenoside yakorewe Abatutsi ntabwo igibwaho impaka – Minisitiri Mukazayire

    Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yagaragaje ko u Rwanda rufite ibimenyetso by’uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe kandi igashyirwa mu bikorwa, bityo atari igikorwa cyo kugibwaho impaka, dore ko hari abayipfopfa bashaka kugoreka amateka.

     

    Ibi ni bimwe mu biri mu butumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025, mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Minisitiri Mukazayire yatangiye avuga nta n’umwe uzoroherwa no guhakana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuko ibimenyetso biyigaragaza bihari.

    Ati “Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaratekerejwe, irigishwa, ishyirwa mu bikorwa. Kuri mwe mwese mushaka kugoreka amateka, ibimenyetso birahari, abarokotse barahari ndetse n’abayikoze barahari. Nkuko Perezida Kagame yigeze kubivuga ‘Gihamya ntizizabura’.”

    “Abanyarwanda twese, abarokotse Jenoside, abavuye mu buhunzi, abari mu gihugu batari mu bahigwa batagize uruhare muri Jenoside ndetse n’abafite imiryango yagize uruhare muri Jenoside, twarokowe n’Inkotanyi zirangajwe imbere n’intwari yacu Paul Kagame. Ibyo ni Ihame!”

    Minisitiri Mukazayire akomeza avuga ko aho u Rwanda rwakuwe n’Inkotanyi ari kure, bityo buri wese arufitiye umwenda wo kurwitura.

    Ati “Uru Rwanda rwavuye kure, turukesha intwari zitatinye no guhara ubuzima bwazo kugeza n’uyu munsi ngo tubeho, tugire izina, tugire inkomoko. Uruhare rwanjye nawe ni ukuberaho u Rwanda. Abo turi bo, ibyo dukora, ibyo dutunze byose ni uko dufite u Rwanda. Rutariho ntiruriho!”

    “Rubyiruko tuzirikane ko ntacyo u Rwanda rutugomba, ahubwo turugomba Isi! Tuzirikane ko nubwo twize, dusobanukiwe, twahawe amahirwe yo kubaza no kubazwa ibijyanye n’igihugu cyacu. Hari umurongo ntarengwa! Jenoside yakorewe Abatutsi ntabwo igibwaho impaka! Twibuke twiyubaka.”

    Ubu butumwa kandi busoza bushishikariza buri wese kuba hafi ya mugenzi we, ariko nanone uwabishobora agakora siporo “kuko buriya ifasha kuruhura umubiri, umutima ndetse n’ubwonko. Buriya yabaye n’inkingi yafashije Abanyarwanda kongera kubaho no guhura nyuma ya Jenoside yakorwe Abatutsi.”

    Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire ahemba, yagaragarije urubyiruko ko rufitiye u Rwanda umwenda wo kururinda

  • Will Wilson agiye gukora siporo y’amasaha 24 mu kurwanya kanseri

    Will Wilson agiye gukora siporo y’amasaha 24 mu kurwanya kanseri

    Umwanditsi akaba n’umuhanga mu gufata amafoto cyane cyane ay’inyoni, Will Wilson, agiye gutangira igikorwa cyo kumara amasaha 24 akora siporo yo kugenda n’amaguru ku mpamvu zo gukangurira abantu kurwanya kanseri no gukusanya inkunga yo gufasha abafite ubwo burwayi.

     

    Wilson arateganya gukora iki gikorwa ku wa Gatandatu, tariki ya 3 Gicurasi 2025, aho azaba ari kugendera mu muhanda urimo ‘tapis’ wagenewe gukoreramo siporo uherereye hafi ya Kigali Golf Resort & Villas.

    Yavuze ko iki gikorwa azagikora afatanyije na Radisson Blu Hotel & Convention Centre, kigamije kurwanya kanseri no gushakira ubufasha abayirwaye.

    Ati “Ndashaka kongera ubukangurambaga, ndashaka kongera amafaranga yo gutanga kuri Rwanda Cancer Relief (Umuryango utegamiye kuri leta ufasha abarwaye Kanseri ukanakora ubuvugizi ku bayirwaye mu Rwanda). Ndashaka kubafasha mu bintu bitatu bakora.”

    “Icya mbere ni ugufasha abarwayi ba hano mu Rwanda kubona ubuvuzi n’imiryango yabo ikabona ubufasha. Icya kabiri ni ukugaragaza impamvu y’ubushakashatsi mu kurwanya kanseri. Ikindi ni ukongerera ubushobozi abaganga muri rusange ku buryo basobanukirwa byinshi mu bimenyetso bya kanseri kuko akenshi kuboneka kare kwabyo bitanga ibisubizo byiza.”

    Willson ahamagarira buri wese kumushyigikira muri icyo gikorwa yiyemeje gukora, dore ko atari ubwa mbere abikoze kuko mu 2024 yakoze siporo yo kwiruka akoresheje ‘Treadmill’, akusanya agera kuri miliyoni 8 Frw.

    Uyu mwongereza w’imyaka 46, amenyerewe cyane mu kazi ko gufotora inyoni zo mu Rwanda, ndetse mu 2023 yashyize hanze igitabo yise “Falling for the Birds of Kigali”, gikubiyemo ubwoko butandukanye bw’inyoni ziboneka mu Mujyi wa Kigali.

    Will Wilson yakusanyije miliyoni 8 Frw ubwo aheruka gukora siporo yamaze amasaha 24

    Will Wilson azamara amasaha 24 agenda n’amaguru agamije kurwanya kanseri

  • APR BBC yunamiye Abatutsi bazize Jenoside bashyinguye ku rwibutso rwa Gisozi

    APR BBC yunamiye Abatutsi bazize Jenoside bashyinguye ku rwibutso rwa Gisozi

    Abakinnyi n’abakozi b’Ikipe ya APR BBC basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

     

    Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 12 Mata 2025, cyitabirwa na benshi mu bakinnyi n’abakozi b’Ikipe y’Ingabo.

    Abakitabiriye basobanuriwe uko Jenoside yateguwe igashyirwa mu bikorwa ndetse n’uko yahagaritswe na FPR-Inkotanyi n’ingabo za RPA zari ziyishamikiyeho.

    Mukama Victor wahagarariye bagenzi be, yagaragaje ko yize byinshi ku nshuro ye ya mbere yari asuye Urwibutso rwa Jenoside.

    Yagize ati “Ni inshuro ya mbere nsuye urwibutso. Amateka y’ababyeyi bacu arababaje. Ntekereza ko ari byiza kuri twe kumenya amateka y’igihugu cyacu kandi twize byinshi.”

    Wari umwanya mwiza kandi ku bakinnyi b’iyi kipe ibarizwamo abanyamahanga batandukanye ndetse n’Abanyarwanda bavukiye hanze baboneyeho umwanya wo gusobanukirwa amateka y’igihugu.

    Nyuma yo guhagarika Jenoside, ingabo za RPA zatangiye kubaka igihugu cyari cyarasenyutse mu mfuruka zose.

    Mu mikino zatangije amakipe atandukanye ari naho iyi ya Basketball ibarizwa ndetse nyinshi muri zo zabaye ubukombe mu mikino itandukanye ziserukamo nk’umupira w’amaguru, gusiganwa, Handball, Volleyball kandi mu bagabo n’abagore.

    Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi rushyinguwemo imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside basaga ibihumbi 259.000, bakuwe mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo.

  • Umunsi Prof. Lyambabaje na Uyisenga banga ko Abatutsi bagabanywa mu Ikipe y’Igihugu ya Volleyball

    Umunsi Prof. Lyambabaje na Uyisenga banga ko Abatutsi bagabanywa mu Ikipe y’Igihugu ya Volleyball

    Kuva mu 1973 Guverinoma ya Habyarimana Juvénal yashyizeho politiki y’iringaniza rishingiye ku bwoko no ku turere, ryitwaga ko rigamije guha abantu bose amahirwe angana mu byerekeye uburezi n’imirimo.

     

    Iyo ni politiki yashyigikiwe na benshi icyo gihe bayibonaga nk’uburyo bwo gukosora amateka mabi yari yarakozwe muri Repubulika ya Mbere yayobowe na Grégoire Kayibanda.

    Icyo gihe habagaho politike y’iringaniza, aho bavugaga ko imyanya yose igomba kuba igabanyijemo 85% igenewe Abahutu, 14% ari iy’Abatutsi, mu gihe 1% yari iy’Abatwa.

    Ambasaderi Karabaranga Jean Pierre wakiniye Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, yasobanuye amateka yayo n’uko abakinnyi bayibagamo bari babanye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati “Abo twasanze mu Ikipe y’Igihugu ntabwo batuvanguraga. Burya mu kibuga nta Muhutu, nta Mututsi, iyo baguhamagaraga wajyagamo bakakwakira. Mbese bakagushyigikira ukabona ko bagukunze.”

    Nubwo byari bimeze bityo ariko, leta yari iriho icyo gihe hari ibyo yakoraga kugira ngo ishyire icengezamatwara ry’ivangura mu Ikipe y’Igihugu, dore ko icyo gihe muri federasiyo, mu batoza no mu bakinnyi ntaryo bagiraga.

    Leta yakoraga uko ishoboye kose kugira ngo iryo vangura rigere mu makipe binyuze muri minisiteri yari ishinzwe siporo.

    Mu 1987 hatoranyijwe Ikipe y’Igihugu yagombaga gusohokera igihugu, urutonde rw’abatoranyijwe rwoherezwa muri Minisiteri yari ishinzwe siporo kugira ngo hashakwe ibyangombwa.

    Abari abayobozi ba Minisiteri bakibona urutonde bakubiswe n’inkuba kuko basanze abarenga 50% by’abaruriho bari Abatutsi kandi Ikipe y’Igihugu igomba kuba yiganjemo Abahutu.

    Basabye Ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda (FRVB) ndetse n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Lyambabaje Alexandre, ko bahindura urwo rutonde bagashyiraho abemewe.

    Nk’uko Amb. Jean Pierre Karabaranga yabitangarije Radio/TV10, icyo gihe Prof. Lyambabaje Alexandre na Uyisenga Charles barabyanze babwira minisiteri bati “Ntabwo bishoboka, ikipe twahisemo ni iyi nta yindi.”

    Kubera kugaragaza ko badasuzuguye ubuyobozi, bakuyemo abakinnyi babiri gusa, ariko ntibahindura urutonde rwose uko rwakabaye abandi barabemera.

    Icyo gihe u Rwanda rwitabiriye imikino y’Akarere ka Kane (Zone IV), yari yabereye muri Congo Brazzaville mu 1988, ndetse runitwara neza rutahana umudali wa Feza nyuma yo gutsindwa na Cameroun ku mukino wa nyuma.

    Gusa ntabwo icyo leta yifuzaga muri uyu mukino yigeze irekera aho kugishaka kuko yakomeje gucengeza amatwara yayo mu bakinnyi ndetse n’abakunzi b’umukino wa Volleyball kugeza ubwo bamwe batangiye kuyumva.

    Ibyo byatumye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu bari ku ruhembe mu mukino wa Volleyball bisanga ku rutonde rw’abagombaga kwicwa.

    Icyo gihe umukino wa Volleyball uri mu yashegeshwe cyane na Jenoside kuko yabuze abayobozi, abakinnyi, abatoza n’abakunzi muri rusange.

    Mu bo yatwaye ku ruhembe hari Rutsindura Alphonse wateje imbere uyu mukino mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko muri Petit Séminaire Virgo Fidelis Karubanda.

    Hari kandi Benjamin Imenamikore, Appolinaire Kabandana, Ntagugura Placide, Niyongira Justin, Rwagashayija Innocent, Kayiranga Eric, Kamonyo Jean Pierre, Ngoga Sebalinda Dominique, Ulimubenshi Vénant n’abandi.

    Aba ndetse n’abandi Batutsi barenga miliyoni bishwe bazira ubwoko bwabo, u Rwanda n’Isi yose birabibuka ku nshuro ya 31.

    Prof. Lyambabaje Alexandre ari mu barwanye ku iterambere ry’umukino wa Volleyball

    Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Volleyball yahanganaga ku ruhando mpuzamahanga

    Amb. Jean Pierre Karabaranga agaragaza ko mu bakinnyi nta rwango rwabagamo

    Prof. Lyambabaje Alexandre yabaye umukinnyi n’umutoza ukomeye wa Volleyball

    Uyisenga Charles ari mu banze ko Abatutsi bagabanywa mu Ikipe y’Igihugu

  • Imiti itangirwa kuri Mutuelle yageze ku 1500

    Imiti itangirwa kuri Mutuelle yageze ku 1500

    Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangarije abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ko hongerewe imiti itangirwa ku bwisungane mu kwivuza ‘Mutuelle de sante’ ikaba yarageze ku 1500 ivuye kuri 800.

     

    Abadepite bari bagaragaje ko abaturage batishimira uburyo bahabwa imiti mu mavuriro atandukanye hirya no hino mu gihugu, babaza ikiri gukorwa ngo icyo kibazo gikemurwe.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yasobanuye ko kuri ubu hongerewe ubushobozi n’imiti itangirwa kuri ‘Mutuelle de Sante’ iriyongera ikaba igeze ku 1500 ivuye kuri 800 yari iriho mu bihe byashize.

    Yagize ati “Bitewe n’indwara abaturage bakunze kwivuza, byabaye ngombwa ko ikigega cya mituweri gishyiramo serivisi nshya, zirimo indwara zitandura nk’imiti ya kanseri, imiti y’indwara z’umutima, insimburangingo…”

    Yakomeje agaragaza ko hari gahunda yo gukemura ibibazo bishingiye ku miti abaturage bakunze kugaragaza ko badahabwa iyo bivurije kwa muganga ahubwo bagasabwa kujya kuyigurira hanze y’ibitaro.

    Ati “Hari ukongera imiti dutanga kwa muganga ari na cyo gikemura ibibazo abaturage bagaragaza by’uko bajya kwivuza umuganga akamwandikira imiti ariko yajya kuri Farumasi y’ibitaro akabwirwa ko udahari. Kuba udahari harimo ibintu bibiri, icya mbere ni uko utaba uri kuri lisiti y’ibyo ubwishingizi bwishyura cyangwa se koko ukaba udahari. Ibyo twabikemuye byombi. Imiti yemerewe kuvurira kuri mituweri twayikubye kabiri cyane cyane ugendanye n’izi ndwara nshya twavuze.”

    Yavuze kandi ko mu itangwa rya serivisi hakirimo imbogamizi zo kuba abaturage bagana ibitaro n’ibigo nderabuzima usanga bamara umwanya munini batarahabwa serivisi ariko ko hari gushakwa ibisubizo ku cyakwihutisha itangwa rya serivisi.

    Yagaragaje ko muri iyo miti yongewemo ijyanye n’ubuvuzi bwa kanseri, kuvura no kubaga indwara z’umutima, kubaga hakoreshejwe ikoranabuhanga, kuyungurura no gusimbuza impyiko (dialyse), kuvura no kubaga uburwayi bw’igice cy’umugongo nk’urutirigongo, gutanga inyunganirangingo n’insimburangingo (prothese), kubaga Ivi no gusimbuza ivi, kubaga no gusimbuza umutwe w’igufwa ry’ukuguru, serivisi z’amaraso n’izindi zigendana na yo, gutanga inyunganiramirire ndetse hari n’indi miti yiyongereye ku rutonde rw’igiye nayo kujya yishyurwa hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza.

    Kugeza ubu zimwe muri izo serivisi zatangiye gutangwa izindi zizatangira gutangwa muri Nyakanga 2025 hamaze gutegurwa ibisabwa byose mu mavuriro ya Leta.

    Yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yamaze gukusanya agera kuri miliyari 20 Frw yo gushyigikira ikigega cya ‘Mituelle de sante’ kugira ngo gikomeze gutanga umusanzu wacyo uko bikwiriye.

    Ni amafaranga yakusanyijwe avuye mu nzego zinyuranye nk’acibwa abakoze amokosa yo mu muhanda, inzego za Leta, ibigo by’itumanaho bikorererwa mu Rwanda, ibigo by’imari n’ibigo by’ubwushingizi n’ibindi bitandukanye.

    Dr. Yvan Butera yashimangiye ko Guverinoma izakomeza gukusanya amafaranga ashobora gushyirwa mu kigega cya ‘mituelle de Sante’ hagamijwe guhaza ibyifuzo by’abaturage.

    Nubwo bimeze bityo ariko inzego z’ubuzima zigaragaza ko umusanzu buri muntu atanga wa 3000 Frw cyangwa 7000 Frw ku mwaka utageze kuri 40% by’ikiguzi kigenda iyo ahawe serivisi z’ubuvuzi hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza, kuko hajyamo nkunganire ya Leta.

    Bivugwa ko uwo musanzu ushobora kwiyongera bijyanye n’uko n’ibiciro ku masoko byagiye bihinduka nubwo wo utigeze uhinduka kuva mu myaka irenga 14 ishize ushyizweho.

    MINISANTE kandi yijeje ko hari n’ibiciro ku miti yo kwa muganga bishobora kwiyongera kuko hari aho wasangaga abakora muri urwo rwego bakorera mu gihombo.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yasobanuye ko kuri ubu hongerewe ubushobozi n’imiti itangirwa kuri ‘Mutuelle de Sante’ iriyongera ikaba igeze ku 1500

  • Tujyanye muri CHUK yaremye inzobere z’abaganga 5000

    Tujyanye muri CHUK yaremye inzobere z’abaganga 5000

    Imyaka itatu ni yo ibura ngo Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali byuzuze imyaka 110 bimaze bitanga serivisi z’ubuvuzi ku Baturarwanda n’abava imihanda y’Isi bagiye kuzishakayo dore ko na bo ari umubare munini.

     

    Uko imyaka yagiye isimburana ni na ko byagiye byongera ubushobozi kuko mu 1918 cyatangiye ari ikigo nderabuzima.

    Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, CHUK na yo yagizweho ingaruka zikomeye, ariko yongera kwiyubaka. Nyuma y’imyaka itandatu, ibi bitaro byahise bigirwa ibyigisha hagamijwe gutanga umusanzu ukomeye muri serivisi z’ubuvuzi, kwigisha no gukora ubushakashatsi ku bibangamiye ubuzima bwa muntu.

    IGIHE yaganiriye n’Umuyobozi Mukuru muri CHUK ushinzwe serivisi z’ubuvuzi, Dr. Martin Nyundo, umaze imyaka 25 muri ibi bitaro bimaze kuba ubukombe mu Karere, agaragaza uburyo byanyuze mu nzira igoye ngo byiyubake.

    Mu 1995, ubwo Kaminuza y’u Rwanda yongeraga gufungura nyuma ya Jenoside, Dr. Nyundo yari mu ba mbere bize mu ishuri ry’ubuvuzi mbere muri iyo kaminuza, basoje ari abaganga 70 mu 2002, binjira mu kazi bitezweho kuzahura uru rwego rwarazahaye.

    Icyo gihe ibintu byari biteye ubwoba aho abana batatu bararaga ku gitanda kimwe, hari indwara nyinshi zagombaga kwitabwaho, umuganga amara iminsi itatu ku izamu ntawe umusimbura.

    Ibintu bitangira gufata isura ubwo Kaminuza y’u Rwanda yari itangiye kwigisha inzobere mu buvuzi (spécialiste).

    Dr. Nyundo ati “Nanjye nabaye mu ba-spécialiste ba mbere bahuguwe mu bijyanye no kubaga. Ndibuka twari abantu batatu umwe agomba gushyirwa i Butare, undi CHUK undi mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal.”

    Uyu muganga yibuka ko yabagaga abantu nka 12 ku munsi ari umwe “ngasoza nka saa Kumi z’igitondo nkaryamaho gato Saa Tatu nkagaruka ndeba uko bameze. Byari bigoye.”

    Umuyobozi Mukuru muri CHUK ushinzwe serivisi z’ubuvuzi, Dr. Martin Nyundo, amaze imyaka 25 muri ibi bitaro

    Byita ku barenga 1200 ku munsi

    Ubusanzwe mu bitaro, umwihariko wiganza izo ukubaga, kwita ku ndwara z’abagore, kwita ku bana, indwara z’abantu bakuru, gutera ikinya, ibijyanye no guca mu byuma n’ibijyanye na labotarwari. Nubwo nko mu 2005 ayo mashami yari hasi ariko muri CHUK yari ahari.

    Uyu munsi muri CHUK ibintu byarahindutse ayo mashami yabyaye andi. Nko mu bijyanye no kubaga hari ishami rimwe, uyu munsi iryo shami ryabyaye andi arenga 11, no mu zindi nzego biba uko ziraguka.

    Dr. Nyundo ati “Uyu munsi dufite inzobere mu buvuzi (spécialistes) 145. Mu ishami ryo kubaga dufite izo nzobere 45. Twarazamutse kuko nko mu 2000 ntibarengaga batanu. Kugira ngo ube inzobere ntibijya munsi y’imyaka ine, uvuye ku yindi itandatu y’ubuvuzi rusange. Urumva ko hakozwe ibikomeye.”

    Bijyanye n’uko CHUK ari ibitaro bikuru biba bihangana n’indwara zikomeye, bigira inzobere cyane, abaganga bize ubuvuzi rusange (généraliste) bakaba bake, aho bafite nka 15 na bo bakorera ku masezerano y’imishinga itandukanye.

    CHUK ifite abaforomo bagera kuri 590 n’abandi bafasha baba mu nzego zitandukanye nk’ubugororangingo, laboratwari n’ibindi bagera ku 130.

    Ibi bitaro bibarura abarenga 1030, barimo abantu 130 bakora mu nzego z’ubuyobozi gusa abandi ni abaganga.

    Uko kugira abakozi b’inzobere binajyana no kuzamura urwego rw’ubuvuzi bikagirwamo uruhare n’ibikoresho by’ubuvuzi bigezweho utapfa gusanga ahandi.

    Ku munsi CHUK yita ku barwayi bari hagati ya 700 na 800 bataha n’abarenga 400 baba mu bitaro. Ifite ibitanda bigera kuri 500.

    Muri ibi bitaro habagirwa abarwayi barenga 100 ku munsi hifashishijwe ibyumba birenga 12 bibagirwamo abantu ku buryo bugezweho. CHUK yakira indembe zirenga 100 ku munsi.

    Uretse ubuvuzi bugezweho, serivisi ntagereranywa, Dr. Nyundo agaragaza ko mu Rwanda ibiciro by’ubuvuzi biri hasi ugereranyije no mu mahanga.

    Muri CHUK habagirwa nibura abarwayi barenga 100 ku munsi

    Atanga urugero ku munyamahanga ushobora kuza mu Rwanda gushaka serivisi zo kubagwa, bakamuha icyumba cya wenyine aba yakwishyura nka 300$, mu gihe nko mu Karere ayo mafaranga ashobora gushirira mu kumusuzuma gusa.

    Uretse igikorwa cyo kongerera amaraso umwana uri mu nda CHUK iherutse gukora bikaba ubwa mbere bikozwe mu Rwanda, Dr. Nyundo arakomeza ati “ Hano havurirwa ibintu byinshi cyane, tugeze aho umuganga ashobora kubaga ikibyimba kiri mu bwonko anyuze mu mazuru akagikuramo cyose uko cyakabaye, ni byinshi.”

    Kugeza uyu munsi muri CHUK ibibazo bibangamiye ubuzima cyane kurusha ibindi ni impanuka, aho mu bantu 100 barembye bakirwa ku munsi, hagati ya 20% na 40%, n’indwara zitandura.

    CHUK na yo igira imbogamizi nyinshi cyane nko kutishyura kw’abahawe serivisi, aho nko mu myaka ibiri ishize ayo mafaranga yarengaga miliyoni 200 Frw, ibikoresho bidahagije ugereranyije n’ibyifuzwa n’ibindi.

    Abarenga 5000 barimo abo mu bihugu 84 bamaze guhahira ubumenyi muri CHUK

    Umuyobozi Ushinzwe Abanyeshuri bigira muri CHUK, Munyaneza Emmanuel, yagaragaje ko abajya kwigira muri ibyo bitaro bari mu byiciro bitatu, birimo icya mbere, icya kabiri n’icya gatatu cya cya kaminuza harimo n’abiga bakaba inzobere mu buvuzi.

    Yavuze ko mu myaka itanu ishize, bimaze kwakira abanyeshuri barenga 5000 , abagera ku 3000 barimo abari mu byiciro bibiri bya mbere mu gihe abandi basigaye bari abari gushaka ubumenyi bubagira inzobere (spécialiste) mu buvuzi.

    Ati “30% by’abo twakira ni abanyamahanga na ho 70% ni aba hano mu Rwanda. Abo 30% bava mu bihugu 84 byo ku migabane yose igize Isi bamaze kohereza abanyeshuri hano.”

    CHUK imaze kunyuramo abarenga 5000 bahabwa ubumenyi bubagira inzobere mu kwita ku barwayi

    Abo banyamahanga barimo abakomoka mu bihugu 31 bya Afurika, 26 byo mu Burayi, 15 byo muri Aziya, icyenda byo muri Amerika mu gihe ibihugu bitatu byo muri Océanie ari byo byohereje abanyeshuri kwigira muri CHUK.

    Uko ibihe biha ibindi, ni na ko indwara zigenda zihindura umuvuno, bigatanga umukoro ku bashakashatsi kuko baba bagomba na bo guhindura imikorere bakajyana n’igihe.

    Muri CHUK na ho ubushakashatsi bukorwa hafi buri mwaka ku buryo abantu barenga 300 baba basabye kuhakorera ubushakashatsi, hakemererwa byibuze uburi hagati ya 250 na 280.

    Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’ubushakashatsi muri CHUK, Dr. Belson Rugwizangoga, yavuze ko 15% by’ubushakashatsi bukorwa n’abanyamahanga mu gihe imibare isigaye ari iy’ubukorwa n’Abanyarwanda.

    Dr Rugwizangoga agaragaza ko uburyo bushya bw’imivurire bwemezwa mu Rwanda no mu bindi bihugu buba bwanyuze mu bushakashatsi kandi CHUK ibugiramo uruhare runini.

    Ati “Niba kera umuntu wabyaraga abazwe yararyaga nyuma y’iminsi itatu, uyu munsi akaba ari nyuma y’amasaha make, ni uko tuba twakoze ubushakashatsi bukagaragaza ko kubifata nyuma y’amasaha make nta cyo bitwaye.”

    Bumwe mu bushakakashatsi bwakozwe CHUK ikabugiramo uruhare rukomeye burimo nk’ubwakozwe hagamijwe kuvura no kubaga indwara z’umutima, ari byo byatumye ubu mu Rwanda izo serivisi zitangizwa.

    Hari kandi ubujyanye n’indwara zo mu mutwe, aho mbere umurwayi yagombaga gufata umuti buri munsi. Nyuma habonetse umuti, urageragezwa, hemezwa ko umuntu azajya awuterwa mu rushinge akamara amezi atatu atarafata undi, n’ubundi bwinshi.

    Igishushanyo mbonera kigaragaza aho CHUK izimurira ibikorwa mu mezi ari imbere

  • Hatangijwe ikigo kizafasha mu gukusanya amakuru yo mu mavuriro yose yo mu Rwanda

    Hatangijwe ikigo kizafasha mu gukusanya amakuru yo mu mavuriro yose yo mu Rwanda

    Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, yatangije ikigo “Health Intelligence Center” kizayifasha gukusanya amakuru y’amavuriro yose mu gihugu hifashishijwe ikoranabuhanga, kikazanafasha mu gutanga inyunganizi mu buryo bworoshye.

     

    Ni ikigo cyatangijwe ku wa 3 Mata 2025, mu muhango witabiriwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Dr. Yvan Butera.

    Ikigo “Health Intelligence Center” kijyanye n’ikoranabuhanga mu gukoresha amakuru kugira ngo habashe gufatwa imyanzuro ishingiye ku mibare ariko na na none bifashe Minisiteri y’Ubuzima gutanga inyunganizi mu bigo by’ubuvuzi mu gihugu hose bitayisabye kujya aho biri.

    Umuyobozi w’Ishami ry’Igenamigambi, Isuzuma n’Imari muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Muhammed Semakula, yavuze iki kigo kije kwihutisha imitangire ya serivisi mu buvuzi no kumenya ibibera mu bigo nderabuzima bidasabye kubijyamo.

    Ati “Dufite ibigo nderabuzima birenga 500, kugira ngo tumenye ibibera mu kigo nderabuzima byadusabaga ko ujyayo cyangwa ugategereza ukwezi kugira ngo umenye uko byagenze ariko muri iki kigo biratworohera kubona amakuru ako kanya kuko tuba tubona uko biri gukorwa.”

    Yakomeje agira ati “Iyo hari ikibazo gikenewe ko abantu bahabwa ubufasha, bafashwa mu buryo bwihuse, yaba ari mu buvuzi cyangwa imyanzuro bagenderaho ishingiye ku mibare, bidufasha no mu gihe cy’ibyorezo cyane cyane ko imibare tubona idufasha kuba twafata ingamba hakiri kare.”

    Ikigo cya “Health Intelligence Center” kigaragaza amakuru y’uburyo umuntu yivuza, amakuru yose amugenewe mu igenzura ahita ahagera ako kanya bitarindiriye ubundi buryo bwo kuyakusanya.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yavuze ko iyi ari intambwe nziza igiye gufasha mu buvuzi by’umwihariko kwihutisha serivisi bitewe n’uko nta nama nyinshi zizongera kuba hafatwa imyanzuro cyangwa hatangwa za raporo.

    Ati “Ubu tugiye kujya dufata imyanzuro byihuse nta nama nyinshi cyangwa gukusanya ibitekerezo rimwe na rimwe biba birimo amarangamutima kuko imibare ubwayo izajya yivugira hafatwe umwanzuro ukwiye.”

    MINISANTE ivuga ko iki kigo kizajya gikurikirana inzira umurwayi azajya anyuramo zose, agiye kwivuza kuva ageze ku bitaro kugeza atashye, n’abahabwa za ‘rendez-vous’ bakurikiranwe bamenye niba igihe bahawe, abaganga baracyubahirije cyangwa bitarakorwa.

    Kugeza ubu mu Rwanda hari amavuriro y’ibanze agera ku 1281, ibigo nderabuzima birenga 500, ibitaro byo kwego rw’uturere 34, iby’intara bitatu, ibyigisha ku rwego rwa kaminuza 10, ibyihariye bine ndetse na bitandatu byo ku rwego rw’igihugu.

    src:igihe

  • Imiti ya malaria yatangiye gukwirakwizwa hakoreshejwe ‘drones’

    Imiti ya malaria yatangiye gukwirakwizwa hakoreshejwe ‘drones’

    Minisiteri y’Ubuzima yatangije igikorwa cyo gukwirakwiza imiti yo kuvura malaria hakoreshejwe indege zitagira abapilote zizwi nka ‘drones’, mu rwego rwo gufasha kuyigeza ku barwayi byihuse batarazahara.

     

    Ni igikorwa cyatangijwe ku wa 3 Mata 2025, mu Karere ka Gisagara ku Bitaro bya Gakoma binyuze mu masezerano Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) gifitanye n’ikigo Zipline gitanga serivise zo kugeza imiti mu mavuriro hakoreshejwe ‘drones’.

    Dr. Niyonzima Jean Damascène ushinzwe kurwanya malaria muri RBC yavuze ko ubwo buryo bushya bugamije kwihutisha ikwirakwizwa ry’imiti ya malaria kuko uburyo busanzwe bukoreshwa rimwe na rimwe butinda umurwayi akaba yazahara akiyitegereje.

    Yagize ati “Inzira imiti inyuramo akenshi ikunze kuba ndende ndetse n’uburyo bwo kuyitwara mu nzira y’imihanda ugasanga hajemo imbogamizi ntibyihute nk’uko biba bikenewe. Ni yo mpamvu hashyizweho iriya mikoranire kugira ngo igihe bibaye ko umurwayi ufite malaria y’igikatu yakenera umuti wo kumutera kandi washize kuko biba byihutirwa cyane uwo muti umugereho.”

    Yakomeje ati “Kwitabaza ikoranabuhanga ni ikintu twabonye kizadufasha cyane mu gutabara abarwayi mu buryo bwihuse.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme yavuze ko ako karere gakikijwe n’ibishanga imibu yororokeramo ku buryo hari gufatwa ingamba nshya mu kuyihashya.

    Ati “Twafashe ingamba zidasanzwe aho ubu abajyanama b’ubuzima barimo baravura kurusha abandi baganga bose kugira ngo urwaye avurwe ako kanya tuzibe icyuho icyo ari cyo cyose kuri malaria. Twavuganye na RBC kandi ko habaho uburyo inzitiramibu zihenduka zikagura 5000Frw kuko ubu zigura ibihumbi 10 Frw kugira ngo byorohereze abaturage.”

    Mu Karere ka Gisagara muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/25 habaruwe abarwayi ba malaria bagera ku bihumbi 106, bavuye ku bihumbi birenga 59 bahagaragaye umwaka ushize wa 2023/2024.

    Muri ako karere imirenge ituriye ibishanga ni yo yibasirwa cyane ndetse muri Gisagara, Nyamasheke na Nyagatare hagaragara malaria y’igikatu aho bamwe mu batinze kuyivuza ibahitana.

    Imibare ya RBC igaragaza ko muri uyu mwaka malaria imaze guhitana abagera kuri 61 mu gihugu hose.

    Gahunda yo gukwirakwiza imiti ya malaria hakoreshejwe ‘drones’ muri uyu mwaka izakorerwa mu turere twa Gisagara, Nyamasheke na Nyagatare ku bitaro n’ibigo nderebuzima nyuma izakomereze n’ahandi mu gihugu.

    src:igihe