Author: Pierre Celestin Niyirora

  • Kwibohora 31: Kicukiro hatashywe ikiraro cyubatswe ku bufatanye bwa Polisi n’Ingabo z’u Rwanda

    Kwibohora 31: Kicukiro hatashywe ikiraro cyubatswe ku bufatanye bwa Polisi n’Ingabo z’u Rwanda

     

    Mu rwego rwo Kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 31, mu karere ka Kicukiro, hatashywe ikiraro cya “Kajeki”gihuza Imirenge ya Niboye na Kanombe, cyari cyarangiritse ariko kikaba cyarubatswe ku bufatanye bwa Polisi n’Ingabo z’u Rwanda,mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage (Citizen Outreach Programme-COP25), byatangiye mu gihugu hose tariki ya 17 Werurwe uyu mwaka.

    Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Brig Gen. Celestin KANYAMAHANGA,wari umushyitsi mukuru mu muhango wo gutaha iki kiraro tariki ya gatatu Nyakanga 2025,yavuze ko ibikorwa bihuza inzego z’umutekano n’abaturage bishimangira imiyoborere myiza n’icyerekezo kiza cya Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda.

    Ati “Ibikorwa twatashye uyu munsi birenze kuba gahunda yo gufatanya n’abaturage gusa. Ni igihamya gifatika cy’icyerekezo cya Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda.”

    Yongera ho ko “Icyo cyerekezo kidusaba guhora dutekereza ku nshingano z’inzego zacu zishinzwe kurinda igihugu n’umutekano. Si abarinzi b’umutekano,amahoro n’ubusugire bw’igihugu gusa, ahubwo  ni nabo musingi w’iterambere, umusemburo w’impinduka nziza igihugu cyacu kigenda kigera ho ndetse n’abafatanyabikorwa ba hafi  b’abaturage bakorera kandi barinda umunsi ku munsi”.

    Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Brig Gen Celestin KANYAMAHANGA,yavuze ko ibikorwa bihuza inzego z’umutekano n’abaturage bishimangira imiyoborere myiza n’icyerekezo kiza cya Perezida Paul Kagame.

    Abatuye by’umwihariko mu mirenge ya Niboye na Kanombe,ihurira kuri iki kiraro cya Kajeki,bavuga ko cyari inzitizi kuko hajyaga hanagwa mo abana bajya kwiga,ndetse n’abakuze bagatinya kucyambuka,ariko kuba cyubatswe bakavuga ko ari ko kwibohora nyakuri bityo nabo bakaba bagomba kukibungabunga.

    MUKANDAHUNGA Tacienne,yagize ati ”Iki kiraro cyari kibangamye kigwa mo abana bakanapfa bakagenda ku buryo ababyeyi bahoranaga impungenge,nanjye ubwanjye ntabwo natinyukaga kukinyura ho. Turanezerewe cyane rero, uku niko kwibohora nyakuri”.

    UWIMANA Ildephonse, nawe ati “Iki kiraro cyari cyarangiritse cyane ariko ubu n’imodoka ziratambuka nta kibazo. Turashima aba basirikare n’abapolisi rwose ntacyo twabashinja,ahubwo turabizeza ko natwe tuzashyira ho akacu ibi bikorwa tukajya tubirinda”.

    Ikiraro cya “Kajeki”gihuza Imirenge ya Niboye na Kanombe cyatashywe.

    Polisi y’u Rwanda (RNP) n’Ingabo z’igihugu (RDF), buri mwaka izi nzego zihuza imbaraga mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage aho hubahwa ibikorwa remezo,ubuvuzi n’ibindi bikorwa bitandukanye hirya no hino mu gihugu,uyu mwaka bikaba byaratangiye tariki ya 17 Werurwe bigasobwa uyu munsi tariki ya gatatu Nyakanga 2025.

    Mu mu mezi atatu gusa ibi bikorwabimaze bimaze,bisize mu gihugu hose abaturage bavuwe indwara zitandukanye bangana na 41.868,hubakwa ibiraro 13,amazu y’abatishoboye 70,hubakwa amarererero y’inshuke ECD 10,ndetse n’ibindi bitandukanye.

  • RBC,yasabye ababyeyi kugira uruhare mu kurinda abana gukoresha ibiyobyabwenjye

    RBC,yasabye ababyeyi kugira uruhare mu kurinda abana gukoresha ibiyobyabwenjye

     

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima [RBC], cyasabye ababyeyi kugira uruhare mu kwita ku bana babo no kubaka umuryango utekanye,kuko iyo bidakozwe bishobora kongerera abana gufata umwanzuro mubi wo gukoresha ibiyobyabwenjye.

    Ni ibyagarutswe ho na Dr. Darius GISHOMA, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe muri RBC,kuri uyu wa 26 Kamena 2025,ubwo u Rwanda rwizihizaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Kurwanya Ikoreshwa n’Ikwirakwizwa ry’Ibiyobyabwenge, ku nsanganyamatsiko ivuga ko “Kwirinda no Kuvuza Ababaswe n’Ibiyobyabwenge ni Inshingano za buri wese”.

    Yagize ati “Iyo umuntu ari mu muryango udatekanye, bimwongerera ibyago byinshi byo gufata ibyemezo bitari byo hari mo n’icyo gishobora kuba kijyana gufata ibiyobyabwenjye.Umuryango rero turawushishikariza kwita ku bana cyane bakiri batoya,ntabwo ari ugutegereza afite imyaka 20, kuko hari igihe biba byararenze”.

    Yongeye ho ko “Umwana ufite umutekano bituma n’iyo ageze igihe ashobora gufata icyemezo kitari kiza, umuryango umuba hafi. Umuryango rero turawusaba kubaba hafi mu gukumira, ariko kandi byananga yaba yageze aho aba imbata tugasaba ko umuryango utamuha akato”.

    Dr. Darius GISHOMA, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe muri RBC,yasabye ababyeyi kugira uruhare mu kwita ku bana babo babarinda gukoresha ibiyobyabwenjye.

    SHIMIRWA Palemon,ufite imyaka 30 y’amavuko wakoresheje ikiyobyabwenjye cya kanyanga mu gihe cy’imyaka ine n’igice,ariko akaza kujyanwa mu Kigo Ngororamuco,kuri ubu akaba yarabiretse ndetse akaba atunzwe n’umwuga w’ububaji yize ubwo yarari kugororwa,ashimangira ko uruharwe rw’umuryango rukenewe mu gufasha uwakoresheje ibiyobabwenjye, kuko iyo uwabikoresheje yeretswe urukundo ari bwo afata icyemezo cyo guhinduka.

    Ati “Imiryango yabo ikabanza ikabegera ikabereka ko atari ibicibwa umuntu akaganirizwa, akerekwa urukundo akongera agasubizwa mo intekerezo, hanyuma uwo muntu nawe iyo amaze kubona ko amaze kugira icyerekezo nibwo afata icyemezo cy’urugendo rwo guhinduka kuko n’ababikoresha baba babizi ko ari bibi”.

    Imibare itangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco [NRS], igaragaza ko kuri ubu mu bigo ngororamuco, hari mo abari kugororwa bakoresheje ikiyobyabwenjye cy’urumogi 1537, abakoresheje Heroyine bagera kuri 138, abakoresheje kokayine 17, abakoresheje tineri, esanse cyangwa kore 397, ndetse hakaba n’abandi bavanga ibiyobyabwenjye bitandukanye bangana na 1405.

    Abakoresha ibiyobyabwenjye kandi bagirwa inama yo kubireka kuko nyuma yo kuba bibangiriza ubuzima, ariko iyo babifatiwe mo babihanirwa nk’uko Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

    Urubyiruko rwasabwe bwirinda gukoresha ibiyobyabwenjye n’inzoga zikabije.

  • Kigali: Hasabwe ubufatanye bwa buri wese mu kurwanya ikoreshwa ry’biyobyabwenjye

    Kigali: Hasabwe ubufatanye bwa buri wese mu kurwanya ikoreshwa ry’biyobyabwenjye

     

    Ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS), Minisiteri y’Ubuzima ndetse na Polisi, basabye ubufatanye bwa buri wese mu kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenjye n’inzoga zikabije.

    Ni ibyagarutswe ho tariki ya 16 Kamena 2025, ubwo hatangizwaga ubukangurambaga buzakorwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri mu gihugu hose, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Kwirinda no Kuvuza Ababaswe n’Ibiyobyabwenge ni Inshingano za buri wese”

    Mufulukye Fred, Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, yagize ati “Twebwe tuvuze tuti Abanyarwanda twese twumve yuko ari ikibazo dukwiriye kurwanya twese tudafite urwego tugiharira ,imibare yagabanuka kandi na cya cyifuzo cy’uko twaba igihugu kitarangwa mo ibiyobyabwenjye twakigera ho”.

    Yakomeje asaba ababyeyi by’umwihariko kujya baganira n’abana babo kuko hari abana bakoresha ibiyobyabwenjye babitewe no guhura n’ibibazo bakabura uwo babiganiriza.

    Ati “Iyo habaye icyuho rero cy’umwana kutaganira n’umubyeyi, ngo umwana ashobore kubwira umubyeyi ibyo agenda ahura na byo, ubuzima bw’ishuri, n’ibibazo agenda ahura na byo, ushobora kwisanga umwana yaratangiye gukoresha ibiyobyabwenjye kuko benshi mubo dufite batubwira ko bakoreshaga ibiyobyabwenjye ababyeyi babo batabizi”.

    Mufulukye Fred, Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco,yasabye uruhare rwa buri wese mu kurwanya ibiyobyabwenjye.

    Dr. Ndacyayisenga Dynamo, uyobora ikigo cy’ubuvuzi cyita ku bantu bafite indwara zo mu mutwe [Kigali Referral Mental Health Centre], giherereye i Kinyinya mu mujyi wa Kigali,avuga ko mu bantu baza kwivuriza kuri ibi bitaro haba mo n’abo usanga gukoresha ibiyobyabwenjye byaratewe n’ibikomere batewe n’imyitwarire mibi y’miryango bakomoka mo bityo agashimangira ko iki ari ikibazo gisaba ubufatanye bwa buri wese.

    Ati “Njyewe ku bitaro nyobora, usanga ibiyobyabwenjye n’ingaruka zabyo biza ku mwanya wa kane, ariko akenshi ugiye no kureba usanga indwara zo mu mutwe tuvura zitaza zonyine. Usanga umuntu afite indwara y’agahinda gakabije mu rwego rwo kukivura akajya mu nzoga. Usanga umuntu afite ihungabana yakorwe mu bwana, usanga afite umuryango mubi aho usanga amakimbirane mu muryango,itandukana ry’ababyeyi,umwana uvuka mo abura aho ahagarara akava rero muri uwo muryango akajya kwishakira ahandi ashobora kubona ubuzima.”

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko ibiyobyabwenge bikoreshwa mu buryo butandukanye bikangiza ubuzima bw’ababikoresha ndetse baka bakwishora no mu byaha kuko baba bahinduye imitekerereze.

    Ati: “Hari ibyo banywa babicishije mu kanwa, ibyo bihumuriza n’ibyo bitera mu nshinge, bikabahindurira imitekerereze, iyo hashize igihe baramaze kuba imbata zabyo bikabategeka guhora babifite bityo bagatangira kugurisha imitungo no kwiba kugira ngo babibone n’ibindi byaha bitandukanye.”

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko ibiyobyabwenge bikoreshwa mu buryo butandukanye bikangiza ubuzima bw’ababikoresha.

    Imibare itangwa na Polisi kandi igaragaza ko kuva mu kwezi kwa Mutarama kugeza ku wa 15 Kamena, uyu mwaka wa 2025, mu gihugu hose hagaragaye ibyaha bijyanye n’ibiyobyabwenge 2073, byafatiwe mo abasaga 680 bakurikiranywe ho kubyinjiza mu gihugu, kubitunda no kubikwirakwiza.

    NRS, kandi ivuga ko mu bigo ngororamuco biri mu Rwanda uko ari bine, harimo  abagera ku 6215 bose babaye imbata z’ibiyobyabwenjye,muri bo 2721 bangana na 31 % bo babaye imbata z’inzoga ku buryo badashobora kugira n’icyo bimarira.

     

     

  • Isuko mu gihe cy’imihango ntireba gusa umukobwa cyangwa umugore -Réseau des Femmes

    Isuko mu gihe cy’imihango ntireba gusa umukobwa cyangwa umugore -Réseau des Femmes

    Umuryango Réseau des Femmes Oeuvrant pour le Développement Rural, wasabye buri wese
    kugira uruhare mu isuku mu gihe cy’imihango kuko hari abatabona ibikoresha bifashisha
    bitewe n’uko imiryango yabo itabihaye agaciro.

    BAZARAMA Marie Michele, Umukozi ushinzwe imibereho myiza muri Réseau des Femmes,
    yabigarutseho ku wa Gatanu, tariki 13 /06/2025, mu bukangurambaga uyu muryango wakoze,
    ku isuku mu gihe cy’imihango, bwari bufite insanganyamatsiko igira iti ‘Twubake Isi yumva
    kandi iha agaciro imihango’.

    Ubu bukangurambaga buri muri gahunda z’ibikorwa by’Umushinga w ‘ubuzima
    bw’imyororokere (Santé et Droits sexuels et Rproductifs au Rwanda –SDSR), Umuryango Réseau
    des Femmes ukorera mu mirenge yose igize akarere ka Gasabo, ku bufatanye n’Umurwango
    w’Abanya-Canada witwa l’AMIE.

    BAZARAMA Yagize ati ‘’Ni igikorwa kigamije kugira ngo twumve yuko isuko mu gihe cy’imihango
    itareba gusa umukobwa cyangwa umugore kuko ari we wenyine uyijya mo, ahubwo ari
    iy’umuryango muri rusange, tugamije kurinda ko abana b’abakobwa cyangwa se abagore bajya
    mu mihango bakabura ibikoresho by’ibanze kuko biba bidahabwa agaciro, ndetse no kugira ngo
    abari kujya mu mihango bitabweho.”

    Yongeye ho ko “Twakangurira ababyeyi kubigira nyambere, nk’uko umenyera icyo umwana
    yakabaye arya, wakabaye umumenyera ibyo bikoresho ndetse ukanamutoza uburyo bwiza bwo
    kwikorera isuku, cyane cyane muri icyo gihe cy’imihango’’.

    BAZARAMA Marie Michele, Umukozi ushinzwe imibereho myiza muri Réseau des Femmes,yasabye buri wese kwita ku isuko mu gihe cy’imihango .

    Kuba abangavu bagorwa no kubona ibikoresho by’isuku byabugenewe mu gihe cy’imihango,
    n’ibishimangirwa na bamwe mu bangavu byabaye ho ubwo bajyaga mu mihango bwambere.

    MUSHIMIYIMANA Thérèse, ati ‘’Njyewe nyijya mo bwa mbere nta bikoresho by’isuku narimfite,
    nka cotex ariko mu rugo hari isabune n’utundi dutambaro. Naradufashe ndadufura,
    ndatwanikaneza ku zuba turuma, nanjye ndakaraba ubundi ndatwambara’’.

    IZERE Pricilla, we yagize ati ‘’Njyewe mu buhamya bwanjye, birangora kuko nta bushobozi bwa
    cotex, nkoresha ibitambaro, ugasanga rero mpura n’ingaruka nyinshi. Hari ukubabuka nkaba
    narwara ibisebe, kubera ko birashyuha cyane. Kandi urumva ibitambaro hari n’uburyo

    ntabikorera isuku bihagije. Hari ukuntu tubyanika ntibyume neza, ugasanga urwaye na za
    infection’’.

    Réseau des Femmes mu bukangurambaga ku isuku mu gihe cy’imihango.

    N’ubwo hari abagihanze amaso ababafasha ngo ngo babone ibi bikoresho,Inzego
    zibanze,zikomeza kwegera abari mu miryango igikoresha udutambaro mu gihe
    cy’imihango,bakabigisha uburyo bajya bakorera isuku utwo dutambaro, ndetse kandi
    bakabereka ko hari na za cotex zikoreshwa inshuro irenze imwe, nk’uko bigarukwa ho na
    BATARINGAYA Wiliam, Umukozi ushinzwe ubuzima mu Murenge wa Nduba mu karere ka
    Gasabo.

    Yagize ati ‘’ Hari pads (cotex) dukoresha tukajugunya, zikoreshwa rimwe, hari na pads
    zikoreshwa zigafurwa, zikanikwa zikongera zigakoreshwa. Icya kabiri ni uburyo babikoresha
    kuko niba agafuze ka gatambaro ke, hari abakanika mu nzu, icyo tumubwira ni uko gakwiye
    gushyirwa ahantu gashobora kuma neza kakaba kakongera gukoreshwa”.

    BATARINGAYA Wiliam, Umukozi ushinzwe ubuzima mu Murenge wa Nduba,avuga ko bazakomeza kwegera abari mu miryango igikoresha udutambaro mu gihe
    cy’imihango,bakabigisha uburyo bajya bakorera isuku utwo dutambaro.

    Ubu bukangurambaga bwari mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana ku
    isuku mu gihe cy’imihango (Menstrual Hygiene Day), wizihizwa tariki 28/05 buri mwaka.
    Kugira isuku mu gihe cy’imihango ni ikintu Abatuye Isi bose basabwa kuzirikana, ndetse buri
    mwaka tariki 28 Gicurasi, hizihizwa umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana iyo suku (Menstrual
    Hygiene Day).
    Uyu mwaka, uwo munsi ufite insanganyamatsiko igira iti ‘Twubake Isi yumva kandi iha agaciro
    imihango.’

  • MINEDUC yakanguriye abakobwa kwiga imyuga

    MINEDUC yakanguriye abakobwa kwiga imyuga

     

    Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yakanguriye abakobwa kwiga amasomo ya tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro kuko bikigaragara ko ari bake, nyamara abayize bayatsinda neza bamara no kugera ku isoko ry’umurimo bakagira umwihariko wo gukora akazi kabo neza.

    Ni ibyagarutswe ho n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, IRERE Claudette, ubwo hatangizwaga ku mugaragaro imurikagurisha ry’ibikorwa bikorwa n’abize tekinike, imyuga n’ubumenyingiro (TVET Expo), ryatangiye kuri uyu wa 2 Kamena 2025 muri Camp Kigali.

    Ati”Abakobwa turabasaba bakangukire kwitabira aya mashuri ya tekiniki imyuga n’ubumenyingiro. Hari ikintu ntekereza ko kiri mu mitwe ya benshi ko kwiga ibya tekiniki imyuga n’ubumenyi ngiro, ari iby’abahungu gusa  bakishyira mo ko ari ibintu biremereye”.

    Yongeye ho ko ”Burya abakobwa bagira umwihariko wo gukora ibintu neza kandi aho tekinoroji igeze rwose bashobora kubyiga kandi bakabikora neza. Turabibakangurira, turifuza ko umubare wiyongera”.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, IRERE Claudette, yakanguriye abakobwa kwiga amasomo ya tekiniki,imyuga n’ubumenyingiro.

    MINEDUC, ivuga ko umubare w’abakobwa bitabira kwiga amasomo ya tekinike, imyuga n’ubumenyingiro ukiri muto kuko hari gahunda z’amasomo usanga bari munsi ya 10%, ariko ikavuga ko mu minsi mike hari gahunda nshya zizaza ku buryo iteganya ko zizongera umubare wabo.

    Kuba abakobwa biga aya masomo bashoboye kandi bishimangirwa na bamwe mu baganiriye na Radio Imanzi, bari mo IRIZA KAYIGIRWA Jospine,wiga ibijyanye n’ubugeni mberajisho bw’ubwoko bwose [Fine and Plastic Art], muri Ecole d’Art de Nyundo.

    Yagize ati ”Nk’aho twiga abakobwa ni nka mirongo itanu n’abandi mu gihe abahungu bo barenga magana abiri,urumva ko abakobwa baracyari bakeya cyane ariko njyewe naje kubyiga mbikunze cyane kuko numvaga nshaka kuzakora ikintu kidasanzwe mu maso ya bantu kuko bavugaga ko ari iby’abahungu nta mukobwa wabishobora. Abandi bakobwa ndabasaba kwitinyuka bakiga ibyo bakunda cyane cyane aya masomo y’imyuga n’ubumenyingiro kuko nabo barashoboye nk’uko nanjye nabishoboye”.

    IRIZA KAYIGIRWA Jospine,arakangurira abandi bakobwa kwiga amasomo ya tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro.

    Olive IRADUKUNDA, wiga muri RP-TUMBA College, mu ishami rya Mechatronics,we yagize ati “Natangiye gutekereza kwiga aya masomo ya tekiniki nkiri muri tronc commun,kuko nabonaga abakobwa bari mo ari bake cyane nyamara naje kubigera mo nsanga ni byiza kuko abakobwa babyiga baranabitsinda cyane  ntabwo baba bari hasi nk’uko abantu babitekereza.Ahubwo ndasaba abandi bakobwa kwitinyuka kuko barashoboye”.

    Olive IRADUKUNDA, wiga muri RP-TUMBA College, mu ishami rya Mechatronics,ni umwe mu bamurika ibyo biga muri TVET Expo.

    Mu rwego rwo guteza imbere amasomo ya tekiniki,imyuga n’ubumenyingiro,gahunda ya Leta iteganya ko nibura muri buri kagari hazaba hari ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro by’igihe gito, ni ukuvuga amezi atandatu kugeza ku mwaka bikazagerwaho mu 2029.

    Ku wa 4 Mata 2025, ubwo Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu muri Sena y’u Rwanda, yagaragazaga raporo y’ingendo yakoze mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro mu gihugu,imibare yagaragazaga ko abanyeshuri bose biga mu mashuri ya tekinike, imyuga n’ubumenyingiro barenga ibihumbi 115 barimo abakobwa 51.557 bangana na 44,6% mu gihe abahungu ari 63.959 bangana 55,4%, imibare igaragaza ko abiga muri iki cyiciro bavuye kuri 31% ugera kuri 43% mu myaka itanu ishize.

    Hatangijwe ku mugaragaro imurikagurisha ry’ibikorwa bikorwa n’abize tekinike, imyuga n’ubumenyingiro (TVET Expo), ryatangiye kuri uyu wa 2 Kamena 2025 muri Camp Kigali.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, IRERE Claudette, n’abandi bayobozi batandukanye bari gusura ibikorwa bikorwa n’abize tekinike, imyuga n’ubumenyingiro muri TVET Expo.

     

  • “YONGERE NI AYAWE“agashya kafashije abanya-Musanze kwesa umuhigo wa EjoHeza

    “YONGERE NI AYAWE“agashya kafashije abanya-Musanze kwesa umuhigo wa EjoHeza

     

    “YONGERE NI AYAWE’’,aka ni kamwe mu dushya dukoreshwa mu bukangurambaga, katekerejwe nyuma yaho bigaragaye ko abatuye i Musanze bazigamaga muri EjoHeza ariko ugasanga akenshi bazigama amafaranga make,atari uko bayabuze ahubwo bashakaga kugendera kuri make yari yarateganijwe hagendewe ku byiciro by’Ubudehe byahoze ho.

    Ubu bukangurambaga bwatanze umusaruro ushimishije kuko akarere ka Musanze, kabashije kwesa umuhigo mu mezi 8 gusa, ni ukuvuga mu mpera za Gicurasi 2025. Ndetse aka karere kakaba kamaze kurenza ho 17%.  Bihwanye na 49,777,914 FRW,kuri 300,000,000 aka karere kari karihaye nk’umuhigo mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025.

    Kugira ngo ibi bigerwe ho hifashishijwe tumwe mu dushya turi mo na ‘’YONGERE NI AYAWE’’ aho ubuyobozi bwakoraga ubukangurambaga bwereka abaturage ibyiza byo kongera ubwizigame bwa bo nk’uko bigarukwa ho na Bwana Twagirumukiza Emmanuel, Umuhuzabikorwa wa Ejo Heza mu karere ka Musanze.

    Ati ’’Turababwira tuti kuzigama muri EjoHeza, ukazigama igihumbi,ukazigama icyatanu kandi wari ufite ubushobozi bwo kuzigama menshi ni inde uri guhima, wayongereye ko ari ayawe ! Uko ubiba ko ariko uzasarura wazigamye menshi ko bikunda !’’

    Twagirumukiza Emmanuel, Umuhuzabikorwa wa Ejo Heza mu karere ka Musanze,ari gusobanurira abaturage ibyiza bya EjoHeza.

     

    Bamwe mu baturage b’akarere ka Musanze, bashimangira ko bumvise neza ibyiza byo kongera ubwizigame bwa bo kuko batangiye kubikora nk’uko bigarukwa ho na Nyirabageni Berancilla, Perezidante wa Cooperative ABISHYIZEHAMWE (Ikora Isuku mu mujyi wa Musanze), na Uwambaje Antoinette,  Umwarimu kuri GS. Cyabagarura,ishuri riherereye mu murenge wa Musanze.

    Nyirabageni yagize ati ‘’Inyungu iri mo n’uko iyo tubonye message dusanga hari inyungu badushyiriye ho,bigatuma tugira umwete wo gukomeza kuzigama. Ubungubu twatangiye no kuyongera,umunyamuryango yatangaga 1250 frw ariko ubu basigaye batanga 1500 frw, njyewe ubakuriye ntanga 3000 frw. ‘’

    Uwambaje, we avuga ko ‘’Njyewe kubera ko nkoresha umushahara wanjye, buri kwezi amafaranga niyemeje gutanga bayakura ho nkabona ubutumwa bugufi ko amafaranga yanjye yagiye ho nta kibazo. Ahubwo ndateganya kuzayongera cyane cyane ku ruhande rw’abana kuko nabonye ari ibintu byiza, kuko ni iby’anjye n’iby’abana ni inyungu zacu twese mbese muri rusange. ‘’

    Abakora umwuga w’ubwubatsi mu karere ka Musanze,barashishikarizwa kujya muri EjoHeza.

    Imibare itangwa n’ubuyobozi bwa EjoHeza mu karere ka Musanze, igaragaza ko kugeza ku wa 19 Gicurasi 2025,abatuye mu mirenge yose uko ari 15 y’akarere ka Musanze,bamaze kwesa umuhigo wo kwizigamira muri EjoHeza,ku kigero cya 117%,ibishyira aka karere ku mwanya wa gatandatu ku rwego rw’igihugu aho kabanzirizwa na Rubavu iri ku mwanya wa mbere yesheje umuhigo ku kigero cya 125%,igakurikirwa na  Gakenke ku kigero cya 124%, Burera ku kigero cya 122%, Rulindo ku kigero cya 120% na Rwamagana ku kigero cya 119%.

    Ubuyobozi bwa EjoHeza burasaba abaturage kwiyandikisha,kwizigamira,kuzigamira undi,bifashishije ikoranabuhanga rya Ejo Heza *506#.

     

  • RIB,irasaba buri wese ukorerwa ihohoterwa kudaceceka

    RIB,irasaba buri wese ukorerwa ihohoterwa kudaceceka

     

    Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB,rurasaba buri wese ukorerwa ihohoterwa kudaceceka ngo aterwe isoni n’ibyo akorerwa,ahubwo akarugana kugira ngo rumufashe kubona ubutabera,kuko byagaragaye ko hari abatinya kubigaragaza kubera amazina y’ubwamamare cyangwa akomeye bafite.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry,avuga ko hari bamwe byagarageye ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ariko bagatinya kubivuga ngo bitajya hanze nyamara ahubwo byagakwiye kuba igisebo kuwakoze ihohotera,aho kuba ku uwahohotewe.

    Ati “Mu by’ukuri guhohoterwa ntabwo ari igisebo,waba umugore waba umugabo, byagombye ahubwo gutera isoni ukora rya hohotera. Wowe uhohoterwa ntabwo wari ukwiye guterwa isoni n’ibyo ukorerwa ngo uceceke ngo bitazamenyekana kuko amazina yanyu azwi,ngo muri abasitari,muri abaririmbyi,muri abantu bazwi…”

    Yongeye ho ko “Turasaba abantu rero ko batera intambwe pe! Batange ibirego igihe ubona ihohoterwa rigenda rikorerwa iwawe.Ni bwa bwoko bune bw’ihohoterwa: Irishingiye ku mutungo,irishingiye ku mubiri,irishingiye ku gitsina n’irishingiye ku marangamutima.”

    Raporo igaragaza ishusho y’uko uburinganire buhagaze mu turere dutandukanye tw’igihugu, Gender Statistic Profile Report 2023, yasohotse ku wa 23 Kanama 2024, igaragaza ko ibikorwa by’ihohoterwa rishingiye ku mubiri, mu marangamutima n’irishingiye ku gitsina rikigaragara.

    Imibare yakusanyijwe mu 2020, igaragaza ko abagore 37% bafite imyaka iri hagati ya 15 na 49 bahuye n’ihohoterwa ribabaza umubiri kuva bafite imyaka 15, na ho abagera kuri 23% bo bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuva bafite imyaka 15.

    Ku ruhande rw’abagabo bahuye n’ihohoterwa ribabaza umubiri kuva bafite imyaka 15 bagera kuri 30% na ho abo byagaragaye ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bo ni 6%.

    Abagore 46% bigeze gushyingiranwa n’umugabo bakorewe ihohoterwa ribabaza umubiri, irishengura umutima cyangwa irishingiye ku gitsina mu gihe abagabo bo muri icyo cyiciro 18% na bo bahuye n’ihohoterwa ryo mu buryo butandukanye.

    Raporo ya 2021-2022 ya Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, igaragaza ko abagore 233 [98%], bagejeje ibirego byabo muri Isange One Stop Center ziri hirya no hino mu gihugu, bahawe ubufasha kandi ibibazo byabo bigakurikiranwa mu gihe muri uwo mwaka habonetse ibirego bine [2%] by’abagabo gusa.

    Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibarea [NISR], yo mu 2020, yerekanye ko hagati ya 2016 na 2019, abagabo 7210 bakorewe ihohoterwa mu gihugu cyose na ho abagore bari 48.809.

     

  • Kigali: Nyuma yo gusubizwa telefone bari baribwe barashimira RIB

    Kigali: Nyuma yo gusubizwa telefone bari baribwe barashimira RIB

     

    Abaturage bo hirya no hino mu gihugu,barashimira Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB,nyuma y’uko ibasubije telefone ngendanwa bari baribwe mu bihe bitandukanye.

    Babigarutse ho kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Gicurasi 2025, ubwo RIB yasubizaga benezo telephone 332, zari zaribwe mu bihe bitandukanye,ariko zikaza gufatwa nyuma y’uko abazibwe babimenyesheje uru rwego narwo rukazishakisha zimwe zigafatwa.

    RIB yagaruje telefone 332, zari zaribwe zifite agaciro ka miliyoni zirenga 77 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Karambizi Jean Eugene, nyuma yo gusubizwa telefone yari igiye kumara hafi amezi icumi ayibwe yagize ati: “Mu by’ukuri njye telefone yanjye nari narayibuze kuva mu kwezi kwa munani 2024, kugeza ubu nta kizere narimfite ko iyo telefone nshobora kuba nayibona,ariko kubw’amahirwe ndayibonye. Ndashimira RIB na leta y’u Rwanda.”

    Uwamurera Sabrine,wasubijwe telefone yari yaribwe mu kwezi kwa Gatandatu 2022, we yavuze ko “Urabona kwakundi umuntu aguca intege ngo telefone ntabwo ari ikintu waregera ngo nushaka ngo ubireke, njyewe naje abantu bancha intege bati wikwirirwa ujya guta igihe ariko ndavuga ngo ntabwo nchika intege ntagiye yo, none dore ndayibonye. RIB ndabashimira cyane bakora akazi kabo neza”.

    RIB,yasubije bene zo telefone zari zaribwe.

    Umuvugizi wa RIB Dr. Murangira B.Thierry, avuga ko buri wese agomba gufata iyambere mu kwicungira umutekano,kandi akagira amakenga, ariko hakaba hakenewe n’ubufatanye bw’abaturage n’inzego mu guhahya ubujura.

    Ati “Ni ukugira amakenga iteka, tugatangira amakuru ku gihe tugakomeza gufatanya ngo tubihashye.

    RIB, yashimiye abatanze ibirego kugira ngo izi telefone zigaruzwe ndetse anabizeza ko RIB itazihanganira na rimwe abijandika mu byaha cy’ubujura n’ibindi byaha.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B.Thierry, avuga ko hakenewe n’ubufatanye bw’abaturage n’inzego mu guhahya ubujura.

    Mu gikorwa cyo gusubiza benezo telephone 332 zifite agaciro ka miliyoni zirenga 77 z’amafaranga y’u Rwanda zari zaribwe, RIB kandi yerekanye abantu 19, bari mo 14, bakurikiranywe ho icyaha cyo kwiba telefone, bane bakurikiranywe ho ubujura bw’amafaranga na telephone, ndetse n’umugabo umwe ukurikiranywe ho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

    RIB, yerekanye abantu 14, bakurikiranywe ho kwiba telefone.
  • Abaturage barasabwa kugenzura niba amakuru ari muri Sisiteme Imibereho ariyo mbere yo kwishyura Mituweli-RSSB

    Abaturage barasabwa kugenzura niba amakuru ari muri Sisiteme Imibereho ariyo mbere yo kwishyura Mituweli-RSSB

    Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, (RSSB), rwasabye abaturage kugenzura niba amakuru ari muri Sisiteme Imibereho, ariyo mbere yo kwishyura ubwisungane mu kwivuza Mutuelle de Santé, basanga hari ibigomba gukosorwa cyangwa kongerwa mo bakajya ku Kagari batuye mo kugira ngo bafashwe.

    Ni ibyagarutswe mu kiganiro THE INTERVIEW, cya Radio Imanzi, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Gicurasi 2025, ubwo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu-MINALOC,RSSB,n’Umujyi wa Kigali, basobanuraga uburyo bushya bwo kwishyura Mituweli hashingiwe ku makuru ari muri Sisiteme Imibereho.

    Ntigurirwa Déogratias,Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga no kwandika abanyamuryango ba Mituweli muri RSSB, yavuze ko nyuma y’uko ibyiciro by’Ubudehe bikuwe ho bigasimbuzwa Sisiteme Imibereho, bishoboka ko hari uwasanga amakuru ari mo hari icyo ashaka kuyahindura ho cyangwa agasanga atananditse,ariko ko icyo gihe yihutira kujya ku kagari atuyemo bakamufasha.

    Ati” Turasabwa gukosoza cyane cyane ibijyanye n’amazina,abitabye Imana bashobora kuba bakiri mo kuko batavanywe mo,n’umwana mushyashya wavutse utari mo kubera ko wenda atarongerwa mo. Tugasaba ko mbere yo kwishyura, umuturage agomba kubanza kureba koko ko amakuru yanditse muri Sisiteme Imibereho ariyo, yasanga hari ikigomba gukosorwa akajya ku kagari atuyemo.”

    Ntigurirwa Déogratias,Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga no kwandika abanyamuryango ba Mituweli muri RSSB, ari mu kiganiro kuri Radio Imanzi.

    Emmy Ntwali Sibomana,Umukozi ushinzwe gukurikirana ikoreshwa rya Sisiteme Imibereho muri MINALOC,avuga ko inzego zibanze ziteguye gufasha buri wese waba yasanze amakuru ari muri Sisiteme Imibereho hari ibyo yifuza kunoza cyangwa ashaka kwiyandikisha kuko atari mo, ndetse asobanura ibyangombwa bikenewe.

    Ati” Uwo ajya ku biro by’akagari atuye mo, ahasanga abayobozi b’inzego z’ibanze n’ubundi basanzwe batanga izo serivise bakamufasha. Yitwaza numero y’indangamuntu y’umukuru w’urwo rugo ndetse n’izabo babana igihe ari umuryango wose utanditse mo, kuko ibyo byangombwa biba bikenewe mu gihe cyo kwivuza cyangwa kwishyura mituweli hakoreshwa indangamuntu.”

    Yakomeje asobanura kandi ko mu rwego rwo kubungabunga umutekano w’amakuru y’Abanyarwanda, amakuru ari muri Sisiteme Imibereho, abonwa gusa n’umuturage ubwe cyangwa undi muyobozi ubifitiye ububasha mu gihe ari kumuha serivise.

    Ati “Kugirango winjire muri Sisiteme Imibereho urebe amakuru yawe, uba ugomba gukoresha numero y’indangamuntu yawe ariko kandi na simukadi uri gukoreraho, ikwiye kuba ibaruye ihujwe n’iyo ndangamuntu.”

    Emmy Ntwali Sibomana,Umukozi ushinzwe gukurikirana ikoreshwa rya Sisiteme Imibereho muri MINALOC,avuga ko inzego z’ibanze ziteguye gufasha abaturage.

    Inzego bwite za leta zizeza abaturage gukomeza kubaba hafi kugira ngo Sisiteme Imibereho izatange umusaruro wifuzwa,ariko kandi n’abaturage barasabwa gutanga amakuru yukuri kugira ngo binafashe Leta gupanga igenamigambi ribabereye, ariyo mpamvu hazakomeza gukoreshwa uburyo butandukanye burimo, kwifashisha imbuga nkoranyambaga,ibiganiro ku ma radio no kwegera abaturage nk’uko byagarutswe ho n’Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho mu Mujyi wa Kigali,Emma Claudine Ntirenganya.

    Yagize ati “Mu mujyi turi mu bantu bashyize imbere ikoranabuhanga,unabona ko abaturage hafi ya bose baba bafite za telefone,  ndetse n’abafite iza simati (smart phones) batangiye kujya baba benshi,ariko hakongerwa ho n’itangazamakuru, n’abantu dusigaye twita Social Media Influencers, buriya abaturage babatega amatwi,ariko ntan’ubwo twibagirwa gukora gahunda yo gusura urugo ku rundi.”

    Emma Claudine Ntirenganya, Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho mu Mujyi wa Kigali,yari umutimirwa mu kiganiro THE INTERVIEW,kuri Radio Imanzi.

    Ntirenganya yongeyeho ko “nk’ubungubu muri iyi minsi muri gahunda yo gukomeza gushishikariza abaturage gutanga mituweli y’umwaka ugiye kuza, ubu twatangiye gahunda yo gusura urugo ku rugo,n’ubwo bwose tubizi ko hari igihe usanga mu rugo abantu bagiye ku kazi. Dufata n’ayo masaha ya nimugoroba twe ntabwo tuvuga ngo akazi karangira sa kumi nimwe.”

     

    Uburyo bushya bwo kwishyura mituweli hashingiwe ku makuru ari muri Sisiteme Imibereho,kuri ubu bwatangiye gukoreshwa aho uwishyura abanza kureba amakuru ye akanze *195#,yasanga nta kosa ririmo akishyura akoresheje uburyo yahisemo aribwo:MTN MoMo,MobiCash,SACCO cyangwa Banki ya Kigali.