Ihuriro AFC/M23 ryashimangiye ko ritazasubira mu biganiro by’amahoro i Doha muri Qatar igihe cyoseLeta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), itarubahiriza byuzuye ibikubiye mu mahame yasinywe hagati y’impande zombie muri Nyakanga uyu mwaka. Ni nyuma yo kutohereza intumwa mu bindi biganiro byagombaga kubera I Doha.
Ayo mahame yasabaga RDC kurekura imfungwa 700, zirimo abanyamuryango ba AFC/ M23 n’abafunzwe bakekwaho kuba abari mu miryango yayo.
Aya mahame yashyizweho umukono tariki ya 19 Nyakanga 2025 yari agamije kandi guhagarika imirwano burundu no gutegura ikindi cyiciro cy’ibiganiro by’amahoro bitarenze tariki ya 8 Kanama, mu gihe ibikorwa byo kurekura abantu 700 byari biteganyijwe kurangira bitarenze tariki ya 29 Nyakanga.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko abahagarariye iri huriro batitabiriye ibindi biganiro by’amahoro byari biteganyijwe i Doha, kubera ko ingingo zose zishyirwaho umukono zitarubahirizwa. Yibutsa ko Leta ya RDC/M23 ikomeje kurenga ku ihagarikwa burundu ry’imirwano, avuga ko “Kinshasa ntishaka amahoro.”
Nta gihe runaka Kanyuka yavuze ko AFC/M23 izasubira mu biganiro ariko byose bizashingira ku kuba Leta ya RDC yakubahiriza ibyo yasabwe mu mahame y’i Doha.
Ubusanzwe ku ngengabihe, uyu munsi nibwo hagombaga gusinwa amasezerano y’amahoro ya burundu hagati ya RDC na AFC/ M23, ariko naho batumirijweho AFC/ M23 yanze kubyitabira.
Umunyamategeko Gasominari Jean Baptiste, yavuze ko bitatunguranye kubona nta masezerano asinyirwa i Doha hagati ya DRC na M23 nk’uko byari byitezwe.
Avuga ko ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa “Bakomeje gukora ibikorwa bigaragaza ko bitegura intambara kuruta uko bashaka amahoro.”
Ni nyuma yaho AFC/ M23 yubahirije ibyo yasabwaga birimo gugungura imfungwa 700 zirimo abasilikari ba RDC ndetse nabo mu miryango yabo, bakurizwa indwge ibajyana muri Beni, abandi bakanyura ku butaka bagashyikiruzwa umuryango wa Croix Rouge.
Nimugihe uyu muryango uvuga ko ku rutonde rw’abo AFC/ M23 yasabye ko barekurwa harimo abasaga 200 batazwi aho bafungiye, bikekwa ko bashobora kuba barishwe na Leta ya Congo.
Hari amakuru avuga ko Leta ya Qatar ikomeje kotsa igitutu Leta ya RDC kugira ngo ireke izo mfungwa zisabwa na AFC/M23 mbere y’uko ibiganiro by’amahoro bisubukurwa. Nimugihe RDC yo yashimangiye ko izazirekura nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro.
Qatar yemeje ko ingengabihe y’amahame yasinyiwe i Doha itubahirijwe, ariko ikomeje gukorana n’impande zombi kugira ngo zumvikane.
Tariki ya 14 Kanama (08), yagiye ishyikiriza impande zose umushinga w’amasezerano y’amahoro ngo bawusuzume, ari nawo warikuganirwaho mu biganiro byagombaga gutangira uyu munsi hagamijwe gusubukura ibiganiro no kubaka amahoro arambye mu burasirazuba bwa RDC.
Abagore bibumbiye mu makoperative bo mu karere ka Bugesera mu murenge wa Juru, bagiye kongererwa ubumenyi mu bijyanye no kurengera ibidukikije,babifashijwe mo n’umushinga African Women in Climate Change Award (AWCA),ufasha abagore guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kurengera ibidukikije.
Uyu mushinga uzibanda by’umwihariko mu bikorwa byo gufasha abagore bo mu cyaro bibumbiye mu makoperative kugira uruhare rufatika mu kurwanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, bahabwa amahugurwa azabongerera ubumenyi n’ubushobozi.
Nyiramana Verdiane,Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa AWCA,avuga ko intego y’uyu mushinga ari uguhindura imyumvire no kongerera ubushobozi abagore kugira ngo babe abayobozi mu bikorwa byo kurengera ibidukikije.
Yagize ati: “Abagore bafite imbaraga nyinshi n’ubushobozi bwo kugira uruhare rukomeye mu kurwanya ihindagurika ry’ikirere. AWCA izabaha ubumenyi n’ibikoresho bibafasha kugira ijambo mu gufata ibyemezo no gushyira mu bikorwa ibikorwa birambye byo kubungabunga ibidukikije.”
Mukantagara Eveliane umwe mu bagize koperative KAJU ikora ubuhinzi bwo gutubura ibiti by’imbuto ziribwa, avuga ko uyu mushinga bawitezeho kubongerera ubumenyi mu kubungabunga neza ibidukikije ndetse no gushaka ibisubizo by’ikibazo cy’ihindagurika ry’ikirere.
Ntawuhiganayo Jean Claude wo muri imwe muri koperative yo mu Karere ka Kicukiro ikora ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ikirere, akaba ari umwe mu bazajya bigisha abo muri Juru uburyo bwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe; asanga gushyigikira umugore mu gukoresha ubutaka neza ari intambwe ikomeye mu kurengera ibidukikije.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yashimye ubufatanye hagati y’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa, yagize ati: “Guhugura abagore ku bijyanye no kubungabunga ibidukikije ni kimwe mu by’ingenzi bizafasha mu kubaka iterambere rirambye. Abagore bafite uruhare mu gufata ibyemezo by’ingo zabo, bityo iyo bahuguwe neza, bigira ingaruka nziza ku mibereho y’imiryango n’iterambere ry’Igihugu.”
Biteganyijwe ko Umushinga African Women in Climate Change Award uzamara umwaka umwe ukorera mu turere dutanu ku nkunga ya Ambasade ya Australia mu Rwanda, ukaba unateganya gutanga ibihembo ku makoperative azagaragaza imikorere myiza n’udushya mu bikorwa byo kurengera ibidukikije.
Ibi bikorwa bikazakorera mu makoperative y’abagore akora ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije mu turere twa Bugesera, Kicukiro, Musanze, Gisagara na Nyamasheke.
Polisi ikorera mu karere ka Gasabo mu Murenge wa Jabana, ifatanije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage yafashe abantu babiri bacuruzaga urumogi.
Tariki ya 16/08/25, nibwo Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 y’amavuko na Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30,bafatiwe mu Murenge wa Jabana Akagali ka Bweramvura, Umudugudu wa Taba, biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.Bafatanwa udupfunyika 1144 tw’urumogi mu nzu batuyemo aho bari bagiye kurucururiza mu Murenge wa Gisozi.
Uru rumogi rukaba rwari rubitse mu nzu ya Ngirabatware n’aho uyu Mugore Nyiranizeyimana akaba yaraje kurutwara ngo ajye kurucuruza mu bakiriya be mu Murenge wa Gisozi, bakaba bafatiwe mucyuho bamaze kurupakira mu mufuka.
Abafashwe n’urumogi bafatanywe bafungiye kuri Station ya Polisi ya Jabana ngo bakorerwe dosiye bajyanwe mu bugenzacyaha RIB, iperereza rikaba rikomeje ngo hamenyekane aho bakura uru rumogi.
Kuba abaturage batangira amakuru ku gihe abantu nkaba bagafatwa ni ikimenyetso kerekana ko bamaze kumva ububi bw’ibiyobyabwenge, kikaba Kandi ikimenyetso cy’ubufatanye hagati ya Polisi n’abaturage.
Nimugihe mu minsi ibiri gusa (17-18 Kanama), ariho habaye ibiza byateje ingaruka nyinshi mu turere twa Burera, Kamonyi na Rutsiro, kuko habaye ibiza 11 byahitanye abantu batatu (muri 5 bapfuye mu minsi 8) bigakomeretsa abandi 11, hasenyuka amazu 7 ndetse umwuzure usenya n’ikiraro.
MINEMA ivuga ko izi ngaruka zituruka ku mvura nyinshi iri kugwa muri uku kwezi kandi bitari bisanzwe. Hari kandi iyo turi kwinjira mu gihe cy’Umuhindo hagwa imvura nyinshi ivanze mo inkuba n’umuyaga mwinshi bitewe n’imihindagurikire y’ibihe, aho tuba Tuvalu mu mpeshyi (mu zuba ryinshi) rwinjira mu gihe cy’imvura ( umuhindo).
Minisiteri isaba abaturage gukaza ingamba zo kwirinda zirimo kugenzura no gusana amazu ashaje, kuzirika ibisenge, kubaka fondasiyo z’amazu zikomeye, gutera ibirwanyasuri no gusukura inzira z’amazi, ndetse no kugendera kure ibiti, insinga n’imiyoboro y’amashanyarazi mu gihe cy’imvura.
Harimo kandi kwirinda gucomeka ibyuma no kugama mu nzu mugihe hari kugwa imvura irimo inkuba.
NTAKIRUTIMANA n’ ibyo yafatanywe yafungiwe muri sitasiyo ya Polisi ya Ndera, kugirango akorerwe dosiye ishyikirizwe ubugenzacyaha mu gihe cyagenwe, kugirango akurikiranwe n’amategeko.
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage bakomeje kugaragaza ubufatanye mu kurwanya abijandika mu byaha cyane cyane mu biyobyabwenge, kikaba ari ikimenyetso cy’ubufatanye mu kurwanya ibyaha.
Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB,rwasabye abaturage bo mu karere ka Rulindo,kutishora mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko ndetse n’ababikoraga bakabireka kuko bigize icyaha,byangiza ibidukikije ndetse ababikora bakaba bahasiga n’ubuzima.
Ni ibyagarutsweho na Jean Claude NTIRENGANYA,ushinzwe ibikorwa byo gukumira ibyaha muri RIB, kuri uyu wa mbere tariki ya 11 Kanama 2025,ubwo mu murenge wa Murambi, mu kagali ka Gatwa, hamwe mu hakorerwa ubucukuzi w’amabuye y’agaciro,uru rwego rwari mu bukangurambaga bwo kurwanya no gukumira ibyaha bihungabanya ibidukikije n’ibindi byaha by’inzaduka.
Yagize ati “Twaje aha rero muri uyu murenge wa Murambi, kugirango tuganire kuri ibi bikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko naho bihari cyane cyane ko hari n’aho byagiye binagaragara ko byagiye binahitana n’ubuzima bw’abantu. Aha rero twakanguriraga abaturage ibikorwa bibi nkibyo ngibyo uko babyirinda n’uruhare bagomba kugira kugirango babikumire ariko noneho tunabasobanurira ko binagize n’ibyaha bihanwa n’amategeko”.
Yongeyeho ko“Ababikora rero twabasabaga ko bagomba kubivamo kuko bibagiraho ingaruka zitoroshye bamwe bafite imiryango yabo irimo ikurikiranwa mu mategeko bari muri gereza n’ahandi cyangwa bagomba gutanga amahazabu ateganwa nayo atari make rimwe na rimwe abasiga mu kangaratete”.
Jean Claude NTIRENGANYA,ushinzwe ibikorwa byo gukumira ibyaha muri RIB,yasabye abaturage kutishora mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko.
Nk’uko amategeko abiteganya uhawe icyangombwa cyo gucukura amabuye y’agaciro na kariyeri asinyana na leta amasezerano y’uko azakora ubucukuzi abungabunga ibidukikije nk’uko bigarukwaho na Bwana BAGILIJABO Jean d’Amour,Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubugenzuzi mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Mine,Peteroli na Gazi mu Rwanda [RMB].
Ati “Ugiye gukora ubucukuzi mbere yo guhabwa uruhushya abanza gusinyana na leta.Aba agomba gucukura abungabunga ibidukikije,agacukura akurikije amategeko, akagira ibizenga binini bifata amazi ku buryo kizira kikaziririzwa ko yarekura amazi ngo ayamene mu mugezi ataracayuka kandi buri gihe aba agomba kwita ku bidukikije agatera amashyamba aho amaze gucukura ndetse aho amaze gucukura atagikeneye akahasubiranya”.
BAGILIJABO Jean d’Amour,Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubugenzuzi muri RMB,avuga ko ugiye gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro,mbere yo guhabwa uruhushya abanza gusinyana na leta amasezerano y’uko azabungabunga ibidukikije.
Mu mirenge ine igize akarere ka Rulindo,hacukurwamo amabuye y’agaciro atandukanye mu buryo bwemewe n’amategeko,ariko hakaba n’abandi babikora mu buryo butemewe bazwi nka ‘Abapari’,ndetse rimwe na rimwe bakaba bavugwaho ibikorwa by’urugomo.Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, RUGERINYANGE Theoneste,akaba avuga ko nk’ubuyobozi bahagurukiye iki kibazo.
Ati “Nk’akarere hari ingamba twafashe,iyambere ni ugukora ubukangurambaga nk’ubwo twakoze uyu munsi dufatanyije na RIB,ndetse na RMB,…kugirango twigishe bave mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe.Nyuma yo kwigisha abarenze ku mabwiriza ndete n’amategeko abo nabo habaho no gutanga ibihano. Ibyo rero byose tubona ko bizagenda bifasha bwa bucukuzi butemewe bukagenda bugabanuka”.
Yakomeje agira ati “Ikindi n’uko tugirana ibiganiro n’izi kampani zicukura kugirango habeho kwagura aho bakorera bakongera umubare w’abaturage baha akazi, ibyo nabyo bituma hari abava muri bwa bucukuzi butemewe”.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo,wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, RUGERINYANGE Theoneste,avuga ko nk’ubuyobozi bahagurukiye ikibazo cy’Abapari.
Itegeko n° 072/2024 ryo ku wa 26/06/2024 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri, mu ngingo yaryo ya 63, riteganya ko umuntu ku giti cye ukora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nta ruhushya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu itari munsi ya 25.000.000 FRW ariko itarenze 50.000.000 FRW cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere hafungiye umukobwa witwa Iradukunda Louise 25 y’amavuko wacuruzaga ibiyobyabwenjye by’urumogi.
Yafashwe kuri uyu wambere tariki ya 11/08/25 ahagana saa munani z’amanywa biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko acuruza urumogi, abapolisi bageze iwe murugo bamusatse bamusangana ikiro kimwe n’udupfunyika 180 by’urumogi aho yaruhishaga mu mucanga warurunze munzu iherereye mu Kagali ka Mataba, Umudugudu wa Rushubi.
Polisi ikorera mu karere ka Nyarugerenge mu mirenge ya Mageragere na Muhima ifatanije n’izndi nzego ndetse n’abaturage yataye muri yombi abantu 10 bakekwaho gukora ibikorwa by’ubujura bwo gutobora amazu bakiba ibikoresho byo munzu, no gutega abantu bakabambura ibyabo.
Aba batawe muri yomb tariki ya 08/08/25, aho mu murenge wa Mageragere, mu kagali ka Nyarufunzo, mu mudugudu wa Rubete hafatiwe abagabo 04, bakekwaho ubujura bwo gutobora inzu z’abaturage no gutega abaturage bakabambura ibyo bafite. Aba si ubwa mbere bafatirwa mu bikorwa by’ubujura kuko bafungiwe iki cyaha barangiza igifungo bararekurwa ariko banga guhinduka basubira muri ibi bikorwa by’ubujura.
Mu murenge wa Muhima,mu Kagali ka Nyabugogo, umudugudu w’ubucuruzi, hafatiwe abantu 06 bakekwaho ibikorwa by’ubujura byo kwiba abantu muri Nyabugogo. Uyu mu kwabu wo kubafata wabaye nyuma yaho abaturage bagaragarije ko muri kariya gace hari abajura biba abaturage ibyabo.