Author: Pierre Celestin Niyirora

  • GASABO: Polisi yafashe abakekwaho ubujura bibaga mu isoko rya Kimironko

    GASABO: Polisi yafashe abakekwaho ubujura bibaga mu isoko rya Kimironko

    Nyuma yaho abacururiza, abaturage baza guhahira mu isoko rya Kimironko, bagaragarije ikibazo cy’uko hari abajura babiba, Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage yakoze ibikorwa byo gufata abo bajura aho mu minsi ibiri hafatiwe abakekwaho ubujura 29, bakaba bafashwe tariki ya 19-20/08/25.

    Abafashwe bibaga abacururiza mu isoko, abandi bakiba abakiriya baje guhaha, aho babakaga imizigo ngo babatwaze bagahita bayitwara, abandi bakaba bibaga abakorera mu nkengero z’isoko rya Kimironko.

    Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko kugirango bakurikiranwe, ibikorwa byo gufata abasigaye birakomeje.

    Polisi y’igihugu irashimira abaturage bagaragaje iki kibazo ndetse n’abagize uruhare mu ifatwa ry’aba bajura, ikaba inibutsa abaturage gukomeza gutanga amakuru igihe cyose hari aho babonye abantu nk’aba bakora ibikorwa by’ubujura ndetse n’abahungabanya mutekano n’ituza ry’abaturage.

    Polisi kandi irihanangiriza abantu bose bafite ingeso y’ubujura cyane cyane abajya ahantu hahurira abantu besnhi haba mu isoko cyangwa muri za gare bagamije kwiba abahakorera cyangwa abahagenda kubireka kuko ntabwo bizabahira inzego zumutekano ziri maso kandi ziteguye kubafata bagahanwa.

    Abaturage baragirwa inama kwirinda guha imizigo abo batazi ngo babatwaze kuko usanga bamwe muribo ari ibisambo biba byigize abakarani, Polisi kandi irahumurza abagana cyangwa abakorera mu masoko, gare zitandukanye mu mujyi wa Kigali ndetse n’ahandi hose mu gihugu ko umutekano wabo n’ibintu byabo urinzwe, icyo basabwa ni ukwirinda guha icyuho abajura, nibatangire amakuru ku gihe abajura bafatwe.

  • AFC/M23 yavuze ko itazasubira mu biganiro by’amahoro i Doha

    AFC/M23 yavuze ko itazasubira mu biganiro by’amahoro i Doha

    Ihuriro AFC/M23 ryashimangiye ko ritazasubira mu biganiro by’amahoro i Doha muri Qatar igihe cyoseLeta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), itarubahiriza byuzuye ibikubiye mu mahame yasinywe hagati y’impande zombie muri Nyakanga uyu mwaka. Ni nyuma yo kutohereza intumwa mu bindi biganiro byagombaga kubera I Doha.

    Ayo mahame yasabaga RDC kurekura imfungwa 700, zirimo abanyamuryango ba AFC/ M23 n’abafunzwe bakekwaho kuba abari mu miryango yayo.

    Aya mahame yashyizweho umukono tariki ya 19 Nyakanga 2025 yari agamije kandi guhagarika imirwano burundu no gutegura ikindi cyiciro cy’ibiganiro by’amahoro bitarenze tariki ya 8 Kanama, mu gihe ibikorwa byo kurekura abantu 700 byari biteganyijwe kurangira bitarenze tariki ya 29 Nyakanga.

    Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko abahagarariye iri huriro batitabiriye ibindi biganiro by’amahoro byari biteganyijwe i Doha, kubera ko ingingo zose zishyirwaho umukono zitarubahirizwa. Yibutsa ko Leta ya RDC/M23 ikomeje kurenga ku ihagarikwa burundu ry’imirwano, avuga ko “Kinshasa ntishaka amahoro.”

    Nta gihe runaka Kanyuka yavuze ko AFC/M23 izasubira mu biganiro ariko byose bizashingira ku kuba Leta ya RDC yakubahiriza ibyo yasabwe mu mahame y’i Doha.

    Ubusanzwe ku ngengabihe, uyu munsi nibwo hagombaga gusinwa amasezerano y’amahoro ya burundu hagati ya RDC na AFC/ M23, ariko naho batumirijweho AFC/ M23 yanze kubyitabira.

    Umunyamategeko Gasominari Jean Baptiste, yavuze ko bitatunguranye kubona nta masezerano asinyirwa i Doha hagati ya DRC na M23 nk’uko byari byitezwe.

    Avuga ko ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa “Bakomeje gukora ibikorwa bigaragaza ko bitegura intambara kuruta uko bashaka amahoro.”

    Ni nyuma yaho AFC/ M23 yubahirije ibyo yasabwaga birimo gugungura imfungwa 700 zirimo abasilikari ba RDC ndetse nabo mu miryango yabo, bakurizwa indwge ibajyana muri Beni, abandi bakanyura ku butaka bagashyikiruzwa umuryango wa Croix Rouge.

    Nimugihe uyu muryango uvuga ko ku rutonde rw’abo AFC/ M23 yasabye ko barekurwa harimo abasaga 200 batazwi aho bafungiye, bikekwa ko bashobora kuba barishwe na Leta ya Congo.

    Hari amakuru avuga ko Leta ya Qatar ikomeje kotsa igitutu Leta ya RDC kugira ngo ireke izo mfungwa zisabwa na AFC/M23 mbere y’uko ibiganiro by’amahoro bisubukurwa. Nimugihe RDC yo yashimangiye ko izazirekura nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro.

    Qatar yemeje ko ingengabihe y’amahame yasinyiwe i Doha itubahirijwe, ariko ikomeje gukorana n’impande zombi kugira ngo zumvikane.

    Tariki ya 14 Kanama (08), yagiye ishyikiriza impande zose umushinga w’amasezerano y’amahoro ngo bawusuzume, ari nawo warikuganirwaho mu biganiro byagombaga gutangira uyu munsi hagamijwe gusubukura ibiganiro no kubaka amahoro arambye mu burasirazuba bwa RDC.

  • Bugesera: Abagore bibumbiye mu makoperative, bagiye kongererwa ubumenyi mu kurengera ibidukikije

    Bugesera: Abagore bibumbiye mu makoperative, bagiye kongererwa ubumenyi mu kurengera ibidukikije

    Abagore bibumbiye mu makoperative bo mu karere ka Bugesera mu murenge wa Juru, bagiye kongererwa ubumenyi mu bijyanye no kurengera ibidukikije,babifashijwe mo n’umushinga African Women in Climate Change Award (AWCA),ufasha abagore guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kurengera ibidukikije.

    Uyu mushinga uzibanda by’umwihariko mu bikorwa byo gufasha abagore bo mu cyaro bibumbiye mu makoperative kugira uruhare rufatika mu kurwanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, bahabwa amahugurwa azabongerera ubumenyi n’ubushobozi.

    Nyiramana Verdiane,Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa AWCA,avuga ko intego y’uyu mushinga ari uguhindura imyumvire no kongerera ubushobozi abagore kugira ngo babe abayobozi mu bikorwa byo kurengera ibidukikije.

    Yagize ati: “Abagore bafite imbaraga nyinshi n’ubushobozi bwo kugira uruhare rukomeye mu kurwanya ihindagurika ry’ikirere. AWCA izabaha ubumenyi n’ibikoresho bibafasha kugira ijambo mu gufata ibyemezo no gushyira mu bikorwa ibikorwa birambye byo kubungabunga ibidukikije.”

    Mukantagara Eveliane umwe mu bagize koperative KAJU ikora ubuhinzi bwo gutubura ibiti by’imbuto ziribwa, avuga ko uyu mushinga bawitezeho kubongerera ubumenyi mu kubungabunga neza ibidukikije ndetse no gushaka ibisubizo by’ikibazo cy’ihindagurika ry’ikirere.

    Ati: “Mu bikorwa dukora nk’abadamu buri koperative yacu, turabona uyu munsinga uzatwongerera ubumenyi noneho turusheho gukora ubuhinzi bwacu neza tububyaze umusaruro, kandi tunagira uruhare mu kurengera ibidukikije.”

    Ntawuhiganayo Jean Claude wo muri imwe muri koperative yo mu Karere ka Kicukiro ikora ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ikirere, akaba ari umwe mu bazajya bigisha abo muri Juru uburyo bwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe; asanga gushyigikira umugore mu gukoresha ubutaka neza ari intambwe ikomeye mu kurengera ibidukikije.

    Yagize ati: “Iyo ufashe umugore akabona ubumenyi n’uburyo bwo gukoresha ubutaka neza, agashobora gukora uturima tw’igikoni murugo ku buso buto, bituma abubyaza umusaruro ugaragara kandi burambye, bityo bigafasha mu kurwanya iyangirika ry’ubutaka.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yashimye ubufatanye hagati y’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa, yagize ati: “Guhugura abagore ku bijyanye no kubungabunga ibidukikije ni kimwe mu by’ingenzi bizafasha mu kubaka iterambere rirambye. Abagore bafite uruhare mu gufata ibyemezo by’ingo zabo, bityo iyo bahuguwe neza, bigira ingaruka nziza ku mibereho y’imiryango n’iterambere ry’Igihugu.”

    Biteganyijwe ko Umushinga African Women in Climate Change Award uzamara umwaka umwe ukorera mu turere dutanu ku nkunga ya Ambasade ya Australia mu Rwanda, ukaba unateganya gutanga ibihembo ku makoperative azagaragaza imikorere myiza n’udushya mu bikorwa byo kurengera ibidukikije.

    Ibi bikorwa bikazakorera mu makoperative y’abagore akora ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije mu turere twa Bugesera, Kicukiro, Musanze, Gisagara na Nyamasheke.

  • GASABO:Abantu babiri bafatanywe udupfunyika 1144 tw’urumogi

    GASABO:Abantu babiri bafatanywe udupfunyika 1144 tw’urumogi

    Polisi ikorera mu karere ka Gasabo mu Murenge wa Jabana, ifatanije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage yafashe abantu babiri bacuruzaga urumogi.

    Tariki ya 16/08/25, nibwo Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 y’amavuko na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30,bafatiwe mu Murenge wa Jabana Akagali ka Bweramvura, Umudugudu wa Taba, biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.Bafatanwa udupfunyika 1144 tw’urumogi mu nzu batuyemo aho bari bagiye kurucururiza mu Murenge wa Gisozi.

    Uru rumogi rukaba rwari rubitse mu nzu ya Ngirabatware n’aho uyu Mugore Nyiranizeyimana akaba yaraje kurutwara ngo ajye kurucuruza mu bakiriya be mu Murenge wa Gisozi, bakaba bafatiwe mucyuho bamaze kurupakira mu mufuka.


    ‎Abafashwe n’urumogi bafatanywe bafungiye kuri Station ya Polisi ya Jabana ngo bakorerwe dosiye bajyanwe mu bugenzacyaha RIB, iperereza rikaba rikomeje ngo hamenyekane aho bakura uru rumogi.
    ‎Kuba abaturage batangira amakuru ku gihe abantu nkaba bagafatwa ni ikimenyetso kerekana ko bamaze kumva ububi bw’ibiyobyabwenge, kikaba Kandi ikimenyetso cy’ubufatanye hagati ya Polisi n’abaturage.

    ‎Polisi irasaba abijandika mu bikorwa nk’ibi byo gucuruza ibiyobyabwenge ndetse no gukora ibyaha muri rusange kubireka kuko inzego z’umutekano ndetse n’abaturage zabahagurukiye.

    ‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho ukora ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

  • Imvura nyinshi irimo inkuba n’umuyaga yahitanye abantu batanu

    Imvura nyinshi irimo inkuba n’umuyaga yahitanye abantu batanu

    Imvura nyinshi irimo inkuba n’umuyaga yaguye mu Rwanda kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 18 Kanama 2025, yahitanye abantu batanu, ikomeretsa abandi 13 ndetse yangiza ibikorwa remezo bitandukanye birimo amazu, uruganda n’ibiraro. Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) ivuga ko ibihe nk’ibi biterwa n’imihindagurikire y’ibihe.

    Imibare itangwa n’iyi Minisiteri igaragaza ko muri rusange habaye ibiza 23 mu gihe cy’iyo minsi umunani, byiganjemo ibyatewe n’inkuba. Inkuba zonyine zishe abantu batanu, zikomeretsa abandi 13, ndetse zinangiza inzu 1, zica inka 3 ndetse  zangiza n’ubuhunikiro bubiri.

    Ikindi cyagaragaye ni umuyaga mwinshi wangije amazu atandatu, inkongi y’umuriro yibasira uruganda rumwe rwo mu karere ka Kicukiro, n’amazu ane yahiye, ndetse n’imyuzure yasenye ibiraro bibiri.

    Mu turere twibasiwe cyane harimo aka Burera aho inkuba yishe abantu babiri, Kamonyi habaye ibiza 4 bigasenya amazu atandatu n’abantu batatu bagakomereka.

    Utundi turere twagaragayemo ibiza byinshi ni Nyamasheke na Rusizi, aho buri karere kabayemo bitatu byasize bisenye ikiraro muri buri karere, bigahitana umuntu umwe muri Rusizi ( wishwe n’inkuba), hangirika amazu abiri. Muri Nyamasheke hakomeretse abantu 8, hangirika inzu imwe.

    Nimugihe mu minsi ibiri gusa (17-18 Kanama), ariho habaye ibiza byateje ingaruka nyinshi mu turere twa Burera, Kamonyi na Rutsiro, kuko habaye ibiza 11 byahitanye  abantu batatu (muri 5 bapfuye mu minsi 8) bigakomeretsa abandi 11, hasenyuka amazu 7 ndetse umwuzure usenya n’ikiraro.

    MINEMA ivuga ko izi ngaruka zituruka ku mvura nyinshi iri kugwa muri uku kwezi kandi bitari bisanzwe. Hari kandi iyo turi kwinjira mu gihe cy’Umuhindo hagwa imvura nyinshi ivanze mo inkuba n’umuyaga mwinshi bitewe n’imihindagurikire y’ibihe, aho tuba Tuvalu mu mpeshyi (mu zuba ryinshi) rwinjira mu gihe cy’imvura ( umuhindo).

    Minisiteri isaba abaturage gukaza ingamba zo kwirinda zirimo kugenzura no gusana amazu ashaje, kuzirika ibisenge, kubaka fondasiyo z’amazu zikomeye, gutera ibirwanyasuri no gusukura inzira z’amazi, ndetse no kugendera kure ibiti, insinga n’imiyoboro y’amashanyarazi mu gihe cy’imvura.

    Harimo kandi kwirinda gucomeka ibyuma no kugama mu nzu mugihe hari kugwa imvura irimo inkuba.

     

     

  • GASABO: Polisi yataye muri yombi umugore wakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge

    GASABO: Polisi yataye muri yombi umugore wakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa NTAKIRUTIMANA Beatrice ufite imyaka 35 y’amavuko,ukurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa Liquer. Yafashwe na Polisi ikorera muri uyu Murenge nyuma yaho abaturage tariki ya 12/08/25 bahamagaye kuri Polisi ya Ndera bavuga ko uyu mugore akora izi nzoga.

    Abapolisi bari kumwe n’abakozi b’Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), bahise bajya mu rugo rw’uyu mugore ruherereye mu Kagali ka Rudashya mu Mudugudu wa Munini, basatse munzu ye bahasanga amakarito atatu arimo amacupa 72 y,inzoga za liquer yise ONE SIP GIN, aho zari zibitse muri depo yarazivanze n’izindi nzoga yacuruzaga ariko zo zemewe mu rwego rwo kujijisha. Yanafatanywe kandi bimwe mu bikoresho yifashishaga mu gukora izi nzoga harimo, Ethanol litiro 50, Fleva ihindura uburyohe n’impumuro ingana na litiro 0.5, amacupa y’ibyuma akoresha ari mu mifuka, imifuniko apfundikiza ayo macupa myinshi itandukanye, amakarito yakoze afungamo ibyo yakoze.

    Uyu mugore kandi si ubwa mbere afatirwa mu bikorwa nk’ibi byo gukora inzoga zitujuje ubuzirange kuko yigeze kubifatirwamo arafungwa arangiza igihano ariko yanga kubireka abisubiramo.

    NTAKIRUTIMANA n’ ibyo yafatanywe yafungiwe muri sitasiyo ya Polisi ya Ndera, kugirango akorerwe dosiye ishyikirizwe ubugenzacyaha mu gihe cyagenwe, kugirango akurikiranwe n’amategeko.

    Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage bakomeje kugaragaza ubufatanye mu kurwanya abijandika mu byaha cyane cyane mu biyobyabwenge, kikaba ari ikimenyetso cy’ubufatanye mu kurwanya ibyaha.

    Polisi kandi iraburira abantu bose bishora mu bikorwa byo gukora inzoga zitujuje ubuziranenge kubireka kuko baba bahumanya Abanyarwanda, nibabireke bashake ibindi bakora byabateza imbere, inzego zitandukanye zifatanije n’abaturage zarabahagurukiye, amayeri yose bakoresha yaramenyekanye.

    Iteka rya Minisiteri y’ubuzima No.001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 riteganya urutonde n’ibyiciro by’ibiyobyabwenge rishyira ibinyobwa byose bisembuye bicuruzwa bidafite icyangombwa cy’ubuziranenge mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge byoroheje.

    Ingingo ya 263 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko: umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 7 ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 5 ariko atageze kuri miliyoni 10 ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

  • Rulindo: RIB yasabye abaturage kutishora mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko

    Rulindo: RIB yasabye abaturage kutishora mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko

    Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB,rwasabye abaturage bo mu karere ka Rulindo,kutishora mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko ndetse n’ababikoraga bakabireka kuko bigize icyaha,byangiza ibidukikije ndetse ababikora bakaba bahasiga n’ubuzima.

    Ni ibyagarutsweho na Jean Claude NTIRENGANYA,ushinzwe ibikorwa byo gukumira ibyaha muri RIB, kuri uyu wa mbere tariki ya 11 Kanama 2025,ubwo mu murenge wa Murambi, mu kagali ka Gatwa, hamwe mu hakorerwa ubucukuzi w’amabuye y’agaciro,uru rwego rwari mu bukangurambaga bwo kurwanya no gukumira ibyaha bihungabanya ibidukikije n’ibindi byaha by’inzaduka.

    Yagize ati “Twaje aha rero muri uyu murenge wa Murambi, kugirango tuganire kuri ibi bikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko naho bihari cyane cyane ko hari n’aho byagiye binagaragara ko byagiye binahitana n’ubuzima bw’abantu. Aha rero twakanguriraga abaturage ibikorwa bibi nkibyo ngibyo uko babyirinda n’uruhare bagomba kugira kugirango babikumire ariko noneho tunabasobanurira ko binagize n’ibyaha bihanwa n’amategeko”.

    Yongeyeho ko“Ababikora rero twabasabaga ko bagomba kubivamo kuko bibagiraho ingaruka zitoroshye bamwe bafite imiryango yabo irimo ikurikiranwa mu mategeko bari muri gereza n’ahandi cyangwa bagomba gutanga amahazabu ateganwa nayo atari make rimwe na rimwe abasiga mu kangaratete”.

    Jean Claude NTIRENGANYA,ushinzwe ibikorwa byo gukumira ibyaha muri RIB,yasabye abaturage kutishora mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko.

    Nk’uko amategeko abiteganya uhawe icyangombwa cyo gucukura amabuye y’agaciro na kariyeri asinyana na leta amasezerano y’uko azakora ubucukuzi abungabunga ibidukikije nk’uko bigarukwaho na Bwana BAGILIJABO Jean d’Amour,Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubugenzuzi mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Mine,Peteroli na Gazi mu Rwanda [RMB].

    Ati “Ugiye gukora ubucukuzi mbere yo guhabwa uruhushya abanza gusinyana na leta.Aba agomba gucukura abungabunga ibidukikije,agacukura akurikije amategeko, akagira ibizenga binini bifata amazi ku buryo kizira kikaziririzwa ko yarekura amazi ngo ayamene mu mugezi ataracayuka kandi buri gihe aba agomba kwita ku bidukikije agatera amashyamba aho amaze gucukura ndetse aho amaze gucukura atagikeneye akahasubiranya”.

    BAGILIJABO Jean d’Amour,Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubugenzuzi muri RMB,avuga ko ugiye gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro,mbere yo guhabwa uruhushya abanza gusinyana na leta amasezerano y’uko azabungabunga ibidukikije.

    Mu mirenge ine igize akarere ka Rulindo,hacukurwamo amabuye y’agaciro atandukanye mu buryo bwemewe n’amategeko,ariko hakaba n’abandi babikora mu buryo butemewe bazwi nka ‘Abapari’,ndetse rimwe na rimwe bakaba bavugwaho ibikorwa by’urugomo.Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, RUGERINYANGE Theoneste,akaba avuga ko nk’ubuyobozi bahagurukiye iki kibazo.

    Ati “Nk’akarere hari ingamba twafashe,iyambere ni ugukora ubukangurambaga nk’ubwo twakoze uyu munsi dufatanyije na RIB,ndetse na RMB,…kugirango twigishe bave mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe.Nyuma yo kwigisha abarenze ku mabwiriza ndete n’amategeko abo nabo habaho no gutanga ibihano. Ibyo rero byose tubona ko bizagenda bifasha bwa bucukuzi butemewe bukagenda bugabanuka”.

    Yakomeje agira ati “Ikindi n’uko tugirana ibiganiro n’izi kampani zicukura kugirango habeho kwagura aho bakorera bakongera umubare w’abaturage baha akazi, ibyo nabyo bituma hari abava muri bwa bucukuzi butemewe”.

    Umuyobozi w’akarere ka Rulindo,wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, RUGERINYANGE Theoneste,avuga ko nk’ubuyobozi bahagurukiye ikibazo cy’Abapari.

    Itegeko n° 072/2024 ryo ku wa 26/06/2024 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri, mu ngingo yaryo ya 63, riteganya ko umuntu ku giti cye ukora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nta ruhushya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu itari munsi ya 25.000.000 FRW ariko itarenze 50.000.000 FRW cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Iyo bikozwe na sosiyete ifite ubuzimagatozi, koperative, sosiyete yabyawe n’indi, ubufatanye mu bucuruzi, cyangwa ikigo gifite ubuzimagatozi, iyo babihamijwe n’urukiko, bihanishwa ihazabu itari munsi ya 60.000.000 FRW ariko itarenze 80.000.000 FRW.

    Iyo urukiko ruhamije uregwa iki cyaha kandi runategeka ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro,gusubiranya aho amabuye y’agaciro yacukuye,gusana cyangwa kuriha ibikorwa remezo byangiritse no gusana cyangwa kuriha imitungo y’abaturage yangiritse.

  • NYARUGENGE: Umukobwa wacuruzaga urumogi yafashwe

    NYARUGENGE: Umukobwa wacuruzaga urumogi yafashwe

    Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere hafungiye umukobwa witwa Iradukunda Louise 25 y’amavuko wacuruzaga ibiyobyabwenjye by’urumogi.

    Yafashwe kuri uyu wambere tariki ya 11/08/25 ahagana saa munani z’amanywa biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko acuruza urumogi, abapolisi bageze iwe murugo bamusatse bamusangana ikiro kimwe n’udupfunyika 180 by’urumogi aho yaruhishaga mu mucanga warurunze munzu iherereye mu Kagali ka Mataba, Umudugudu wa Rushubi.

    Akimara gufatwa yatangaje ko ibikorwa byo gucuruza urumogi abimazemo iminsi kuko umugabo we babanaga nawe yafashwe acurucuruza ubu akaba nawe ufungiye icyo cyaha.

    Polisi y’ u Rwanda ifatanije n’izindi nzego ndetse n’abaturage ntizadohoka mu kurwanya ibikorwa byo kurwanya abanywa, abacuruza ibiyobyange kuko bigira ingaruka ku baturage ndetse no ku muryango nyarwanda, ababinywa baragirwa inama yo kubireka, ababicuruza bakabireka kuko amayeri bakoresha arazwi.

    Polisi irashimira abaturage kandi uruhare bakomeje kugira mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutuma ababicuruza bafatwa, kikaba kandi ari ikimenyetso kimikoranire myiza ikomeje kuranga Polisi n’abaturage, buri wese arashishikarizwa gutangira amakuru ku gihe, kugirango tugire igihugu kitarangwamo ibiyobyabwenge.

    Ingingo ya 263 mu gitabo cy’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihabijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30 ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

  • KIGALI: Polisi yafashe abagabo babiri bafite ibiro 31 by’urumogi

    KIGALI: Polisi yafashe abagabo babiri bafite ibiro 31 by’urumogi

    Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwe (ANU) rikorera mu mu mujyi wa Kigali ryafashe abagabo babiri, Ngirinshuti Azalias w’imyaka 22 y’amavuko na Ndindirimana Emmanuel ufite imyaka 38 batwaye kuri moto ifite purake RC660Z urumogi ibiro 31.

    Bafatiwe mu Murenge wa Rusororo, Akagali ka Kabuga ya 2, Umudugudu wa Bwiza,kuri uyu wa gatandatu tariki ya 09/08/2025,bakaba bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko aba bagabo bakwirakwiza urumogi mu baturage bakoresheje moto.

    ‎Bakimara gufatwa batangaje ko urumogi barukuye mu Karere ka Kirehe aho rwinjiriye ruvuye mu gihugu cya Tanzaniya, bakaba bari barujyanye mu Karere ka Muhanga aho bari barushyiriye uwabahaye akazi ko kurutwara akabaha ibihembo.

    ‎Ndindiriyimana niwe ny’iri moto akaba ayikoresha akazi ko gutwara ibiyobyabwenge by’urumogi kuko atari ubwa mbere afatirwa mu bikorwa by’ibiyobyabwe akaba avuga ko iyo uru rumogi arugezayo yari guhembwa ibihumbi 150,ni mugihe Ngirinshuti we yari buhembwe ibihumbi 50.

    ‎Abafashwe n’urumogi bafatanywe bakorewe amadosiye ngo bashyikirizwe urwego rw’ubugenzacyaha RIB, ibikorwa byo gufata abo bakoranaga bikaba byatangiye.

    ‎Polisi y’igihugu ntabwo izihanganira umuntu wese uroga abaturage abaha ibiyobyabwenge, ababikora n’ababitekereza barye bari menge kuko bazafatwa Kandi bahanwe.Abishora mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge baragirwa inama yo kubireka kuko amayeri yose bakoresha yaramenyekanye.

    Polisi kandi ‎iributsa abaturage gukomeza kugira uruhare mu gutahura no kurwanya abacuruza ibiyobyabwenge, batangira amakuru ku gihe dukumira icyaha kitaraba.

    ‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

  • NYARUGENGE: Polisi yafashe abantu 10 bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura

    NYARUGENGE: Polisi yafashe abantu 10 bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura

    Polisi ikorera mu karere ka Nyarugerenge mu mirenge ya Mageragere na Muhima ifatanije n’izndi nzego ndetse n’abaturage yataye muri yombi abantu 10 bakekwaho gukora ibikorwa by’ubujura bwo gutobora amazu bakiba ibikoresho byo munzu, no gutega abantu bakabambura ibyabo.

    Aba batawe muri yomb tariki ya 08/08/25, aho mu murenge wa Mageragere, mu kagali ka Nyarufunzo, mu mudugudu wa Rubete hafatiwe abagabo 04, bakekwaho ubujura bwo gutobora inzu z’abaturage no gutega abaturage bakabambura ibyo bafite. Aba si ubwa mbere bafatirwa mu bikorwa by’ubujura kuko bafungiwe iki cyaha barangiza igifungo bararekurwa ariko banga guhinduka basubira muri ibi bikorwa by’ubujura.

    Mu murenge wa Muhima,mu Kagali ka Nyabugogo, umudugudu w’ubucuruzi, hafatiwe abantu 06 bakekwaho ibikorwa by’ubujura byo kwiba abantu muri Nyabugogo. Uyu mu kwabu wo kubafata wabaye nyuma yaho abaturage bagaragarije ko muri kariya gace hari abajura biba abaturage ibyabo.

    Ubujura ni icyaha gihanwa n’amategeko mu Rwanda umuntu wese wijandika mu bikorwa by’ubujura agomba gufatwa agahanwa, Polisi y’igihugu ifatanije n’izindi nzego yahagurukiye abantu bose babuza umudendezo abaturage cyane cyane ababiba ibyabo.

    Abaturage baributswa gukomeza kugira uruhare mu kugaragaza aba bajura batanga amakuru ku gihe kubo baziho gukora ibikorwa by’ubujura.