Author: Pierre Celestin Niyirora

  • Umuganura w’abana 2025: Ababyeyi basabwe gutoza abana indangagaciro z’ingenzi bagomba gukurana

    Umuganura w’abana 2025: Ababyeyi basabwe gutoza abana indangagaciro z’ingenzi bagomba gukurana

    Intebe y’Inteko mu Inteko y’Umuco, Amb.Robert MASOZERA,yasabye ababyeyi gutoza abana indangagaciro z’ingenzi bagomba gukurana,no kujya babazana muri gahunda y’ibiruhuko mu Ngoro z’Umurage [ Holidays in Museums],ibafasha kumenya ibyo batigiye mu muryango.

    Yabigarutseho kuri uyu wa 29 Kanama 2025, mu birori byo kwizihiza Umuganura w’abana 2025, aho yashingiye k’ubushakashatsi buherutse gukorwa n’Inteko y’Umuco, bwagaragaje ko Abanyarwanda bangana na 88. 6% bafite ubumenyi bwiza ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda, ariko abangana na 66.8% bakaba aribo batozwa indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda bonyine.

    Ubwo bushakashatsi bukomeza bugaragaza ko impamvu nyamukuru indangagaciro mu muryango zidatozwa abana ari uko ababyeyi babura umwanya wo kwita ku bana, bagahugira mu gushakisha imibereho hirya no hino,ibituma umuryango nyarwanda utakaza ubushobozi n’inshingano zawo nk’urwego rwambere rutangirwamo uburere n’umuco.

    Amb.Masozera,ashingiye ku byavuye muri ubu bushakashatsi, yagaragarije ababyeyi ko uruhare rwabo rukenewe kugirango hatazabaho ikizabaho cyo gutakaza indangagaciro z’ingenzi umwana agomba gukurana

    Ati “Iyo umwana abuze ababyeyi bamurera uko bikwiye kubera ko babiburiye umwanya, ingaruka zabyo ntabwo uwo mwana azicara aho gusa nyine birumvikana azirera wenyine cyangwa arerwe n’abandi. Uburere azabuvana ku mbuga nkoranyambaga,azabuvana mu bigare bya bagenzi be kandi aho niho hakwirakwiza imico idakwiye idafite aho ihuriye n’indangagaciro z’u Rwanda”.

    Yongeyeho ko “Ikindi kizabaho n’uko hazabaho gutakaza indangagaciro z’ingenzi umwana agomba gukurana”.

     

    Intebe y’Inteko Amb.Robert MASOZERA,yavuze ko gahunda z’Ingoro ndangamurage zidasimbura ababyeyi mu burere batanga mu muryango,ahubwo zuzuzanya.

    Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko indangagaciro yo kwiyubaha no kwihesha agaciro ariyo abanyarwanda bagenda bateshukaho ku kigero cyiri hejuru,hagakurikiraho gutezuka ku ndagagaciro y’ubunyangamugayo no gufashanya.

    Intebe y’Inteko,akaba yagaragaje ko gahunda z’Ibiruhuko mu ngoro z’umurage ndetseno gushyiraho Umuganura w’abana bizaba umuti kuri ibi bibazo.

    Ati “Ntabwo Ingoro ndangamurage ziza zije gusimbura ababyeyi mu burere batanga mu muryango ntan’ubwo zisimbura abarimu mu mashuri ahubwo zirunganira.Mu ngoro ndangamurage rero ni ahantu abana bavumbura ubumenyi batari bazi by’umwihariko ubujyanye n’umuco n’umurage kandi ntabwo ari ahantu hatangirwa ubumenyi gusa, ni ahantu n’ubundi bashyira mu bikorwa ibyo batozwa. Ni muri urwo rwego tugira izi gahunda z’ibiruhuko mu ngoro z’umurage, akaba ari nayo mpamvu dufite n’uyu muganura w’abana”.

    Mu byo abana bigishijwe baganuje ababyeyi,harimo no kubyina imbyino za kinyarwanda.

    Abana bari bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umuganura w’abana 2025, bamaze iminsi muri gahunda y’ibiruhuko mu Ngoro z’Umurage [ Holidays in Museums], itegurwa n’Inteko y’Umuco,bagaragaje ko ibasiggiye ubumenyi nkenerwa batari bafite.

    UMUTONI Shadia,yagize ati “Nungukiyemo ibijyanye n’umuco nyarwanda,kubyina, nungukiramo gusakuza,guca imigani no kuvuga amazina y’inka,namenye kandi no gucunda amata”.

    Mugenzi we IBYISHAKA Pitien, we yagize ati “Ubu ngubu tuzi kubyina nk’intore,kubuguza,tukamenya guca imigani,gusakuza…nyine umuco nyarwanda wose twawigiye muri iyi gahunda yo mu biruhuko”.

    Mu byo abana baganuje ababyeyi bigiye muri gahunda y’ibiruhuko mu ngoro z’umurage, harimo no kuvuza ingoma.

    Umuganura w’abana 2025, wizihirijwe mu Ngoro y’Umurage w’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda,iherereye i Huye,ahahuriye abana basaga 500,bari bamaze igihe bigishwa Umuco,Indangagaciro na Kirazira by’Abanyarwanda, binyuze mu mbyino gakondo,amazina y’inka,gutaka amasaro,kuvuza ingoma,kubumba,n’ibindi byaberaga kuri iyi ngoror no ku ngoro ndangamurage yo Kwigira iherereye mu karere ka Nyanza,Ingoro ndangamurage y’Abami mu Rukari nayo iiherereye i Nyanza no ku ngoro y’Ubugeni n’Ubuhanzi iherereye mu karere ka Kicukiro.

    Amwe mu mafoto yaranze ibirori byo kwizihiza Umuganura w’abana 2025.

  • Gasabo: Umugore yafatanywe udupfunyika 274 tw’urumogi

    Gasabo: Umugore yafatanywe udupfunyika 274 tw’urumogi

    Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ANU, ryafashe umugore witwa KAKUZE Marie Louise w’imyaka 54 y’amavuko, afite udupfunyika 274 tw’urumogi murugo iwe. Yafatiwe mu karere ka Gasabo, Umurenge Gisozi, Akagali ka Ruhango, Umudugudu Kanyinya,tariki ya 29 Kanama 2025.

    ‎Abaturage batanze amakuru kuri Polisi ko uyu mugore, acuruza ibiyobyabwenge,abapolisi bajya aho atuye bamusatse basanga igikapu mu nzu kirimo Urumogi udupfunyika 274. Nawe akimara gufatwa yiyemereye ko asanzwe arucuruza nk’umuntu wabigize umwuga.

    ‎KAKUZE, n’urumogi yafatanywe yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rukorera kuri station ya Gisozi ngo akurikiranwe ku cyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge.

    ‎Polisi y’igihugu yashimiye abaturage batanze amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwirakwizwa mu baturage, iributsa abandi kujya batangira amakuru ku gihe abantu nkaba bagafatwa.

     

    KAKUZE, n’urumogi yafatanywe yashyikirijwe afungiye kuri station ya RIB ya Gisozi.

    ‎Polisi iributsa abaturage kwirinda gukora ibyaha cyane cyane abishora mu bikorwa by’ibiyobyabwenge haba ku binywa, ku bicuruza, kubyinjiza mu gihugu ko byose bihanwa n’amategeko.‎

    ‎Mu Rwanda, urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora, guhinga, guhindura, gutunda, kubika, guha undi, cyangwa kurugurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30.

  • Hamenyekanye igihe amanota y’ibizamini bya leta bisoza amashuri yimbuye (A’Level), umwaka w’amashuri wa 2024-2025 azatangarizwa

    Hamenyekanye igihe amanota y’ibizamini bya leta bisoza amashuri yimbuye (A’Level), umwaka w’amashuri wa 2024-2025 azatangarizwa

    Minisiteri y’Uburezi y’u Rwanda, MINEDUC, yatangaje ko amanota y’ibizamini bya leta bisoza amashuri yimbuye (A’Level), umwaka w’amashuri wa 2024-2025 azatangazwa kuwambere tariki ya 01 Nzeri 2025, saa cyenda z’amanwa.

    Ni ibyatangajwe n’iyi ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X,kuri uyu wa 29 Kanama 2025.Muri iryo tangazo yasabye abakoze ibizamini,ababyeyi n’abafatanyabikorwa bose ko bazakurikirana iki gikorwa.

    Itangazo rya MINEDUC

    Ubwo ibi bizamini byakorwaga MINEDUC, yari yatangaje ko Abanyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta mu mwaka wa 2024/25, bose hamwe bari 255.498 harimo abo mu cyiciro rusange n’icya kabiri bisoza amashuri yisumbuye.

    Abanyeshuri bose bakoreraga hirya no hino mu gihugu ku bigo by’amashuri 1.595, kuva ku itariki 9 kugeza ku ya 18 Nyakanga 2025.

  • Africa Gears Up for Landmark Summit on Clean Energy Transition

    Africa Gears Up for Landmark Summit on Clean Energy Transition

    The Africa Climate Week and Africa Climate Summit are set to take place in Addis Ababa, Ethiopia against the background of escalating climate impacts to which African nations remain the most vulnerable. Meanwhile, global interventions to address the climate crisis continue to fall short of the urgency and scale of the situation.

     

    This is a defining moment for African nations as they convene to map out Africa-led climate solutions to address the crisis. This calls for decisive action to tackle the root cause of the crisis – coal, oil and gas- and accelerate the people-centred transition to renewable energy to advance universal energy access and sustainable development.

     

    Ahead of COP30, African nations have the opportunity to set the tone for bold climate action at the global level, by championing a fossil fuel phase-out, rejecting “false solutions”, while advancing concrete, actionable plans for a fair and financed transition. Throughout the climate week and summit, the Fossil Fuel Non-Proliferation Treaty Initiative will engage key stakeholders to advocate for climate action and explore how the proposed Fossil Fuel Treaty would support Africa’s energy transition and address the climate crisis. By joining the bloc of 17 nations from the Pacific, Latin America, the Caribbean, and Southeast Asia already engaging in discussions on a Fossil Fuel Treaty, African nations have the opportunity to build a new multilateral instrument – an actionable framework – to reinforce the Paris Agreement and address the fossil-fueled climate crisis.

     

    As Africa Climate Week enters its third day, we’re pleased to share the Fossil Fuel Treaty’s list of available spokespeople and our hosted events to support your coverage. Below are the links to and details of the relevant resources.

  • NYARUGENGE: Babiri bafashwe batwaye ibiro 30 by’urumogi kuri moto

    NYARUGENGE: Babiri bafashwe batwaye ibiro 30 by’urumogi kuri moto

     

    Tariki ya 24/08/25, Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ANU, ryafatiye abagabo babiri mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kanyinya, Akagali ka Nyamweru Umudugudu wa Mubuga, batwaye kuri moto ifite purake RJ506X urumogi ibiro 30.

    Abafashwe ni Imfurayase Themisphore w’imyaka 40, na Byukusenge Alan w’imyaka 28.Bakimara gufatwa batangaje ko uru rumogi bari barukuye mu Karere ka Rubavu baruhawe n’umuturage naww uri gushakishwa n’inzego z’umutekano,ngo baruzane mu Karere ka Nyarugenge (Nyamirambo) baruzaniye nyirarwo (ugishakiswa) ngo arucuruze mu bakiraya be.

    Aba bagabo banatangaje ko atari ubwa mbere bafatirwa mu bikorwa byo gucuruza urumogi,Imfurayase, yavugaga ko yahawe akazi ko gutwara uru rumogi agahembwa amafaranga ibihumbi 80 arugejeje aho yagombaga kurugeza, naho uyu Byukusenge akaba yagombaga kugenda kuri moto afashe umufuka urimo urumogi agahembwa ibihumbi 20.

    Ikindi batangaje ni uko uru rumogi barwinjiza mu Rwanda barukuye mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho babikoraga nk’ababigize umwuga.

    Abafashwe n’urumogi bari bafite bashyikirijwe urwego rw’ubugenzacyaha RIB, ngo bakurikiranwe mu mategeko, ibikorwa byo gufata abo bakoranaga bikaba byatangiye.

    Gufata aba bacuruzi b’urumogi byagezweho ku bufatanye n’abaturage batanze amakuru rugafatwa rutarakwirakwira mu baturage, kikaba ari ikimenyetso cy’imikoranire myiza hagati ya Polisi n’abaturage, bikanashimangira ko abaturage bamaze kumenya ububi bw’ibiyobyabwenge dore ko bigira ingaruka ku mibereho y’abaturage.

    Abaturage baragirwa inama yo kureka kwijandika mu bikorwa by’ibiyobyabwenge kuko birangira bafashwe kandi bagahabwa ibiihano birimo n’igifungo. Polisi y’igihugu ikaba yatangaje ko itazihanganira umuntu wese ugira uruhare mu kugaburira abaturage ibiyobyabwenge, bityo ababikoraga bakaba basabwa kubireka bagashaka ibindi bakora byabateza imbere kuko amayeri bakoresha yose yamenyekanye.

    Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

  • Ababyeyi basabwe kubahiriza amabwiriza agenga umusanzu batanga mu mashuri

    Minisiteri y’Uburezi y’u Rwanda,MINEDUC,yongeye gusaba ababyeyi kubahiriza amabwiriza agenga umusanzu batanga mu y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta ndetse n’afatanya na Leta ku bw’amasezerano.

    Iyi minisiteri yabitangaje none kuwa 28/8/2025,bikaba bikubiye mu itangazo ryasohowe ku wa 14 Ugushyingo 2022, rigaragaza uburyo bushya bw’imisanzu y’ababyeyi, hagamijwe gukumira ibiciro bihanitse no guteza imbere uburezi bufite ireme kuri bose.

    Minisiteri y’Uburezi yemeje ko umusanzu w’ababyeyi ugomba gukurikiza ibi bikurikira bigaragara muri iri tangazo.

    MINEDUC,yibukije ko kugira ngo ishuri rikore ibinyuranye n’aya mabwiriza, bisaba kwemezwa n’inama rusange y’ababyeyi, akarere ishuri riherereyemo ndetse na Minisiteri y’Uburezi ubwayo.

    Minisiteri yashimiye ababyeyi n’abarezi ku bufatanye bagaragaza mu guteza imbere uburezi bw’igihugu, by’umwihariko mu gufasha abana bose kubona uburezi bufite ireme.

     

  • BNR, yazamuye inyungu fatizo kugera kuri 6.75% mu rwego rwo kugumisha izamuka ry’ibiciro ku rugero rwifuzwa

    BNR, yazamuye inyungu fatizo kugera kuri 6.75% mu rwego rwo kugumisha izamuka ry’ibiciro ku rugero rwifuzwa

    Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yazamuye inyungu fatizo iva kuri 6.5% igera kuri 6.75%, isozanya n’igihe cyari kimaze kugera ku bwisanzure bw’iyo nyungu. Ibi bikaba bigamije kugabanya izamuka ry’ibiciro no kurigumisha mu rugero rwifuzwa rwa 2% kugeza kuri 8%.

    Imibare ya leta igaragaza ko izamuka ry’ibiciro ku masoko ryageze kuri 7.3% muri Nyakanga 2025, rivuye kuri 7% muri Kamena. N’ubwo izamuka ry’ibiciro ryagiye rihindagurika, BNR ivuga ko ryagumye ku rugero rwifuzwa mu gihembwe cya mbere cy’umwaka. Biteganyijwe ko izamuka ry’ibiciro rizagera ku mpuzandengo ya 7.1% muri 2025, rikagabanuka rikagera kuri 5.6% muri 2026.

    Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, yasobanuye ko icyemezo cyo kongera inyungu fatizo kugera kuri 6.75% cyari ngombwa kugira ngo hagumishwe ho ibiciro bihamye.

    Yagize ati: “Iyi nyungu izadufasha kugumisha izamuka ry’ibiciro ku rugero twiyemeje, kandi ikomeze gushyigikira iterambere rirambye ry’ubukungu.”

    Ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kwaguka ku muvuduko ushimishije

    BNR, yagaragaje ko gihembwe cya mbere cya 2025, ubukungu bwazamutseho 7.8%, bitewe n’iterambere rikomeye mu rwego rw’ubucuruzi bwa serivisi n’inganda, ndetse n’umusaruro uhagije w’ubuhinzi.

    N’ubwo hari impungenge mu bucuruzi mpuzamahanga no munzira zinyuramo ibicuruzwa, BNR ivuga ko icyizere cy’ubukungu bw’igihugu mu gihembwe cya kabiri cya 2025 gikomeje kuba cyiza, kikaba gishingiye cyane ku rwego rwa serivisi n’inganda.

    Imikorere y’ubucuruzi iragenda itera imbere

    Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko icyuho cy’ubucuruzi cyagabanutse, bitewe n’izamuka rikomeye ry’ibyoherezwa mu mahanga. Mu gihembwe cya kabiri cya 2025, agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga kazamutseho 15.5%, ahanini bitewe n’umusaruro mwiza w’ikawa, izamuka ry’ibyoherezwa by’amabuye y’agaciro, ndetse n’ibiciro byiza ku isoko mpuzamahanga.

    Ibicuruzwa bitari bisanzwe byoherezwa mu mahanga na byo byazamutseho 31.1%, cyane cyane kubera izamuka ry’isoko ry’amavuta yo guteka n’ifu y’ingano bitunganyirizwa mu Rwanda.

    Ku ruhande rw’ibitumizwa hanze y’igihugu, ibicuruzwa biturutse mu bihugu by’abaturanyi byagabanutseho 13.2% bitewe n’ubwiyongere bw’ibibazo by’isoko mu karere. Ariko muri rusange, ibitumizwa hanze byazamutseho 3.3%, kubera izamuka ry’ibikenerwa mu nganda zitunganya ibiribwa (nk’ibigori n’amavuta yo guteka), ibikoresho by’ubwubatsi, n’ibinyabiziga.Ibi byose byatumye icyuho cy’ubucuruzi kigabanuka ho 2.9% ugereranyije n’igihe nk’icyo mu mwaka wa 2024.

    BNR, ivuga ko iri gabanuka ry’icyuho ryerekana umusaruro mwiza uturuka ku kwagura ibyoherezwa mu mahanga no kongera inganda zitunganya ibicuruzwa, bikagabanya gukenera ibitumizwa hanze ndetse bikongera n’amafaranga yinjira avuye mu mahanga.

     

  • Huye: Abana n’ababyeyi barishimira gahunda y’ibiruhuko mu Ngoro z’Umurage

    Huye: Abana n’ababyeyi barishimira gahunda y’ibiruhuko mu Ngoro z’Umurage

    Abana n’ababyeyi bo mu karere ka Huye, by’umwihariko abaturiye Ingoro y’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda,barishimira gahunda y’ibiruhuko mu Ngoro z’Umurage [ Holidays in Museums ],itegurwa n’Inteko y’Umuco,igakorerwa mu ngoro z’amateka zinyuranye mu gihe cy’ibiruhuko.

    Abana bari kwigishirizwa mu ngoro y’Umurage w’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda, ibijyanye n’Umuco,Indangagaciro na Kirazira by’Abanyarwanda, binyuze mu mbyino gakondo,amazina y’inka,gutaka amasaro,kuvuza ingoma,kuboha,kubumba, kuririmba ndetse n’ibyivugo,bavuga ko ari ingirakamaro kuko bizabafasha gusigasira umuco nyarwanda ndetse no gukomeza kuwusakaza mu batarawumenya neza,ari nako bahavoma ubumenyi bwo gukora ubukorikori butandukanye.

    MUGISHA SHEMA Prince, umwe muri aba bana yagize ati “Bizamfasha gusigasira umuco nyarwanda ndetse no gukomeza kuwusakaza mu batarawumenya neza.Iyo tuvuye hano abandi bana duhura tubasangiza ibyo twize tukagenda nk’urugero amazina y’inka cyangwa uturimo tumwe na tumwe  baba batwigishije hano tukagenda tukabibwira ababyeyi bacu ndetse na barumuna bacu”.

    Mugenzi we witwa UNYUZESE Vanessa, we yagize ati “Mbere y’uko tuza hano ntabwo narinzi kubyina bya Kinyarwanda,ntabwo narinzi kuboha cyangwa se kubumba…bizamfasha mu hazaza hanjye,nshobora nko gukora umwuga umwe mu byo nize hano bikanteza imbere. Nk’ubu maze kwiga kubyina bizamfasha gusigasira umuco nyarwanda”.

    Abana bigishwa kuvuza ingoma.

    Ababyeyi bafashe iyambere mu kuzana abana muri iyi gahunda,bahamya ko byatumye abana bahugira ku bintu by’umumaro muri ibi bihe by’ibiruhuko aho kuzerera  nk’uko bishimangirwa na UMUTESI Juduth,umubyeyi wazanyemo abana babiri.

    Ati “Bamaze mo ukwezi ariko mbonamo impinduka nk’icyambere iyi gahunda yabarinze agakungu ka tereviziyo no kuba bazerera,byatumye biga umuco w’abanyarwanda,amateka n’ibindi. Ni byiza biradufashiriza abana rwose”.

    KARANGWA Jerome,Umuyobozi w’Ingoro y’Umurage w’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda, avuga ko iyi gahunda ifite intego yo gutegura abana bato bakazakura bakunda igihugu, bakishimira kuba Abanyarwanda.

    Ati “Intego twifuza ni ukugirango tutazagwa muri yamvugo igira iti “Umuryango utagira Umuco n’amateka uba umeze nk’umubiri utagira umutima”.Intego nyamukuru dutumbereye ni ukugirango tugire Umunyarwanda ufite umutima,ufite za nyirantarengwa, ufite ibyo yubaha n’ibyo agomba kubahiriza kandi wishimiye kuba Umunyarwanda.Uvuga rwa rurimi rwe arukunze atari uko ayobewe  izindi ndimi z’amahanga”.

    Yongeyeho ko “Ibyo ngibyo ni tubigeraho tuzaba twumva twageze ku ntego yacu mu by’ukuri”.

    Bwana KARABGWA Jerome,Umuyobozi w’Ingoro y’Umurage w’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda, avuga ko iyi gahunda ifite intego yo gutegura abana bato ko bazakura bakunda igihugu.

    Gahunda yiswe ‘Ibiruhuko mu Ngoro z’Umurage,iri kubera ku ngoro ndangamurage yo Kwigira iherereye mu Karere ka Nyanza, Ingoro ndangamurage y’Abami mu Rukari na yo iherereye muri aka karere,ku ngoro y’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda iherereye mu Karere ka Huye, ndetse no ku ngoro y’Ubugeni n’Ubuhanzi iherereye mu Karere ka Kicukiro,ikaba yaritabiriwe n’abanabasaga 500.

    Abana bigishwa kuboha.

    Abana bigishwa kubumba.
    Abana bigishwa kubyina imbyino gakondo z’Abanyarwanda.
  • Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa MINUSCA bizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Ubutabazi batanga ubuvuzi ku baturage

    Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa MINUSCA bizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Ubutabazi batanga ubuvuzi ku baturage

    Muri Repubulika ya Santarafurika, Abasirikare b’Abanyarwanda bo mu itsinda rya Rwanda Level 2+ Hospital na Rwanda Battle Group VII (RWABG VII), bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro no kubungabunga umutekano muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA), bizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Ubutabazi batanga ubuvuzi ku buntu n’inyigisho ku isuku ku baturage bo mu Ntara ya Haute-Kotto, mu mujyi wa Bria.

    Iki gikorwa cyabereye kuri Maison d’arrêt et de correction de Bria,aho abaturage 41 bahawe serivisi z’ubuvuzi, ndetse abasirikare banakoze imirimo yo gusukura ibice bikikije icyo kigo.

    Indwara zavuwe zirimo Malariya,indwara z’uruhu,indwara z’ubuhumekero ndetse n’inzoka zo mu nda,ndetse hanatangwa ibikoresho by’isuku.

    Lt Col Dr Emmanuel Mutabazi, Umuyobozi wungirije wa RWAMED X, yasabye abaturage gukomeza kubungabunga isuku,kurinda amasoko y’amazi no gukoresha neza inzitiramibu mu kurwanya malaria.

    Bwana Guy Syvain Gueregbinandengba, Umuyobozi wa Maison d’arrêt et de correction de Bria, yashimiye abasirikare b’Abanyarwanda ku bw’iki gikorwa cyiza, anabasaba gukomeza ibikorwa nk’ibi byegereza abaturage serivisi z’ubuzima.

    Iki gikorwa cyerekana ubufatanye bwa MINUSCA n’u Rwanda,mu guteza imbere ubuzima bw’abaturage, guharanira amahoro, n’umutekano binyuze mu bufatanye hagati y’abasivili n’igisirikare (Civil-Military Cooperation).

  • Mu Rwanda: Izuba ry’impeshyi n’imvura nkeya biteganyijwe hagati ya tariki ya 21–31 Kanama 2025

    Mu Rwanda: Izuba ry’impeshyi n’imvura nkeya biteganyijwe hagati ya tariki ya 21–31 Kanama 2025

    Mu itangazo ryasohowe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iteganyagihe (Rwanda Meteorology Agency), hamenyekanye uko ibihe bizifata mu minsi ya nyuma y’ukwezi kwa Kanama 2025. Ibihe biteganyijwe birimo izuba ry’impeshyi, ubushyuhe buri hejuru, imvura nkeya, n’umuyaga uringaniye ushyira kuba mwinshi.

    Meteo Rwanda,yatangaje ko mu gihugu hose hateganyijwe izuba risanzwe ry’impeshyi, riherekejwe n’ubushyuhe buri hagati ya 18°C na 30°C, mu gihe ubushyuhe bwo hasi buzaba hagati ya 6°C na 16°C. Ibi bikaba bishobora kugira ingaruka ku bikorwa by’ubuhinzi, ubwikorezi, n’ubuzima rusange bw’abaturage.

    Imvura iteganyijwe izaba iri hagati ya 0 mm na 25 mm, ikaba iri munsi y’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri iki gihe cy’umwaka. Ibice by’amajyaruguru y’uburengerazuba nk’i Rubavu, Nyabihu, Musanze na Burera, nibyo bizakira imvura nyinshi kurusha ahandi, aho hateganyijwe imvura iri hagati ya 20–25 mm.

    Meteo Rwanda,yatangaje ko ubushyuhe bwo hejuru buzagaragara cyane mu turere tugize umujyi wa Kigali, Bugesera, Nyagatare, Gatsibo, Kayonza, Kirehe, Karongi (igice) na Bugarama, aho buzagera kuri 28–30°C.

    Ubushyuhe bwo hasi buzagaragara cyane mu turere twa Nyabihu, Musanze, Nyamagabe, Nyaruguru, Rusizi na Rubavu, aho bushobora kugera kuri 6–8°C, bikaba bishobora gutera ubukonje bukabije mu masaha y’ijoro.

    Umuyaga uteganyijwe uzaba ufite umuvuduko uri hagati ya 4m/s–10 m/s, aho uturere twa Kirehe, Karongi, Kayonza (amajyepfo), Ngoma, Rubavu, Rutsiro, Nyamasheke, Rusizi, Musanze na Burera, tuzagaragaramo umuyaga mwinshi kurusha ahandi.