Author: Pierre Celestin Niyirora

  • Burkina Faso na Mali byihimuye kuri Amerika

    Burkina Faso na Mali byihimuye kuri Amerika

    Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu bya Burkina Faso na Mali,kuwa 30 Ukuboza 2025, batangaje ku mugaragaro ko ibihugu byabo bifashe ingamba zibuza abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwinjira ku butaka bwabyo.

    Impamvu y’iki cyemezo ngo n’igisubizo ku cyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo gushyira ibi bihugu ku rutonde rw’ibifite abaturage batemerewe kwinjira muri Amerika, kubera impungenge z’umutekano muke uterwa n’imitwe y’iterabwoba. Amerika ishinja ibi bihugu kudashyiraho ingamba zihamye zo guhangana n’imitwe yitwaje intwaro, bikaba byateza ibyago ku mutekano wayo.

    Iki cyemezo cyafashwe n’ibihugu bya Burkina Faso na Malikcyongereye ubukana bw’umwuka mubi mu mubano w’ibi bihugu n’ibihugu byo mu burengerazuba, cyane cyane nyuma y’uko ibi bihugu byombi byegereye Uburusiya mu rwego rwo gushaka ubufasha mu guhashya ibikorwa by’iterabwoba.

    Colonel Assimi Goïta,uyobora igihugu cya Mali na mugenzi we Captain Ibrahim Traoré wa Burkina Faso,bavuze ko “Baharanira ubusugire bw’ibihugu byabo”, kandi ko batazihanganira kwivanga kw’amahanga mu miyoborere yabo. Bemeje ko bazakomeza gufata ingamba zose zishoboka zo kurinda ubusugire bw’igihugu,n’umutekano usesuye ku baturage.

    Kurundi ruhande ariko ibi byemezo,bishobora gutuma ibihugu byombi birushaho kuba byonyine, bikaba byagira ingaruka ku mikoranire n’imiryango mpuzamahanga irimo LONI na AU. Amerika n’ibindi bihugu by’iburengerazuba bikaba byaba bihagaritse inkunga cyangwa ubundi bufatanye bishobora kugira ingaruka ku mishinga y’iterambere n’ubutabazi muri Burkina Faso.

    Ivomo: Reuters,BBC

  • Perezida Mamadi Doumbouya yatorewe kuyobora Guinée-Conakry

    Perezida Mamadi Doumbouya yatorewe kuyobora Guinée-Conakry

    Perezida Mamadi Doumbouya yatorewe kuyobora Guinée-Conakry, muri manda y’imyaka irindwi iri imbere, aho yagize amajwi 86,72 % hashingiwe ku majwi y’agateganyo yatangajwe kuri uyu wa Kabiri.

    Yakurikiwe na Abdoulaye Yéro Baldé uyobora ishyaka rya Front démocratique de Guinée (Frondeg) ufite 6,59 %. Amajwi ntakuka azemezwa n’Urukiko rw’Ikirenga.
    Mamadi Doumbouya yatangiye kuyobora Guinée muri Nzeri 2021 nyuma yo guhirika ku butegetsi Alpha Condé.

    Abatavuga rumwe n’ubutegetsi banenze ayo matora bayita ikinamico ndetse bashinja Doumbouya gukandamiza abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’abanenga imiyoborere ye.

    Ayo matora yabaye, Alpha Condé n’Umuyobozi  ukomeye w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi Cellou Dalein Diallo, bari mu buhungiro mu gihe Komosiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje ko abantu 80,95% bari kuri lisiti y’itora bose bayitabiriye.
    Gen Doumbouya yahoze ayobora Ingabo zo mu mutwe udasanzwe (special forces), yafashe ubutegetsi muri Nzeri 2021 ahiritse Perezida Alpha Condé, amushinja imiyoborere mibi, ruswa no kwangiza d

  • Turakataje mu kumenyekanisha Itegeko rishya rigenga serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda-Réseau des Femmes

    Turakataje mu kumenyekanisha Itegeko rishya rigenga serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda-Réseau des Femmes

    Isangano ry’Abagore baharanira Amajyambere y’Icyaro (Réseau des Femmes Oeuvrant pour le Développement Rural), ryavuze ko rikataje mu kumenyekanisha Itegeko rishya rigenga serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda, mu rwego rwo gufasha abangavu n’ingimbi kumenya uburenganzi bwabo bukubiye muri iri tegeko.

    Uyu muryango wabigarutseho ku wa Gatatu, tariki 29 Ukwakira 2025, nyuma y’ubukangurambaga wakoreye mu murenge wa Ndera, mu karere ka Gasabo.

    Imwe mu ngingo zigize itegeko rishya rigenga serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda,ryatowe muri Kanama 2025, ni iyemerera abangavu n’ingimbi bafite imyaka 15 kuzamura, kwifatira icyemezo kuri serivisi z’ubuvuzi bitabasabye guherekezwa n’ababyeyi cyangwa abishingizi bemewe n’amategeko.

    Umuryango Réseau des Femmes, ni umwe mu miryango itari iya Leta yakoze ubuvugizi kugira ngo iyi ngingo itorwe. BAZARAMA Marie Michèle,Ushinzwe Imibereho Myiza muri uyu murwango avuga ko bakataje mu kumenyekanisha iri tegeko.

    Yagize ati “Turakataje, turakomeje kugira ngo n’urundi rubyiruko n’ababyeyi bamenye yuko kubona izi serivisi ari iby’ibanze. Tukanasaba ababyeyi kumva ko niba umwana wabo yaguye mu cyago atagomba kugendanirako, ahubwo akwiye gufashwa.”

    BAZARAMA Marie Michèle, Ushinzwe Imibereho Myiza muri Réseau des Femmes,yasabye abitabiriye ubukangurambaga kumenya Itegeko rishya rigenga serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda.

    Rumwe mu rubyiruko rwitabiriye ubu bukangurambaga ruvuga ko bwari bukenewe kuko bwabafashije kubona amakuru kuri serivisi bagenewe. IMANISHIMWE Cedric, yagize ati “Mu by’ukuri ibyo batwigishije twari tubikeneye nk’urubyiruko. Nubwo umwana w’imyaka 15 aba akiri mutoya,ariko ni byiza ko yigerera kwa muganga akimenyera amakuru, n’ukuntu agomba gutwara ubuzima bwe.”

    Akamaro k’ubu bukangurambaga kanashimangirwa n’ababyeyi babwitabiriye. MUKAMPUNGA Euphrasie, yagize ati “Ibi biratujijura nk’ababyeyi kuko twaragerageje ngo turebe ko abana bakwitwara neza nko mu gihe cya cyera ariko byarananiranye.”

    Yongeraho ko “Mu gihe rero byananiranye nta rindi tegeko ryakora uretse iri batubwiye umwana akabikora ku bushake bwe wenyine yijyanye. Ndumva byaba byiza.”

    Ubu bukangurambaga bwakozwe n’umuryango Réseau des Femmes, buri muri gahunda z’ibikorwa by’umushinga wabo w’ubuzima bw’imyororokere witwa SDSR-Rwanda, bakorera mu mirenge yose 15 y’Akarere ka Gasabo, ku bufatanye n’umuryango w’Abanya Canada witwa l’AMIE.

    Bwitabirwa n’urubyiruko runyuranye rwo mu murenge wa Ndera, abanyeshuri biga muri GS Ndera, abajyanama b’ubuzima, inshuti z’umuryango, n’abayobozi mu nzego zinyuranye mu murenge wa Ndera. Ni ubukangurambaga buzakomereza no mu yindi mirenge y’Akarere ka Gasabo ndetse bukazagezwa no bindi bice by’igihugu binyuze mu itangazamakuru.

    Abitabiriye ubukanguramba ku burenganzira na serivisi z’ubuzima bw’imyororokere zigenewe urubyiruko,mu murenge wa Ndera.

  • Inzozi Lotto, yahagaritswe kubera kutubahiriza amategeko

    Inzozi Lotto, yahagaritswe kubera kutubahiriza amategeko

    Rwanda Development Board (RDB), binyuze mu Ishami rishinzwe ubugenzuzi bw’imikino y’amahirwe (National Lottery and Gambling Commission – NLGC), yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo ibikorwa bya _Inzozi Lotto_ (Carousel Ltd), isanzwe ikora imikino y’amahirwe mu Rwanda.

    Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa kane tariki ya 2 Ukwakira 2025,rigaragaza ko impamvu nyamukuru y’ihagarikwa ry’iyi sosiyete ari ukutubahiriza ibisabwa n’amategeko agenga imikino y’amahirwe, ndetse no kudatanga amakuru asobanutse ku bijyanye n’imikoreshereze y’amafaranga yinjizwa muri iyo mikino. RDB ivuga ko Inzozi Lotto yananiwe kuzuza inshingano zayo ku gihugu no ku baturage.

    Abaturage barasabwa kwirinda kwitabira ibikorwa byose bifitanye isano n’iyo sosiyete, kandi bagakangurirwa gutanga amakuru ku kintu cyose cyagaragara nk’imikino y’amahirwe itemewe.

    Itangazo rya RDB,rihagarika by’agateganyo Inzozi Lotto.
  • Abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, basabwe kugira uruhare mu guhashya TFGBV

    Abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, basabwe kugira uruhare mu guhashya TFGBV

    Umuryango nyarwanda uharanira iterambere ry’uburinganire,kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina Umugabo abigizemo uruhare (RWAMREC), ufatanyije n’Urugaga nyarwanda rw’abafite Virusi itera SIDA (RRP+), basabye Abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga cyane bazwi nka Social Media Influencers, kugira uruhare mu guhashya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga [Technology-Facilitated Gender-Based Violence- (TFGBV)], kuko rigira ingaruka zikomeye kuwarikorewe ridasize n’umuryango we ndetse n’igihugu muri rusange.

    Ibi ni bimwe mu byibanzweho ubwo kuva kuwa 24 Nzeri 2025, bahuriye n’abahagarariye imiryango y’urubyiruko itari iya leta, mu mahugurwa y’iminsi itatu yabereye mu karere ka Musanze. Ni amahugurwa yari agamije kubongerera ubumenyi mu gukora Itangazamakuru rihindura imyumvire ku bijyanye n’uburinganire bw’abagore n’abagabo,ubuzima bw’imyororokere, kurwanya no gukumira Virusi itera SIDA,ariko byose bigakorwa ab’igitsina gabo babigizemo uruhare.

    Bwana Munyanziza Jonathan, Umukozi muri RWAMREC,avuga ko kuri ubu atari itangazamakuru gusa rikoresha imbuga nkoranyambaga ahubwo buri wese afite uburyo bwo kuzigeraho bikanaha icyuho ikorwa ry’iri hohoterwa rya TFGBV,akaba ariyo mpamvu asaba abahuguwe kugira uruhare mu kurirwanya.

    Ati “Ku mbuga nkoranyambaga niho hakunze kubera iri hohotera rya TFGBV,kuko uwo ari we wese azifiteho uburenganzira ,nk’aba Social Media Influencers, baba bafite abantu benshi babakurikira kandi banabakunda,bafite uruhare runini mu kugabanya iryo hohoterwa bitewe n’ubutumwa bagenda batanga.Niba batanze ubutumwa bwubaka bizatuma n’ababakurikira aribyo bakora”.

    Yongeyeho ko “Icyo tubashakaho rero ni ugutanga ubutwa bwubaka aho gusenya kandi budatesha agaciro umugore cyangwa umugabo”.

    Munyanziza Jonathan,Umukozi muri RWAMREC,yasabye abitabiriye amahugurwa kurwanya TFGBV.

    HARERIMANA Tito,ukoresha urukuta rwa X,cyane (Social Media Influencer), avuga ko abenshi bisangaga bakoze iri hohotera rya TFGBV, nyamara bazi ko bari gutebya,ariko nyuma yo guhugurwa bakaba biyemeje kuba abatangiza impinduka mu bandi.

    Yagize ati “Abenshi babikoraga ariko ugasanga babikora bazi ko ari urwenya,gusererezanya cyangwa se gutebya ntabundi bugome n’ubwo hatabura ababikora nkana.Ubu rero twafashe umwanzuro wo kuba abatangiza impinduka mu bandi,nta kurebera …tukanigisha bagenzi bacu uburyo bwo gukoresha izo mbuga nkoranyambaga neza tudahohoteye abandi”.

    Nshimiyimana Hadjara, Umunyamakuru wa The Comments News,avuga ko nyuma yo gusobanurirwa ubwoko bw’ihohoterwa,uburyo bwo kuryirinda no kurirwanya, agiye gushishikariza abantu kumenya imvugo bakoresha no kumenya ibyo batangaza.

    Ati” Nk’abanyamakuru amajwi yacu agera kure. Icyo tugiye gukora ni ukurirwanya dushishikariza abantu kumenya imvugo bakoresha,kumenya ibyo batangaza byaba na ngombwa bakabanza bakagisha inama kuko akenshi amakosa dukora ntabwo tuba tuyazi.”

    Yakomeje ati “Icyo tuzakora nanone ni ugushishikariza abantu kurwanya iryo hohoterwa nk’abantu twahawe ubumeni,dukora inkuru zigisha kandi zihindura imyumvire y’abadukurikira”.

    Mu gihe isi igenda irushaho kwifashisha ikoranabuhanga, ni ngombwa ko n’imyitwarire yacu igenda ihinduka. RWAMREC na RRP+, bahamagariye buri wese by’umwihariko abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga cyane,guharanira ikoranabuhanga ritagira ihohoterwa, rihesha agaciro buri wese, kandi ryubahiriza uburenganzira bwa muntu.

  • Rubavu: Abaturage basabwe kujya bisuzumisha hakiri kare indwara z’umutima

    Rubavu: Abaturage basabwe kujya bisuzumisha hakiri kare indwara z’umutima

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), cyasabye abaturage mu byiciro byose kujya bisuzumisha hakiri kare indwara z’umutima kuko bizabafasha kumenya uko bahagaze abazisanzwemo bagatangira imiti hakiri kare.

    Ni ibyagarutsweho kuri uyu wa 28 Nzeri 2025, ubwo mu karere ka Rubavu,hizihirizwaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya indwara z’umutima, (World Heart Day 2025), wizihijwe hanasozwa icyumweru cyahariwe ibikorwa by’ubukangurambaga bushishikariza abaturage kwirinda no kwisuzumisha hakiri kare indwara z’umutima.Iki cyumweru kikaba gisize mu bantu 1,169 bapimye mu karere ka Rubavu, 88 bangana na 7.5%. bafite izo ndwara,kandi bikaba binahangayikishije ku rwego rw’igihugu kuko ziri mu byiciro byose by’Abaturarwanda baba abato n’abakuze.

    Dr. Ntaganda Evariste,uyobora agashami gashinzwe indwara z’umutima,muri RBC, yagize ati “Igituma n’igihugu kigira impungenge nuko izi ndwara zirimo kugenda zijya mu bantu batoya. Ubundi twavugaga wenda imyaka 70 kujyana hejuru nibo wasangaga bafite umuvuduko w’amaraso, ariko ubu ntabwo byagutangaza kubona nk’umuntu ufite imyaka 40 afite Diyabete cyangwa umuvuduko w’amaraso cyangwa afite indwara z’umutima.”

    Yakomeje ati “Ubwo rero n’ikibazo gikomeye gituma abantu bagomba kwirinda kugirango bo kurwara izi ndwara,bisuzumishe n’abazirwaye bafate imiti hakiri kare”.

    Dr. Ntaganda Evariste,uyobora agashami gashinzwe indwara z’umutima,muri RBC, yasabye abaturage kujya bisuzumisha kare indwara z’umutima.

    Ibyiza byo kwisuzumisha kare usanzwemo indwara z’umutima agatangira imiti ku gihe,bishimangirwa na Nyirahabimana Liberata ufite imyaka 40 y’amavuko, utuye mu murenge wa Rubavu, Akarere ka Rubavu,wamenye ko arwaye umuvuduko w’amaraso ariko ntiyiyiteho uko bikwiye ibyatumye anarwara indwara z’umutima ariko kuva igihe atangira gukurkiza inama za muganga anafata imiti ubu ubuzima bwe bukaba buhagaze neza nkuko yabyemejwe n’abaganga nyuma yo gusuzumwa.

    Ati: “Natangiye gukora imyitozo ibiro biragabanyuka, ntangira kugabanya amavuta, isukari nyinshi, umunyu, ubwo umuvuduko utangira gushira ubu mpagaze neza nta kibazo mfite n’ubu mvuye kwisuzumisha ariko basanze nta kibazo rwose.”

    Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umutima 2025, abaturage bo mu karere ka Rubavu,basuzumwe indwara zitandura cyane cyane iz’umutima.

    RBC,muri raporo yayo ya 2022, igaragaza ko mu Rwanda, indwara z’umutima zikomeje kwiyongera, haba mu ice by’umujyi no mu cyaro,aho ziza ku isonga mu bitera impfu nyinshi kuko igaragaza ko zihariye 47.7% by’impfu zibera kwa muganga na 59.3% by’impfu zibera mu miryango.

    Igaragaza kandi ko abangana na 16.8% by’abari hagati y’imyaka 18-69 y’amavuko barwaye umuvuduko ukabije w’amaraso.

    Abaturage b’i Rubavu, n’ubuyobozi,bakoze siporo n’umwe mu ntwaro zikomeye zo guhangana n’indwara zitandura zirimo n’iz’umutima.
  • Abafite ubumuga bw’uruhu,umwanzi wambere bafite ni izuba bagerageze bakore ariko birinda ko ryabatera kanseri y’uruhu-OIPPA

    Abafite ubumuga bw’uruhu,umwanzi wambere bafite ni izuba bagerageze bakore ariko birinda ko ryabatera kanseri y’uruhu-OIPPA

    Ihuriro ry’abantu bafite ubumuga bw’uruhu mu Rwanda, Organization for Integration and Promotion of People with Albinism [OIPPA], barasaba buri wese ufite ubumuga bw’uruhu kwirinda izuba no kubahiriza amabwiriza y’abaganga kuko ari byo bizabafasha kutarwara kanseri y’uruhu ikunze kubibasira bitewe no kujya kuzuba cyane batikingiye.

     

    Tuganira n’Umuyobozi wungirije wa OIPPA,Bwana KOMEZUSENGE Charles,yibukije abafite ubu bumuga ko umwanzi wambere bafite ari izuba kandi ubuzima buri mu buganza byabo.

    Ati “Turabwira abantu bafite ubumuga bw’uruhu aho bari hose ko umwanzi wambere bafite ari izuba kandi ubuzima buri mu biganza byabo,bagerageze bakore ariko birinda n’izuba,bubahiriza amabwiriza atangwa n’abaganga b’indwara z’uruhu cyane ko batubwira ko ari ukwisiga amavuta yabugenewe,kwambara ingofero ndetse no kuba twakwambara twikwije”.

    Bwana KOMEZUSENGE, avuga ko kwirinda iyi kenseri bitagerwaho uko bikwiye mu gihe byaharirwa abafite ubu bumuga bw’uruhu gusa,akaba asaba uruhare wese.

    Yagize ati “Turasaba abantu bose cyane cyane mu bihe by’izuba kuko biba bigoye kudufasha kubabonera ingofero cyane ko zihenda ndetse n’imyambaro cyane ku miryango ikennye, byibura uwo mutima bawugire bityo tube mu Rwanda ruzira kaneri ku bafite ubumuga bw’uruhu”.

    KOMEZUSENGE Charles,Umuyobozi wungirije wa OIPPA,yasabye uruhare rwa buri wese mu kurinda kanseri abafite ubumuga bw’uruhu.

    Kwisuzumisha byibura inshuro eshatu ku mwaka,ni kimwe mu by’ingenzi bizafasha mu kwirinda no kwivuza hakiri kare kanseri y’uruhu,nk’uko bigarukwaho na Dr.Alice AMANI UWAJENI,Inzobere mu kuvura indwara z’uruhu.

    Ati “Mu rwego rwo kwirinda ko iyo kanseri ibonwa bitinze kandi uko bitinda ari nako kuyivura bizagorana,mu bwirinzi hamamo no kwisuzumisha hakiri kare. Umuntu ufite ubumuga bw’uruhu rwera akwiye kwisuzumisha byibura inshuro eshatu cyangwa enye ku mwaka ariko izo ni inshuro z’umuntu udafite ikibazo.Ugifite we inshuro zose agomba kureba muganga”.

     

     

    Dr.Alice AMANI UWAJENI,Inzobere mu kuvura indwara z’uruhu,atanga inama ku bafite ubumuga bw’uruhu kwisuzumisha byibura inshuro eshatu ku mwaka.

    Umuntu wavukanye ubumuga bw’uruhu,ntabwo ari amahitamo ye,kandi nta n’ubwo ari igihano,bityo buri wese afite inshingano zo kumwongerera amahirwe yo kutarwara kanseri y’uruhu kandi agakundwa nk’abandi bose.

    OIPPA,kandi irasaba abafite ubumuga bw’uruhu kugana ibigo nderabuzima bibegereye bagahabwa amavuta arinda ko uruhu rwangizwa n’izuba cyane cyane mu bihe by’izuba. Aya mavuta atangwa ku buntu cyane ko n’iyo yashize mu bubiko bw’ikigo nderabuzima ahita atumizwa kuri zip line akazanwa n’akadege katagira umupilote (Drone).

    OIPPA, n’abafatanyabikorwa bayo bari gutanga amavuta arinda ko uruhu rwangizwa n’izuba.
  • Netanyahu ntiyemeranywa n’abamushinja gukora Jenoside muri Gaza

    Netanyahu ntiyemeranywa n’abamushinja gukora Jenoside muri Gaza

    Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yahakanye yivuye inyuma iby’uko Israeli ikora Jenoside muri Gaza. Yavuze ko ahubwo igihugu cye kirinda abasivile b’inzirakarengane.

    Ibi yabitangaje ubwo yagezaga ijambo ku nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa 26 Nzeri (09) 2025 i New York.

    Ubwo Netanyahu yajyaga imbere y’Inteko yakomewe amashyi n’abamushyigikiye ariko abahagarariye ibihugu bimunenga ku mugambi we muri Gaza bahita basohoka mu cyumba cy’inama ari benshi.

    Mu ijambo rye, yavuze ko ibirego bya Jenoside bishinjwa igihugu cye ari ibinyoma. Yongeraho ko Israel itatera abaturage b’abasivile, ahubwo ibafasha kubona ibyo bakeneye.

    Yashinje umutwe wa Hamas gukoresha abaturage ba Gaza nk’inkuta z’ubwirinzi n’ibikoresho bya propaganda. Yananenze cyane ibihugu byemeye Leta ya Palestina, avuga ko ibyo ari ugucika intege imbere y’iterabwoba. Ku bwe, ishyirwaho rya Palestina nk’igihugu kigenga byaba ari ukwiyahura kw’igihugu cya Israeli!

    Netanyahu yavuze ko Israel imaze gusenya igice kinini cy’izingiro by’ibikorwa shingiro by’iterabwoba bya Hamas. Yavuze ko yangije ibikorerwa bya Hezbollah, igaba ibitero ku  ba Houthis ndetse yivugana bamwe mu bayobozi bakuru b’iyi mitwe.

    Yavuze ko igihugu cye kigiye kurangiza burundu umutwe wa Hamas, kandi ko ari vuba. Yashimiye igihugu cya Liban ku kuba cyarateye intambwe ikomeye mu gucogoza umutwe wa Hezbollah, ariko avuga ko hakenewe ibikorwa bifatika kuruta amagambo.

    Kwemera Palestina ni igisebo kizahora ku banyaburayi!

    Minisitiri w’Intebe, Benyamin Netanyahu yaburiye ibihugu by’Iburayi byemeye Palestina nk’igihugu, avuga ko ari igisebo kizahora kibanditseho kandi kizatiza umurinsi ibikorwa by’iterabwoba ku Isi hose.

    Ubwo yagezaga ijambo ku bari mu nteko, Netanyahu yavuze muri Gaza hashyizweho uburyo butuma abashimuswe babasha kumva ijambo rye. Asa n’ubabwira, yababwiye ko igihugu cyabo Israeli itigeze ibibagirwa kanddi ko izakomeza gukoora ibishobora byose ngo basubizwe mu gihugu cyabo.

    Ibi bibaye mu gihe havugwa ibiganiro bishobora gutuma Sir Tony Blair, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, ayobora ubutegetsi bw’inzibacyuho muri Gaza bushyigikiwe na ONU na Amerika, mbere yo gusubizwa Abanye-Palestina.

    Sir Tony Blair yigeze no guhagararira Amerika, Ubumwe bw’Uburayi n’Uburusiya mu burasirazuba bwo hagati harimo no kureberera iterambere rya Gaza.

    Yasabye ko Iran ifatirwa ibihano

    Netanyahu yanahamije ko hakenewe kongera gufatira Iran ibihano, avuga ko umushinga wayo wa nucléaire ari ingorane ikomeye ku Isi yose.

    Yashimangiye ko ibihano bya ONU bigomba gusubizwaho ku wa Gatandatu, kugira ngo “Iran idakomeza gukora intwaro z’ubumara( za Nikeleyeri).

  • Kicukiro: Ababyeyi barishimira intambwe abana babo bateye mu gukuza impano bifitemo

    Kicukiro: Ababyeyi barishimira intambwe abana babo bateye mu gukuza impano bifitemo

    Ababyeyi bo mu karere ka Kicukiro by’umwihariko mu murenge wa Kanombe, barishimira intambwe abana babo bateye mu gukuza impano yo gukina umupira w’amaguru nyuma yo kubazana mu irerero ry’umupira w’amaguru ryitwa Rising Stars Sport Centre rikorera muri uyu murenge.

    Aba babyeyi babigarutseho kuri uyu wa gatandatu tariki ya 06 Nzeri 2025, nyuma y’uko bihereye ijisho imikinire y’aba babana mu gikorwa cyiswe “Bye Bye Vacance Match’’, cyakorewemo gahunda yo kwerekana impano z’abana,kumurika imyambaro y’abakinnyi ndetse n’ubusabane mbere yo gusubira ku masomo mu mwaka w’amashuri 2025/2026.

    Ngalambe James,umubyeyi ufite umwana muri iri rerero yagize ati “Muri ibi bihe by’ibiruhuko bazaga mu myitozo,bakagorora umubiri, akaruhura ubwonko akagera mu rugo akarya akaryama akaruhuka bigatuma atekereza neza ejo n’ejo bundi akazasubira ku ishuri ameze neza cyane. Ikindi bizamura impano zabo kuko baba babitangiye hakiri kare natwe tukabafasha…aha bahigira umuco n’ikinyabupfura babifashijwemo n’abatoza babo b’umwuga ku buryo bazanagirira igihugu akamaro”.

    Ngalambe James,yasabye abana kujya bakina bafite intego ariko kandi ntibibagirwe kwiga no gufasha ababyeyi imirimo bashoboye.

    Undi mubyeyi witwa Umutoni Jeannette, we ati “Umwana wanjye yakundaga kujya gukina umupira cyane ahantu nabaga ntanizeye ariko ubungubu asigaye aza hano bikamfasha nanjye.Noneho mu rugo usigaye ubona ari nk’umuntu w’umugabo yamenye ubwenjye aratekereza pe!”

    Umutoni Jeannette,avuga ko ababyeyi bombi bagomba gufatanya kwita ku burere bukwiye bw’abana,harimo no kubafasha gukuza impano bifitemo.

    Iri rerero ryashinzwe hagamijwe kubona ahantu hizwe kandi hatekanye abana bafite impano yo gukina umupira w’amaguru bajya baza kuyizamurira bakiri bato bityo bikazabafasha kugera ku ntego zabo kandi bafite ubuzima buzira umuze nk’uko bigarukwaho na Bwana Nshimiyimana Elie,Perezida wa Rising Stars Sport Centre.

    Ati “Ubusanzwe siporo ni ubuzima,ikindi iyo umwana afashijwe kuzamura impano ye akiri muto bimufasha kuzagera ku ntego ye kuko aba yarakuze akora ibyo akunda. Niyo mpamvu rero twahisemo gutanga umusanzu mu kuzamura impano z’abana b’Abanyarwanda binyuze mu gukina umupira w’amaguru ndetse no kurushaho kwita ku iterambere ry’umwana muri rusange n’imibereho myiza,tukamutoza indangagaciro na kirazira by’abanyarwanda”.

    Bwana Nshimiyimana,kandi yashimiye byimazeyo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bw’aho iri rerero rikorera kuba barababaye hafi kuva uyu mushinga ukiri mu bitekerezo kugeraza n’ubu uri gushyirwa mu bikorwa.

    Ati “Mbikuye ku mutima ndetse na bagenzi banjye,turashimira ubuyobozi bw’ibanze bwa hano Kabeza, kuko batubaye hafi muri uru rugendo bahora batugaragariza ko biteguye gukorana natwe kandi nta kibazo twigeze tugira kuko baba baturi hafi. Natwe rero turabizeza ko tutazabatenguha ahubwo tuzakomeza gutegura Umunyarwanda ufite icyerekezo”.

    Rising Stars Sport Centre,yatangiye mu kwezi kwa 03 uyu mwaka wa 2025,kuri ubu ikaba irimo abana 52 barimo abakobwa bane bose batozwa n’abatoza batatu kandi bose bafite impamyabumenyi mu butoza.

    Nshimiyimana Jean Damascène,ushinzwe umutekano mu murenge wa Kanombe,ubwo yaganirizaga abana mbere yo gutangira umukino,yababwiye ko kuba bafite aho bakinira hujuje ibisabwa ari kimwe mu bigaragaza ubuyobozi bwiza bw’igihugu,anabizeza gukomeza kubaba hafi.
    Irerero rya Rising Stras Sport Centre,ryamuritse ku mugaragaro umwamboro waryo.

  • GASABO: Polisi yafashe abantu bane bacuruza urumogi

    GASABO: Polisi yafashe abantu bane bacuruza urumogi

    Tariki ya 02/09/25, Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge, ANU, ryafashe abantu bane mu bihe bitandukanye, bafite udupfunyika 876 tw’urumogi.

    Abafashwe ni MANIZABAYO Anitha w’imyaka 30 y’amavuko,NYANDWI Celestin ufite 34 na MUYIZERE Moise w’imyaka 26.Bafatiwe mu Mirenge ya Kinyinya na Gisozi,mu gihe bari baruzaniye abakiriya babo.

    Bakimara gufatwa batangaje ko uru rumogi bari barukuye mu Karere ka Rulindo baruzaniye abakiriya babo batuye muri iyi Mirenge, aba bose bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Abafashwe bose n’urumogi bafatanywe Bafungiye kuri station ya Polisi ya Gisozi na Kinyinya ngo bakorerwe amadosiye abajyana mubugenzacyaha kugirango bakurikiranweho icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge.

    Polisi y’u Rwanda, irashimira abaturage batanze amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwiriakwizwa mu baturage, inibutsa abandi gukomeza gutanga amakuru igihe hari uwo bamenye ko acuruza ibiyobyabwenge.

    Polisi kandi iraburira abaturage bishora mu bikorwa byo gucuruza, kunywa, kwinjiza mu gihugu ibiyobyabwenge kubireka bagashaka ibindi bakora, kuko bahagurukiwe kandi amayeri yose bakoresha arazwi bityo ntaho bizihishira.

    ‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.