Author: Pierre Celestin Niyirora

  • Ubushomeri mu Rwanda bwaragabanutse bugera kuri 11,7% mu mpera za 2025

    Ubushomeri mu Rwanda bwaragabanutse bugera kuri 11,7% mu mpera za 2025

    Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko ubushomeri mu Rwanda bwagabanutse mu gihembwe cya kane cy’umwaka wa 2025, buva kuri 14,7% bwariho mu gihembwe cya kane cya 2024 bugera kuri 11,7%, bikaba bigaragaza intambwe ishimishije mu iterambere ry’isoko ry’umurimo.

    Ibi bikubiye mu byavuye muri raporo ku Bushakashatsi bwakozwe ku Bafite imirimo ibafitiye inyungu bakora n’Abashomeri mu Rwanda (Rwanda Labour Force Survey – Quarter 4, 2025), byashyizwe hanze ku wa 23 Mutarama 2026, bukaba butanga ishusho rusange y’imiterere y’akazi, ubushomeri n’ibindi bipimo by’isoko ry’umurimo mu gihugu.

    Ubwo bushakashatsi bwerekanye ko abaturage bafite imyaka 16 kuzamura, bafatwa nk’abafite imyaka yo gukora, bagera kuri 8,632,032. Muri bo, 5,536,997 bari ku isoko ry’umurimo, mu gihe 3,095,035 bari hanze yaryo.

    Mu baturage bari ku isoko ry’umurimo, abagera kuri 4,890,198 bangana na 56,7% bafite akazi, mu gihe 646,799 bangana na 11,7% ari abashomeri, bisobanuye ko badafite akazi ariko bari mu rugendo rwo kugashaka kandi biteguye kugakora kabonetse.

    NISR igaragaza ko hari n’icyiciro cy’abaturage batari ku isoko ry’umurimo, barimo abakora ubuhinzi bw’amaramuko, abanyeshuri biga gusa, abasheshe akanguhe, abafite ubumuga n’abacitse intege zo gushaka akazi, bagize umubare munini w’abari hanze y’isoko ry’umurimo muri iki gihe.

    Ku bijyanye n’inzego zitanga akazi, urwego rwa serivisi rukomeje kuza ku isonga mu Rwanda, rutanga akazi ku gipimo cya 44,9%, rukurikirwa n’urwego rw’ubuhinzi rutanga akazi ku 39,6%, mu gihe urwego rw’inganda rutanga akazi ku 15,5%.

    Mu bashomeri bose babaruwe, imibare ya NISR igaragaza ko 57,9% bari mu buhinzi bw’amaramuko, mu gihe 42,1% ari abari mu bindi byiciro by’ubushomeri, ibintu bigaragaza ko imirimo idatanga umusaruro uhagije igikomeje kugira uruhare mu mibare y’ubushomeri.

    Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare kivuga ko gukomeza gutanga imibare yizewe binyuze mu bushakashatsi nk’ubu bizakomeza gufasha inzego zitandukanye gufata ibyemezo bishingiye ku makuru afatika, bigamije guteza imbere isoko ry’umurimo no gukomeza kugabanya ubushomeri mu Rwanda.

  • Mu Rwanda: Abakuze n’Abagore ku isonga mu bugarijwe na VIH-SIDA

    Mu Rwanda: Abakuze n’Abagore ku isonga mu bugarijwe na VIH-SIDA

    Nubwo u Rwanda rukomeje kwesa imihigo mu rugamba rwo kurwanya Virusi itera SIDA (VIH), imibare mishya yerekana ko icyorezo kirimo guhindura isura, aho ubwandu bushya bukomeje kwibasira cyane abantu bakuze n’abagore, cyane cyane mu mijyi n’uturere dufite ubucucike bw’abantu.

    Mu 2025, 30% by’abafite VIH mu Rwanda, bari hejuru y’imyaka 50, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima. Ibi byerekana ko icyorezo kitakiri ikibazo cy’urubyiruko gusa, ahubwo kimaze kugera no mu baturage bakuze, bikaba bisaba ingamba nshya zita ku buzima bwabo.

    Mu mwaka wa 2024, abagore 5,516 basanzwemo ubwandu bushya, baruta abagabo 3,503. Nubwo 99% by’abagore banduye bafata imiti igabanya ubukana, iyi mibare yerekana ko abagore bagifite ibyago byinshi byo kwandura, cyane cyane abari mu mijyi n’abakora imirimo ibashyira mu byago byo kwandura.

    Imibare y’Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR),igaragaza ko hagati ya 2019 na 2024, abantu 54,287 basanzwemo VIH. Mu 2024 gusa, abantu 9,019 baranduye, aho Umujyi wa Kigali wihariye 2,883 naho Intara y’Iburasirazuba 2,439,hagakurikiraho Intara y’amajyepfo ifite abanduye 1,573, Uburengerazuba bufite 1,257, n’Amajyaruguru afite 867.

    Abahanga mu by’ubuzima basobanura ko imiterere y’imijyi, kwimuka kw’abantu no guhurira hamwe kw’abaturage benshi bishobora gutuma ubwandu bushya bwiyongera, cyane cyane i Kigali.

    Nubwo urubyiruko ruri hagati y’imyaka 15–24 rwagaragayeho ubwandu bushya ku kigero cya 11,234, abarengeje imyaka 25 ni bo bagize umubare munini (41,385). Ibi byerekana ko icyorezo gikomeje kwinjira mu byiciro by’abantu bakuru, bikaba bisaba ubukangurambaga bwihariye bubareba.
    U Rwanda rwarengeje intego za UNAIDS zizwi nka 95–95–95, ruri ku gipimo cya 96–98–98.

    Ibi bivuze ko,96.9% by’abanduye bazi ko bafite virusi itera SIDA, 98% bafata imiti igabanya ubukana, 98% bafite ubwandu butagaragara mu maraso.

    Kuva mu 2015, igipimo cyo kwanduza umwana VIH mu gihe cyo kubyara,cyaragabanutse kigera munsi ya 2%, kubera ko hejuru ya 99% by’abagore batwite banduye bafata imiti igabanya ubukana.

    Mu byiciro bifatwa nk’ibifite ibyago byinshi, ubwandu mu bagore bakora uburaya bwavuye kuri 51% mu 2010 bugera kuri 35.2% mu 2023, naho mu bagabo baryamana n’abandi bagabo buva kuri 6.9% mu 2021 bugera kuri 5.8% mu 2024.

    Imibare igaragaza ko 3% by’abaturage bose mu Rwanda bafite VIH, naho mu cyiciro cy’abafite imyaka 15 na 49, ubwandu buri kuri 2.7%. Habarurwa abantu 234,593 bfite iyi virusi, naho abapfa buri mwaka bazize SIDA bagera ku 2,500.

  • Imiyoboro u Rwanda rufatanya n’ibindi bihugu iruteza ibura ry’amashanyarazi

    Imiyoboro u Rwanda rufatanya n’ibindi bihugu iruteza ibura ry’amashanyarazi

    Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Jean de Dieu Uwihanganye yatangaje ko kuba umuriro w’amashanyarazi ukomeje kubura bya hato na hato mu gihugu, bishingiye ku miyoboro u Rwanda ruhuriraho n’ibindi bihugu.

    Yabigarutseho ku wa Kabiri mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe X yisegura ku banyarwanda bagizweho ingaruka n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi rimaze iminsi riba, cyane iriheruka ryo ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 5 Mutarama 2026 hafi mu gihugu hose.

    Ni nyuma y’uko ku rubuga rwa X, uwitwa Robert Cyubahiro Mckenna yagaragarije MININFRA ko ibura ry’umuriro hirya no hino mu Gihugu rikomeje kuba inshuro nyinshi asaba ko bakurikirana imikorere y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) kiwufite mu nshingano.

    Mu gusubiza ubwo butumwa, Uwihanganye yavuze ko ibibazo byiyongereye cyane ahanini bitewe n’imiyoboro u Rwanda rufatanya n’ibindi bihugu.

    Yagize ati: “Minisiteri y’ibikorwa remezo, twiseguye ku Banyarwanda kubera ibura ry’umuriro w’amanyashanyarazi ryabaye mu gihugu no mu minsi ishize.

    Yakomeje agira ati: “Ibi bibazo byiyongereye cyane ahanini biterwa n’Imiyoboro dufatanya n’ibindi bihugu. Iyo ibibazo bibaye muri yo bitugiraho ingaruka.”

    Icyakora Uwihanganye, yijeje Abanyarwanda ko ibyo bibazo bitazahoraho kuko hafashwe ingamba zo kubikemura.

    Ati: “Ntibizahora gutyo, twatangiye ingamba zigamije kurinda birushijeho imiyoboro yacu no kugabanya izo ngaruka. Ni imishinga iriho ikorwa izafata umwanya ariko turabyihutisha. Tubijeje kuzabikemura vuba kandi tuzabimenyesha Abanyarwanda”.

    Ubutumwa Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Jean de Dieu Uwihanganye,yanyujije ku rubuga rwa X.

    REG, ivuga ko muri gahunda yo kurushaho kongera amashanyarazi ngo ibi bibazo bikemuke, hari ingomero zirimo kubakwa, iziri mu nyigo (Feasibility studies) ndetse n’iziteganyijwe harimo: Nyabarongo II (43.5 MW), umushinga ukaba ugeze ku kigero cya 57%, Rukarara VI HP (9.7MW) umushinga ugeze ku kigero cya 26%, Nyirahindwe HPP (0.909 Mw) umushinga ugeze ku kigero cya 71%.

    Hari kandi Rusizi III HEP (206 MW) u Rwanda ruhuriyeho n’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imirimo ngo yaratangiye ariko ikaba igenda buhoro kubera ibibazo bya politiki biri mu bihugu bihuriye kuri uyu mushinga.

    Mu bijyanye no gusana ibikorwa bikwirakwiza umuriro mu gihugu, REG ivuga ko mu Mujyi wa Kigali icyo gikorwa kigeze kuri 67%. By’umwihariko imiyoboro iringaniye ica mu butaka irimo kuvugururwa mu Karere ka Nyarugenge (LV underground cables & MV/LV cabins renovated), imirimo igeze kuri 65%.

    Hari kandi Station nto ya Nyamata ifasha gukwirakwiza amashanyarazi yazamuriwe ubushobozi ikaba yakira 30KV. Izindi Station nto zirimo kuvugururwa harimo Rubavu, Muhanga, Nzove, Gikondo na Gahanga, aho imirimo igeze kuri 6%.

     

  • RDB,yoroheje ibiciro byo gusura ingagi

    RDB,yoroheje ibiciro byo gusura ingagi

    Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB),rwatagaje ko rworoheje igiciro cy’uruhushya rwo gusura ingagi zo mu Birunga. Ni ahunda izageza tariki ya 31 Ukuboza 2026, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere u Rwanda nk’ahantu h’ingenzi ho gusurwa n’abimbere mu gihugu no mu karere.

    RDB,yabinyujije mu itangazo yashyize ahagaragara ku wa Mbere, tariki ya 5 Mutarama 2026.Yasobanuye ko ibi biciro bitazakoreshwa kuva muri Kamena kugeza mu Ukwakira 2026.

    Muri iyi gahunda, Abanyarwanda n’abaturage bo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bazajya bishyura amadolari y’Amerika 200, ku ruhushya rumwe rwo gusura ingagi. Bazajya basabwa kwerekana ibyangombwa birimo indangamuntu, pasiporo igifite agaciro cyangwa icyemezo cy’amavuko.

    Ku baturuka mu bindi bihugu by’Afurika ndetse n’abanyamahanga baba kuri uyu mugabane, igiciro cyashyizwe ku madolari y’Amerika 500. Aba bo bazajya basabwa pasiporo igifite agaciro, Indangamauntu y’aho atuye, ikarita y’umudipolomate, cyangwa viza ifite agaciro nibura k’amezi ane akurikirana.

    RDB, yashimangiye ko gukomeza koroshya igiciro cy’uruhushya rwo gusura ingangi muri uyu mwaka bigamije kurushaho kugaragaza u Rwanda nk’ahantu h’ingenzi ku bakerarugendo bo mu gihugu, abo mu karere no muri Afurika yose.

    Iti: “Ibi bishimangira umuhate wa RDB, wo guteza imbere ubukerarugendo no gushyira u Rwanda ku isonga mu karere no ku rwego mpuzamahanga.”

    Gusura ingagi muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ni kimwe mu bikorwa by’ubukerarugendo bifite akamaro kanini mu gihugu, kuko bikurura abanyamahanga n’Abanyarwanda batandukanye ndetse bikagira uruhare mu kubungabunga ibidukikije, guteza imbere imibereho y’abaturage baturiye pariki n’abanyarwanda muri rusange ndetse no kumenyekanisha u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga.

    Itangazo rya RDB.
  • Nyuma y’uko Amerika iteye Venezuela igashimuta Perezida, igiciro cya zahabu cyazamutse

    Nyuma y’uko Amerika iteye Venezuela igashimuta Perezida, igiciro cya zahabu cyazamutse

    Ibiciro by’amabuye y’agaciro arimo na zahabu byazamutse ku isoko mpuzamahanga nyuma y’uko ifatwa rya Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryongereye impungenge z’abashoramari ku byago bya politiki mpuzamahanga.

    Mu masaha ya mu gitondo cya nane,tariki 5 Mutarama 2026, muri Aziya, igiciro cya zahabu cyari cyazamutseho hafi 1.8%, kuko cyageze hafi kuri $4,408 ku kilo (hafi miliyoni zisaga esheshatu n’igice z’amafaranga y’u Rwanda). Umuringa nawo wari wazamutse ku kigero cya hafi 3.5%, bitewe n’uko amafaranga menshi yimuriwe mu byitwa “ibikoresho byizewe” (safe-haven assets).

    Nubwo ibiciro bya peteroli bitahise bihinduka ku buryo bugaragara, ku rundi ruhande ibiciro by’imigabane ku isoko ra ziya, yari iri kuzamuka muri rusange, mu gihe abashoramari bakomeje kwifata bitewe n’ingaruka zishobora kugera ku bucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli.

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Amerika igiye gukoresha umutungo munini wa peteroli wa Venezuela nyuma yo gufata Maduro, ashimangira ko iki gihugu kizayobora inzibacyuho “itekanye, iboneye kandi itekerejweho neza” kugeza habonetse ubuyobozi bushya.

    Mu mwaka wa 2025, zahabu n’umuringa byigeze guhenda ku rwego rwo hejuru mu mateka, nubwo ibiciro byaje kugabanuka mu minsi yakurikiyeho. N’ubwo bimeze bityo, zahabu yakomeje kugumana igiciro kiri hejuru ugereranyije n’imyaka yabanje kuva mu 1979, aho yazamutse hejuru ya 60% ikagera ku rwego rwo hejuru mu mateka rwa $4,549.71 ku itariki ya 26 Ukuboza 2025.

    Abasesenguzi bavuga ko iri zamuka ryatewe n’impamvu zitandukanye zirimo ibyitezwe byo kugabanya inyungu ku nguzanyo, ukwiyongera k’ubwishingizi bw’amabanki makuru ku mutungo wa zahabu, ndetse n’impungenge zishingiye ku makimbirane mpuzamahanga no kutamenya neza icyerekezo cy’ubukungu ku rwego rw’isi.

     

  • “Singombwa ko amakimbirane yose akemukira mu nkiko”-Umuhuza w’umwuga

    “Singombwa ko amakimbirane yose akemukira mu nkiko”-Umuhuza w’umwuga

    Umuhuza w’umwuga mu gukemura ibibazo by’abaturage hatisunzwe inkiko akaba n’umutoza mu mibanire y’abantu KATAREBE Gaetan,aragira inama abagiranye amakimbirane kuyoboka inzira y’ubuhuza kuko bizabafasha kugemura amakimbirane mu gihe gito kandi bagahabwa igisubizo kibanyuze bombi kuko bo ubwabo baba bacyumvikanyeho.

    Avuga ko abantu bakwiye kuyoboka ubu buryo kuko amakimbirane yose adakemukira mu nkiko gusa kandi ko iyo ibibazo bikemukiye mu buhuza binafasha ababigiranye kwiyunga no kongera gusabana kandi bitanabatwaye ikiguzi gihanitse ndetse no gusiragira bya hato na hato.

    Yagize ati “Singombwa ko amakimbirane yose akemukira mu nkiko.Hari igihe usanga abantu bari bafitanye amakimbirane yari kuzamara igihe kirekire impande zombi zigatakaza byinshi kuko usanga umwe ashaka kwihimura kuri mugenzi we,ariko nyamara batwiyambaza nk’abahuza b’umwuga tukabafasha kubikemura mu gihe gito umubano wabo ugakomeza nta gatotsi namba.”

    Bwana KATAREBE,akomeza avuga ko igihe cyose ubuhuza bwemewe haba mbere y’uko abantu bagana inkiko ndetse n’igihe hari ikirego kiri mu rukiko bitabuza ababuranyi kwisunga ubuhuza.

    Ati “Ndamara impungenge abantu rwose ko igihe cyose abantu badusabye ko tubakorera ubuhuza turabikora kandi bikarangira neza,haba mbere abantu batarajya kuregana ngo umwe ajyane undi mu rukiko ndetse n’aho ikirego cyaba kigeze hose haba mu rukiko rw’ibanze cyangwa urw’ikirenga,ubuhuza burakorwa rwose”.

    KATAREBE Gaetan,Umuhuza n’Umutoza w’umwuga/C&M Conflict Solution.

    U Rwanda rwatangije Politiki y’ubuhuza muri 2022, kandi kugeza ubu ikaba imaze gutanga umusaruro ushimishije,nk’uko byagarutswe na Domitilla MUKANTAGANZWA,ubwo hatangizwaga icyumweru cy’ubutabera kuwa uwa 8 Ukuboza kigasoza kuwa 19 Ukuboza 2025.

    Yavuze ko kuva mu mwaka wa 2022, kugeza ubwo hatangizwaga icyumweru cy’ubutabera hari hamaze kurangizwa imanza ibihumbi makumyabiri.

    Kuva muri Mutarama 2025, kugera uwo munsi, urwego rw’ubugenzacyaha- RIB narwo rwatangaje ko rwarangije ibibazo 2800 mu buryo bw’ubuhuza.

    Mu bushinjacyaha na bo bavuze ko muri 2024-2025, dosiye ibihumbi bitatu zarangiye mu buhuza.

  • America yagabye igitero kuri Venezuela,ita muri Perezida Maduro

    America yagabye igitero kuri Venezuela,ita muri Perezida Maduro

    Perezida  wa Leta zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump, yatangaje ko bagabye ibitero simusiga mu murwa mukuru wa Venezuela, bigasiga Perezida Nicolás Maduro n’umugore we,bafashwe bagakurwa muri icyo gihugu.

    Ni ubutumwa Perezida Trump yanditse kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Mutarama 2026, ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth Social.

    Trump yanditse ko Leta zunze Ubumwe za Amerika zakoze neza igitero kinini cyibasiye Venezuela n’umuyobozi wayo.

    Yagize ati “Perezida Nicolás Maduro, we n’umugore we bakaba bafashwe bavanwa muri icyo gihugu.”

    Amerika ishinja Perezida Maduro, kuba umwe mu bantu bakomeye ku Isi bacuruza ibiyobyabwenge, cyane cyane cocaine ivanze na fentanyl, binyuzwa mu nzira zitemewe mu rwego rwo kwinjiza amafaranga menshi binyuranyije n’amategeko.

    Perezida Maduro,kandi yari yarashyiriweho igihembo cya miliyoni 50 z’amadolari y’America,  ku muntu wese watanga amakuru y’aho aherereye cyangwa akamufasha gufatwa.

    Perezida Trump yatangaje ko “Ari intsinzi ikomeye mu rugamba rwo kurwanya ruswa n’ibiyobyabwenge, kandi ko ibisobanuro birambuye azabitangaza mu kiganiro n’abanyamakuru i Florida”.

    Ubutegetsi bwa Venezuela, bwari bwatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zagabye ibitero mu murwa mukuru Caracas, ndetse no mu zindi ntara eshatu, zirimo Miranda, La Guaira, na Aragua.Bwavugaga ko Perezida Maduro yahise atangaza ibihe bidasanzwe.

    Ibi bikorwa bya America, byateje impaka ndende mu muryango mpuzamahanga, aho ibihugu bimwe bibibona nk’ivogerwa ku bwigenge bwa Venezuela, mu gihe ibindi bibifata nk’intambwe ikomeye mu kurwanya ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

    Perezida Maduro, yari amaze igihe kinini yanga ibiganiro na Amerika, ndetse yari yaratangaje ko igihugu cye kitazigera cyemera kwinjirwamo n’ingabo z’amahanga.

  • U Rwanda rwatangiye gukingira Hepatite B ku bana bavutse

    U Rwanda rwatangiye gukingira Hepatite B ku bana bavutse

    U Rwanda rwatangije ku mugaragaro gahunda yo guha urukingo rw’indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa B (Hepatite B) abana bose bavuka, rutangwa mu masaha 24 nyuma yo kuvuka hagamijwe kubarinda kwandura iyi ndwara ikomeye iterwa na virusi ya HBV.

    Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), cyatangaje mu itanGazo cyashyize ahagaragara ku w Gatanu ko uru rukingo ruzajya rufasha kongerera ubushobozi umwana wo mu myaka ya mbere y’ubuzima kugira ngo atandura iyi ndwara ashobora kwanduzwa n’umubyeyi mu gihe cyo kuvuka.

    Hepatite B ni indwara ikomeye, kuko abana bangana na 95% bayandura bakivuka, bibaviramo uburwayi bukomeye bw’umwijima udukira ari byo bishobora kubaviramo intandaro y’uburwayi bukomeye bw’umwijima buzwi nk’ubushwima, ndetse na kanseri y’umwijima.

    RBC ivuga ko guha umwana urukingo akivuka ari uburyo bunoze kandi bwizewe bwo kugabanya ibyago byo kwandura iyi ndwara no kurinda ubuzima bwe mu gihe kirekire.

    RBC yatangaje ko gutangiza uru rukingo rwa Hepatite B ruhabwa umwana akivuka ari igikorwa cyunganira gahunda zisanzwe zo gukingira, hagamijwe kugabanya umubare w’abandura no kurandura burundu iyi ndwara mu gihugu bitarenze 2030.

    RBC kandi yasobanuye ko kugira ngo iyi gahunda izashyirwe mu bikorwa neza, ibigo nderabuzima byose byo mu gihugu byahawe ubushobozi n’ibikoresho bizafasha kubika neza no gutanga inking z’iyi ndwara ku mwana wese wavutse mu gihe kitarenze amasha 24 ndetse n’uba wavukiye hanze y’ivuriro agafashwa.

    RBC ati: “Abaganga bahawe amahugurwa ahagije ku buryo bwo gutanga inking n’uko zitangwa.”

    Yakomeje igira iti: “Turakangurira abaganga, ababyeyi, abafatanyabikorwa n’umuryango nyarwanda muri rusange gufasha no gukurikirana ko nyta mwana n’umwe ucikanwa n’uru rukingo kandi akarubonera ku gihe.”

    Kugeza ubu, abagera kuri miliyoni 296 ku Isi barwaye Hepatite B, aho buri mwaka abantu barenga miliyoni imwe bahitanwa n’ingaruka zayo zirimo kanseri y’umwijima. Mu Rwanda, ubwandu bugezweho buri ku rwego rwa 0.26%, bikaba bigaragaza intambwe igihugu cyateye mu kwirinda no gukumira iyi ndwara.

     

  • “Ntabwo tubuza abantu kurya no kunywa ariko bagomba kwitwararirika”-RDA yatanze umuburo muri iki gihe cy’iminsi mikuru

    “Ntabwo tubuza abantu kurya no kunywa ariko bagomba kwitwararirika”-RDA yatanze umuburo muri iki gihe cy’iminsi mikuru

    Ishyirahamwe ryita ku barwayi ba diyabete mu Rwanda (Rwanda Diabetes association-RDA), ryatanze umuburo ku baturarwanda ko bagomba kwitwararika ku byo kurya no kunywa muri iki gihe cy’iminsi mikuru,kuko bishobora ku bongerera ibyago byo kurwara indwaraza zitandura zirimo na diyabete ndetse no kuzahazwa nazo ku basanzwe bazirwaye ariko bagize uburangare bakirara muri iki gihe abantu baba bishimira iminsi mikuru.

    Muri iki gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka,haba hari ibirori bitandukanye ndetse n’abantu bishimira ko bakiri bazima,bagafata ibyo kurya byigajemo ibyongera ibyago byo kurwara indwara zitandura cyane cyane ibirimo amavuta menshi,ibinyobwa birimo isukari yo mu nganda byaba ibisembuye n’ibidasembuye. RDA,ikaba ivuga ko itabuza abantu kurya no kunywa ariko ikabasaba kwitwararika,nk’uko byagarutsweho na UWINGABIRE Etienne,uyobora iri shyirahamwe.

    Ati “Ntabwo tubuza abantu kurya no kunywa ariko mbere yo kujya mu minsi mikuru banza umenye uko uhagaze,wowe uri ku miti ntuyisige uyifate nk’uko muganga yabikubwiye…turabwira abaturarwanda bose muri rusange ko bagomba gufata ibyo kurya no kunywa bitabateza ikibazo kandi bibuke no gukora siporo”.

    UWINGABIRE Etienne,Umuyobozi wa RDA,yasabye Abaturarwanda kwitwararika kubyo barya n’ibyo banywa mu minsi mikuru hagamijwe kwirinda indwara zitandura nka Diyabete.

    Ubu butumwa RDA,yabutangiye mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuwa 31 Ukuboza 2025, ifatanyije n’ihuriro ry’imiryango irwanya indwara zitandura mu Rwanda NCD Alliance, ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima RBC.

    Prof. MUCUMBITSI Joseph,uyobora Rwanda NCD Alliance,yasabye abaturarwanda kumenya imibare y’ibipimo by’indwara zitandura kuko aribyo bigena uko bagomba kwitwara haba mu minsi mikuru na nyuma yayo.

    Yagize ati “Twese ntan’umwe udafite ibyago byo gufatwa n’indwara zitandura bishobora no kukugaragaraho muri iyi minsi isoza umwaka utari usanzwe uzi ko ubifite. Niyo mpamvu dukunda kuvuga mu nyigisho zose dutanga tuti menya imibare yawe. Ese uko ungana kose hejuru y’imyaka 35, uzi ibipimo by’umuvuduko w’amaraso ufite! Niba utazi isukari yawe ni uko utigeze wipimisha,niba utazi ubunini bwawe n’uburyo bijyana n’uburebure,ihutire kwipimisha bizagufashe kumenya uko witwara mu minsi mikuru na nyuma yayo”.

    Prof. MUCUMBITSI Joseph,uyobora Rwanda NCD Alliance,yasabye abaturarwanda kumenya imibare yabo y’ibipimo by’indwara zitandura.

    Dr.Ntaganda Evariste, uyobora agashami gashinzwe indwara z’umutima,muri RBC,yavuze ko ari byiza ko abantu bishimira iminsi mikuru ariko ikabasiga bafite umubiri muzima na roho nzima.

    Ati” Ugomba kuba ufite umubiri muzima na roho nzima bitangiritse kubera ko wafashe ibyo bintu bijyanye n’itabi cyangwa ibindi biyobyabwenjye n’inzoga muri rusange…turasaba abantu ngo bitwararike kubyo barya n’ibyo banywa iminsi mikuru ibabere iyo kwishima aho kubabera iy’amarira”.

    Dr.Ntaganda Evariste, uyobora agashami gashinzwe indwara z’umutima,muri RBC,yavuze ko ari byiza ko abantu bishimira iminsi mikuru ariko ikabasiga bafite umubiri muzima na roho nzima.

    Imibare itangwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS,ivuga ko abantu 7 mu bantu 10 bapfa biturutse ku ndwara zitandura,kandi 73 by’abahitanwa n’indwara zitandura baturuka mu bihugu bikiri munzira y’amajyambere.

    Ibyo kurya no kunywa byongera ibyago byo kurwara indwara zitandura birimo ibiribwa byongewemo amavuta menshi,ibitunganyirizwa mu nganda,ibinyobwa bidasembuye bitunganyirizwa mu nganda,inzoga n’itabi ndetse,kutanywa amazi ahagije no kudakora imyitoza ngororamubiri n’ibdindi.

  • Gasabo: Urubyiruko rurifuza ko ubukangurambaga kuri SIDA bwiyongera

    Gasabo: Urubyiruko rurifuza ko ubukangurambaga kuri SIDA bwiyongera

    Hari urubyiruko rwo mu murenge wa Gisozi, mu karere ka Gasaba rwifuza ko hakongerwa ubukangurambaga kuri SIDA, kuko usanga bamwe muri bo batazi uburemere bw’iki cyorezo.

    Buri mwaka, tariki 1 Ukuboza, Isi yizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya SIDA, unatangiza ubukangurambaga kuri iyi ndwara, bumara amezi atandatu.

    Mu bukangurambaga bwabereye mu murenge wa Gisozi, mu karere ka Gasabo, urubyiruko rwagaragaje ko bwaziye igihe kuko babonye amakuru abafasha kwirinda kwandura virusi itera SIDA.

    Iradukunda Claudette yagize ati “Batugiriye inama z’ukuntu twakwitwara. Ikintu cya mbere ni ukwirinda abadushuka, byatunanira kwifata tugakoresha agakingirizo.”

    Hakizimfura Isaac we yagize ati “Amakuru twabonye agiye kudufasha kurushaho kwitwara neza, by’umwihariko muri ibi bihe by’ibiruhuko.”

    Urubyiruko rwibukijwe ko Virusi itera SIDA igihari ndetse ko ubwandu bushya bw’iyi virusi bwiganje mu rubyiruko rufite imyaka 24 kumanura.

    Urubyiruko rwitabiriye ubukangurambaga.

    Bamwe mu rubyiruko basanga kuba ari bo bugarijwe n’ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA ari ubukangurambaga kuri iyi ndwara bwabaye bucye.

    Hakizimfura Isaac yagize ati “Mbere badusangaga ahantu hose, mu bigo by’amashuri bakadusangayo, ariko ubu bisigaye biba gacye cyane.”

    Ubu bukangurambaga bwo mu murenge wa Gisozi, bwakozwe ku bufatanye n’Umuryango utari uwa Leta, Réseau des Femmes, binyuze mu mushinga wabo w’ubuzima bw’imyororokere witwa SDSR-Rwanda.

    Ni mushinga uyu muryango ushyira mu bikorwa mu mirenge yose 15 igize akarere ka Gasaba, ku bufatanye n’Umuryango w’Abanya-Canada witwa l’AMIE, ku nkunga ya Affaires Mondiales Canada.

    Bazarama Marie Michele ari gusobanura impamvu y’ubu bukangurambaga

    Bazarama Marie Michele, Umukozi Ushinzwe imibereho myiza muri Réseau des Femmes avuga ko bazakomeza gufasha urubyiruko kubona amakuru kuri Virusi itera SIDA ndetse n’andi yose ajyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

    Yagize ati “Ubukangurambaga nk’ubu dusanzwe tubukora kandi tuzakomeza kubukora kugira ngo urubyiruko rubone amakuru yizewe.”

    Michele yavuze ko uretse amakuru batangira mu bukangurambaga nk’ubu, hari n’umukangurambaga w’urungano muri buri murenge w’Akarere ka Gasabo, utanga amakuru y’ubuzima bw’imyororokere mu buryo buhoraho, ndetse  n’umurongo wa telephone 8011, abantu bahamagara ku buntu bagahabwa ayo makuru.