AFC/M23 yavuze ko itazasubira mu biganiro by’amahoro i Doha

Ihuriro AFC/M23 ryashimangiye ko ritazasubira mu biganiro by’amahoro i Doha muri Qatar igihe cyoseLeta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), itarubahiriza byuzuye ibikubiye mu mahame yasinywe hagati y’impande zombie muri Nyakanga uyu mwaka. Ni nyuma yo kutohereza intumwa mu bindi biganiro byagombaga kubera I Doha.

Ayo mahame yasabaga RDC kurekura imfungwa 700, zirimo abanyamuryango ba AFC/ M23 n’abafunzwe bakekwaho kuba abari mu miryango yayo.

Aya mahame yashyizweho umukono tariki ya 19 Nyakanga 2025 yari agamije kandi guhagarika imirwano burundu no gutegura ikindi cyiciro cy’ibiganiro by’amahoro bitarenze tariki ya 8 Kanama, mu gihe ibikorwa byo kurekura abantu 700 byari biteganyijwe kurangira bitarenze tariki ya 29 Nyakanga.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko abahagarariye iri huriro batitabiriye ibindi biganiro by’amahoro byari biteganyijwe i Doha, kubera ko ingingo zose zishyirwaho umukono zitarubahirizwa. Yibutsa ko Leta ya RDC/M23 ikomeje kurenga ku ihagarikwa burundu ry’imirwano, avuga ko “Kinshasa ntishaka amahoro.”

Nta gihe runaka Kanyuka yavuze ko AFC/M23 izasubira mu biganiro ariko byose bizashingira ku kuba Leta ya RDC yakubahiriza ibyo yasabwe mu mahame y’i Doha.

Ubusanzwe ku ngengabihe, uyu munsi nibwo hagombaga gusinwa amasezerano y’amahoro ya burundu hagati ya RDC na AFC/ M23, ariko naho batumirijweho AFC/ M23 yanze kubyitabira.

Umunyamategeko Gasominari Jean Baptiste, yavuze ko bitatunguranye kubona nta masezerano asinyirwa i Doha hagati ya DRC na M23 nk’uko byari byitezwe.

Avuga ko ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa “Bakomeje gukora ibikorwa bigaragaza ko bitegura intambara kuruta uko bashaka amahoro.”

Ni nyuma yaho AFC/ M23 yubahirije ibyo yasabwaga birimo gugungura imfungwa 700 zirimo abasilikari ba RDC ndetse nabo mu miryango yabo, bakurizwa indwge ibajyana muri Beni, abandi bakanyura ku butaka bagashyikiruzwa umuryango wa Croix Rouge.

Nimugihe uyu muryango uvuga ko ku rutonde rw’abo AFC/ M23 yasabye ko barekurwa harimo abasaga 200 batazwi aho bafungiye, bikekwa ko bashobora kuba barishwe na Leta ya Congo.

Hari amakuru avuga ko Leta ya Qatar ikomeje kotsa igitutu Leta ya RDC kugira ngo ireke izo mfungwa zisabwa na AFC/M23 mbere y’uko ibiganiro by’amahoro bisubukurwa. Nimugihe RDC yo yashimangiye ko izazirekura nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro.

Qatar yemeje ko ingengabihe y’amahame yasinyiwe i Doha itubahirijwe, ariko ikomeje gukorana n’impande zombi kugira ngo zumvikane.

Tariki ya 14 Kanama (08), yagiye ishyikiriza impande zose umushinga w’amasezerano y’amahoro ngo bawusuzume, ari nawo warikuganirwaho mu biganiro byagombaga gutangira uyu munsi hagamijwe gusubukura ibiganiro no kubaka amahoro arambye mu burasirazuba bwa RDC.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *