Ababyeyi basabwe kubahiriza amabwiriza agenga umusanzu batanga mu mashuri

Minisiteri y’Uburezi y’u Rwanda,MINEDUC,yongeye gusaba ababyeyi kubahiriza amabwiriza agenga umusanzu batanga mu y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta ndetse n’afatanya na Leta ku bw’amasezerano.

Iyi minisiteri yabitangaje none kuwa 28/8/2025,bikaba bikubiye mu itangazo ryasohowe ku wa 14 Ugushyingo 2022, rigaragaza uburyo bushya bw’imisanzu y’ababyeyi, hagamijwe gukumira ibiciro bihanitse no guteza imbere uburezi bufite ireme kuri bose.

Minisiteri y’Uburezi yemeje ko umusanzu w’ababyeyi ugomba gukurikiza ibi bikurikira bigaragara muri iri tangazo.

MINEDUC,yibukije ko kugira ngo ishuri rikore ibinyuranye n’aya mabwiriza, bisaba kwemezwa n’inama rusange y’ababyeyi, akarere ishuri riherereyemo ndetse na Minisiteri y’Uburezi ubwayo.

Minisiteri yashimiye ababyeyi n’abarezi ku bufatanye bagaragaza mu guteza imbere uburezi bw’igihugu, by’umwihariko mu gufasha abana bose kubona uburezi bufite ireme.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *