Nyina wa Sean Kingston yakatiwe imyaka 5 y’igifungo, umuhungu we nawe ari mu mazi abira

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, inkuru ivuga ku muhanzi Sean Kingston n’umubyeyi we, Janice Turner, imaze iminsi ishyushye mu itangazamakuru. Kuri uyu wa mbere, tariki ya 22 Nyakanga 2025, urukiko rwo muri Florida rwakatiye Janice Turner igifungo cy’imyaka 5 nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo uburiganya mu bucuruzi, gukoresha amayeri mu kubona ibicuruzwa bihenze no kunyereza umutungo.

Uyu mubyeyi w’imyaka 61 y’amavuko, yahamijwe uruhare mu bikorwa bigera ku 80 by’uburiganya byakozwe mu izina rye no mu izina ry’umuhungu we, Sean Kingston. Ibi byaha byibanze ku gukoresha amazina y’abandi bantu no guha ibinyoma ba rwiyemezamirimo batandukanye kugira ngo babone ibintu by’agaciro nk’ibikoresho bya muzika, televiziyo zihenze, imodoka, n’ibindi byinshi, byose bigezwa ku rugo rwa Sean Kingston.

Rapper Sean Kingston and his mother indicted on federal charges in alleged  $1M fraud scheme

Sean Kingston, wamenyekanye cyane mu ndirimbo nka Beautiful Girls na Fire Burning, aracyari mu maboko ya polisi nyuma yo gutabwa muri yombi mu kwezi kwa Gatanu 2025, aho polisi yakoze operation yihariye mu rugo rwe i Fort Lauderdale muri Florida.

Ibimenyetso byinshi byerekana ko Sean ubwe yaba yarafashije cyangwa yaragize uruhare mu bikorwa by’uburiganya byakorwaga na nyina. Harimo amakuru avuga ko yakoresheje amazina y’ibyamamare ndetse n’ibikoresho by’itangazamakuru byabaga byahimbwe kugira ngo yemererwe kugura ibikoresho bihenze ku nguzanyo cyangwa ku bwumvikane, ariko bikarangira batishyura.

Ibyaha bikomeye byamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha, birimo:

  • Kunyereza umutungo urengeje $1,000,000 USD,
  • Gukoresha impapuro mpimbano,
  • Kubeshya mu masezerano y’ubucuruzi,
  • Gukoresha amazina y’abandi bantu kugira ngo babone serivisi cyangwa ibicuruzwa.

Sean Kingston, ufite imyaka 35 y’amavuko, aramutse ahamwe n’ibyaha byose aregwa, ashobora gukatirwa igifungo cy’imyaka 20.

Abafana benshi bagaragaje agahinda n’akababaro ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bavuga ko batari biteze ko Sean Kingston, wigeze kuba icyamamare ku rwego rw’isi, ashobora kugwa muri ruswa n’uburiganya. Hari n’abandi bavuga ko ashobora kuba yaraguwe gitumo kubera ubushobozi buke bwo gukomeza kubaho nk’icyamamare kandi atagihagaze neza mu muziki.

Sean Kingston's mom sentenced to 5 years in prison for fraud | Miami Herald

Abahanzi nka Tory Lanez, Chris Brown, na Ty Dolla $ign bavuzwe mu bantu bake batanze ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga, aho bagaragaje impungenge ku bijyanye n’igihe kizaza cya Kingston, ariko bakamusabira gukorana n’ubutabera no gusubira ku murongo.

Hari bamwe bacyemera ko Sean Kingston ashobora kongera kugaruka mu muziki, ariko bikaba bigoye cyane. Kuva mu 2010 kugera ubu, ibikorwa bye bya muzika byagiye bigabanuka, ndetse hari n’abavuga ko iyi dosiye yaba ari ishyano ryanyuma rimukuraho burundu icyizere cyo kugaruka nk’umuhanzi ukomeye.

Kuri ubu, urubanza rwe rurakomeje, kandi mu byumweru biri imbere harateganyijwe iburanisha rikomeye rishobora gutanga igisubizo niba azakatirwa cyangwa hari ibyo azaburana yisobanura.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *