Bill Gates Avuga ko Steve Jobs Yamugiriye Inama Idasanzwe: “Wari Ukeneye Gufata Acid ngo Ibicuruzwa bya Microsoft Biboneke Neza”

 

Mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru, Bill Gates, washinze Microsoft, yatangaje ibintu bitangaje yigeze kubwirwa na Steve Jobs, washinze Apple. Mu mvugo irimo urwenya n’ubwenge busanzwe bwarangaga Steve Jobs, ngo yamugiriye inama igira iti:

“Wari ukeneye gufata acid (LSD) kugira ngo ibicuruzwa byawe bya Microsoft bibe bifite isura nziza.”

Iri jambo, ryavuzwe nk’ikinamico ariko rifite ishingiro mu mwihariko w’ibitekerezo bya Steve Jobs ku buhanga bw’udushya (creativity) n’imikoreshereze y’ubwonko bushishikajwe no guhanga ibintu bidasanzwe.

Iri jambo acid rikoreshwa nk’izina rusange rya LSD (Lysergic acid diethylamide), ikinyabutabire kizwiho gutera ibitekerezo bitangaje no guhinduza imitekerereze. Nubwo ikoreshwa ryacyo ritemewe, Steve Jobs ubwe yemeye ko yigeze kuyikoresha akiri muto, kandi ko ryamufashije kureba isi n’ubuhanga bwo guhanga ibintu mu buryo budasanzwe.

“Ukoresheje LSD ni kimwe mu bintu 2-3 by’ingenzi cyane nabonye mu buzima.”

Ibi bishobora gusobanura impamvu Apple yagiye ishyira imbere design nziza, simplicity, n’imikoreshereze yoroshye, ugereranyije n’ibicuruzwa bya Microsoft byashinjwaga kenshi kugaragara nk’ibikomeye no kutagira ubwiza bw’umwimerere.

Bill Gates na Steve Jobs, nubwo bose bari abanyabwenge b’intangarugero, bagiye batandukana cyane mu bitekerezo. Gates yari uwumvise science na business mu buryo bw’umutuzo, atajya ajya mu bintu bya “intuitif” nk’uwari Jobs. Ibi nibyo byatumye, nubwo Microsoft yayoboye ku rwego mpuzamahanga, Apple yaje kwigaragaza nk’ikirango cy’ubwiza, umwimerere n’ubuhanga.

Nubwo ibyo Jobs yavuze bifite isura y’urwenya, birerekana uburyo yatekerezaga mu buryo budasanzwe. Yizeraga ko guhanga ibintu bihambaye bisaba kureba kure, kujya aho abandi batabona, ndetse rimwe na rimwe no kurenga ku bisanzwe byemewe.

Iri jambo kuri Gates ntabwo ari iryo kumusuzugura, ahubwo ni ukumwereka ko hari ibindi byiyumvo bishobora gushimangira guhanga, bitari gusa tekinike n’imibare.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *