Month: April 2025

  • Umunsi Prof. Lyambabaje na Uyisenga banga ko Abatutsi bagabanywa mu Ikipe y’Igihugu ya Volleyball

    Umunsi Prof. Lyambabaje na Uyisenga banga ko Abatutsi bagabanywa mu Ikipe y’Igihugu ya Volleyball

    Kuva mu 1973 Guverinoma ya Habyarimana Juvénal yashyizeho politiki y’iringaniza rishingiye ku bwoko no ku turere, ryitwaga ko rigamije guha abantu bose amahirwe angana mu byerekeye uburezi n’imirimo.

     

    Iyo ni politiki yashyigikiwe na benshi icyo gihe bayibonaga nk’uburyo bwo gukosora amateka mabi yari yarakozwe muri Repubulika ya Mbere yayobowe na Grégoire Kayibanda.

    Icyo gihe habagaho politike y’iringaniza, aho bavugaga ko imyanya yose igomba kuba igabanyijemo 85% igenewe Abahutu, 14% ari iy’Abatutsi, mu gihe 1% yari iy’Abatwa.

    Ambasaderi Karabaranga Jean Pierre wakiniye Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, yasobanuye amateka yayo n’uko abakinnyi bayibagamo bari babanye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati “Abo twasanze mu Ikipe y’Igihugu ntabwo batuvanguraga. Burya mu kibuga nta Muhutu, nta Mututsi, iyo baguhamagaraga wajyagamo bakakwakira. Mbese bakagushyigikira ukabona ko bagukunze.”

    Nubwo byari bimeze bityo ariko, leta yari iriho icyo gihe hari ibyo yakoraga kugira ngo ishyire icengezamatwara ry’ivangura mu Ikipe y’Igihugu, dore ko icyo gihe muri federasiyo, mu batoza no mu bakinnyi ntaryo bagiraga.

    Leta yakoraga uko ishoboye kose kugira ngo iryo vangura rigere mu makipe binyuze muri minisiteri yari ishinzwe siporo.

    Mu 1987 hatoranyijwe Ikipe y’Igihugu yagombaga gusohokera igihugu, urutonde rw’abatoranyijwe rwoherezwa muri Minisiteri yari ishinzwe siporo kugira ngo hashakwe ibyangombwa.

    Abari abayobozi ba Minisiteri bakibona urutonde bakubiswe n’inkuba kuko basanze abarenga 50% by’abaruriho bari Abatutsi kandi Ikipe y’Igihugu igomba kuba yiganjemo Abahutu.

    Basabye Ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda (FRVB) ndetse n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Lyambabaje Alexandre, ko bahindura urwo rutonde bagashyiraho abemewe.

    Nk’uko Amb. Jean Pierre Karabaranga yabitangarije Radio/TV10, icyo gihe Prof. Lyambabaje Alexandre na Uyisenga Charles barabyanze babwira minisiteri bati “Ntabwo bishoboka, ikipe twahisemo ni iyi nta yindi.”

    Kubera kugaragaza ko badasuzuguye ubuyobozi, bakuyemo abakinnyi babiri gusa, ariko ntibahindura urutonde rwose uko rwakabaye abandi barabemera.

    Icyo gihe u Rwanda rwitabiriye imikino y’Akarere ka Kane (Zone IV), yari yabereye muri Congo Brazzaville mu 1988, ndetse runitwara neza rutahana umudali wa Feza nyuma yo gutsindwa na Cameroun ku mukino wa nyuma.

    Gusa ntabwo icyo leta yifuzaga muri uyu mukino yigeze irekera aho kugishaka kuko yakomeje gucengeza amatwara yayo mu bakinnyi ndetse n’abakunzi b’umukino wa Volleyball kugeza ubwo bamwe batangiye kuyumva.

    Ibyo byatumye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu bari ku ruhembe mu mukino wa Volleyball bisanga ku rutonde rw’abagombaga kwicwa.

    Icyo gihe umukino wa Volleyball uri mu yashegeshwe cyane na Jenoside kuko yabuze abayobozi, abakinnyi, abatoza n’abakunzi muri rusange.

    Mu bo yatwaye ku ruhembe hari Rutsindura Alphonse wateje imbere uyu mukino mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko muri Petit Séminaire Virgo Fidelis Karubanda.

    Hari kandi Benjamin Imenamikore, Appolinaire Kabandana, Ntagugura Placide, Niyongira Justin, Rwagashayija Innocent, Kayiranga Eric, Kamonyo Jean Pierre, Ngoga Sebalinda Dominique, Ulimubenshi Vénant n’abandi.

    Aba ndetse n’abandi Batutsi barenga miliyoni bishwe bazira ubwoko bwabo, u Rwanda n’Isi yose birabibuka ku nshuro ya 31.

    Prof. Lyambabaje Alexandre ari mu barwanye ku iterambere ry’umukino wa Volleyball

    Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Volleyball yahanganaga ku ruhando mpuzamahanga

    Amb. Jean Pierre Karabaranga agaragaza ko mu bakinnyi nta rwango rwabagamo

    Prof. Lyambabaje Alexandre yabaye umukinnyi n’umutoza ukomeye wa Volleyball

    Uyisenga Charles ari mu banze ko Abatutsi bagabanywa mu Ikipe y’Igihugu

  • Imiti itangirwa kuri Mutuelle yageze ku 1500

    Imiti itangirwa kuri Mutuelle yageze ku 1500

    Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangarije abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ko hongerewe imiti itangirwa ku bwisungane mu kwivuza ‘Mutuelle de sante’ ikaba yarageze ku 1500 ivuye kuri 800.

     

    Abadepite bari bagaragaje ko abaturage batishimira uburyo bahabwa imiti mu mavuriro atandukanye hirya no hino mu gihugu, babaza ikiri gukorwa ngo icyo kibazo gikemurwe.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yasobanuye ko kuri ubu hongerewe ubushobozi n’imiti itangirwa kuri ‘Mutuelle de Sante’ iriyongera ikaba igeze ku 1500 ivuye kuri 800 yari iriho mu bihe byashize.

    Yagize ati “Bitewe n’indwara abaturage bakunze kwivuza, byabaye ngombwa ko ikigega cya mituweri gishyiramo serivisi nshya, zirimo indwara zitandura nk’imiti ya kanseri, imiti y’indwara z’umutima, insimburangingo…”

    Yakomeje agaragaza ko hari gahunda yo gukemura ibibazo bishingiye ku miti abaturage bakunze kugaragaza ko badahabwa iyo bivurije kwa muganga ahubwo bagasabwa kujya kuyigurira hanze y’ibitaro.

    Ati “Hari ukongera imiti dutanga kwa muganga ari na cyo gikemura ibibazo abaturage bagaragaza by’uko bajya kwivuza umuganga akamwandikira imiti ariko yajya kuri Farumasi y’ibitaro akabwirwa ko udahari. Kuba udahari harimo ibintu bibiri, icya mbere ni uko utaba uri kuri lisiti y’ibyo ubwishingizi bwishyura cyangwa se koko ukaba udahari. Ibyo twabikemuye byombi. Imiti yemerewe kuvurira kuri mituweri twayikubye kabiri cyane cyane ugendanye n’izi ndwara nshya twavuze.”

    Yavuze kandi ko mu itangwa rya serivisi hakirimo imbogamizi zo kuba abaturage bagana ibitaro n’ibigo nderabuzima usanga bamara umwanya munini batarahabwa serivisi ariko ko hari gushakwa ibisubizo ku cyakwihutisha itangwa rya serivisi.

    Yagaragaje ko muri iyo miti yongewemo ijyanye n’ubuvuzi bwa kanseri, kuvura no kubaga indwara z’umutima, kubaga hakoreshejwe ikoranabuhanga, kuyungurura no gusimbuza impyiko (dialyse), kuvura no kubaga uburwayi bw’igice cy’umugongo nk’urutirigongo, gutanga inyunganirangingo n’insimburangingo (prothese), kubaga Ivi no gusimbuza ivi, kubaga no gusimbuza umutwe w’igufwa ry’ukuguru, serivisi z’amaraso n’izindi zigendana na yo, gutanga inyunganiramirire ndetse hari n’indi miti yiyongereye ku rutonde rw’igiye nayo kujya yishyurwa hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza.

    Kugeza ubu zimwe muri izo serivisi zatangiye gutangwa izindi zizatangira gutangwa muri Nyakanga 2025 hamaze gutegurwa ibisabwa byose mu mavuriro ya Leta.

    Yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yamaze gukusanya agera kuri miliyari 20 Frw yo gushyigikira ikigega cya ‘Mituelle de sante’ kugira ngo gikomeze gutanga umusanzu wacyo uko bikwiriye.

    Ni amafaranga yakusanyijwe avuye mu nzego zinyuranye nk’acibwa abakoze amokosa yo mu muhanda, inzego za Leta, ibigo by’itumanaho bikorererwa mu Rwanda, ibigo by’imari n’ibigo by’ubwushingizi n’ibindi bitandukanye.

    Dr. Yvan Butera yashimangiye ko Guverinoma izakomeza gukusanya amafaranga ashobora gushyirwa mu kigega cya ‘mituelle de Sante’ hagamijwe guhaza ibyifuzo by’abaturage.

    Nubwo bimeze bityo ariko inzego z’ubuzima zigaragaza ko umusanzu buri muntu atanga wa 3000 Frw cyangwa 7000 Frw ku mwaka utageze kuri 40% by’ikiguzi kigenda iyo ahawe serivisi z’ubuvuzi hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza, kuko hajyamo nkunganire ya Leta.

    Bivugwa ko uwo musanzu ushobora kwiyongera bijyanye n’uko n’ibiciro ku masoko byagiye bihinduka nubwo wo utigeze uhinduka kuva mu myaka irenga 14 ishize ushyizweho.

    MINISANTE kandi yijeje ko hari n’ibiciro ku miti yo kwa muganga bishobora kwiyongera kuko hari aho wasangaga abakora muri urwo rwego bakorera mu gihombo.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yasobanuye ko kuri ubu hongerewe ubushobozi n’imiti itangirwa kuri ‘Mutuelle de Sante’ iriyongera ikaba igeze ku 1500

  • Tujyanye muri CHUK yaremye inzobere z’abaganga 5000

    Tujyanye muri CHUK yaremye inzobere z’abaganga 5000

    Imyaka itatu ni yo ibura ngo Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali byuzuze imyaka 110 bimaze bitanga serivisi z’ubuvuzi ku Baturarwanda n’abava imihanda y’Isi bagiye kuzishakayo dore ko na bo ari umubare munini.

     

    Uko imyaka yagiye isimburana ni na ko byagiye byongera ubushobozi kuko mu 1918 cyatangiye ari ikigo nderabuzima.

    Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, CHUK na yo yagizweho ingaruka zikomeye, ariko yongera kwiyubaka. Nyuma y’imyaka itandatu, ibi bitaro byahise bigirwa ibyigisha hagamijwe gutanga umusanzu ukomeye muri serivisi z’ubuvuzi, kwigisha no gukora ubushakashatsi ku bibangamiye ubuzima bwa muntu.

    IGIHE yaganiriye n’Umuyobozi Mukuru muri CHUK ushinzwe serivisi z’ubuvuzi, Dr. Martin Nyundo, umaze imyaka 25 muri ibi bitaro bimaze kuba ubukombe mu Karere, agaragaza uburyo byanyuze mu nzira igoye ngo byiyubake.

    Mu 1995, ubwo Kaminuza y’u Rwanda yongeraga gufungura nyuma ya Jenoside, Dr. Nyundo yari mu ba mbere bize mu ishuri ry’ubuvuzi mbere muri iyo kaminuza, basoje ari abaganga 70 mu 2002, binjira mu kazi bitezweho kuzahura uru rwego rwarazahaye.

    Icyo gihe ibintu byari biteye ubwoba aho abana batatu bararaga ku gitanda kimwe, hari indwara nyinshi zagombaga kwitabwaho, umuganga amara iminsi itatu ku izamu ntawe umusimbura.

    Ibintu bitangira gufata isura ubwo Kaminuza y’u Rwanda yari itangiye kwigisha inzobere mu buvuzi (spécialiste).

    Dr. Nyundo ati “Nanjye nabaye mu ba-spécialiste ba mbere bahuguwe mu bijyanye no kubaga. Ndibuka twari abantu batatu umwe agomba gushyirwa i Butare, undi CHUK undi mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal.”

    Uyu muganga yibuka ko yabagaga abantu nka 12 ku munsi ari umwe “ngasoza nka saa Kumi z’igitondo nkaryamaho gato Saa Tatu nkagaruka ndeba uko bameze. Byari bigoye.”

    Umuyobozi Mukuru muri CHUK ushinzwe serivisi z’ubuvuzi, Dr. Martin Nyundo, amaze imyaka 25 muri ibi bitaro

    Byita ku barenga 1200 ku munsi

    Ubusanzwe mu bitaro, umwihariko wiganza izo ukubaga, kwita ku ndwara z’abagore, kwita ku bana, indwara z’abantu bakuru, gutera ikinya, ibijyanye no guca mu byuma n’ibijyanye na labotarwari. Nubwo nko mu 2005 ayo mashami yari hasi ariko muri CHUK yari ahari.

    Uyu munsi muri CHUK ibintu byarahindutse ayo mashami yabyaye andi. Nko mu bijyanye no kubaga hari ishami rimwe, uyu munsi iryo shami ryabyaye andi arenga 11, no mu zindi nzego biba uko ziraguka.

    Dr. Nyundo ati “Uyu munsi dufite inzobere mu buvuzi (spécialistes) 145. Mu ishami ryo kubaga dufite izo nzobere 45. Twarazamutse kuko nko mu 2000 ntibarengaga batanu. Kugira ngo ube inzobere ntibijya munsi y’imyaka ine, uvuye ku yindi itandatu y’ubuvuzi rusange. Urumva ko hakozwe ibikomeye.”

    Bijyanye n’uko CHUK ari ibitaro bikuru biba bihangana n’indwara zikomeye, bigira inzobere cyane, abaganga bize ubuvuzi rusange (généraliste) bakaba bake, aho bafite nka 15 na bo bakorera ku masezerano y’imishinga itandukanye.

    CHUK ifite abaforomo bagera kuri 590 n’abandi bafasha baba mu nzego zitandukanye nk’ubugororangingo, laboratwari n’ibindi bagera ku 130.

    Ibi bitaro bibarura abarenga 1030, barimo abantu 130 bakora mu nzego z’ubuyobozi gusa abandi ni abaganga.

    Uko kugira abakozi b’inzobere binajyana no kuzamura urwego rw’ubuvuzi bikagirwamo uruhare n’ibikoresho by’ubuvuzi bigezweho utapfa gusanga ahandi.

    Ku munsi CHUK yita ku barwayi bari hagati ya 700 na 800 bataha n’abarenga 400 baba mu bitaro. Ifite ibitanda bigera kuri 500.

    Muri ibi bitaro habagirwa abarwayi barenga 100 ku munsi hifashishijwe ibyumba birenga 12 bibagirwamo abantu ku buryo bugezweho. CHUK yakira indembe zirenga 100 ku munsi.

    Uretse ubuvuzi bugezweho, serivisi ntagereranywa, Dr. Nyundo agaragaza ko mu Rwanda ibiciro by’ubuvuzi biri hasi ugereranyije no mu mahanga.

    Muri CHUK habagirwa nibura abarwayi barenga 100 ku munsi

    Atanga urugero ku munyamahanga ushobora kuza mu Rwanda gushaka serivisi zo kubagwa, bakamuha icyumba cya wenyine aba yakwishyura nka 300$, mu gihe nko mu Karere ayo mafaranga ashobora gushirira mu kumusuzuma gusa.

    Uretse igikorwa cyo kongerera amaraso umwana uri mu nda CHUK iherutse gukora bikaba ubwa mbere bikozwe mu Rwanda, Dr. Nyundo arakomeza ati “ Hano havurirwa ibintu byinshi cyane, tugeze aho umuganga ashobora kubaga ikibyimba kiri mu bwonko anyuze mu mazuru akagikuramo cyose uko cyakabaye, ni byinshi.”

    Kugeza uyu munsi muri CHUK ibibazo bibangamiye ubuzima cyane kurusha ibindi ni impanuka, aho mu bantu 100 barembye bakirwa ku munsi, hagati ya 20% na 40%, n’indwara zitandura.

    CHUK na yo igira imbogamizi nyinshi cyane nko kutishyura kw’abahawe serivisi, aho nko mu myaka ibiri ishize ayo mafaranga yarengaga miliyoni 200 Frw, ibikoresho bidahagije ugereranyije n’ibyifuzwa n’ibindi.

    Abarenga 5000 barimo abo mu bihugu 84 bamaze guhahira ubumenyi muri CHUK

    Umuyobozi Ushinzwe Abanyeshuri bigira muri CHUK, Munyaneza Emmanuel, yagaragaje ko abajya kwigira muri ibyo bitaro bari mu byiciro bitatu, birimo icya mbere, icya kabiri n’icya gatatu cya cya kaminuza harimo n’abiga bakaba inzobere mu buvuzi.

    Yavuze ko mu myaka itanu ishize, bimaze kwakira abanyeshuri barenga 5000 , abagera ku 3000 barimo abari mu byiciro bibiri bya mbere mu gihe abandi basigaye bari abari gushaka ubumenyi bubagira inzobere (spécialiste) mu buvuzi.

    Ati “30% by’abo twakira ni abanyamahanga na ho 70% ni aba hano mu Rwanda. Abo 30% bava mu bihugu 84 byo ku migabane yose igize Isi bamaze kohereza abanyeshuri hano.”

    CHUK imaze kunyuramo abarenga 5000 bahabwa ubumenyi bubagira inzobere mu kwita ku barwayi

    Abo banyamahanga barimo abakomoka mu bihugu 31 bya Afurika, 26 byo mu Burayi, 15 byo muri Aziya, icyenda byo muri Amerika mu gihe ibihugu bitatu byo muri Océanie ari byo byohereje abanyeshuri kwigira muri CHUK.

    Uko ibihe biha ibindi, ni na ko indwara zigenda zihindura umuvuno, bigatanga umukoro ku bashakashatsi kuko baba bagomba na bo guhindura imikorere bakajyana n’igihe.

    Muri CHUK na ho ubushakashatsi bukorwa hafi buri mwaka ku buryo abantu barenga 300 baba basabye kuhakorera ubushakashatsi, hakemererwa byibuze uburi hagati ya 250 na 280.

    Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’ubushakashatsi muri CHUK, Dr. Belson Rugwizangoga, yavuze ko 15% by’ubushakashatsi bukorwa n’abanyamahanga mu gihe imibare isigaye ari iy’ubukorwa n’Abanyarwanda.

    Dr Rugwizangoga agaragaza ko uburyo bushya bw’imivurire bwemezwa mu Rwanda no mu bindi bihugu buba bwanyuze mu bushakashatsi kandi CHUK ibugiramo uruhare runini.

    Ati “Niba kera umuntu wabyaraga abazwe yararyaga nyuma y’iminsi itatu, uyu munsi akaba ari nyuma y’amasaha make, ni uko tuba twakoze ubushakashatsi bukagaragaza ko kubifata nyuma y’amasaha make nta cyo bitwaye.”

    Bumwe mu bushakakashatsi bwakozwe CHUK ikabugiramo uruhare rukomeye burimo nk’ubwakozwe hagamijwe kuvura no kubaga indwara z’umutima, ari byo byatumye ubu mu Rwanda izo serivisi zitangizwa.

    Hari kandi ubujyanye n’indwara zo mu mutwe, aho mbere umurwayi yagombaga gufata umuti buri munsi. Nyuma habonetse umuti, urageragezwa, hemezwa ko umuntu azajya awuterwa mu rushinge akamara amezi atatu atarafata undi, n’ubundi bwinshi.

    Igishushanyo mbonera kigaragaza aho CHUK izimurira ibikorwa mu mezi ari imbere

  • Hatangijwe ikigo kizafasha mu gukusanya amakuru yo mu mavuriro yose yo mu Rwanda

    Hatangijwe ikigo kizafasha mu gukusanya amakuru yo mu mavuriro yose yo mu Rwanda

    Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, yatangije ikigo “Health Intelligence Center” kizayifasha gukusanya amakuru y’amavuriro yose mu gihugu hifashishijwe ikoranabuhanga, kikazanafasha mu gutanga inyunganizi mu buryo bworoshye.

     

    Ni ikigo cyatangijwe ku wa 3 Mata 2025, mu muhango witabiriwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Dr. Yvan Butera.

    Ikigo “Health Intelligence Center” kijyanye n’ikoranabuhanga mu gukoresha amakuru kugira ngo habashe gufatwa imyanzuro ishingiye ku mibare ariko na na none bifashe Minisiteri y’Ubuzima gutanga inyunganizi mu bigo by’ubuvuzi mu gihugu hose bitayisabye kujya aho biri.

    Umuyobozi w’Ishami ry’Igenamigambi, Isuzuma n’Imari muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Muhammed Semakula, yavuze iki kigo kije kwihutisha imitangire ya serivisi mu buvuzi no kumenya ibibera mu bigo nderabuzima bidasabye kubijyamo.

    Ati “Dufite ibigo nderabuzima birenga 500, kugira ngo tumenye ibibera mu kigo nderabuzima byadusabaga ko ujyayo cyangwa ugategereza ukwezi kugira ngo umenye uko byagenze ariko muri iki kigo biratworohera kubona amakuru ako kanya kuko tuba tubona uko biri gukorwa.”

    Yakomeje agira ati “Iyo hari ikibazo gikenewe ko abantu bahabwa ubufasha, bafashwa mu buryo bwihuse, yaba ari mu buvuzi cyangwa imyanzuro bagenderaho ishingiye ku mibare, bidufasha no mu gihe cy’ibyorezo cyane cyane ko imibare tubona idufasha kuba twafata ingamba hakiri kare.”

    Ikigo cya “Health Intelligence Center” kigaragaza amakuru y’uburyo umuntu yivuza, amakuru yose amugenewe mu igenzura ahita ahagera ako kanya bitarindiriye ubundi buryo bwo kuyakusanya.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yavuze ko iyi ari intambwe nziza igiye gufasha mu buvuzi by’umwihariko kwihutisha serivisi bitewe n’uko nta nama nyinshi zizongera kuba hafatwa imyanzuro cyangwa hatangwa za raporo.

    Ati “Ubu tugiye kujya dufata imyanzuro byihuse nta nama nyinshi cyangwa gukusanya ibitekerezo rimwe na rimwe biba birimo amarangamutima kuko imibare ubwayo izajya yivugira hafatwe umwanzuro ukwiye.”

    MINISANTE ivuga ko iki kigo kizajya gikurikirana inzira umurwayi azajya anyuramo zose, agiye kwivuza kuva ageze ku bitaro kugeza atashye, n’abahabwa za ‘rendez-vous’ bakurikiranwe bamenye niba igihe bahawe, abaganga baracyubahirije cyangwa bitarakorwa.

    Kugeza ubu mu Rwanda hari amavuriro y’ibanze agera ku 1281, ibigo nderabuzima birenga 500, ibitaro byo kwego rw’uturere 34, iby’intara bitatu, ibyigisha ku rwego rwa kaminuza 10, ibyihariye bine ndetse na bitandatu byo ku rwego rw’igihugu.

    src:igihe

  • Imiti ya malaria yatangiye gukwirakwizwa hakoreshejwe ‘drones’

    Imiti ya malaria yatangiye gukwirakwizwa hakoreshejwe ‘drones’

    Minisiteri y’Ubuzima yatangije igikorwa cyo gukwirakwiza imiti yo kuvura malaria hakoreshejwe indege zitagira abapilote zizwi nka ‘drones’, mu rwego rwo gufasha kuyigeza ku barwayi byihuse batarazahara.

     

    Ni igikorwa cyatangijwe ku wa 3 Mata 2025, mu Karere ka Gisagara ku Bitaro bya Gakoma binyuze mu masezerano Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) gifitanye n’ikigo Zipline gitanga serivise zo kugeza imiti mu mavuriro hakoreshejwe ‘drones’.

    Dr. Niyonzima Jean Damascène ushinzwe kurwanya malaria muri RBC yavuze ko ubwo buryo bushya bugamije kwihutisha ikwirakwizwa ry’imiti ya malaria kuko uburyo busanzwe bukoreshwa rimwe na rimwe butinda umurwayi akaba yazahara akiyitegereje.

    Yagize ati “Inzira imiti inyuramo akenshi ikunze kuba ndende ndetse n’uburyo bwo kuyitwara mu nzira y’imihanda ugasanga hajemo imbogamizi ntibyihute nk’uko biba bikenewe. Ni yo mpamvu hashyizweho iriya mikoranire kugira ngo igihe bibaye ko umurwayi ufite malaria y’igikatu yakenera umuti wo kumutera kandi washize kuko biba byihutirwa cyane uwo muti umugereho.”

    Yakomeje ati “Kwitabaza ikoranabuhanga ni ikintu twabonye kizadufasha cyane mu gutabara abarwayi mu buryo bwihuse.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme yavuze ko ako karere gakikijwe n’ibishanga imibu yororokeramo ku buryo hari gufatwa ingamba nshya mu kuyihashya.

    Ati “Twafashe ingamba zidasanzwe aho ubu abajyanama b’ubuzima barimo baravura kurusha abandi baganga bose kugira ngo urwaye avurwe ako kanya tuzibe icyuho icyo ari cyo cyose kuri malaria. Twavuganye na RBC kandi ko habaho uburyo inzitiramibu zihenduka zikagura 5000Frw kuko ubu zigura ibihumbi 10 Frw kugira ngo byorohereze abaturage.”

    Mu Karere ka Gisagara muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/25 habaruwe abarwayi ba malaria bagera ku bihumbi 106, bavuye ku bihumbi birenga 59 bahagaragaye umwaka ushize wa 2023/2024.

    Muri ako karere imirenge ituriye ibishanga ni yo yibasirwa cyane ndetse muri Gisagara, Nyamasheke na Nyagatare hagaragara malaria y’igikatu aho bamwe mu batinze kuyivuza ibahitana.

    Imibare ya RBC igaragaza ko muri uyu mwaka malaria imaze guhitana abagera kuri 61 mu gihugu hose.

    Gahunda yo gukwirakwiza imiti ya malaria hakoreshejwe ‘drones’ muri uyu mwaka izakorerwa mu turere twa Gisagara, Nyamasheke na Nyagatare ku bitaro n’ibigo nderebuzima nyuma izakomereze n’ahandi mu gihugu.

    src:igihe

  • Ab’i Kirehe beretswe ibyabafasha kwirinda uburwayi bw’impyiko bakareka kuzitiranya n’amarozi

    Ab’i Kirehe beretswe ibyabafasha kwirinda uburwayi bw’impyiko bakareka kuzitiranya n’amarozi

    Abaturage bo mu Karere ka Kirehe basabwe kunywa amazi menshi, gukora siporo no kujya kwisuzumisha kwa muganga mu gihe bahuye n’ibibazo, nka bumwe mu buryo bwabafasha kwirinda no kurwanya indwara zifata impyiko, aho kugana abaganga ba gakondo bazitiranya n’amarozi.

     

    Ni inama bahawe ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo kwirinda no kurwanya indwara z’impyiko, wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Impyiko zawe zikora neza, isuzumishe kare wite ku buzima bw’impyiko.’’

    Ahishakiye Esperance utuye mu Kagari ka Gatarama Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, yavuze ko yarwaye impyiko ariko aza kuzikira. Yavuze ko byatangiye abyimba amaso n’amaguru akanaruka cyane.

    Ati “Nabanje kugira ngo barandoze, mbanza kujya gushaka ubuvuzi bwa gakondo ariko sinakira. Nakomeje kuremba.”

    Ahishakiye yasuwe n’umujyanama w’ubuzima amukangurira kujya kwa muganga ku kigo Nderabuzima cya Nyamugari, nyuma bamwohereza ku Bitaro bya Kirehe na byo bimwoherereza i Rwamagana aba ari ho amenyera ko arwaye impyiko.’

    Ahishakiye yavuze ko bamuvuye agakira neza, akebura abandi baturage bafatwa n’indwara runaka bakajya kwivuriza mu bavuzi ba gakondo bazi ko ari amarozi kandi aba ari indwara yavurirwa kwa muganga. Yavuze ko kuri ubu uburwayi bw’impyiko bwakize neza ko nta kindi kibazo na kimwe agifite.

    Umuyobozi w’Ibitaro bya Kirehe, Dr. Niyonkuru Erneste, yavuze ko hirya no hino ku bitaro bafite imashini zihagije zipima impyiko neza, ko kuzivura no kuzisimbuza bikorwa hifashishijwe Mituweli, asaba buri wese kugana abaganga.

    Ati “Umuntu ashobora kurwara impyiko bitewe n’ibibazo afite by’umutima, ibibazo by’isukari, malaria cyangwa se n’izindi ndwara zitandukanye. Kugira ngo tuzirinde, icya mbere tugomba gukora ni ukwisuzumisha tukamenya uko duhagaze, ikindi ni ukwitabira siporo, iyo wayikoze ukanywa amazi ahagije bifasha impyiko cyane.’’

    Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yasabye buri wese kubaha inama aba yahawe n’umuganga, kuko biri mu bifasha mu kurwanya izi ndwara benshi bakunze kwitiranya n’amarozi.

    Impyiko ni indwara akenshi iterwa n’izindi ndwara ziba zafashe umuntu ntazivuze neza cyane cyane diabetes, umuvuduko w’amaraso n’izindi bikarangira anarwaye impyiko, iyo ubimenye hakiri kare ukajya kwa muganga barazivura zigakira.

    Mu Karere ka Kirehe habarurwa abarwayi b’impyiko bagera kuri 18 bari gukurikiranwa n’ibitaro bya Kirehe ku bufatanye na Partners In Health. Muri aba barwayi harimo abashyirwa imiti hifashishijwe utudege tutagira abapilote.

    src:igihe

  • Ababyeyi barenga ibihumbi 260 bapfuye babyara mu 2023 – Raporo

    Ababyeyi barenga ibihumbi 260 bapfuye babyara mu 2023 – Raporo

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryatangaje ko mu 2023 nibura ababyeyi barenga ibihumbi 260 bapfuye batwite abandi babyara, bivuze ko buri minota ibiri umubyeyi utwite cyangwa uri kubyara yapfaga.

     

    OMS yabitangarije mu raporo yashyize hanze ku wa 07 Mata 2025, aho yavuze ko guhera mu 2000 kugera mu 2023 kubera uburyo serivisi z’ubuzima zari zisigaye zitaweho izo mpfu zari zaragabanutse ku kigero cya 40%.

    Gusa igaragaza ko guhera mu 2016 serivisi z’ubuzima zongeye gusubira inyuma ibyatumye izi mpfu zongera kwiyongera.

    OMS igaragaza ko inkunga zijyanye no guteza imbere ubuzima ziri gukurwaho n’ibihugu bitandukanye, ari kimwe mu biri guteza impfu z’ababyeyi bari kubyara.

    Impamvu ni uko ibitaro bimwe biri gufunga, abaganga bari kubura imirimo, imiti imwe n’imwe y’ingenzi iri kubura, bityo kwita ku babyeyi bikarushasho gukomera.

    OMS igaragaza ko hatagize igikorwa vuba umubare w’ababyeyi bapfa babyara uziyongera bikabije.

    Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko nubwo hari impinduka zabayeho hagikenewe gushyirwa imbaraga mu kugabanya impfu z’ababyeyi bapfa babyara.

    Ati “Nubwo iyi raporo iduha icyizere, ariko inagaragaza ko gutwita bikiri ikibazo ku bagore ku Isi, nubwo dufite uburyo bwo kuvura ababyeyi no gukumira ibibazo bituma ababyeyi bapfa.”

    Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF), Catherine Russell, yasabye ko hashorwa imari mu babyaza, abaforomo, n’abajyanama b’ubuzima, kugira ngo ababyeyi barusheho kwitabwaho, kuko iyo umubyeyi apfuye bishyira mu kaga n’umwana yabyaye n’umuryango muri rusange.

    OMS yiyemeje ko mu 2030 impfu z’ababyeyi bapfa babyara zigomba kuba ziri munsi y’ababyeyi 70 mu babyeyi ibihumbi 100 babyaye.

    Iyi raporo kandi igaragaza ko ababyeyi bafite ibyago byinshi byo gupfa babyara cyangwa batwite ari abari mu bihugu birimo intambara n’ubukene, nka Tchad, Nigeria, Somalia Afghanistan, na Repubulika ya Centrafrique byihariye 70% y’impfu zabonetse mu 2023.

    Mu Rwanda imibare igaragaza ko gahunda yo kubyarira kwa muganga biri ku kigero cya 95%, impfu z’ababyeyi bapfa babyara ziri kuri 203 ku bagore ibihumbi ijana ndetse n’abana bapfa bavuka bageze kuri 19 ku bana 1000, abapfa bataruzuza imyaka itanu ni 45 ku 1000 na ho abapfa batamaze umwaka ni 33 ku 1000 bavuka ari bazima.

  • BNR yatanze umuburo ku bigo bine bikora ubucuruzi bw’amafaranga bikambura abaturage

    BNR yatanze umuburo ku bigo bine bikora ubucuruzi bw’amafaranga bikambura abaturage

    Banki Nkuru y’Igihugu yaburiye abaturage ko hari ibigo biri gukora ubucuruzi butemewe bw’amafaranga binyuze kuri internet, avuga ko ibyo bikorwa bitemewe mu Rwanda, uzabijyamo akwiriye kwirengera ibihombo azahuriramo nabyo.

     

    Ibigo nk’ibi bikora ubucuruzi bw’amafaranga bikambura amafaranga abaturage bikomeje kuba byinshi, ndetse mu mwaka ushize, icyitwa Super Free to Trade Ltd (STT) cyakenesheje benshi nyuma y’uko bari barakigannye bizezwa ubukire bwihuse.

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Imyitwarire y’Ibigo by’Imari muri Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, Nsabimana Gerard, yatangaje ko ibi bigo biza mu Rwanda bikambura abaturage byitwaje ubucuruzi bw’amafaranga mu buryo bw’ikoranabuhanga buzwi nka cryptocurrency.

    Yatanze ingero kuri bine BNR iherutse kubona amakuru y’uko bikora, asaba abaturage guhagarika kubishyiramo amafaranga kuko ari ubwambuzi.

    Ati “ Hari ibyo tumaze iminsi tubona bigera muri bine, hari icyitwa Die Equipment, cyiyitirira ikigo cyo muri Amerika kikavuga ko gitanga imashini z’ubuhinzi ariko mu by’ukuri ni icyo kwambura abaturage. Ntabwo gikorana n’icyo kigo cyo muri Amerika.”

    “Hari icyitwa Pi network gikora ubucuruzi bwo kuri internet (cryptocurrency), ntabwo cyemewe. Hari icyitwa Dynace, gisa nk’aho gitanga imiti, hari icyitwa FlexFunds, ibyo byose mu by’ukuri ni ibiza kwambura abaturage.”

    Yavuze ko ibyo bigo byose nta mategeko ahari abigenga mu Rwanda, bityo ubijyamo aba agomba kwirengera igihombo.

    Ati “Abenshi babihombeyemo. Hari icyitwa Billionnaire Traders ngira ngo mwarakibonye, abaturage bavuga ko bahombeyemo miliyari 10 Frw.”

    BNR igaragaza ko ubu bucuruzi bw’imitungo mvunjwafaranga idafatika (crypoassets) burimo ingorane nyinshi zirimo kutarengerwa n’amategeko, ubujura n’ingorane zo guhomba, guhindagurika gukabije kw’ibiciro no kudakorera mu mucyo.

    BNR igaragaza ko mu gihe hatari hashyirwaho amategeko agenga ubu bucuruzi, nta mategeko arengera umushoramari cyangwa umuguzi w’imitungo igurishwa muri ubu buryo.

    src:igihe

  • Abanyarwanda baba mu mahanga bohereje miliyoni 502$ mu Rwanda mu 2024

    Abanyarwanda baba mu mahanga bohereje miliyoni 502$ mu Rwanda mu 2024

    Amafaranga yoherejwe mu gihugu n’Abanyarwanda baba mu mahanga, yageze kuri miliyoni 502$ mu 2024 avuye kuri miliyoni 505$ mu mwaka wari wabanje wa 2023.

     

    Ni imibare yatangajwe na Banki Nkuru y’Igihugu, yerekana uruhare Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje kugira mu bikorwa bigamije iterambere ry’igihugu.

    Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, Soraya Hakuziyaremye, yagize ati “Akomeje kwiyongera ku gipimo gishimishije. Ni miliyoni 502$ mu mwaka ushize. N’amafaranga y’abashoramari baturutse mu bindi bihugu na byo byiyongereye ku kigero gishimishije, miliyoni 573$ mu 2024 ugereranyije na 458$ twari dufite mu 2023.”

    Mu 2020, ayo mafaranga yari yageze kuri miliyoni 274$, mu 2021 agera kuri miliyoni 379$ mu gihe mu 2022 yageze kuri miliyoni 461$. Mu 2023 yari yageze kuri miliyoni 505$.

  • Ubwiteganyirize bw’abakozi n’ubuhinzi byagenewe menshi: Ingengo y’Imari ya Leta yageze kuri miliyari 5.816,4 Frw

    Ubwiteganyirize bw’abakozi n’ubuhinzi byagenewe menshi: Ingengo y’Imari ya Leta yageze kuri miliyari 5.816,4 Frw

    Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje itegeko rivugurura ingengo y’imari ya Leta ya 2024/2025 ikava kuri miliyari 5.690,1 Frw, ikagera kuri 5.816,4 Frw, bivuze ko iziyongeraho miliyari 126,3 Frw.

     

    Guverinoma yasanze amafaranga yari yemejwe mbere agomba kwiyongera kugira ngo ibikorwa byateganyijwe byose bizashobore kugerwaho.

    Biteganyije ko ayo mafaranga yiyongereyeho azasaranganywa ibigo bitandukanye mu rwego rwo kuziba ibyuho bimwe na bimwe byagaragajwe mu ngengo y’imari isanzwe n’ingengo y’imari y’iterambere.

    Hashingiwe kuri izo mpinduka hazabaho inyongera ya miliyari 44.9 Frw yagenewe ibigo bitandukanye mu rwego rwo kuziba icyuho ku musanzu w’ubwiteganyirize bw’abakozi.

    Inyongera ya miliyari 10 Frw yagenewe kwishyura nkunganire ya Leta ku ifumbire mvaruganda n’imbuto z’indobanure na miliyari 5 Frw yagenewe ibikorwa bitandukanye bya siporo.

    Hari kandi miliyari 3 Frw zagenewe Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora, RCS, mu kuziba icyuho ku biribwa, miliyari 1,1 Frw yagenewe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS) yo gutunga abana bari mu bigo ngororamuco, miliyari 3,5 Frw yagenewe kwishyura umusoro ku muhanda wa Base-Butaro-Kidaho ureshya na kilometero 63 ndetse na miliyari 5,8 Frw yagenewe imisanzu.

    Kugeza ubu ingengo y’imari ya 2024/2025 yashyizwe mu bikorwa ku rugero rwa 65%.

    Inkunga z’amahanga n’imisoro bizagabanyuka

    Itegeko rihindura itegeko rigena ingengo y’Imari ya Leta ya 2024/2025, rigaragaza ko inkunga z’amahanga n’imisoro yari itagenyijwe kwinjira bizagabanyuka kubera impamvu zitandukanye nubwo inguzanyo zo ziziyongera.

    Amafaranga akomoka ku misoro yari ateganyijwe kwinjira mu ngengo y’imari azagera kuri miliyari 2,950.4 Frw avuye kuri Miliyari 2,970.4 Frw bivuze ko hazagabanyukaho miliyari 20 Frw.

    Iryo gabanyuka riterwa no kugabanyuka kw’imisoro itaziguye yimukanwe mu mwaka w’Ingengo y’Imari wa 2023/2024 bijyana n’igabanyuka ry’amafaranga akusanwa aturutse ku musoro w’umuntu ku giti cye (Pay as you earn), aho Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gusonera umusoro ku musaruro abahembwa amafaranga ari munsi y’ibihumbi 60 bivuye ku bihumbi 30.

    Biteganyijwe ariko ko andi mafaranga atari imisoro aziyongeraho miliyari 48,4 Frw kuko azava kuri miliyari 444 Frw akagera kuri miliyari 492,4 Frw.

    Ubwo bwiyongere bushingiye ku mafaranga yaturutse mu kwegurira imishinga yahoze ari iya Leta abikorera hamwe no kugabanyuka kw’amafaranga Leta itanga mu mahanga mu bikorwa byo kubungabunga amahoro aho azagabanukaho Miliyari 3.6 Frw.

    Ku kijyanye n’impano z’amahanga biteganyijwe ko zizagabanyuka zive kuri Miliyari 725.3 Frw zigere kuri Miliyari 621.2 Frw.

    Guverinoma y’u Rwanda kandi iteganya ko inguzanyo z’amahanga ziziyongeraho miliyari 184,3%.

    Ibyo bizashingira ku kwiyongera kw’inguzanyo zinyuzwa mu isanduku ya Leta n’izinyuzwa mu mishinga y’iterambere ziziyongeraho agera kuri Miliyari 121.1 Frw by’umwihariko izitangwa na Banki y’Isi.

    Ku rundi ruhande ariko inguzanyo z’imbere mu Gihugu na zo biteganyijwe ko zizagabanyukaho agera kuri Miliyari 38 Frw.

    src:igihe